Ikipe ya Manchester City yatunguwe no gutsindwa na Newcastle ibitego 2-0 kuri uyu wa 29/10/2014 mu marushanwa ya Capital One Cup mu gihugu cy’ubwongereza.
Rayon Sport yaje ku mwanya wa mbere by’agateganyo nyuma yo gutsinda Etincelles y’i Rubavu ibitego 3-2 kuri uyu wa gatatu tariki 29/10/2014.
Umwe mu badepite bagize inteko ishinga amategeko y’umuryango wa Afurika y’Ibirasirazuba (EALA) arasabirwa gukurwa muri uwo mwanya ashinjwa imyitwarire idahwitse, irimo no gutuka abadepite bagenzi be biganjemo Abanyarwanda.
Abanyeshuri 290 bo mu karere ka Ngororero bari mu bagombaga gukora ikizamini gisoza amashuri abanza ariko ntibagikoze kuko bataye ishuri bakajya ahandi hantu hatandukanye.
Kuvugurura no kwemeza inyandiko ijyanye n’uburenganzira bw’umwana mu bikorwa byo kubungabunga amahoro bizagira uruhare runini mu guteza imbere uburenganzira bw’umwana no kumukorera ubuvugizi.
Urwego rw’umuvunyi rurasaba abakozi b’akarere ka Ngororero bafite aho bahuriye n’ubutaka, abatanga amasoko, abayobozi b’ibigo by’amashuri, ibitaro n’abandi kutagwa mu makosa yo kurya ruswa bitwaje ko batari bazi ko ariyo, ndetse no kudashaka kwigwizaho imitungo mu buryo butemewe n’amategeko.
Abayobozi bo mu karere ka Gatsibo barasabwa gukorera hamwe bagatahiriza umugozi umwe, birinda icyazatuma bongera kuza ku mwanya wa nyuma mu mihigo akarere kaba karahize imbere y’Umukuru w’igihugu.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Amashuri y’Imyuga n’Amahugurwa, Nsengiyumva Albert, aratangaza ko yishimiye kuba mu banyeshuri 21325 bari gukora ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye biga imyuga, hafi kimwe cya kabiri cyangwa 50% ari abakobwa.
Icyorezo cya Ebola kimaze amezi asaga umunani kibasiye bimwe mu bihugu bya Afurika y’Iburengerazuba gihangayikisheje isi bitewe cyane cyane nuko cyandura mu buryo bworoshye kandi kikaba nta muti n’urukingo kirabonerwa.
Guverineri wa Banki nkuru y’igihugu (BNR), John Rwangombwa aratangaza ko kugira ngo iyo banki irusheho guha serivisi nziza ibigo by’imari ikomeje gahunda yayo yo kwegereza amashami ibigo by’imari hirya no hino mu gihugu, ibi bikazafasha korohereza imirimo amabanki y’ubucuruzi no kuyashishikariza kwegera abaturage.
Ababyeyi b’impuhwe bo mu karere ka Rwamagana bazwiho kwakira no gufasha abana baba batereranywe n’ababibarutse, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 28/10/2014, bateraniye mu rugo rwa mugenzi wabo wakiriye uruhinja mu ntangiriro z’uku kwezi kwa 10, kugira ngo bamuhembe nk’umubyeyi wibarutse umwana.
Guverineri wa Banki nkuru y’igihugu, John Rwangombwa, wari uri mu karere ka Rusizi tariki 28/10/2014 yagiranye inama n’abayobozi batandukanye bacunga amafaranga ya rubanda mu turere twa Rusizi, Karongi na Nyamasheke abasaba kudakoresha amafaranga y’abaturage babitse mu nyungu zabo bwite.
Mu gihe imisanzu ya mitiweli yo mu karere ka Rutsiro ica kuri konti ziri muri Sacco nyuma zikayimurira kuri konti ya mitiweli y’akarere ubu izitarabikoze zasabwe kwishyura ayo mafaranga y’imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza bitarenze icyumweru.
Mu nama yahuje abayobozi bo mu nzego zitandukanye zo mu karere ka Nyamasheke, mu mpera z’icyumweru gishize, ubuyobozi bw’akarere bwanenze ubuyobozi bw’umurenge wa Kagano bwohereje raporo y’ibikorwa bugaragaza ko byakozwe mu gihe ibyo bikorwa bitaranakandagira.
Umuyobozi w’Ishami ry’Uburezi muri Kaminuza y’u Rwanda (College of Education), Prof John Njoroge arifuriza abanyeshuri bari gukora ibizamini bya Leta intsinzi, akabibutsa ko batarangije kwiga ahubwo bikwiye kuba intangiriro.
Mu gihe hahagurukiwe ko ibishanga byose byo mu Rwanda bihingwa mu rwego rwo kurwanya inzara, ubushakashatsi bwakozwe n’abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda bayobowe na Prof. Elias Bizuru, bwo busanga ibishanga bidakwiye guhingwa uko byakabaye.
Nyuma y’uko raporo ya Banki y’isi izagaragaza isura y’ishoramari mu mwaka utaha wa 2015, ishyiriye u Rwanda ku mwanya wa 46 ku isi mu bihugu 189, u Rwanda rurasaba ibisobanuro ku mpamvu zatumye iyo banki irusubiza inyuma kandi umwaka ushize rwari ku mwanya wa 32.
Abagore batandatu n’abagabo batanu bo mu Karere ka Musanze bibumbiye muri koperative Hirwa Musanze (KOHIMU) bashinga uruganda rutunganya ibikomoka ku bigori rufite agaciro ka miliyoni 25 rutanga akazi ku bantu 10.
Mu nama yahuje abayobozi bo mu nzego zitandukanye zo mu karere ka Nyamasheke, mu mpera z’icyumweru gishize, ubuyobozi bw’akarere bwanenze abayobozi batanga raporo zituzuye, izindi zidakurikije amabwiriza ngenderwaho kugira ngo amakuru akenewe yose agaragare, ndetse hanengwa cyane ubuyobozi bw’umurenge wa Kagano bwohereje (…)
Abagore batandatu n’abagabo batanu bo mu Karere ka Musanze bibumbiye muri “koperative Hirwa Musanze (KOHIMU)” bashinga uruganda rutunganya ibikomoka ku bigori rufite agaciro ka miliyoni 25 runatanga akazi ku bantu 10.
Abaturage barema isoko rya Byangabo mu Karere ka Musanze bongeye guhamagarira ubuyobozi guca umukino w’urusimbi uzwi nka “kazungunarara” ukinirwa ku isoko ugacuza bamwe amafaranga baje guhahisha.
Kuri uyu wa 28/10/2014 ikipe ya APR FC yasuye Marines kuri Stade Umuganda I Rubavu. Ubusanzwe ni ikintu kitorohera ikipe iyo ariyo yose gukura amanota kuri Sitade Umuganda yakinnye n’imwe mu makipe yaho yaba Marines cyangwa Etincelles.
Nubwo ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi budahwema gushishikariza abaturage kugira isuku, bamwe mu baturage baravuga ko ubwo buyobozi bugira uruhare mu gutuma ubuzima bwabo buhungabana kubera aho bamena imyanda iva mu mujyi wa Byumba.
Abanyeshuri 201 bo mu ishuri rya GS Rwimishinya mu murenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza ngo bagiye bata ishuri mu bihe bitandukanye muri uyu mwaka wa 2014 akenshi biturutse ku mibanire itanoze ya bamwe mu babyeyi.
Nyuma yo gusenyerwa amazu n’imvura, abatuye umurenge wa Musha ho mu karere ka Gisagara bahuye n’iki kiza barasaba ko bafashwa kubona aho batura n’ ibyo kurya kuko ibyo bari bafite mu mazu byangiritse.
Mu gutangiza icyumweru ngarukamwaka cyahariwe kwizigamira kuri uyu wa 28/10/2014, Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN), Dr Uzziel Ndagijimana yamenyesheje abantu ko nta rwitwazo bafite rwo kutizigamira.
Mu karere ka Nyabihu, umurenge wa Shyira, akagari ka Kintarure, umudugudu wa Kabuguzo habereye impanuka y’indege yo mu bwoko bwa Kajugujugu ya “Akagera Aviation” kuri uyu wa 28/10/2014.
Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’inama y’abaminisitiri, Stella Ford Mugabo avuga ko buri Munyarwanda akwiye guhaguruka agafatanya n’abandi kurwanya icyorezo cya Ebola ndetse n’icuruzwa ry’abana ryugarije ibihugu bya Afurika harimo n’u Rwanda.
Bamwe mu baturage baturiye Pariki y’Akagera ku ruhande rw’akarere ka Kayonza bavuga ko badatewe impungenge no kuba intare zagarurwa muri iyo Pariki n’ubwo zifatwa na benshi nk’inyamaswa z’inkazi.
Abaturage bo mu Murenge wa Kinigi, Akarere ka Musanze batangaza ko umubano w’u Rwanda n’u Buyapani bawumvaga ariko bashima ko na bo ubwabo bawibonamo kuko abaturage b’ibihugu byombi basabana.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) iratangaza ko impinduka zihora zikorwa mu burezi zigamije kugirira inyungu uburezi bw’u Rwanda, n’ubwo hari benshi mu bana bagisa nk’aho babihomberamo kuko uburyo biga ubu atari bwo bakomeza kwigamo uko impunduka zibaye.
Mu gihe bigaragara ko amashuri y’inshuke akiri macye mu mujyi wa Muhanga, ubuyobozi bw’ako karere burashishikariza abikorera kugira uruhare rufatika mu gutangiza aya mashuri kuko Leta itabyishoboza yonyine.
Abarimu bo mu karere ka Bugesera baravuga ko uburyo bwo kwigisha hakoreshejwe imikino mu ishuri bwatumye abanyeshuri barushaho gusobanukirwa n’amasomo ku buryo bwihuse kandi bworoshye, ku buryo byanazamuye ireme ry’uburezi kandi binagabanya umubare w’abana bataga ishuri.
Umusaza witwa Kadiguza John arasaba ko yahabwa uburenganzira bwo gusubiza beneyo amafaranga yari yahawe agurishije ubutaka agasubirana ubutaka bwe.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro bwahagurukiye abishyuza imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza bakayishyirira mu mifuka yabo bigatuma aka karere gahora inyuma mu gutanga imisanzu ya mitiweli.
Ishuri “Akagera International school” riri mu karere ka Kirehe ryakira abana baturutse mu bihugu binyuranye rikaba rifite gahunda yo kurenga imbibi z’u Rwanda rikaba ishuri mpuzamahanga nkuko izina ry’ikigo ribivuga.
Mu gihe byari biteganyijwe ko mu kwezi kumwe haba hagiyeho aho abashoferi bazajya baruhukira bava cyangwa bajya mu karere ka Nyamasheke, kuri ubu ntabwo birabasha gukunda kubera ko amafaranga atarabasha kuboneka.
Abanyeshuri barokotse jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu w’1994 biga mu Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC East) bibumbiye mu muryango wa AERG bafunguye ku mugaragaro ikigega kizatera inkunga imishinga yabo ibyara inyungu.
Ubuyobozi bw’ikigo nderabuzika cya Gatebe kiri mu murenge wa Gatebe, mu karere ka Burera, butangaza ko gifite ikibazo cy’ibikoresho bidahagije n’abaganga bake, ndetse n’amazi meza n’amashanyarazi nabyo bitarahagera.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyabihu bwanyuzwe n’icyemezo cy’uko Gishwati yahinduka Pariki nyuma y’igihe kitari gito bwamaze bwerekana ko Gishwati ari agace keza nyaburanga kakurura benshi mu bakerarugendo bitewe n’imiterere yako myiza ibereye ijisho, inzuri nziza, n’amashyamba ateye ku misozi mu buryo bunogeye amaso.
Désiré Komayombi wo mu kagari ka Mutanda mu murenge wa Cyabingo mu karere ka Gakenke, ni umwe mu baturage batangiranye na gahunda y’ubudehe mu mwaka wa 2008 aho yahawe amafaranga ibihumbi 60 yaje kubyaza umusaruro ku buryo uyu munsi abarirwa umutungo uri hejuru ya miliyoni icumi.
Ikigo cy’imari cyitwa Letshego cy’abanya Botswana cyafunguye ishami mu Rwanda aho ngo kigiye kwibanda ku iterambere ry’abaturage bataragerwaho na serivisi z’imari, kandi bafatwa nk’abasuzuguritse.
Ikipe y’igihugu ya Karate nyuma yo kwitabira amarushanwa ku rwego rwa Afurika yabereye mu gihugu cya Senegal ikitwara neza, Gashagaza Solange umwe mu bakobwa bagize iyi kipe akegukana umudari wa Bronze mu rwego rwa Afurika, ubu yakajije imyitozo aho yitegura kuzitabira amarushanwa ku rwego rw’isi azabera mu gihugu (…)
Abanyehuye bakora umwuga w’ubucuzi binubira abagura ibyuma bitagifite umumaro bakunze kwita injyamani bakabijyana mu gihugu cya Uganda, kuko ngo batuma babura bimwe mu bikoresho ubundi bifashisha mu mwuga wabo.
Kuri uyu wa Mbere tariki 27/10/2014, impuguke za gisivili na gisirikare 22 zikomoka mu bihugu umunani byo muri Afurika y’uburasirazuba bifite ingabo ziteguye gutabara aho rukomeye igihe cyose (EASF) ziteraniye mu Ishuri Rikuru ry’Amahoro (RPA: Rwanda Peace Academy), mu Karere ka Musanze mu mahugurwa yo kunoza (…)
Umunsi wa gatatu wa Shampiyona y’u Rwanda wasize Rayon Sport FC yari ku mwanya wa mbere by’agateganyo igeze ku mwanya wa 3. Ni nyuma yo kunganya n’ikipe ya Musanze FC 1-1 kuri Stade Regional i Nyamirambo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza burashimira ishuri rikuru rigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC East) kubera ubufatanye ryagaragaje mu kubakira Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya.
Minisiteri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) yijeje ko inzego z’ubutabera zizakora mu buryo bwubahiriza ibipimo mpuzamahanga zibifashijwemo n’inkunga yatanzwe n’igihugu cy’u Buholandi ingana n’amayero miliyoni 20 € ahwanye n’amafaranga y’u Rwanda miliyari 17.3.
Abasivili 42 baturuka mu bihugu umunani by’Afurika, kuri uyu wa Mbere tariki 27/10/2014 batangiye amahugurwa mu Ishuri Rikuru ry’Amahoro (RPA: Rwanda Peace Academy) riri mu Karere ka Musanze abategurira imyitozo-ngiro yo kugarura amahoro izabera muri Etiyopiya (EASF CP-X 2014).