Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi umwongeleza Stephen Constantine, yarangije gushyira hanze urutonde rw’abakinnyi 26 azifashisha ku mukino wa gicuti iyi kipe ifitanye na Marooc tariki 14/11/2014, ariko ntihagaragaraho abakinnyi nka Haruna Niyonzima na Salomon Nirisarike basanzwe bamenyerewe cyane muri iyi kipe.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, avuga ko ku bufatanye n’abaturage bo muri ako karere barwanyije abacuruza ikiyobyabwenge cya kanyanga, bazwi ku izina ry’abarembetsi ngo kuburyo abamaze kubireka babarirwa ku kigero cya 85%
Gushyira dodani mu muhanda wo mu isantere y’ubucuruzi ya Gasarenda byagabanije ivumbi imodoka zateraga abaturage n’ibicuruzwa byabo, binagabanya impanuka zahaberaga bitewe n’ubwinshi bw’abagana isentere ya Gasarenda ariko ntabyapa bizigaragaza bihari bikaba bishobora guteza impanuka.
Abahinzi bo mu ntara y’Iburasirazuba barasabwa kurushaho guhinga igihingwa cya Soya kuko umusaruro bakweza wose ufite isoko rikomeye ry’Uruganda “Mount Meru Soyco” ruri mu karere ka Kayonza, rukaba rukora amavuta muri iki gihingwa cya Soya.
Itsinda rigizwe n’abantu baturutse muri Banki y’isi ryagendereye akarere ka Gakenke mu rwego rwo kwirebera uruhare rw’abaturage bagira mu bibakore, nyuma y’uko aka karere kagaragaje ubuhanga mu gukoresha no gucunga wa leta nk’uko byagaragajwe na rapro y’Umuvunyi.
Ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere mu Rwanda (RGB) n’abaterankunga bo mu muryango w’Abibumbye (UN) basabye imiryango itagengwa na Leta yahawe inkunga yatsindiye mu busabe yakoze, kurengera abaturage ishinzwe, kubafasha kuzamura imyumvire, kugira uruhare mu bibakorerwa bigenwa na Leta hamwe no guteza imbere imishinga ibabyarira (…)
Bamwe mu bacuruzi bo mu mujyi wa Nyanza basaba ubuyobozi kubavaniraho ikimoteri kiri hagati y’inzu zabo bavuga ko umunuko igiturukamo uherekejwe n’amasazi bibangamiye n’abakiriya baza babagana.
Guhera mu ntangiriro z’icyumweru gitaha Abanyarwanda baratangira gukoreha interineti igezweho ku rwego rw’isi mu kunyaruka ya 4G LTE, itegerejweho kwihutisha imirimo yakorwaga no korohereza urubyiruko kwihangira udushya.
Ministeri y’Ingabo (MINADEF) yagaragaje ko ingabo u Rwanda rwohereza mu butumwa bw’amahoro mu bihugu bitandukanye ku isi zitwaza ibikoresho, birimo n’indege za kajugujgu zirimo koherezwa muri Sudani y’Epfo.
Mbarubukeye Emmanuel w’imyaka 35 y’amavuko ari mu maboko ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango akurikiranyweho guha umupolisi rushwa y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 135 nyuma y’uko afatanywe ikiyobyabwenge cy’urumugi mu nzu iwe.
Ahagana saa sita zo kuri uyu wa Gatanu tariki 07/11/2014, umukomvayeri witwa Mutoka agonzwe n’ipikipiki n’ikamyo imbere y’Ibitaro bya Ruhengeri mu Mujyi rwagati wa Musanze ahita yitaba Imana.
Nyuma y’uko imiryango 20 yarangwaga n’amakimbirane mu ngo yo mu Murenge wa Mwendo, Akarere ka Ruhango iherewe amahugurwa y’imibanire myiza n’urugaga nyarwanda rw’ababana na Virus itera SIDA (RRP+), ubu iyi miryango ibanye neza ikaba igeze ku rwego rwo kwigisha abandi kubana mu mahoro.
Abacuruzi b’itabi mu isoko rya Ngororero (biganjemo abakuze kuko bose bari hejuru y’imyaka 55) ngo basanga abavuga ko itabi ari ribi bitiranya amoko yaryo kuko irihingwa mu Rwanda nta kibazo ngo ryatera urinywa.
Bamwe mu bayobozi b’imirenge yo mu karere ka Rusizi baravuga ko abagize DASSO bivanga bakirirwa bajya mubaturage gukemura ibibazo bitari mu nshingano zabo bagata akazi kabo bwite ko gucunga umutekano.
Hashize ukwezi kose umuturage witwa Ntamuturano Reverien wo mu murenge wa Butare mu karere ka Rusizi yaraburiwe irengero we n’urugo rwe rwose, intandaro yo kubura kw’abo baturage ngo ni uko uwo mugabo yahigwaga n’abaturage bashaka kumwica bamuziza ko abaroga akabateza inzuki zikabakura mu mirima bagiye guhinga.
Ubwo yasuraga ahakorerwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu murenge wa Rukoma, tariki 6/11/2014, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’umutungo Kamere, Evode Imena, yasabye abakozi bo mu birombe gukora cyane bakongera umusaruro kugira ngo bagere ku iterambere.
Umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar aratangaza ko hafashwe ingamba ko inka izajya yibwa abaraye irondo iryo joro bose bazajya bafatanya kuyishyura mu rwego rwo gukumira ubwo bujura.
Ikipe y’igihugu y’umukino wa Volleyball y’abatarengeje imyaka 23 kuri uyu wa gatanu iratangira imikino y’igikombe cya Afurika kiri kubera muri Misiri. Iyi mikino kandi niyo izamenyekaniramo amakipe y’Afurika abiri azitabira igikombe cy’isi kizabera muri Brazil.
Ubuyobozi bwa Fan Club y’ikipe y’igihugu Amavubi buratangaza ko kugeza n’ubu butari bwamenya irengero ry’amafaranga ibihumbi 200 bivugwa ko yanyerejwe na bamwe mu bayobozi mu gihe ibihano bwari bwasabiye bamwe mu bafana bayo bitubahirijwe.
Jean Damascène Nkurikiyinka, utuye mu kagari ka Bwenda mu murenge wa Muhondo mu karere ka Gakenke, arasaba kwishurwa amafaranga asaga ibihumbi 400 y’ikawa yahaye uruganda rwa Muhondo Coffee Company Ltd hagati y’ukwezi kwa kane n’ukwa gatandatu muri uyu mwaka wa 2014.
Uwahoze ari umukozi wa banki ya Kigali, akaba n’umucugungamutungo w’ishami rya Nyamasheke ahitwa mu i Tyazo, yakatiwe gufungwa by’agateganyo iminsi 30 n’urukiko rwa Rusizi , mu gihe agitegereje kuburana mu mizi ku byaha ashinjwa.
Umuhanzi w’umunyarwanda uba mu Busuwisi uririmba mu njyana ya Reggae, Jah Bone D, yatangije iserukiramuco ngaruka mwaka rizajya riba buri tariki 02/11, umunsi hibukwa iyimikwa rya Haile Selassie I, umwami w’abami w’igihugu cya Ethiopia.
Abanyamuryango ba Koperative DUFASHABACU, koperative y’Abagore bo mu murenge wa Nyamata ibumba amatafari ya Block ciment, costrat n’ibindi bikoresho by’ubwubatsi, baravuga ko bishimira intera ibikorwa byabo bimaze kubagezaho, bitandukanye n’uko bari bameze bataribumbira muri iyi Koperative.
Abahinzi b’igihingwa cya kawa bo mu Kagari ka Gakorokombe mu Murenge wa Muhura ho mu Karere ka Gatsibo, batangaza ko umusaruro bakura mu buhinzi bwa Kawa bwabo utuma babasha kwikenura bakiteza imbere bo n’imiryango yabo.
Abagore n’abagabo batuye akarere ka Rulindo bitana ba mwana mu guteza amakimbirane mu miryango cyane cyane ashingiye ku bibazo bijyanye n’imitungo n’ubwumvikane bucye buterwa no gucana inyuma.
Bamwe mu banyeshuri barangije mu mashami y’ubuhinzi, ubworozi n’amashyamba mu mashuri yisumbuye (EAV), bakaba bari bemerewe gukomereza amashuri yabo muri Kaminuza y’u Rwanda, tariki 06/11/2014 bamenyeshejwe ko imyanya yabo iteganyijwe mu mashuri y’imyuga ari yo IPRC.
Mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera, hafashwe abantu 37 mu mukwabu wo gufata inzererezi n’abadafite ibyangombwa.
Ahagana saa tatu z’ijoro tariki 06 /11/ 2014, nibwo inkuru yamenyekanye ko umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bushenge mu karere ka Nyamasheke, Umucungamutungo wa Sacco ndetse n’umuyobozi wa VUP byo muri uwo murenge batawe muri yombi na polisi baregwa ibyaha bitandukanye.
Nyuma y’uko huzuye ikiraro gishya ku mupaka wa Rusumo uhuza u Rwanda na Tanzaniya, ubu hagiye gukurikiraho umushinga wo kuhubaka isumo rizatanga amashanyarazi angana na megawatts 83 azasaranganwa u Rwanda, Tanzaniya n’u Burundi.
Abasirikare n’abapolisi u Rwanda rwatanze mu mutwe wo gutabarana aho rukomeye mu bihugu 10 bigize akarere ka Afurika y’uburasirazuba (East African Standby Forces/EASF) ngo baratanga icyezere ko uwo mutwe uzakomera kuko na Kenya nayo yamaze kubatanga.
Abaturage batuye mu mujyi wa Nyamagabe, abawukoreramo ibikorwa by’ubucuruzi n’ibindi bitandukanye bavuga ko babangamiwe n’urusaku ruterwa na radiyo yitwa “Radiyo ya Gare Nyamagabe” bigatuma batabasha gukora mu mutuzo.
Abatuye mu mbago z’umujyi w’akarere ka Ngoma barasaba ko mu ishyirwa mu bikorwa ry’igishushanyo mbonera cyawo hazibukwa gushyiramo ibyiza nyaburanga n’ibikorwa remezo by’iterambere abaturtage bakenera.
Kuva tariki ya 5 kugera ku ya 6/11/2014, zimwe muri moto z’abakora akazi ko gutwara abagenzi (motards) ziparitse kuri polisi ya Ngororero kubera ko ba nyirazo batishyura ubukode bw’aho baparika moto zabo bategereje abagenzi, ariko ba nyirazo bo bavuga ko akarere kabaca amafaranga y’umurengera.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) itangaza ko kongera ingengo y’imari yagenerwaga ubuhinzi n’ubworozi byagiriye abahinzi akamaro, kuko bashoboye kwiteza imbere n’ibyo bahinga bikiyongera mu bwinshi.
Polisi irasaba abantu bose batwara ibinyabiziga mu ishyamba rya Nyungwe kwitwararika, bakamenya neza umuhanda bagendamo, bakanibuka kuruhuka mbere yo kwinjira mu ishyamba rya Nyungwe rigizwe n’amakorosi menshi.
Ubuyobozi bw’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru mu karere ka Afurika yo hagati n’iyiburasirazuba (CECAFA) burifuza ko igihugu cya Sudani cyaba ari cyo cyakira amarushanwa ya CECAFA y’ibihugu ateganyijwe mu mpera z’uku kwezi.
Hakizimana Passo wo mu kagari ka Kamashangi, umurenge wa Kamembe, akarere ka Rusizi, mu ijoro ryo ku wa 5/11/2014 yateye umugore we, Hadidja Nyiraneza icyuma anamumenaho aside (acide) nawe yiyahuza aside ariko ntiyapfa.
Abakora umwuga wo gutwara abantu kuri moto (Abamotari) bakorera mu mujyi wa Nyanza bakomeje kutavuga rumwe n’amasosiyete atwara abagenzi mu modoka ahakorera aho bayashinja gutwara abantu ku buntu mu ngendo nto ziva cyangwa zijya muri uyu mujyi n’inkengero zawo.
Mu nama y’iminsi ibiri yabereye mu ntara ya Cibitoki guhera tariki ya 4/11/2014 yahuje abagore bakora ubucuruzi buciriritse bwambukiranya imipaka hagati y’u Rwanda, Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) n’u Burundi ku mipaka ya Bugarama, Kamanyora na Cibitoki hamwe n’inzego zikora ku mipaka, hagaragajwe ko hari (…)
Ikipe ya Mukura VS yatanganje ko yasezereye uwari umutoza wayo Kayiranga Baptiste kandi ko uzamusimbura agomba kugeza iyi kipe ku ntego yatangiranye shampiyona.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 08/06/2014 ku bibuga bya Kimisagara hazakinwa imikino ya Carre d’As isoza shampiyona ya Handball, igahuza amakipe yarangije ku myanya ine ya mbere.
Abamotari bakorera mu karere ka Nyamasheke bavuga ko bacibwa amande n’abashinzwe umutekano wo mu muhanda ahwanye n’ibihumbi 10 iyo babafashe batwaye umugenzi utambaye akanozasuku, mu gihe bemeza ko nta hantu kagurirwa mu karere kose.
Nyuma y’aho abana bo mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga bakomeje kwinubira kwigira kure aho benshi muri bo bajyaga basiba cyangwa bakazinukwa ishuri burundu, ku bufatanye na Fondation Margrit Fuchs, ibinyujije mu kigo cya Bureau Social de Dévéloppement, yiyemeje kubaka ishuri ry’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 rifite (…)
Nyuma y’uko hirya no hino mu Rwanda hagiye hagaragara imibanire itari myiza hagati y’abashakanye, inzego zitandukanye zirebwa n’iki kibazo zatangiye gushaka umuti wacyo harimo no kongera inyigisho zihabwa abagiye kurushinga.
Nsabimana Straton, umusore w’imyaka 20 y’amavuko wo mu karere ka Ruhango, umurenge wa Ruhango, utunzwe no gucuruza isombe asya yifashishije akamashini kabigenewe, avuga ko imaze kumugeza ahantu hashimishize.
Nyuma y’icyifuzo cy’abaturage b’umurenge wa Muhazi cyo kubaka urwibutso rw’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kabare ruri muri uyu murenge, ubuyobozi bwawo buratangaza ko haranatangiye ubukangurambaga bwo gushaka amafaranga asaga miliyoni 41 azarwubaka.
Mu gihe hitegurwa amatora y’abahagarariye urugaga rw’abikorera mu gihugu, hirya no hino mu turere hari gukorwa ibiganiro bigamije gusobanura inshingano z’urugaga rw’abikorera PSF ari nako basaba abikorera kugira ibyo batekereza byakomeza kubateza imbere.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 mu mukino wa Volleyball ubu iri kubarizwa mu mujyi wa Sharm El Sherk mu Misiri aho igomba kwitabira irushanwa nyafurika ry’abatarengeje imyaka 23 rizahabera kuri uyu wa gatanu tariki ya 07/11/2014.
Igitego cya kapiteni Fuade Ndayisenga cyatumye Rayon Sports ikura intsinzi ya 1-0 ku ikipe ya Espoir maze ikomeza kongera igitutu kuri APR FC yo yanganyirije na Police 0-0ku Kicukiro.
Mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzania batujwe mu karere ka Gatsibo, Umuryango FPR-inkotanyi wabashyikirije inkunga y’amafunguro agizwe n’ibigori ndetse n’ibishyimbo.