Ubushakashatsi bwakoze n’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Imiyoborere myiza mu mwaka ushize bwashyizwe ahagaragara kuwa 27/03/2014, buragaragaza ko abaturage bo mu ntara y’Amajyaruguru bishimiye imikorere y’ubuyobozi bwabo n’ubwo hari ahakwiye kongerwa imbaraga ngo birusheho kuba byiza.
Abaganga bo mu kigo Starkey Hearing Foundation cyo Amerika cyavuye abantu 352 bo mu ntara y’Amajyaruguru bari bafite ikibazo cyo kutumva bongera kumva mu gikorwa cy’impuhwe cyabereye mu karere ka Musanze kuwa kane tariki ya 27/03/2014.
Abaturage bo mu karere ka Kayonza barasabwa kwitondera abantu biyita abashoramari babasaba gukorana imishinga ibyara inyungu ariko ntibagirane amasezerano kuko bishobora kubateza igihombo kandi ntibabone uko barenganurwa igihe hatabayeho amasezerano ku mpande zombi.
Ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 mu mupira w’amaguru yatsinzwe n’iy’u Burundi igitego 1-0 mu mukino wa gicuti wabereye kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo kuwa kane tariki 27/03/2014, umukino ukaba wari ugamije gufasha amakipe yombi kwitegura amarushanwa mpuzamahanga.
Ubwo akarere ka Kirehe kakiraga urumuri rw’icyizere rutazima tariki 27/03/2014, abari muri uwo muhango bemeje ko uru rumuri ari uburyo bwo kurwanya umwijima waranze igihugu cy’u Rwanda biturutse ku bayobozi bari muri Leta yariho icyo gihe bigatuma habaho Jenoside.
U Rwanda nirwo ruzakira inama mpuzamahanga igamije kongerera agaciro ibihingwa bifite intungamubiri, kubera intambwe rwateye mu buhinzi no guteza imbere imirire myiza ishingiye ku biribwa bifite intungamubiri arimo ibishyimbo.
Ubuyobozi bw’Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro IPRC-Kicikiro na bamwe mu bo ryahaye impamyabushobozi kuri uyu wa kane tariki 27/3/2014, baremeza ko ubumenyi buhatangirwa bukenewe ku isoko ry’umurimo, ku buryo ngo badashobora kuba abashomeri.
Abarokotse Jenoside batuye mu karere ka Rusizi bashyikirjwe amacumbi 39 bubakiwe n’abari mu mutwe w’ingabo z’Inkeragutabara mu gikorwa cyo kubafata mu mugongo no kubashakira icumbi ribereye Umunyarwanda w’iki gihe.
Ikigo cy’Abayapani cyitwa GS YUASA International Ltd cyazobereye mu gukora ibikoresho by’amashanyarazi cyagaragarije abatuye akarere ka Rwamagana ibikoresho bitanga amashanyarazi aturuka ku zuba, bakwifashisha mu kubona urumuri n’amashanyarazi bakoresha mu buzima bwa buri munsi.
Umukozi ushinzwe iterambere mu kagari ka Gasambya mu murenge wa Ruvune mu karere ka Gicumbi afungiye kuri station ya polisi ya Byumba, azira gusarura ishyamba rya Leta atabiherewe uburenganzira.
Abadepite bashinzwe gukurikirana ikoreshwa ry’umutungo wa Leta ngo bagiye gukora iperereza banakurikirane abafite uruhare mu kuba porogaramu ya mudasobwa yitwa Oracle yaraguzwe miliyoni y’amadolari ariko ikaba itarakoreshwa mu myaka ine imaze ngo inoze icungamutungo mu kigo EWSA.
Umuriribyi José Chameleone wo muri Uganda yasabwe n’umukuru w’inteko ishinga amategeko y’icyo gihugu kwita ku buryo bwihariye ku kwamamaza no kumenyekanisha ubukerarugendo bw’ahantu nyaburanga 40 haherereye mu gace kitwa Busoga aho muri Uganda.
Nyuma y’iminsi mike yari imaze ku mwanya wa mbere muri shampiyona y’umupira w’amaguru muri Espagne, ikipe ya Real Madrid yahagaritswe umuvuduko na FC Seville yayakiriye ikayitsinda ibitego 2-1 mu mugoroba wo kuwa 26/03/2014.
Mujawamariya Elizabeth Johnson, umunyarwandakazi utuye mu ntara ya Colombie Britanique mu gihugu cya Canada, avuga ko Abanyarwanda bo muri Diaspora bakwiye kugira uruhare runini mu kugaragaza isura nyakuri y’u Rwanda ku baturage bo mu bihugu batuyemo.
Ibyaha bishingiye ku biyobyabwenge ndetse n’ibikomoka ku nzoga zitemewe bikomeje kuza ku isonga mu guhungabanya umutekano mu ntara y’Iburasirazuba, nk’uko byagaragajwe mu nama y’umutekano yaguye y’iyi ntara yateranye kuwa 26/03/2014.
Urukiko rukuru rwa Gicumbi rwatangiye kuburansiha Mudakemwa Pascal ukurikiranyweho kuba kuwa 19/0 1/2014 yarishe umugore we witwaga Mukamutsinzi Valentine amukubise umwase mu mutwe insuro 3 agahita apfa.
Polisi y’u Rwanda mu karere ka Bugesera icumbikiye umugabo ushinjwa kuba yasanganywe moto itari iye, adafitiye ibyangombwa kandi atanagaragaraza nyirayo.
Mu karere ka Nyamagabe hatashywe uruganda ruzakora amapoto y’insinga z’amashanyarazi ya kijyambere, rukazayakora mu biti byo mu ishyamba bita umukandara utandukanya pariki ya Nyungwe n’abaturage, igikorwa cyabaye kuwa gatatu tariki 26/03/2014.
Itsinda ry’abadepite bo mu birwa bya Seychelles ryasuye abahinzi b’inanasi bo mu karere ka Ngoma, bavuga ko bashaka gutangira kubona inanasi z’u Rwanda ku masoko y’iwabo, aho inanasi imwe igurwa amafaranga y’u Rwanda asaga ibihumbi 21.
Urukiko rw’ibanze rwa Musanze rwategetse ko abantu 15 bashinjwa gukorana na FDLR mu guhungabanya umudendezo rusange bafungwa igihe cy’iminsi 30 mu gihe hagikorwa iperereza ku byaha baregwa, iki icyemezo bakimenyeshejwe ku gicamunsi cyo kuwa 26/03/2014.
Muhawenimana Maritha, umukobwa w’imyaka 23 y’amavuko, utuye mu murenge wa Ntongwe mu Ruhango aravuga ko akazi k’ubumotaro amaze iby’umweru bibiri atangiye kamuteye ishema kuko kazamuteza imbere, agahamagarira na bagenzi be gushaka umurimo aho kwandagara.
Abanyarwanda 69 bari mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 18 na 30 bari mu maboko ya polisi y’igihugu cya Uganda muri district ya Kabale kuva kuwa kabiri tariki ya 25/03/2014 bashinjwa kwinjira muri icyo gihugu gituranye n’u Rwanda batabifitiye uburenganzira.
Urubyiruko rwo mu Rwanda rwiyizera ku mpano rurahamagarirwa kuzamura amahirwe yabo yo kwihangira umurimo bifashishije impano zabo, bitabira amahushanwa sosiyete INDIAFRICA iri gutegura, azaba agamije kureba abahiga abandi bagahabwa amahirwe.
Abayobozi b’imidugudu mu karere ka Nyamasheke ngo barasanga ari bamwe mu nkingi za mwamba akarere kubakiyeho imiyoborere myiza n’iterambere, bakavuga ko agaciro kabo gakwiye kugaragarira mu buryo bakirwa ku karere ndetse ngo bakajya bahabwa ibyicaro by’imbere mu nama zikomeye ziba zateguwe n’akarere.
Polisi y’igihugu iratangaza ko abateye ibisasu bya grenades bari mu maboko y’ubutabera, bakaba ngo ari nabo ubwabo bahamya ko ababatumye gutera ibisasu ari abo mu mashyaka ya RNC, FDLR n’abo bafatanyije.
Nyuma y’uko abasora bo mu Karere ka Huye bagaragarije abakozi b’ikigo cy’imisoro n’amahoro (Rwanda Revenue Authority/RRA) ko batishimira kuba iki kigo kibandikira mu ndimi z’amahanga kandi hari abatazumva, RRA yabamenyesheje ko guhera tariki 15/04/2014 inyandiko z’iki kigo zose zizaba ziboneka no mu rurimi rw’Ikinyarwanda
Ikigega kigenewe gutera inkunga abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (FARG) n’indi miryango itandukanye barasaba Abanyarwanda kwitabira gufasha no kuba hafi inshike n’abarokotse Jenoside bageze mu za bukuru badafite amikoro.
Abahanzi bazegukana ibihembo byitwa Salax Awards bazabihabwa kuwa gatanu tariki ywa 28/03/2014 ubwo abitwa Ikirezi Group basanzwe babitegura bazatangaza ababyegukanye bakanabishyikirizwa mu mihango izabera ahitwa Gikondo ground hakunze kubera imurikagurisha mpuzamahanga rya Kigali.
Mu murima w’uwitwa Ruvugamahame Cassien uvugwaho ko yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ariko akaba atarabiburana kuko yaraburiwe irengero, hatoraguwemo ibisasu bya grenades bitandatu n’umuturage wahahingaga.
Ibigo nderabuzima bya Kabuye, Gashongora, Nasho, Murindi, Musaza na Ntaruka mu karere ka Kirehe byahawe ibihembo by’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 700 ngo kuko bitwaye neza muri gahunda yiswe iyo kuzamura ireme ry’ubuzima, mu mihango yabaye kuwa kabiri tariki ya 25/03/2014.
Kuva ubwo mu karere ka Rutsiro bafatiye ingamba zo kubumbatira umutekano no gukaza amarondo bafatanyije n’inzego zishinzwe umutekano, abajura bari bamenyereye kwiba mu masaha ya nijoro hamwe na hamwe mu karere ka Rutsiro ubu badukanye uburyo bwo ku manywa kuko kwiba nijoro bitakiborohera.
Ikipe ya Bayern Munich isanzwe ikomeye cyane mu gihugu cy’u Budage no mu Burayi yamaze kwegukana igikombe cya shampiyona yo mu Budage bita Bundesliga hakiri kare kuko imikino itararangira.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza bwatwitse amasiteri y’ibiti bizwi ku izina ry’imisheshe cyangwa imishikiri byari byarafatanywe abaturage bakunze kubyiba, hanatangwa ubutumwa buhamagarira abaturage kwirinda kwangiza ibidukikije.
AS Kigali ihagarariye u Rwanda mu mikino mpuzamahanga yahagurutse i Kigali kuwa kabiri tariki 25/03/2014 ijya gukina na Difaa El Jadida ya Morocco mu mukino wa 1/8 wo kwishyura yagiye idafite abakinnyi bayo batatu bakomeye kandi basanzwe babanza buri gihe mu kibuga.
Abanyarwanda bagemuraga ibiribwa mu mujyi wa Bukavu muri Congo bamaze iminsi ine babujijwe kongera kwambutsa ibyo bacururizagayo. Abayobozi ba Bukavu ngo babwiye ab’u Rwanda ko Abanyekongo bazajya biyizira kubirangura mu mujyi wa Kamembe ku ruhande rw’u Rwanda igihe bazabikenera.
Abaturage b’akarere ka Gatsibo barasabwa gukomeza gushyigikira uburezi bw’umwana w’umukobwa nk’imwe mu nkingi z’ibanze zo kuzamura ubukungu bw’igihugu kuko umukobwa wize agatera imbere adasiga inyuma umuryango we.
Ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 iri gutegura umukino wa gicuti n’ikipe y’u Burundi bazakina kuwa kane tariki ya 27/03/2014 kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo mu rwego rwo gukomeza kwitegura imikino yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika umwaka utaha.
Umuyobozi mushya w’intara y’Uburengerazuba, Mukandasira Caritas, ari gusura no kugenzura uko akarere ka Nyabihu gahigura imihigo kasinyanye na Perezida wa Repubulika, igikorwa amazemo iminsi ibiri kuva kuwa 24/03/2014.
Mu nama igamije gutegura kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yabereye mu karere ka Gakenke kuwa 25/03/2014, hemejwe ko hazakorwa ibishoboka byose iyi mihango ikanozwa kandi igatungana kuruta ubushize.
Nyuma y’uko ananiwe kugeza ku mwanya mwiza ikipe ya Mukura Victory Sports yatozaga, umutoza Kaze Cedric ukomoka mu gihugu cy’u Burundi yasezeye ku mirimo ye kuwa kabiri tariki ya 25/03/2014.
Abanyeshuri umunani bahuye n’ikibazo cy’ihungabana nyuma y’uko mugenzi wabo witwa Olive Tuyishime wigaga mu mwaka wa gatanu mu ishuri nderabarezi rya Rubengera mu Karere ka Karongi yitabye Imana azize indwara muri iki gitondo tariki 25 Werurwe 2014.
Abigisha urubyiruko ibijyanye no kwirinda SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina ndetse n’inda zitateganyijwe, bababwira ko kwifata ari byo byiza, kuko ngo ubusugi ari ko gaciro k’umukobwa, n’ubumanzi bukaba ari ko gaciro k’umuhungu.
Mu nama yahuje abayobozi bagize umuryango uhuje ibihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari (ICGLR), Perezida Kagame yasabye ko abarwanyi ba FDLR bashaka gushyira imbunda hasi bafashwa gutaha mu gihugu cyabo, naho abatabishaka hagashyirwaho ubufatanye bwihuse mu bya gisirikare mu kubarwanya.
Umuyoboro w’amashanyarazi wa Musha muri Rwamagana utegerejweho kongera umuriro w’amashanyarazi agera ku baturage kandi ukagabanya gucikagurika kwa hato na hato watashywe kuwa 25/03/2014, ukaba wari umaze imyaka 3 uvugururwa ku nkunga ya leta y’Ubuyapani.
Abayobozi b’imidugu yose yo mu karere ka Nyamasheke baravuga ko bishimiye cyane icyemezo cyafashwe n’akarere cyo kubagurira amatelefoni agendanwa, bazajya bakoresha mu kazi kabo ka buri munsi mu gukorera abaturage no gukorana n’abayobozi bo ku nzego zisumbuyeho.
Mu Banyarwanda 32 batahutse tariki 24/03/2014 bava muri Congo harimo abagore 13 batashye basize abagabo babo kuko ngo barambiwe gukomeza kuzerera no kurorongotana mu mashyamba ya Congo kandi mu gihugu cyabo cy’amavuko ari amahoro.
Ikigo gishinzwe gusakaza amazi n’amashanyarazi, isuku n’isukura mu Rwanda (EWSA), cyagaragaweho amakosa 80 mu miyoborere n’imikorere yatumye hari amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyari 13 zaburiwe irengero, nk’uko raporo y’umugenzuzi w’imari ya Leta ya 2011/2012 ibigaragaza.
Abantu 15 bakekwaho guhungabanya umutekano mu mujyi wa Musanze, barimo umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Cyuve muri Musanze n’abagore batatu kuri uyu wa kabiri tariki 25/03/2014 bagejejwe imbere y’urukiko rwa Musanze bamenyeshwa ibyo barega bahabwa n’umwanya wo kwiregura.
Abahoze ari inzererezi mu mujyi wa Kigali batuye mu karere ka Nyamasheke baravuga ko ubuzima bwo mu muhanda babagamo ari bubi cyane kandi bugoye, burangwa n’inzara, guhangayika no kutagira icyerecyezo ku buryo abareba kure badakwiye kubwirukira.
Impamvu itera urubyiruko rw’abakobwa rwiyandarika ntivugwaho rumwe kuko bamwe bashinja abakobwa kwiyandarika, abandi bakavuga ko bashukwa n’abagabo.