Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 27/2/2015, abayobozi batandukanye ku rwego rw’igihugu berekeje i Gabiro mu karere ka Gatsibo mu mwiherero ngarukamwaka, aho bagiye kongera kwisuzuma no gusuzuma ibyo bari biyemeje umwaka ushize, bakabiheraho no guhigira umwaka utaha.
Ikigo k’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije (REMA) kirahugura itsinda ry’abagore 32 bahagarariye abandi bacururiza mu muhanda ibiribwa mu masashi mu mujyi wa Kigali, ku ruhare rwabo mu kurwanya ikwirakwizwa ry’aya mashashi agira uruhare mu kwangirikwa kw’ikirere.
Iri shimo perezida Kagame yarihawe mu nama iri kubera i Paris mu Bufaransa, aho yahuriye n’abandi bayobozi bo hirya no hino ku isi, bakaba bari kwiga ku ngamba zafatwa mu guteza imbere ikoranabuhanga n’ihanahanamakuru mu burezi.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa 27 Gashyantare 2015, abakinnyi batatu bagize Ikipe y’Igihugu ya Karate, berekeje mu Misiri kwitabira amarushannwa yo ku rwego mpuzamahanga azwi nka Karate open Champion’s League.
Mu Karere ka Nyabihu kuri uyu wa 26 Gashyantare 2015, batwitse ibiyobyabwenge bitandukanye bifite agaciro ka miliyoni 2 n’ibihumbi 300 z’amafaranga y’u Rwanda.
Mu Karere ka Nyabihu, kuri uyu wa 26 Gashyantare 2015, hafatiwe abagabo batatu bari baturutse Musanze bafite amaduzeni 90 y’ ibiyobyabwenge byo mu bwoko bwa Blue Skys bavuga ko bituruka mu gihugu cya Uganda .
Kuri uyu wa 26 Gashyantare 2015 ubwo Ikipe ya Panthere du Ndé yo muri Cameroon yageraga mu Rwanda isaa kumi n’imwe, umutoza wayo yatangaje ko biteguye gusezerera Rayon Sport i Kigali kuko ngo bazi ko ari ikipe itsindira hanze gusa.
Abaturage bo mu Murenge wa Nkotsi mu Mudugudu wa Barizo barasaba ubuyobozi bw’akarere kubakemurira ikibazo cy’imitungo kababaruriye hakaba hashize hafi umwaka n’igice batarishyurwa mu gihe ngo batemerewe gusana cyangwa kurangiza amazu bari baratangiye kubaka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke burasaba umuturage witwa Murutampunzi Edmond gusenya uruganda rutunganya kawa yubatse mu Mudugudu wa Gasharu mu Kagari ka Gako mu Murenge wa Kagano ho mu Karere ka Nyamasheke kuko ngo yabikoze mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buravuga ko burimo gukurikirana ikibazo cy’abakozi 134 bahoze bakora mu Kigo cy’Impfubyi kitiriwe Mutagatifu Noel bakaza gusererwa mu buryo bo bavuga ko butubahije amategeko ubwo iki kigo cyashyiraga mu bikorwa gahunda ya Leta yo gukura abana mu bigo by’impfubyi bakarererwa mu miryango.
Umunyamakuru, umukinnyi wa filime akaba n’umushyushyarugamba Anita Pendo, ngo ntiyiyumvisha abavuga ko adashobora kuyobora igitaramo cy’abahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana (Gospel) bashingiraho.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba bwemeje ko Ikigo ngorora muco cya Ngororero (Transit Center) kiri mu Murenge wa Kabaya ari icyitegererezo mu bindi bigo nka cyo byo mu tundi turere tugize iyi ntara bityo abayobozi b’uturere bakaba basabwa kukigiraho mu kunoza imikorere y’ibigo ngororamuco byo mu turere twabo.
Umuryango w’urubyiruko rw’abakorerabushake ku murimo unoze kandi urambye, Lean Work Develop (LWD) wo mu Karere ka Kayonza hamwe n’ikigo cy’urubyiruko cyo muri ako karere bagiye gutangiza radiyo y’abaturage mu karere ka Kayonza.
Abanyeshuri 230 bigaga mu Ishuri rRikuru rya ISPG “Institut Superieur Pédagogique de Gitwe”, mu mashami ya Bio-medical, ubuforoma na computer science, kuri uyu wa 26 Gashyantare 2015, bashykirijwe impamyabumenyi zabo maze basabwa kurangwa n’ubwitange no kwakira neza mu ababagana kazi kabo.
Abanyeshuri 483 barangije mu mashami atandukanye mu Ishuri Rikuru ry’Ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri barakangurirwa gukoresha ubumenyi bahawe bagahanga imirimo mishya aho guhora basiragira hirya no hino basaba akazi.
Ingabo z’u Rwanda zigera ku 140 zari mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Sudani y’Amajyepfo, zageze mu Rwanda ku gicamunsi cyo ku wa Kane tariki ya 26/02/2015.
Imodoka yo mu bwoko bwa FUSO yagonze inzu y’umugore witwa Nyirantuyahaga Seraphine utuye mu Mudugudu wa Kabageyo, Akagari ka Rangiro ho mu Murenge wa Nyakarenzo mu Karere ka Rusizi abantu bane barakomereka, umwe akaba arembye.
Umwana witwa Shema Darius w’imyaka 9 wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi yarohamye mu Mugezi wa Rusizi mu ma saa tanu zo ku wa 25/02/2015 ubwo yari agiye koga ari kumwe n’abandi aburirwa irengero.
Imibare itangwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi iragaragaza ko umubare w’abana bata ishuri ukomeje kwiyongera, kuko umwaka wa 2014 warangiye abanyeshuri 3296 bigaga mu mashuri abanza bayataye, ndetse abandi 2145 bigaga mu mashuri yisumbuye bayaretse.
Mpazimaka Egide wayoboraga Umurenge wa Kayumbu na Rukimbira Emmanuel wayoboraga Umurenge wa Ngamba beguye ku mirimo yabo ku wa kane tariki 26 Gashyantare 2015 ku mpamvu kugeza ubu zitaramenyekana.
Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) gifatanyije na leta y’u Rwanda cyatangiye kubakira abakozi bafite ubushobozi buciriritse amazu 609, mu rwego rwo gufasha igihugu kugera ku cyerekezo cyihaye cyo gufasha abakorera mu Mujyi wa Kigali kubona aho gutura.
Ikibazo cy’amakimbirane no kutuzuzanya gikunze kugaragara hagati y’abagize inama njyanama z’uturere n’abayobozi batwo, kiri ku isonga mu bidindiza iterambere rya tumwe mu turere tw’Intara y’Iburasirazuba; bikagaragazwa n’uko hari uturere duhora inyuma mu ruhando rw’utundi.
Richard Nsengimuremyi, Umuyobozi wa Super Level Urban Boys ibarizwamo, aratangaza ko batasezeye burundu mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star ahubwo ko icyatumye basezera nigikemuka nta kabuza bazongera kuyitabira.
Nyuma yo kugirira imvune mu mukino ikipe ya APR FC yatsinzemo Rayon Sports ibitego bine ku busa, Umukinnyi Mwiseneza Djamar ntazagaragara mu mukino wo kwishyura n’ikipe ya Liga Muculmana de Maputo ku wa gatandatu tariki ya 28/02/2015.
Ku wa gatatu tariki 25/02/2015, Anaclet Bagirishya yakoresheje imyitozo ye ya mbere nk’umutoza mukuru w’ikipe y’APR handball Club asimbuye Munyangondo Jean Marie Vianney.
Uwamahoro Chantal w’imyaka 33 y’amavuko wo mu Mudugudu wa Nyarupfubire, Akagari ka Nyarupfubire mu Murenge wa Rwimiyaga mu Karere ka Nyagatare yakuyemo inda y’ abana 2 b’impanga arabica afatwa amaze guta umwe mu musarane.
Abaturage bo mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza batumye umuyobozi wabo ngo ababwirire Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ko bamusaba kuziyamamariza manda ya gatatu mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu muri 2017.
Iterambere ry’imyubakire mu Karere ka Nyarugenge, kamwe mu turere dutatu tugize Umujyi wa Kigali, riri muri bimwe bihesha isura nziza umujyi wa Kigali.
Umuyobozi mushya w’Akarere ka Nyamasheke, Kamali Aimé Fabien, aravuga ko ubufatanye no gutahiriza umugozi umwe n’inzego zitandukanye zirimo Inama Njyanama y’akarere ndetse n’abandi bayobozi batandukanye bako ari byo bizamufasha kugera ku nshingano ze.
Abahinga mu gishanga cya Kayumbu giherereye mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi baratangaza ko bajya bagira ibibazo byo kurumbya kubera izuba, bakavuga ko nubwo mu gishanga harimo amazi batitabira gahunda yo kuvomerera kuko nta bikoresho bafite kandi igishanga kikaba kidatunganyije.
Ubuyobozi bwa Groupe Scolaire Nyarugenge riri mu Kagari ka Burima, Umurenge wa Kinazi mu Karere ka Ruhango, ngo bwishimiye kuba Akarere ka Ruhango karabubakiye amashuri ajyanye n’igihe, nyuma y’uko bakoreraga mu mashuri ashaje yubatswe mu mwaka 1962.
Bamwe mu bikorera ndetse n’abafatanyabikorwa mu iterambere bakorera mu Murenge wa Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko umwanya bahabwa wo kugaragaza ibikorwa byabo mu ruhame ari ingenzi kuri bo, kuko utuma bunguka abakiriya bashya.
Col Tom Byabagamba na bagenzi be bakurikiranyweho gutunga intwaro mu buryo butemewe n’amategeko, basabye urukiko ko barekurwa bakaburana bari hanze, ariko ubushinjacyaha bwo buhakana iki cyifuzo buvuga ko bakurikiranyweho ibyaha biremereye bishobora gutuma batoroka igihugu.
Maurix Music Studio, inzu itunganya umuziki yamamaye cyane mu Rwanda mu mwaka wa 2009 ubwo yakoragamo producer Maurix afatanyije na Dr JACK uherutse kwitaba Imana, yamaze gufungura imiryango i Kigali.
Mu turere tw’u Rwanda tutari dufite abayobozi habaye ibikorwa byo gutora ababasimbura ku wa 25/02/2015 kandi bose bamaze kumenyekana.
Umugabo witwa Nshimiyimana Alphonse utuye mu Mudugudu wa Nyarucyamo II, mu Kagari ka Gahogo, Umurenge wa Nyamabuye yaraye akubiswe ahinduka intere, afatiwe mu ishuri riri muri uwo mudugudu ryitwa Gahogo Adventist Academy arimo kwica inzugi ngo yibe mu bubiko bw’iryo shuri.
Bamwe mu banyamakuru baravuga ko kuba hakiri abayobozi bashaka kwikubira umutungo w’igihugu aho gushyira inyungu z’abanyarwanda imbere, ari imwe mu bishobora gukoma mu nkokora ibigamijwe muri gahunda ya “Ndi umunyarwanda”.
The Rock, ari we Dwayne Douglas Johnson, afite imyaka 42, yavukiye mu Mujyi wa Hayward, Leta ya California muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) tariki 2 Gicurasi 1972 akaba umukinnyi wa kaci winjiye muri sinema aba umwe mu bakinnyi na Filimi bakize muri USA.
Intumwa z’ibihugu by’u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) zishinzwe gushaka no gusubizaho imbago zihuza ibihugu byombi hagati y’intara ya Kivu y’Amajyaruguru n’Akarere ka Rubavu ziravuga ko bamaze gushyiraho imbago eshatu zizashingirwaho mu gusubizaho imipaka ku ruhande rwa RDC, hakaba hagiye no (…)
Muri uyu mwaka wa 2015-2016, Intara y’Iburengerazuba ngo ifite imishinga mirongo irindwi n’itandatu izatwara miliyari miliyari 55 na miliyoni 362 n’ibihumbi 292 na 594 mu rwego rwo guteza imbere imijyi n’imiturire rusange ndetse n’imibereho myiza y’abaturage.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo, Munyantwali Alphonse, aravuga ko ubu bamaze gufata ingamba z’uko rwiyemezamirimo azajya akora urutonde rwabo yakoresheje amafaranga yabo agashyirwa ku ma konti na minisiteri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN), mu rwego rwo gukemura ikibazo cya ba Rwiyemezamirimo bambura abaturage.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka aratangaza ko mu gihe abanyarwanda bakomeza kwiyumvamo amoko y’ubuhutu n’ubututsi badateze gutera imbere, kuko iturufu y’ubwoko ariyo yakomeje kumunga ubunyarwanda no kubwangiza ari nako yangiza ejo heza h’abanyarwanda.
Abatoza 36 nibo basabye gutoza ikipe nkuru y’igihugu Amavubi nyuma y’aho umutoza Stephen Constantine asezereye kuri uyu mwanya akajya gutoza ikipe y’igihugu y’ubuhinde.
Abaturage babiri barwanye umwe akubita undi ibuye amumena umutwe bapfuye ko amwishyuza urwagwa yari amaze kugura.
Umuryango Handicap International, kuri uyu wa 24 Gashyantare 2015 mu nama wagiranye n’abayobozi b’ibigo by’amashuri, wabasabye gushyigikira amatsinda y’abanyeshuri arwanya ihohoterwa rishishingiye ku gitsina (Anti-GBV Clubs) kuko ngo byafasha mu kurirandura.
Mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Mururu, urukiko rwa gisirikare rwakatiye igifungo cy’imyaka icumi n’ihazabu isaga miliyoni n’igice z’amafaranga y’u Rwanda Private Habakwitonda Apollinaire, umusirikare mu ngabo z’u Rwanda (RDF) washinjwaga gusambanya umukobwa w’imyaka 17 y’amavuko ku ngufu akanamutera inda itifuzwa.
Abakoresha umuhanda uva mu Mujyi wa Kabarondo ujya muri Pariki y’Akagera bishimiye kuba ugiye gusanwa kuko wari warangiritse ku buryo watezaga ibibazo birimo no guhuhura bamwe mu barwayi bajyaga kwivuriza ku bitaro bya Rwinkwavu, nk’uko babivuze ubwo hatangizwaga imirimo yo gusana uwo muhanda tariki 24/02/2015.
Abantu batandatu bafite ubumuga bw’ingingo bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 24/02/2015, bahawe inyunganirangingo z’amagare atandatu yatanzwe ku nkunga y’Umuryango “Road to Jannah” wo mu Bwongereza ku bufatanye n’Umuryango Nyarwanda “Umbrella for Vulnerable” ufasha abatishoboye.
Abaturage bo mu karere ka Nyamagabe bahawe ihene, batangaza ko bagiye kubona igifumbira uturima twabo tw’igikoni, kugira ngo barwanye imirire mibi mu bana no mu muryango muri rusange banakumire ikibazo cyo kugwingira gikunze kugaragara mu karere ka Nyamagabe.
Ingabo za Congo (FARDC) ziratangaza ko zatangiye urugamba rwo kugaba ibitero ku birindiro by’inyeshamba za FDLR, biherereye muri Kivu y’Amajyepfo mu gace ka Uvira n’ahandi hitwa Reyo, ariko abaturage bo bakavuga ko hari kuraswa undi mutwe wa FNL.