Umugabo witwa Twizere Philibert utuye mu murenge wa Rukomo mu kagari ka Kariba mu karere ka Gicumbi ari mu maboko ya polisi kuva tariki 14/04/2014 azira gufatanwa ibiti by’umishikiri bigera kuri toni 7.
Umusore witwa Ngabonziza Jérôme ukomoka mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza yafatiwe mu mujyi wa Nyanza afite udupfunyika 32 tw’urumogi ndetse n’uducupa 4 tw’inzoga itemewe ya Kanyanga arimo ashakira abakiriya ibi biyobyabwenge.
Mu cyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 20Jenoside yakorewe Abatutsi, abantu batanu bo mu karere ka Kamonyi barimo umukecuru w’imyaka 73 bagaragaweho kuvuga amagambo no gukora ibikorwa bipfobya n’ibihakana Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abayobozi bakuru b’umuryango mpuzamahanga wa Police (Interpol), barizeza u Rwanda ko bagiye gushyira ingufu mu bufatanye kugirango abantu 200 bakekwaho ibyaha bya Jenoside bari hirya no hino ku Isi bashyikirizwe ubutabera.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Ntawukuriryayo Jean Damascene, arasaba abaturage bo mu karere ka Ngororero kurwanya bivuye inyuma ibikorwa bisesereza abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ahubwo ko bagomba kurushaho kubaba hafi bakabakomeza.
Abimukira ngo bakomeje kudindiza iterambere ry’akarere ka Nyagatare kuko nta genamigambi baba bakorewe. Ibi byagarutsweho mu biganiro ku mibereho y’abaturage yahuje ubuyobozi bw’aka karere n’abadepite bagize komisiyo y’imibereho myiza mu nteko inshingamategeko.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Busoro mu karere ka Nyanza buratangaza ko tariki 13/04/204 ahagana saa saba z’amanywa muri uwo murenge hari abana wambuwe igisasu cya gerenade barimo bagikinisha ariko ku bw’amahirwe kitagize uwo gihitana.
Minisitiri w’Intebe w’igihugu cya Santarafurika, Andre Nzapayeke, hamwe n’abandi ba Minisitiri bifatanije n’Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri icyo gihugu mu muhango wo gusoza icyunamo cyo kunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Abanyeshuri n’abakozi ba Kaminuza y’Umuryango w’Abibumbye (United Nations-Mandated University for Peace-UPEACE) iri mu gihugu cya Costa Rica, bifatanyije n’amahanga mu kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Mu gihe hari hashize iminsi abantu bibaza irengero ry’umuhanzi Kizito Mihigo, Polisi y’igihugu kuri uyu wa mbere taliki 14/4/2014 yasohoye itangazo rivuga ko uyu muhanzi ari mu maboko ya Polisi kimwe n’abandi bantu babiri bakekwaho gukorana n’imitwe y’iterabwoba nka RNC na FDLR.
Mu karere ka Rutsiro hashyinguwe imibiri 57 yabonetse hirya no hino mu mirenge ya Mushubati, Mukura na Gihango, iyo mibiri ikaba yashyinguwe ku cyumweru tariki 13/04/2014.
Umwe mu barokotse ubwicanyi bwakorewe muri Kiriziya ya Nyamasheke ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yashirwaga mu bikorwa, Kabanda Kayitani ngo asanga ukuri ari ko kuzakiza u Rwanda.
Mu gihe shampiyona y’icyiciro cya kabiri yagereje umusozo, amakipe umunani yitwaye neza kurusha ayandi mu mikino yo mu matsinda abiri yari agize shampiyona, agiye guhatanira imyanya ibiri ya mbere yo kujya mu cyiciro cya mbere.
Nyuma yuko uruganda rwa Gisakura Tea Company rukiranutse n’umushoramari Habimana Gervais rwari rwarabujije kubaka hoteri ruvuga ko ubutaka yubakaho ari ubwarwo ariko nyuma bikagaragara ko Atari byo, ubu hari ibindi bibazo byinshi by’abaturage bafitanye n’uru ruganda aho basaba kurenganurwa mu karere umunsi ku munsi.
Tariki 11 Mata buri mwaka nibwo mu Karere ka Gatsibo hibukwa inzirakarengane ziciwe i Kiziguro, abenshi muri bo bakaba bariciwe muri Kiliziya ya Kiziguro aho bari bahungiye bagatabwa mu rwobo runini rwari ruhacukuye.
Umuyobozi w’intara y’iburasirazuba, Uwamariya Odette, avuga ko kuba hari abantu batavuga ahajugunywe imibili y’abazize Jenoside itarashyingurwa neza bituma abatarashyingura ababo bikomeza kubabera igikomere.
Umusore w’imyaka 22 y’amavuko yatawe muri yombi n’abaturage amaze kwica ihene yari yibye tariki 13/04/2014 bamuzengurutsa umujyi wa Ruhango bamutwaye kuri polisi ishami ryayo rya Nyamagana.
Abayobozi bakorera mu karere ka Kirehe hamwe n’abaturage baturiye umupaka wa Rusumo bifatanije n’abatuye mu gihugu cya Tanzaniya ahitwa Ngara mu gikorwa cyo kwibuka Abatutsi batawe mu mugezi w’Akagera bityo Abatanzaniya b’abagiraneza bagakuramo imirambo 917 ikaba ishyinguye ku rwibutso ruri mu gihugu cya Tanzaniya.
Umuhanzi umenyerewe cyane mu ndirimbo zo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, Dieudonne Munyanshoza, atangaza ko urubyiruko rugomba gufata iya mbere mu guhindura amateka kuko aribo mbaraga z’igihugu.
Ivuriro ryari rimaze imyaka isaga itatu ryubakwa mu murenge wa Kigembe ho mu karere ka Gisagara, ubu noneho riri mu nzira zo gufungura imiryango, bikazafasha abaturage b’uyu murenge bavuga ko bakoraga ingendo ndende bajya kwivuza.
Mporanimana Jean Bosco wahoze ari umukozi wa koperative KOPAKAMA y’abahinzi ba kawa ikorera mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro yirukanywe ku kazi ahabwa n’amezi atanu kugira ngo abe yarangije kwishyura amafaranga miliyoni ebyiri n’ibihumbi 400 yanyereje.
Abagabo hafi ya bose bakomoka mu cyahoze ari komini Kinigi na Mukingo bishwe mbere y’uko Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 itangira, ngo ibi byakozwe mu rwego rwo kugerageza Jenoside nk’uko byagarutsweho mu buhamya bwatanzwe kuri uyu wa 13/04/2014 hasozwa icyunamo mu Murenge wa Kinigi, akarere ka Musanze.
Ndibabaje Assiel Katarya utuye mu Kagali ka Mpanga, Umurenge wa Kinigi, Akarere ka Musanze wari umuyobozi wa cellule akaba n’umukuru w’itorero mu idini ry’Abadiventisti b’Umunsi wa Karindwi mu gihe cya Jenoside yagize ubutwari bwo guhara amagara ye agira uruhare mu kurokora Abatutsi babarirwa muri 300.
U Rwanda rwabonye itike yo kuzakina imikino Olympique y’urubyiruko mu mikino bita Beach Volleyball ikinirwa ku mucanga, rukaba rwabigezeho nyuma yo kwegukana umwanya wa mbere mu mikino Nyafurika yasojwe muri Ghana ku cyumweru tariki ya 13/4/2014.
Abanyarwanda baba muri Cote d’Ivoire, barimo abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro ONUCI boherejwemo n’Umuryango w’Abibumbye UN bahuriye hamwe n’inshuti zabo bibuka Jenoside n’abayiguyemo, banasabira abayirokotse kuri iki cyumweru tariki ya 13/04/2014.
Sebufiriri Deogratias, umunyeshuri wiga mu mwaka wa mbere wa kaminuza y’u Rwanda mu ishami rya Nyagatare yigomwe amafaranga y’inguzanyo ahabwa na Leta mu kwiga, aguramo itungo ry’ ibihumbi 22 aryoroza uwacitse ku icumu utishoboye mu rwego rwo kumufata mu mugongo.
Senateri Dr Jean Damascene Bizimana, yagaragaje uburyo Colonel Theoneste Bagosora n’agatsiko k’intagondwa zo muri Hutu Power, ari bo bahanuye indege ya Habyarimana mu rwego rwo gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi yari imaze imyaka itegurwa na Leta ya Habyarimana, ibifashijwemo n’ibihugu by’u Bufaransa n’u Bubiligi.
Abaturage baturiye hafi y’ibirunga nka Nyamuragira baragirwa inama yo kwitwararika isuku mu gihe ikirunga cya Nyamuragira gitangiye kuruka kuko ivumbi ryacyo rishobora gutera ibibazo; nk’uko bitangazwa n’umuryango utabara imbabare Croix-Rouge.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero hamwe n’abaturage baravuga ko kubungabunga ibimenyetso mu nzibutso zimwe na zimwe zo mu karere ka Ngororero ari kimwe mu bizafasha kugaragaza amateka no kwibuka abishwe bazirikana ku mateka ya Jenoside n’uburyo yateguwe agashyirwa mu bikorwa.
Rwiyemezamirimo ukorera mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro witwa Raphael Nsabiyumva w’imyaka 27 y’amavuko avuga ko ahantu habiri hatandukanye yakoreraga hafunzwe guhera tariki 01/04/2014 kubera ko ngo hari ibisabwa atujuje, ariko we akavuga ko byakozwe n’umuntu umwe ku nyungu ze bwite.
Hon Devota Uwamariya witabiriye ikiriyo cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu murenge wa Kivuruga mu karere ka Gakenke, ashimira abarokotse Jenoside ku bw’ubutwari bagize, anagaya abayobozi babi batumye habaho ivangura ryatumye Jenoside itizwa umurindi.
Itsinda ry’ingabo za ICGLR rishinzwe kugenzura imipaka y’igihugu cya Congo (EJVM) ryaba rigiye kubona umuyobozi mushya nyuma y’amezi umunani uwari akuriye izi ngabo Gen Muheesi Geoffrey ukomoka mu gihe cya Uganda yirukanywe n’igihugu cya Congo kubera kutumvikana ku bikorwa byo kurwanya inyeshyamba za M23.
Mu kiganiro yagiranye n’abakozi b’akarere hamwe n’abafatanyabikorwa b’akarere ka Kamonyi, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwari, yagaragaje uburyo u Rwanda rwari ruyobowe mbere na nyuma ya jenoside, maze ahamya ko kuva ku bukoloni kugeza kuri Jenoside u Rwanda rwari mu mwijima, naho urumuli rukaba (...)
Abakozi ba banki ya Ecobank mu Ntara y’Uburengerazuba n’iy’Amajyaruguru basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Bisesero ruherereye mu Karere ka Karongi maze banagabira inka eshanu zifite agaciro ka miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda abacitse ku icumu rya Jenoside aho mu Bisesero batishoboye mu rwego rwo kubasha kwibuka biyubaka.
Abarokokeye i Mukarange mu karere ka Kayonza n’Abanyamukarange muri rusange tariki 12/04/2014 bibutse Jenoside yahakorewe banashyingura mu cyubahiro imibiri 30 yabonetse yari itarashyingurwa. Imibiri 26 muri yo yabonetse mu murenge wa Mukarange, ibiri iboneka mu murenge wa Nyamirama, indi ibiri iboneka mu murenge wa Rwinkwavu.
Padiri Bosco Munyaneza wari padiri mukuru wa Paruwasi ya Mukarange mu karere ka Kayonza mu gihe cya Jenoside ni umwe mu bapadiri bagize ubutwari bwo gushaka kurokora Abatutsi bari bamuhungiyeho, kugeza ubwo ahitamo gupfana na bo aho kugira ngo yitandukanye na bo.
Mu buhamya bwatanzwe n’abacitse ku icumu bakomoka mu murenge wa Bushenge mu karere ka Nyamasheke, bavuga ko hari amateka yaranze umusozi witwa Kidashira atazigera asibangana mu mateka yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu kwica abana n’abagore.
Ubwo yatangaga ikiganiro mu murenge wa Save ho mu karere ka Gisagara kuwa kane tariki 10/04/2014, umuyobozi w’intara y’amajyepfo Alphonse Munyantwali, yasobanuye ko ibyo igihugu cy’u Rwanda cyagezeho muri iyi myaka 20 ishize Jenoside yakorewe abatutsi ibaye ni byinshi ndetse abaturage bakaba barabigizemo uruhare runini.
Ryumugabe Alphonse, Umujyanama uhagarariye urubyiriko mu Nama Njyanama y’Akarere ka Karongi, atangaza ko u Rwanda rufite umutekano uhagije ariko ngo rukaba rugifite urugendo rwo kwigobotora ingoyi y’ubukene kuko ngo iri mu bisigaye ku isonga mu guhungabanya umutekano.
Mu kagari ka Kabagesera, mu murenge wa Runda ho mu karere ka Kamonyi ngo hari imitungo yasahuwe muri Jenoside itarishyurwa. Uku kutishyura ngo guterwa n’abagifite imitima yinangiye ariko na bo ntibibaha amahoro mu mitima.
Abagabo batatu bavukana bafite ubumuga bw’ingingo ziciriritse (ibikuri) bamaze imyaka ibiri bakora muri hoteli Muhabura mu Karere ka Musanze, ngo ako kazi kabafashije kuva mu icumbi bigurira inzu yabo bwite y’icyuma kimwe ituzuye ariko bakeneye inzu yisanzuye.
Benshi mu bantu bari kwitabira ibiganiro byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu Rwanda bo mu karere ka Nyanza, biganjemo ahanini urubyiruko, baratangaza ko kutitabira ibi biganiro nta mpamvu bisa no kuyipfobya.
Inkunga igizwe n’imifariso 25 yo kuryamaho n’amabase 25, byakusanyijwe n’abagize Inama Njyanama y’akarere ka Rwamagana ku bufatanye na DEREVA Hotel yo muri aka karere, ku wa Gatanu, tariki ya 11/04/2014 byashyikirijwe imiryango 25 y’abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ivatiri yaturukaga i Kigali yerekeza mu majyepfo yarenze umuhanda igwa mu gishanga cya Nyabarongo. Nyuma y’igihe gito izindi modoka ebyiri zayirangariye zihita zigongana na zo zigwamo, impanuka yabereye ku muhada urenze ikiraro cya Nyabarongo, ahagana mu maha y’issaa tanu z’amanywa kuri uyu wa Gatandatu tariki 12/4/2014.
Abagabo batanu bakomoka mu murenge wa Mataba mu karere ka Gakenke bose bacumbikiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Gakenke, bacekwaho kuba harimo abafatanwe mudasobwa zagenewe abanyeshuri bo muri Groupe Scolaire ya Nyundo muri gahunda ya "One laptop per child."
Ngo Kuba u Rwanda rufite aho rumaze kwigeza nyuma y’imyaka 20 ishize Jenoside ibaye, ahanini ni ukubera imiyoborere myiza irimo kwegereza abaturage ubuyobozi, akaba ari nayo mpamvu ibihugu byinshi bya Africa bifashe iya mbere bikza kwigira ku Rwanda iyo politike.
Kabagari Anastase, umwe mu baturage bagize ubutwari bwo kurokora Abatutsi igihe bicwaga bakanatotezwa mu gihe cya Jenoside mu karere ka Rubavu, yashimwe mu ruhame anagabirwa inka na bamwe mu bo yarokoye akabambutsa umupaka abahungishiriza muri Congo.
Abagabo batatu harimo umusaza witwa Mahirane Laurent uri mukigero cy’imyaka 63 y’amavuko, Sindikubwabo Asumani w’imyaka 24 na Habamungu w’imyaka 27, bari kuri station ya Polisi ya Kibungo kubera kujugunya mu musarane ibitambaro biriho ubutumwa bujyanye no kwibuka Jenoside kunshuro ya 20.
Urubyiruko rwo mu karere ka Burera rurizeza ubuyobozi n’Abanyarwanda ko nta Jenoside izongera kubaho mu Rwanda, kuko rufite ubuyobozi bwiza buhora burbigisha gukunda igihugu kandi rukaba runafite imbara n’ubushake bwo guharanira icyiza gusa.