Ikigo cy’imisoro n’amahoro, Rwanda Revenue Authority (RRA), cyatangije igikorwa kizamara amezi atatu, cyo kubaza abacuruzi niba nta mbogamizi bafite mu gukoresha imashini zitanga inyemezabuguzi za Electronic Billing Machine (EBM); kuko kudatanga fagitire y’iyo mashini byatangiye guhanirwa guhera muri uku kwezi kane.
Koperative zigize ihuriro ry’abarobyi bakorera mu Kiyaga cya Kivu igice cyo mu karere ka Rusizi ngo nizo zigomba gufata iya mbere mu gukumira no kurandura burundu ikoreshwa rya kaningini rikigaragara muri aka karere.
Urwibutso rw’akarere ka Ruhango ruherereye mu murenge wa Kinazi rwashyinguwemo imibiri ibihumbi 60, ibwo iyi mibiri yashyingurwaga tariki 19/04/2014. Yari ihagarariwe n’amasanduko atatu ariko buri sanduku ikaba yari ifite icyo ishatse gusobanura.
Ubwo hibukwaga ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi i Mugombwa ho mu karere ka Gisagara, hagarutswe ku kibazo cy’incike za Jenoside yakorewe Abatutsi muri ako karere kuko abenshi bamaze kugera mu zabukuru, bakaba badafite n’ababitaho.
Mu gitondo cyo kuri uyu wambere tariki 21/04/2014, Abanyarwanda bose bakorera imirimo itandukanye mu mujyi wa Bukavu muri Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo bahagaritswe kongera gukorera muri kongo badafite icyangombwa cya viza.
APR FC yari imaze igihe kinini iri ku mwanya wa kabiri yafashe umwanya wa mbere ku cyumweru tariki ya 20/4/2014, nyuma yo gutsinda Amagaju ibitego 3-0 mu mukino w’umunsi wa 24 wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, naho Rayon Sport itakaza umwanya wa mbere nyuma yo kunganya igitego 1-1 na AS Kigali kuri Stade Amahoro (...)
Ku bufatanye n’inzego za polisi y’igihugu, ubuyobozi bw’umurenge wa Karama mu karere ka Huye buratangaza ko bwafashe ingamba zo gukumira abatwika amakara mu ishyamba ry’ibisi ryashyizwe mu hantu harinzwe.
Umukecuru witwa Mukankuranga Anastasia w’imyaka 80 y’amavuko, utuye mu kagari ka Nyarubuye mu murenge wa Munyiginya wo mu karere ka Rwamagana, asaba urubyiruko rw’u Rwanda kurwanya umutima w’ubunyamaswa ahubwo bakimakaza ubumuntu muri bo kugira ngo bazomore ibikomere u Rwanda rwakomeretse.
Abakristu Gatolika bo mu karere ka Burera, muri santarari ya Butete, Paruwasi ya Kinoni, barasabwa kuba bashya bakitandukanya n’ibibi byose bakagera ikirenge mu cya Yezu Kristu wabitangiye agapfira ku musaraba maze akazuka ku munsi mukuru wa Pasika.
Umugabo witwa Nizeyimana Fidele afungiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba azira gutera amabuye bagenzi be Ndungutse Jean Baptiste na Bizumuremyi Diogene akabakomeretsa bikabije ubu bakaba barwariye mu bitaro bikuru bya Byumba.
Nyuma y’umukino wayihuje na AS Kigali aho yanganyije igitego 1-1 bigatuma itakaza umwanya wa mbere, Rayon Sport yateje imvururu zamaze iminota hafi 20, abakinnyi, abatoza ndetse n’abafana b’iyo kipe barimo gushyamirana na Polisi y’igihugu yababuzaga gutera akavuyo muri Stade Amahoro yari imaze kuberamo umukino.
Umuryango mpuzamahanga wiyemeje kurwanya itsembatsemba no kwigisha ubumuntu, Aegis-Trust, ukaba wita ku rwibutso rwa Jenoside rwo ku Gisozi, wavuze ko abantu n’ibigo (muri rusange) basura cyangwa bibukira ku nzibutso za Jenoside, bagira uruhare rukomeye mu gufasha abarokotse ndetse no kwita ku nzibutso.
Ikipe ya Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Siyansi n’Ikoranbuhanga yegukanye umwanya wa mbere wo guhagararira u Rwanda muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, kubera porogaramu bakoze isuzuma imiterere y’ubutaka umuntu yifashishije ifoto yafashe na telephone.
Uturere turindwi tugize intara y’Uburengerazuba twishyize hamwe dukora sosiyete y’ishoramari izwi ku izina rya WESPIC LTD (Western Province Investment Corporation ) igamije kugira ngo utwo turere tujye duhuza imbaraga z’amafaranga n’ibitekerezo,bagire igikorwa kimwe bakora mu karere kamwe gishobora kwihutisha iterambere, (...)
Hari hashije imyaka 20 imibiri y’Abatutsi ibihumbi 60 bishwe muri Jenoside itarashyingurwa mu cyubahiro, ikaba yabaga ahitwa ku Rutabo mu cyobo kirekire cyiswe CND cyari cyaracukuwe ubwo Jenoside yategurwaga.
Umuhanzi Tuyisenge Jean Bosco uzwi ku zina rya Boston Pro avuga ko ubuhanzi bwe atabukora ngo yishimishe gusa kuko amaze kubona amafaranga ashobora gutuma yirihira kaminuza mu gihugu cya Uganda akaba ageze mu mwaka wa gatatu muri Civil engeneering.
Mu mikino yakinwe ku wa gatandatu tariki ya 19/4/2014, amakipe ya Sunrise FC, Isonga FC na SORWATHE yitwaye neza mu mikino ibanza ya ¼ cy’irangiza mu cyiciro cya kabiri, biyongerera amahirwe yo kuzakomeza muri 1/2 cy’irangiza.
Rugambwa na Habineza bo mu mudugudu wa Ntonyanga akagari ka Cyamuhinda murenge wa Muko mu karere ka Gicumbi barwanye bapfuye ubucuruzi bw’inka maze uwitwa Rugambwa akomeretsa Habineza mu mutwe kuburyo bukabije ndetse aranamuruma amuca ugutwi.
Mu gihe abaturage b’umudugudu wa Rurenge agace kitwa Ibuka gatuwe n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, barasaba kugobokwa kuko ubutaka bwabo bwibarujweho undi muturage, ubuyobozi bw’umurenge wa Rukomo mu karere ka Nyagatare bubizeza ko iki kibazo kizakosorwa vuba kuko uwabubaruweho nawe nta ruhare yabigizemo uretse (...)
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) kibinyujije mu ishyirahamwe ry’abatwara ba mukerarugendo bakanabayobora (RWASAGA/Rwanda Safari Guides Association) bamaze icyumweru mu ntara y’Uburengerazuba n’iy’Amajyepfo mu rugendoshuri kugira ngo babafashe kugira amakuru afatika yatuma bashobora kuganiriza ba mukerarugendo ku (...)
Umuhanzi Dufitumukiza Jeremie uzwi ku izina ry’ubuhanzi nka Kash Power yashize ahagaragara indirimbo “Profit” inenga imikorere ya Primus Guma Guma Super Star (PGGSS).
Abantu batatu barimo umukobwa umwe n’abagabo babiri bitabye Imana biturutse ku mpanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Fuso ifite nomero iyiranga ya RAB765D yabereye mu kagari ka Kizi mu murenge wa Kamegeri mu karere ka Nyamagabe tariki 18/04/2014.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rulindo baravuga ko kuba abaturage badatanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (mituweri) ngo ahanini biterwa n’ubukene kuri bamwe kuko bamwe mu bayobozi b’imidugudu usanga bashyira abantu mu byiciro batarimo.
Ubwo hibukwa ku nshro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Mujyi wa Kibuye hibukijwe ko Interahamwe zo mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibuye ahasigaye ari mu Karere ka Karongi ngo mu gihe cya Jenoside zirirwaga ziririmba ko Imana y’Abatutsi yapfiriye i Rubengera ngo yagiye kubagurira ibijumba.
Bamwe mu baturage barema isoko rya Kivuruga ubusanzwe rirema kuwa Gatatu no kuwa Gatandatu, bavuga ko batishimiye uburyo akazi kabo k’ubucuruzi kabangamirwa n’imvura bitewe n’uko isoko ryabo ritubakiye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bufatanyije n’inzego z’umutekano muri ako karere buratangaza ko bwahagurukiye bikomeye abajya kurangura kanyanga muri Uganda, bazwi ku izina ry’Abarembetsi, kuko bateza umutekano muke kuburyo hari n’igihe bagirira nabi abashinzwe gucunga umutekano ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda.
Mu Karere ka Kamonyi abaturage baho barashishikarizwa kwitabira ikimina cya buri mudugudu, kizashyirwaho mu rwego rwo gufatanya mu bikorwa bitandukanye by’iterambere. Izina ry’icyo kimina rikaba ari “Kwigira System.”
Ikibazo cy’amazi meza mu karere ka Nyanza gihangayikishije umubare munini w’abaturage b’ako, ku buryo abangana na 44% bategerwaho nayo hafi yabo kandi asukuye ibyo ngo bikaba ari imbogamizi ku mibereho myiza y’abaturage bahatuye.
Ubwo abanyeshuri, abarimu n’abayobozi batandukanye b’Ishami rya Kaminuza UR-CAVM, kuri uyu wa Kane tariki 17/04/2014 bibukaga abari abakozi n’abanyeshuri bishwe muri Jenoside 1994, urubyiruko rwasabye kurenga icyitwa amoko yazanye n’abakoloni bagashyira imibere ubunyarwanda ngo ni bwo buzatuma Jenoside itazongera ukundi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, James Musoni aranyomoza amakuru avuga ko haba hari gahunda yo gukora impinduka mu miterere y’uturere, akavuga ko ayo makuru aribwo akiyumva, nk’uko yabitangarije mu mwiherero w’abayobozi uheruka kubera mu karere ka Nyamasheke.
Abahoze ari abarwanyi ba FDLR bemeza ko n’ubwo FDLR ifite ubuyobozi ariko Lt Gen Sylvestre Mudacumura ariwe ugifite ijambo rya nyuma. Banatangaza ko zimwe mu mpamvu zituma atakiboneka ari ukubera atakizera bamwe mu bo bakorana bashaka kumushyikiriza urukiko mpuzamahanga mpanabyaha.
Abamotari ba sosiyeti itwara abagenzi kuri moto SOTRAMORWA baribaza uko bazakomeza gukora n’aho bazabariza imisanzu bayitanzemo, nyuma y’aho ikigo ngenzuramikorere cy’imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA), gishyiriye ahagaragara itangazo rihagarika amwe mu masosiyeti atwara abagenzi kuri moto harimo n’iyi irimo kubera (...)
Ku isaha ya 16h zo ku wa Mbere ushize taliki 14/4/2014 Nyirarwango Lucie umucyecuru w’imyaka 69 nibwo yapfuye mu buryo bw’amayobera aho yari atuye mu kagari ka Rwangara umurenge wa Cyanzarwe akarere ka Rubavu, ariko aza kongera kuzuka mu gihe biteguraga kumushyingura.
Umwana w’umwaka umwe n’amezi atandatu yishe umuvandimwe we w’umwaka umwe n’amezi atatu amusogose icyuma mu mutwe, ubwo ababyeyi baba bana barimo bahata ibirayi byo guteka, ku mugoroba wo kuwa Kane tariki 17/4/2014.
Mu gihe hakomeza gushyirwa imbaraga mu gushyingura mu cyubahiro imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu karere ka Kayonza hakomeje kugaragara ahantu hagiye jugunywa imibiri y’abazize iyo Jenoside, ku buryo bitashoboka kuyihavana ngo ishyingurwe mu cyubahiro.
Abaturage barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu kagari ka Nkungu mu murenge wa Munyaga mu karere ka Rwamagana batangaza ko nyuma y’imyaka 20 Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, babashije kwiyubaka babikesha kubaka “Ubunyarwanda” no guharanira gusenyera umugozi umwe n’abandi Banyarwanda bose.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge babiri n’abandi babiri b’utugari bo mu Karere ka Musanze batawe muri yombi n’inzego z’umutekano kugira ngo babazwe ku kijyanye n’imikoranire yabo n’umutwe wa FDLR urwanya Leta y’u Rwanda.
Kimwe n’indi mikino, shampiyona ya Handball yari yarasubitswe kubera gahunda yo kwibuka, irasubukurwa kuri uyu wa gatandatu tariki ya 19/4/2014 hakazakinwa imikino itatu.
Ikipe ya AS Kigali yatsinze Rwamagana City ibitego 3-1 mu mukino w’ikirarane wa 1/17 cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro wabereye Kicukiro ku wa gatatu tariki ya 16/4/2014, izahura na Rayon Sport muri 1/8 cy’irangiza kuko yo yari yatsinze Sunrise FC ibitego 5-1 mbere ubwo andi makipe yakinaga 1/16 cy’irangiza.
Nyuma yo kubisaba, abayobozi b’imidugudu igize akarere ka Nyamasheke bemerewe na minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, James Musoni, ko umwaka utaha w’ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de santé) uzatangira mu kwezi kwa Nyakanga bose bazarihirwa na Leta.
Mu gihe bamwe mu bafite virusi itera SIDA mu murenge wa Nyagatare bavuga ko bakeneye ubufasha bwihariye nk’uko mbere babuhabwaga n’imiryango itandukanye, ubuyobozi bwa komite y’aka karere ishinzwe kurwanya SIDA bwo buvuga ko abatishoboye bafashwa nk’abandi bose kuko bahawe ubufasha bwihariye byaba ari ukubaha akato.
Urubyiruko rwo mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Byumba ruvuga ko mbere yo kujya gusezerana n’uwo bagiye gushyingiranwa ku ivangamutungo rusanjye ruzajya rubanza kureba imitungo y’uwo bazabana mbere yo kujya gusezerana.
Maniraguha Theoneste w’imyaka 47 wigisha mu murenge wa Mutendeli kuri GS.Kibara, akurikiranwe n’izego z’ubutabera kuba yaravanguye abanyeshuri abigisha amoko akanabasaba kuvuga ubwoko bwa buri muntu.
Mu karere ka Kirehe kimwe n’ahandi mu cyahoze ari intara ya Kibungo hakunze kwera ibitoki mu gihe cyashize byatumaga bengesha ibirenge, ariko ubu basigaye bengesha intoki mu rwego rwo gusigasira isuku.
Urubanza rwa Hagumamahoro Sylvan wiyise Hora Sylvestre wari umukozi wo mu rugo i Nyamirambo; ngo rwanyuze umuryango wa Mujiji Deo wiciwe umwana witwaga Uwase Isimbi Shalom bakundaga kwita Bella, ndetse rugaragara nko gucubya umujinya abaturage bari bafitiye uregwa ubwo bwicanyi.
Urwego rw’abanyamakuru bigenzura mu Rwanda RMC, Rwanda Media Commission, rwatangaje ko rwitandukanyije n’abanyamakuru babiri bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye, ruvuga ko nyuma y’igenzura rwasanze ibyo baregwa ntaho bihuriye n’umwuga n’amahame y’itangazamakuru.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James, mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Nyamasheke kuri uyu wa kane, tariki ya 17 Mata 2014, yagiranye n’ abakuru b’imidugudu igihango cyo kubungabunga umutekano ku buryo butari busanzwe kandi bakazatereka intango (inzoga) igasangirwa ubwo bazongera guhura bishimira ko ibyo (...)
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera baratangaza ko inzoga y’inkorano yitwa “Umunini” iri guteza umutakano muke kuko abayinywa basinda cyane aho banyuze bakagenda barwana cyangwa se bagera mu ngo zabo bagakubita abo bashakanye.
Mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 20 Abatutsi bishwe muri jenoside bashyinguye mu rwibutso rwa Nyange mu karere ka Ngororero kuri uyu wa 16 Mata 2014, Minisitiri w’Umuco na Siporo Mitali Protais yamaganye byimazeyo abantu bagifite ubwicanyi mu bitekerezo byabo.