Intara ya Rhénanie Palatina irashima imibanire myiza ifitanye n’akarere ka Kirehe iyo ntara ikizeza akarere kuyishakira ikipe yagirana umubano n’ikipe ya Kirehe.
Mu Ntara y’Amajyepfo haracyagaragara ikibazo cy’abagabo bamwe baha akato bagenzi babo, kuko bafasha abagore babo mu mirimo itandukanye mu rugo.
Mu gutera inkunga umubyeyi ukennye wabyaye abana 3, kuwa 27 Ugushyingo 2015, ubuyobozi n’abakozi b’Akarere ka Ngororero bamugeneye ibihembo.
Knowless arasaba abafana kwihangana ku bw’amashusho y’indirimbo Te Amo yakererewe, kubera ikibazo cy’uko amashusho hari ibyari bikibura bituma basaba ko byakosoka.
Serivisi ishinzwe Imibereho Myiza mu Karere ka Huye iratangaza ko imvura yaguye ku gicamunsi cyo ku wa 26 Ugushyingo 2015 yashenye amazu 170.
Mu Nteko Rusange y’Umuryango wa FPR-Inkotanyi yateranye kuri uyu wa 29 Ugushyingo 2015, abanyamuryango bagaye abangiza isura y’umuryango bakora ibinyuranye n’amahame yawo.
Mu Rwanda, ubuhinzi bw’indabo ntiburitabirwa cyane ariko ababushoyemo imari bahamya ko iyo bukozwe neza bubinjiriza amafaranga bakazamura imibereho yabo.
Nyuma y’umuganda usoza ukwezi k’Ugushyingo 2015, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Ambassaderi Claver Gatete, yasabye abaturage kwita ku biti byatewe babungabunga amashyamba.
Abafite ubumuga bwo kutabona bavuga ko hari benshi muri bo bafite ubushobozi bwo gukora imirimo itandukanye ariko ntibagirirwe icyizere.
Minisitiri w’Umutungo Kamere, Vincent Biruta, yasabye abaturage b’Akarere ka Gatsibo kwita ku biti babibungabunga kuko bifite akamaro kanini mu buzima bw’umuntu.
Abaturage b’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge bahangayikishijwe n’amazi y’imvura amanukana ubukana kuri Mont Kigali akangiza ibikorwa byabo.
Kuri uyu wa Gatandatu,mu karere ka Nyamagabe hasojwe icyumweru cyahriwe imikino,ibirori byahuriranye no gusoza ukwezi kw’imiyoborere myiza
U Rwanda rwemereye Ikigo Farm Gate (gikorera henshi muri Afurika), kuba cyateye ibiti bya macadamia miliyoni imwe mu myaka icumi.
Mu muganda usoza Ugushyingo, abaturage b’Umurenge wa Miyove mu Karere ka Gicumbi bakoze umuyoboro w’amazi uzabafasha kubona amazi meza.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugira inama guverinoma rugiye gukora ubuvugizi ku bibazo bigaragara mu ruganda rutunganya imyambati rwa Kinazi.
Abakirisitu gatolika basaga ibihumbi 60, tariki 28/11/2015, bateraniye i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru bizihiza isabukuru ya 34 y’amabonekerwa ya Bikira Mariya.
Mu karere ka Gatsibo kimwe no mu tundi turere dutandukanye tw’Igihugu, haracyagaragara ibibazo mu myigire y’abana bafite ubumuga.
Mu murenge wa Mpanga imvura yaguye ku mugoroba wo kuwa 26/11/2015 yangije imyaka y’abaturage ku buso buri hafi ya Hegitare.
Nk’uko biba biteganyijwe icyumweru cya nyuma cy’ukwezi kiba cyarahariwe igikorwa cy’umuganda aho abaturage bareba igikorwa cy’ingirakamaro bakwiye gukorera hamwe kandi bakanungurana ibitekerezo ku byabateza imbere
Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare ryashyikirije inkunga y’ibikoresho by’isuku bifite agaciro k’ibihumbi 762 nabo bizeza kutabigurisha.
Inama y’igihugu y’abagore mu karere ka Rutsiro ivuga ko igiye kurwanya imirimo mibi ikoreshwa abana bo muri aka karere.
Abaturage bakoreye rwiyemezamirimo ufite isoko ryo gutwara abakozi b’Akerere ka Rusizi baravuga ko bamaze imyaka 3 barambuwe Miliyoni 15.
Abahizi ba kawa bo mu murenge wa Remera, ntibishimiye igiciro bahabwa ku ikawa n’imiti batera mu ikawa ngo ikaba idahagije.
Mu karere ka Nyanza imvura yahasenye amazu ayandi irayasakambura inangiza n’imihanda ku buryo byahagaritse imigendaranire.
Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyanza, Habimana Kayijuka John Herbert yeguye ku mirimo ye ku mpamvu ze bwite.
Umuryango ‘Women for Women International’ uravuga ko iterambere ry’abagenerwabikorwa bawo (abagore bakennye), ngo ririmo kwanga kuko uruhare rw’abagabo babo rutagaragara.
Uburyo bwo kuvura abantu bahungabana kubera ibibazo bahura na byo bwitwa "Logotherapie" ntibusaba imiti runaka ariko ngo bufasha benshi.
Mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije mu turere tw’ishyamba rya Gishwati, byasabye Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibidukikije (REMA) gukoreshwa amafaranga asaga miliyari 2.58Frw.
Bamwe mu babyeyi baranengwa kugira uruhare mu gutuma abana babo bagana imihanda bakaba inzererezi, kubera kubafata nabi babahoza ku nkoni.
Ku muhanda Huye- Nyaruguru imodoka y’ikamyo yafunze umuhanda mu murenge wa Huye ahitwa muri Nyamuko, ihagarika ingendo zose z’imodoka zahanyuraga.
Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Giheke mu karere ka Rusizi baravuga ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina risenya ingo zabo.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, tariki 26 Ugushyingo 2015, hirya no hino mu gihugu haguye imvura yangije ibintu, mu gihe ahandi itari ikanganye.
Bamwe mu batuye Akarere ka Karongi, bavuga ko babangamirwa na bamwe mu bayobozi batubahiriza amasaha y’inama bakirirwa babanitse ku zuba.
Imiryango ibarirwa muri 60 mu Karere ka Gicumbi ntigira aho yikinga nyuma yo gusenyerwa n’imvura ivanze n’umuyaga mu mezi 2 ashize.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, RRA, gikomeje gukangurira abantu batandukanye kwaka inyemezabuguzi itangwa n’akamashini ka EBM kugira ngo hirindwe inyerezwa ry’imisoro.
Kubera abaturage benshi bagaragaza ko bangirijwe ibyabo n’isosiyete ikora umuhanda China Road, ubuyobozi busanga iki kibazo gikwiye gukurikiranwa mu maguru mashya.
Abahinzi b’urutoki mu Karere ka Karongi barasabwa kubahiriza gahunda yashyizweho y’uko urutoki rwabo rugomba kuba rurimo 50% by’ubwoko bwa Fia ku buso bahinze.
Mu mvura yo ku mugoroba wo kuri uyu wa 26 Ugushyingo 2015, inkuba ihitanye babiri mu Karere ka Nyagatare undi ajyanwa kwa muganga yahungabanye.
Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi yategetse Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Rusasa kwishyura amatungo y’umuturage yateje cyamunara binyuranyije n’amategeko.
Urukiko rw’ibanze rwa Kabarondo rwemeje ko abakozi b’ibitaro bya Rwinkwavu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rw’umubyeyi wahaguye barekurwa by’agateganyo.
Komisiyo ishinzwe kuvugurura amategeko mu Rwanda (RLRC) n’inzego bakorana, basubiye mu masezerano mpuzamahanga u Rwanda rwashyizeho umukono biyemeza kuyubahiriza.
Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze mu karere ka Musanze butangaza ko mu gihe cy’amezi abiri ikibazo cy’umwanda uhagaragara kizaba cyakemutse.
Abana babiri bavuka mu kagari ka Rurangazi, Umurenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza bishwe n’umugezi wa Mwogo barohamye.
Umugabo witwa Bitonderubusa Fidele wari utuye mu Murenge wa Cyinzuzi, Akagari ka Migendezo, mu Mudugudu wa Gitabage yiciwe aho yararaga izamu mu ijoro rishyira tariki 26/11/2015.
Rugimbabahizi Philemon w’imyaka 93 yakomerekeje umuhungu we anatema umukazana we abaziza ifumbire mvaruganda y’ikawa bari bafashe we akayibura.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Ubumenyi bw’ikirere mu Rwanda buvuga ko amakuru ikigo gitanga mu bijyanye n’imihindagurikire y’ikirere atari ibinyoma nk’uko bamwe babikeka.
Umushinwakazi wari warabuze mu myaka 10 ishize, bazi ko yapfuye, bamusanze yibera mu nzu zicuruza murandasi (Cyber Café).