Komisiyo ishinzwe Abakozi ba Leta iratangaza ko abantu 880 babonye imyanya muri Leta, mu bagera ku 33.374 bari basabye akazi muri 2014-2015.
Abimuriwe ku umusozi wa Kibangira mu murenge wa Bugarama muri Rusizi bahunga amanegeka, baravuga batarongera kubona inkunga bahabwaga na Leta.
Ndayishimiye Jean de Dieu, wakize indwara y’igicuri, avuga ko afite impungenge z’uko ashobora guhezwa ku murimo kubera iyo ndwara yarwaye.
Bamwe mu banyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge y’Akarere ka Karongi, ntibavuga rumwe n’Akarere ku ngano y’amafaranga agenerwa Imirenge buri kwezi.
Abagabo bafite abana barwaye bwaki nyuma yo kwigishwa uburyo barwanya iyo ndwara biyemeje gufasha abagore babo kurera abana babo.
Abarwanyi ba FDLR bane basize ubuzima mu bitero byo gusahura abaturage ahitwa i Rugari barashwe n’ingabo za Kongo tariki 16-17 Ugushyingo 2015.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi(MINAGRI) irateganya gushyiraho urubuga (Forum) ruzajya rugira inama abahinzi kugira ngo hanozwe servisi bahabwa.
Minisitiri Rugwabiza Valentine arasaba abarangiza amashuri mu Rwanda gutinyuka bakambuka imipaka bashaka akazi mu muryango EAC.
Abafatanyabikorwa b’Akarere ka Kamonyi basanga mu mihigo y’akarere hakwiye kwibandwa ku kuzamura umuturage kuko iterambere rye ari na ryo ry’igihugu.
Minisiteri z’ingufu mu Rwanda na Congo kuri uyu wa 19 Ugushyingo 2015 zasinye amasezerano y’ubufatanye mu kugenzura ubucukuzi bwa Gaz Methane mu Kivu.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Rutsiro kuva ku wa 17 Ugushyingo 2015 ari mu maboko ya Polisi ashinjwa kurya ruswa.
Kuri uyu wa kane Abanyamabanga Nshingwabikorwa 72 b’Utugari tugize Akarere ka Nyaruguru bashyikirijwe telefoni ngendanwa bemerewe na Perezida Paul Kagame.
Umukobwa witwa Ingabire Marie Agnes yaraye agerageje kwiyahura akoresheje umugozi, bamutesha atarabasha kugera ku mugambi we.
Umugabo witwa Sengorore Anastase wari ufite imyaka 35 yamaze gupfa nyuma yo kurohama mu mugezi wa Kigoya, avuye kugura inka.
Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda yatoye ishingiro ry’umushinga w’itegeko rigenga ubushakashatsi n’ubucukuzi bwa Peteroli mu Rwanda.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) kirizera ko mu kwezi kw’imiyoborere kugiye gutangira, kuzarangira byinshi mu bibazo by’abaturage byaburiwe ibisubizo bikemutse.
Kuri uyu wa 18 Ugushyingo abantu 2 bo midugudu wa Mirama I na Mirama II biyahuye umwe yitaba Imana.
RDB ngo yahisemo kwegera abikorera ibamenyesha serivise itanga kugira ngo bazikoreshe mu kwihutisha iterambere nk’abakiriya bayo b’imena.
Kutubahiriza amasezerano hagati ya rwiyemezamirimo n’Akarere ka Nyamagabe ku nyubako y’ibiro by’akarere bigatuma kubaka bihagarara, bishobora gutuma impande zombi zigana inkiko.
Ku munsi wa 5 w’irushanwa rya Tour du Rwanda,Debesay Mekseb ukinira Bike Aid abaye uwa mbere akoresheje ibihe bimwe na Nsengimana Bosco uyoboye urutonde
Ministeri y’imari (MINECOFIN) yashimiye MTN umusanzu yatanze mu kigega Agaciro Development Fund, ivuga ko byibutsa abandi gukomeza gushyigikira iterambere ry’igihugu.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) rwatangiye guha imyenda abagororwa batitabwaho n’imiryango yabo; runasaba imiryango kujya isura abantu bayo bafunzwe.
Bitewe n’uko habayeho kwibeshya ku ngano y’amafaranga yo kubaka “Mukamira Guest House” mu Karere ka Nyabihu, bigiye gusaba irindi soko ngo yuzure.
Abakunzi b’imikino cyane isiganwa ry’amagare bo mu karere ka Ngororero, baravuga ko bategereje kongera kureba umukino rukumbi babasha kwirebera imbonankubone.
Ibiro bya Polisi mpuzamahanga [INTERPOL] muri Espagne byohereje ubutumwa mu bihugu 190 iyo polisi ikoreramo bihagarika ikwirakwizwa ry’inyandiko zita muri yombi abasirikari 40 b’u Rwanda.
Guverinoma y’u Bufaransa yemeje ko bamwe mu basirikare bayo biyunze ku barwanyi b’umutwe ugendera ku mahame y’idini ya Islam [ISIS].
Abaturage b’Akagari ka Buhoro Umurenge wa Ruhango, baravuga ko bafite ubuzima bwiza nyuma yo kwigishwa guhinga akarima k’igikoni.
Nyuma y’isuzuma ryakozwe ku ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo, abayobozi b’ibanze basabwe gushyira imbaraga aho bakiri inyuma kugira ngo bazabashe kuyesa.
Abakora umwuga wo gucukura amabuye y’agaciro mu karere ka Gatsibo, baratungwa agatoki ko ari ba nyirabayazana mu gutuma ibidukikije byangirika.
Abaturage b’Akarere ka Kayonza bemeza ko bageze ku ntera ishimishije mu bumwe n’ubwiyunge, kuko nta mwiryane cyangwa ivangura rikibagaragaramo.
Abahataniye kuyobora imirenge n’umuyobozi bw’ushinzwe imari mu karere ka Nyanza ntibemera amanota babonye mu gihe RALGA igaragaza ko ari ayabo.
Abaturage bimuwe mu manegeka bo mu mirenge ya Muganza na Bugarama baravuga ko amazu bubakiwe ari kubasenyukiraho bagacumbikirwa n’abaturanyi babo.
Abakarasi bo muri gare ya Nyabugogo bakoze ikigorwa cyo gukusanya amafaranga ibihumbi 35 ngo bagoboke umugore n’amabana be bane batishoboye.
Minisitiri wa Congo ushinzwe Hydrocarbure yageze mu Rwanda gusinya amasezerano y’ubufatanye n’ u Rwanda mu kubungabunga ikiyaga cya Kivu.
Mu gihe Etape ya 4 abasiganwa ku magare bazananyura mu muhanda Mukamira –Ngororero,barasabwa kuzitondera ibice byangiritse by’uyu muhanda.
Ubushakashatsi bwakozwe na RGB muri uyu mwaka, bugaragaza ko hakiriho serivisi abaturage bo mu Majyepfo bavuga ko badahabwa neza n’ubuyobozi.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bwibutsa ko butazajenjekera abubaka mu kajagari, kuko ngo biteza Leta igihombo n’imibereho mibi ku baturage.
Banki ya ECOBANK yatangije uburyo bushya bwo gutanga ikarita izwi nka Visa Card idakenera kuba uyikoresha afite konti muri banki kugira ngo abone amafaranga ye.
Umunyarwanda Nsengimana Bosco yegukanye umwanya wa mbere kuva i Kigali kugera Musanze,ahita akomeza kuyobora urutonde rusange rwa Tour du Rwanda 2015.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buvuga ko ukudahuza umwaka w’ingengo y’imari n’abafatanyabikorwa biri mu bidindiza imihigo.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari two mu Ntara y’Amajyepfo, tariki 17/11 bashyikirijwe Telefone zigezweho bita smartphones bemerewe n’umukuru w’igihugu.
Abavumvu bo mu mirenge ya Ruheru na Busanze mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko amashyamba baturiye bayabyaza umusaruro kandi batayatemye.
Ibitaro bya Butaro biratangaza ko mu Karere ka Burera habarirwa abarwayi 2304 bafite ibibazo byo mu mutwe bakurikiranirwa hafi.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) irasaba abayobozi b’ibigo by’amashuri nderabarezi (TTC) byahawe imodoka kutazikoresha mu nyungu zabo mu rwego rwo kuzifata neza.
Ubushakashatsi buherutse gushyirwa ahagaragara, bugaragaza ko 38% by’abana bari munsi y’imyaka itanu mu ntara y’Uburasirazuba bafite ibibazo by’imirire mibi.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Kagano bavuga ko batemera uburyo abaturage batishoboye bahawe inkunga y’ingoboka muri VUP.