Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba bwaburiye abaturage bafite ingeso yo gutema inka z’abaturanyi babo, ko uzafatirwa mu cyuho azahanwa nk’utifuriza igihugu iterambere.
Urujijo mu itsinda B ry’amarushanwa y’amakipe yabaye aya mbere mu mupira w’amaguru I Burayi ruvuyeho Manchester na CSKA Moscou zisezerewe.
Umuhanzikazi Knowless Butera yashyize ahagaragara amashusho ya "Te amo " yakoranye n’Umunyazambia Roberto, nyuma y’ibizazane yahuye na byo kuri video ya mbere.
Ubwo hatangizwa Ukwezi ko Kurwanya Imirire Mibi mu Karere ka Nyagatare, kuri uyu wa 08 Ukwakira, hanezwe ababyeyi bagurisha ibyagenewe kurwanya imirire mibi.
Abaturage bo mu turere twa Kirehe na Ngoma bibumbiye mu makoperative ahinga kawa barashima umuryango wa INADES-Formation Rwanda ku byo ibafasha mu buhinzi n’ubworozi.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari 97 tugize Akarere ka Gakenke baratangaza ko terefone bagenewe na Perezida Kagame bajejweho kuri uyu wa 9 Ukuboza 2015 zizatuma bazajya bihutisha raporo.
Mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije abaturage bo mu Karere ka Gicumbi batangiye guteka kuri canarumwe kuko idasaba ibicanwa byinshi.
Abayobozi bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke barasabwa gufatanya n’abaturage kugira ngo amatora yose yitegurwa azagende neza.
Abakinnyi 32 bagomba gutangira umwiherero kuri uyu wa gatatu wo kwitegura CHAN bamaze gutangazwa harimo 9 batakinnye CECAFA
Muvunyi Eugene wari umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Kabagesera mu Murenge wa Runda yareguye, bisigara bihwihwiswa ko yanyereje amafaranga y’inyubako y’akagali.
Iyo igihugu gituwe n’umubare munini w’abagore ariko ubuyobozi bukiharirwa n’abagabo, demokarasi ngo iba irwaye, nk’uko Inama nyafurika ku miyoborere yabigaragaje.
Mu mugezi w’Akanyaru unyura mu Karere ka Nyaruguru bahatoraguye umurambo w’umugabo witwa Harindintwari Innocent wari umaze icyumweru yaraburiwe irengero.
Kuva mu kwezi k’Uwakira 2015, mu ntara y’Uburasirazuba hamaze gufatirwa ibiyobyabwenge birengeje miliyoni 42Frw, hanafatwa 28 bafite aho bahuriye nabyo.
Kuri uyu wa Gatanu i Nyamata harabera isiganwa ry’amamodoka rizwi nka Rally des milles collines,isiganwa rizakoresha Milioni zigera kuri Milioni 50
Kuri uyu wa kabiri harakomeza imikino ya UEFA Champions league aho hakina itsinda A kugeza kuri D,aho amaso Ahanzwe Cyane itsinda B
Ubushakashatsi bwakozwe na Transparancy Internatinal Rwanda (TI-Rw) kuri ruswa mu mwaka wa 2015, bwagaragaje ko hari ruswa mu byiciro binyuranye by’amashuri mu Rwanda.
Abaministiri b’imari b’ibihugu binyurwamo n’Umuhora wa ruguru (Northern Corridor), bazagaragariza abakuru b’ibihugu aho imishinga y’ibikorwa remezo byayo igeze ku wa kane 10 Ukuboza 2015.
Kirumugabo Joseph w’imyaka 78 y’amavuko ukomoka mu Murenge wa Nyagisozi, Akarere ka Nyanza yiyahuye arapfa bivugwa ko yari arambiwe kubaho.
Abanyarwanda baba muri Côte d’Ivoire, kuri uyu wa 5 Ukuboza 2015 bakoze ubusabane bwo kwifuzanya gusoza umwaka neza binjira muri 2016.
Ikigo cya Rwanda Stock Exchange igeze kure imyiteguro yo kugeza mu karere u Rwanda ruherereyemo ibikorwa ikora bijyanye n’iby’soko ry’imigabane.
Ba rwiyemezamirimo barasaba ko mu tunama tw’amasoko hakongerwamo abantu batari abakozi b’uturere, kuko byatuma badakomeza kurenganya abapiganirwa amasoko babaka ruswa.
Abagore bo mu Murenge wa Musha muri Rwamagana barasabwa guhaguruka bagakora kuko gutegera amaboko abagabo muri byose bituma bahohoterwa.
Minisiteri ishinzwe kurwanya Ibiza no gucyura impunzi iributsa Abanyarwanda bari mu buhunzi kubuvamo, kuko nyuma y’umwaka nta mfashanyo bazaba bagihabwa.
Ubuyobozi bw’urugaga rw’abikorera mu ntara y’Amajyaruguru, buratangaza ko imurikagurisha rya 2015 ribera i Musanze ryakiriye abamurika ibikorwa barenze abari bateganyijwe.
Bamwe mu bana bo mu kibaya cya Bugarama mu Karere ka Rusizi, bavuga ko iwabo babasaba gucuruza mu gihe cy’ibiruhuko.
Green houses 24 z’abatubuzi ubwabo mu Rwanda zabashije gukemura ikibazo cy’imbuto nziza y’ibirayi ziva kuri 2% zabonekaga zigera kuri 25%.
Abanyeshuri 14 bo mu ishuri rya gisirikare rya Kenya (NDC) bari mu ruzinduko rugamije kwiga uko ingabo z’u Rwanda zicunga umutekano.
Komisiyo y’Afurika yunze ubumwe (AUC) irasaba ibihugu byigize umugabane w’Afurika gufatira urugero ku Rwanda mu gushyira abagore muri politiki.
Twibanire Joyeuse umugore w’imyaka 21 wo mu Mudugudu wa Nyakatsi, Akagari Gahama, mu Murenge wa Kirehe yashatse gukiza umwana agogwa n’imodoka ahasiga ubuzima.
Ikipe y’inteko ishinga amategeko yatsinze EALA yerekeza ku mukino wa nyuma mu mikino ihuza inteko zishinga amategeko muri Afrika y’ibirasirazuba
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Nemba muri Gakenke bahangayikishijwe no kutagira ibyangombwa by’ubutaka bwitwa ko ari ubwabo.
Ubwo bizihizaga umunsi w’abafite ubumuga tariki 3/12/2015, abafite ubumuga bo mu Karere ka Huye bamurikiwe kandi bishimira igikombe cyegukanywe n’ikipe y’abatabona.
Mukantaganda Bujeniya wo mu Karere ka Ngororero avuga ko imiyoborere idaheza yatumye ashyira ahagaragara umwana we ufite ubumuga.
Igihugu cya Arabiya Sawudite gifite gahunda ko umwaka wa 2020 uzasanga bafite inzu (tower) ifite ubuhagarike bwa kilometero.
Epiphanie Mukamwezi wo mu Murenge wa Kibirizi muri Gisagara, ufite ubumuga bwo kutabona, afite kantine yikoreramo akanakira abakiriya bamugana.
Komite y’abafite ubumuga mu Karere ka Ruhango, iravuga ko kuba baritaweho n’ababyeyi na Leta, bituma babayeho neza.
Intara y’Uburasirazuba yatangije ukwezi k’ubukangurambaga mu kurwanya imirire mibi ubu iri ku kigero cya 34%, nk’uko byagaragaje n’ubushakashatsi butandukanye bwakozwe.
Abagize Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kenya baravuga ko gusura Urwibutso rwa Jenoside mu Rwanda, bigiye kubafasha guhozaho mu kuyikumira.
Perezida Paul Kagame akaba n’Umuyobozi wa FPR Inkotanyi yatangaje ko ibizava muri Kamarampaka (Referendum) ari cyo gisubizo cy’abashaka ko akomeza kuyobora.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yazamuye abapolisi barenga 550 mu ntera harimo 21 bari ku ipeti rya Chief Superintendent bashyizwe ku rya Assistant Commissioner of Police (ACP).
Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’ingabo w’ikirenga, Paul Kagame, yazamuye mu ntera abasirikare 5726 mu byiciro bitandukanye barimo n’Abajenerali 10.
Umuryango AVEGA, w’Abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi, watangije gahunda ya “AVEGA wWeek” igamije kurushaho kwegera abanyamuryango ngo bahabwe ubufasha bakeneye mu miryango.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi basabwe gukora badasobanya, bagaharanira ishema n’agaciro by’Abanyarwanda bihutisha iterambere ritagira uwo risiga inyuma.
Mu nteko rusange y’abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Karere ka Gicumbi bishimiye ibyo bagezeho mu mwaka wa 2014-2015 biyemeza no kubisigasira.
Uwizeye Jean Claude ukinira Les Amis Sportigs y’i Rwamagana niwe wegukanye isiganwa ryavaga Kigali ryerekeza i Nyanza kuri uyu wa gatandatu
Nyirantereye Gaudance w’imyaka 85 wari utuye mu Kagari ka Shyembe mu Murenge wa Gihango muri Rutsiro yasanzwe mu gikoni yitabye Imana bakeka ko yiyahuye.