Abatuye umudugudu wa Kabahushi mu Murenge wa Murama akarere ka Ngoma, wakusanije miliyoni 2Frw bigurira matera n’amashyiga agezweho ya cana rumwe.
Ababaruramari 922 mu gihugu hose bari gukora ibizamini, bibashoboza kuba abanyamwuga no kwirinda ibihombo mu bigo bakorera.
Urwego rw’umuvunyi rwahuje abayobozi b’ingeri zitandukanye mu Ntara y’Amajyepfo basobanurirwa ingaruka ziri mu guhishira ruswa n’akarengane.
Umwana w’imyaka 10 wo mu Karere ka Rulindo mu Murenge wa Tumba yishe murumuna we w’imyaka 5
Miss Erica Urwibutso Nyampinga w’Ibidukikije mu Rwanda (Miss Earth Rwanda), yabuze ubushobozi bwo kwitabira irushanwa rya Miss Earth ku rwego rw’isi.
Abakinnyi 20 bazatorwamo umukinnyi witwaye neza mu mukino w’amagare mu mwaka wa 2015 bamaze gutangazwa,barimo Abanyarwanda 3
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) n’ubuyobozi bw’uturere ntibavuga rumwe ku buryo bushya bwo gukusanya imisoro n’amahoro ugereranyije n’uko uturere twayikusanyaga.
Abana biga babifashijwemo n’Umuryango Imbuto Foundation, bavuga ko bahawe ubufasha batari babwiteze, none ngo bazawitura bazafasha Abanyarwanda bakeneye gufashwa.
Mu Ntara y’Iburengerazuba haravugwa ubwoko bwa ruswa isabwa abahabwa inka muri gahunda ya Girinka izwi ku izina ry’Ikiziriko.
U Rwanda rurakomeza gusaba ibihugu bigicumbikiye abakekwaho kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi, kubata muri yombi bagashyikirizwa ubutabera.
Icyicaro gikuru cy’Ishuri Rikuru ry’Afrika ry’Ubumenyi mu Mibare (AIMS), guhera mu mwaka utaha wa 2016, kigiye kwimurirwa mu Rwanda kivuye muri Afurika y’Epfo.
Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma rwatangaje ko Habakurama Wellars waregwaga kwica Nsengiyumva Iriniga ahamwa n’icyaha, ahita ahanishwa igifungo cya burundu.
Inzego zitandukanye zikorera mu Murenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi, ziyemeje kurihira ubwisungane mu kwivuza abantu 261 batarariha, bakazagera ku bunani babasha kwivuza.
Umuryango DUHAMIC-ADRI watangije umushinga tariki 01/12/2015 wo gufasha abahinga igishanga cya Rugeramigozi uzatwara akayabo ka Miliyoni zisaga 200 .
Ubuyobozi bw’intara y’Uburasirazuba buravuga ko imihigo y’umwaka wa 2015/16 uturere tuyigize dufatanyije n’ibindi bigo yagiye idindira.
Itorero UZ et Coutumes rigarutse i Kigali kwerekana ikinamico ryateguye ryise “Entre nous” (Hagati yacu) mbere y’uko rizenguruka ibindi bihugu.
Abahinzi bakivanga imyaka mu murima barasabwa kubireka kuko bidatanga umusaruro ku muhinzi, mu rwego rwo kongera umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi.
Abatuye mu murenge wa Miyove mu karere ka Gicumbi bamenye ko kuboneza urubyaro ari ryo banga ryo gutera imbere.
Amavubi abifashijwemo na Bakame wafashe Penaliti imwe,ndetse n’abakinnyi batsinze Penaliti zose,basezereye Kenya berekeza 1/2
Ubusanzwe abanduye virusi itera SIDA batangizwaga miti imibiri yabo yatangiye gucika intege ariko ubu ngo bazajya bayitangira bakimenya ko banduye
Abagabo bo mu murenge wa Bugeshi barahamagarirwa kureka umuco wo guharika abo bashakanye kubera amafaranga ava mu musaruro w’ibirayi.
Abagize komite nyobozi y’Ihuriro ry’abana mu gihugu batangiye gutorwa, barizeza ko ibibazo birimo kutiga n’ibiyobyabwenge, bazabigeza ku babishinzwe.
Abanyarwanda 72 batashye mu Rwanda kuri uyu wa 1/12/2015 bahungutse muri Congo, bakaba bakiriwe mu nkambi ya Nyagatare iherereye mu Karere ka Rusizi.
Umusore witwa Haruna Kubwimana wo mu Kagari ka Karambo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Rutsiro yakubitiwe mu kabari aza kwitaba Imana.
Abadodera imyanda muri Santere ya Congo-Nil mu Murenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro banze gukorera mu gakiriro bavuga ko byabahombya.
Urubyiruko 30 bitegura kuba DASSO batangiye amahugurwa i Gishari, bafite gahunda yo gufasha bagenzi babo basanzwe mu mwuga kubungabunga umutekano.
Umuryango Action Aid uvuga ko gahunda uri gufatanyamo n’Akarere ka Karongi ku ishyirwaho ry’amashuri y’incuke, izatuma abagore babohoka bagakora.
Ndengabaganizi Ephrem, uhinga kawa mu mirenge ya Murama, Mutenderi na Remera y’Akarere ka Ngoma, avuga ko ubu buhinzi bwamuteje imbere kandi bugaha akazi abakozi 30 buri munsi.
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo avuga ko gahunda ya “Kora Wigire”, ihura n’ingorane ziturutse ku myuvire ya bamwe mu baturage.
Abaturage b’Akarere ka Kamonyi baravuga ko umugoroba w’ababyeyi udakwiriye gufatwa nk’umwanya w’imiryango ifitanye amakimbirane gusa kuko abawitabira baganira no ku iterambere.
Umwanditsi akaba n’umushakashatsi, Innocent Nizeyimana, yamuritse igitabo kivuga ku mateka y’u Rwanda kuva mu gihe cy’ubukoloni yise “Ubumwe bw’Abanyarwanda mu mateka yabo.”
Rayon Sports ibifashijwemo na Manishimwe Djabel yamaze kwerekeza muri ½ cy’irushanwa Rayon Sports Christmas Cup,izamukana na Kiyovu,AS Kigali na Mukura
Mu gihe hasozwaga ukwezi kwahariwe imiyoborere mu Karere ka Nyaruguru,abaturage banenze abayobozi b’inzego z’ibanze kuba barangarana ibibazo byabo nkana.
Abaturage bataratanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (MUSA)bibukijwe ko bagomba gukurikiza umuhigo Akarere kihaye wo kurangiza umwaka wa 2015 kari ku 100%.
Abafatanya kuyobora umudugudu barasabwa kudasiganira inshingano bashinzwe, bagafatanya mu gucunga umutekano aho batuye no gukumira ibyaha bitaraba
Maniragaba Jean Pierre, utuye mu murenge wa Mwogo mu karere ka Bugesera afasha abaturage kubona imbuto z’insina kuko afite uburyo bwo kuzitubura.
Mu muganda wo ku rwego rw’igihugu wabereye mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza kuri uyu wa 30 Ugushyingo 2015 bateye ibiti bya Macadamia 100.
Abaturage ba Bereshi mu Kagari ka Hehu muri Bugeshi mu Karere ka Rubavu bashimiwe uruhare rwabo mu kubungabunga umutekano no gucyura uwahoze muri FDLR.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Murenge wa Bugeshi bafashije umurenge n’umuryango kugera ku byo biyemejwe bashimiwe n’inteko rusange y’umuryango.
Buri gihugu cyashyize umukono ku masezerano mpuzamahanga yo kurwanya iyicarubozo gisabwa gushyiraho urwego rukurikirana ishyirwa mu bikorwa ryayo.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo, yitabiriye inama mpuzamahanga yatumiwemo ibihugu 150 ku isi yiga ku mihindagurikire y’ikirere no kuyifatira ingamba.
Irushanwa rihuza abahanzi b’uturere twa Nyamasheke na Rusizi, Kinyaga Award, ryatangiranye udushya n’ibintu bidasanzwe.
Bamwe mu bagore n’abagabo bo mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga baravuga ko batagishyamirana iwabo kubera umugoroba w’ababyeyi.
Imiryango 25 mu Murenge wa Mwulire i Rwamagana yorojwe amatungo magufi n’ikimina cy’abakozi b’ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro, IPRC EAST.
Abaturage 5235 bo mu ngo 1047 mu murenge wa Gahengeri mu karere ka Rwamagana begerejwe amazi meza.
Impuzamiryango Pro-Femme Twese Hamwe yahaye ubwisungane mu kwivuza abatishoboye ijana bo mu karere ka Ngoma bari barabuze uko biyishyurira.