Bamwe mu bafungiwe muri gereza ya Nsinda bavuye ku izima bemera ibyo byaha banabisabira imbabazi, nyuma y’igihe bafungiwe ibyaha batemera.
Bamwe mu bacuruzi bafite amaduka akomeye mu mujyi wa Nyanza, baravugwaho kuba badatanga fagitire ku bakiriya ku bw’impamvu z’uburiganya.
Abayobozi b’imijyi yo mu bihugu bigize akarere k’ibiyaga bigari, barasuzuma uburyo bakuraho imbogamizi zigaragara mu buhahirane bw’abaturiye imipaka.
Abakorerabushake batangiye gushyikiriza amakarita y’itora abaturage no kwandika abagejeje igihe cyo gutora kuri lisiti, kugira ngo batazacikanwa n’amatora y’inzego z’ibanze.
Mu nteko rusanjye yahuje inzego z’ubuyobozi mu Karere ka Gicumbi, Minisitiri Francis Kaboneka yasabye abayobozi gufasha abaturage kunoza isuku mu ngo.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyafashe toni 10 z’ikawa yaguzwe mu Rwanda, ijyanywe mu gihugu cya Ugande mu buryo bwa magendu.
Bus ya ONATRACOM, kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2015 yahiriyemo ibicuruzwa igeze mu Kagari ka Rutaraka mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare.
Umuyobozi w’ibitaro bya Muhororo mu Ngororero avuga ko hari abaturage batakigana amavuriro bagifatwa n’indwara abakivuza barembye kubera kutagira Mitiweli.
Ubwinshi bw’abantu bari baje kureba Tour du Rwanda mu Karere ka Huye, bwatumye hari serivisi zihagarara abandi bataha ntacyo babonye.
Abatuye ahari gukorwa umuhanda uhuza Utugari 2 mu karere ka Rutsiro batangaza ko batunguwe no kubona umuhanda ukozwe bakarandurirwa imyaka batarabimenyeshejwe.
Umushinga w’Itegeko Nshinga rishya usigaje intambwe ebyiri za nyuma kugira ngo uhinduke Itegeko, nk’uko Sena yabyemeje none tariki 17/11/2015.
Umunyarwanda yegukanye agace ka kabiri ka Kigali - Huye, mu marushanwa ya Tour du Rwanda ari kubera mu Rwanda.
Nyuma yo guhugurwa mu kwihangira imirimo urubyiruko,mu karere ka Ngoma rutangaza ko hakiri urubyiruko rurangije amashuri rusuzugura imishinga y’igishoro gito.
Abanyeshuri biga mu ishami ry’ubuhinzi muri IPRC-South, bikorera umuti urwanya ibyonnyi mu myaka bifashishije ibyatsi biboneka mu Rwanda.
Abaturage b’Umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, barishimira ko bamaze kubona amapoto y’umuriro, ariko ngo bifuza kumenya igihe bazacanira.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Butare mu Karere ka Rusizi Nsengimana Claver nawe yanditse asaba kwegura ku mirimo ya Leta.
Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Kirehe yasabye abashoferi bakorera mu muhanda Dar es-Salaam-Kigali kugabanya umuvuduko wo nyirabayazana w’impanuka zikomeje gutwara abantu.
gukora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro byatumye abagore babasha kwiteza imbere kuko amafaranga bakuramo ngo abahesha ibyo bakeneye.
Abagize ihuriro ryo kuzamura imirire mu Karere ka Gicumbi SUN (Scaling Up Nutrition) bafashe ingamba zo kwigisha ababyeyi gutegura indyo yuzuye.
Abarokoye abatutsi mu gihe cya Jenoside bituye inka abo barokoye nyuma y’uko abarokotse Jenoside babanje kubagabira babashimira ibyo babakoreye.
Umuhanzi Queen Cha yasobanuye ko izina akoresha mu muziki rikomoka ku mazina y’ababyeyi be yafashe akayahuza mu rwego rwo kubashimira.
Kuri uyu wa 15 Ugushyingo abagabo 3 bo mu murenge wa Karama Akarere ka Nyagatare bafunzwe bakekwaho kugaburira abaturage inyama z’imbwa.
Uruganda rushya rw’amazi rwubakwa mu Nzove ndetse no kongerera ubushobozi urwari ruhasanzwe bigiye gukemura burundu ikibazo cy’amazi mu mujyi wa Kigali.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibyoherezwa hanze biva ku buhinzi(NAEB), cyafatiriye Toni 10 za kawa tariki 16/11/2015, zari zijyanywe muri Uganda.
Ku munsi wa kabiri wa Tour du Rwanda,umunya Eritrea Debesay Mekseb ukinira Bike Aid yo mu Budage niwe wegukanye umwanya wa mbere
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Fidel Ndayisaba, aratangaza ko abatuye uyu mujyi badakwiye guhangayikishwa n’impinduka zihagaragara kuko biri mu biranga iterambere.
Mu gusoza icyumweru cyo kumenyekanisha amahirwe yo kuba muri EAC, abaturiye umupaka wa Rusumo basabwe kuwugirira isuku batera ibiti banabungabunga ibikorwa remezo.
Abaturage baturiye umupaka wa Rusizi ya mbere na Bukavu bakomeje kwibaza impamvu ikiraro gishya gihuza ibihugu byombi kidakoreshwa kandi cyaruzuye.
Kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2015 mu ma saa mbeli n’igice, mu gishanga cya Base mu Karere ka Ruhango batoraguye umurambo w’umuntu ariko ntibamenya uwo ari we.
Abaturage bo ku kirwa cya Nkombo mu Karere ka Rusizi baravuga ko abana babo barwara bwaki kubera kutitwabwaho n’ababyeyi bombi.
Abayobozi n’abaturage b’Akarere ka Bugesera barasabwa kwimakaza gahunda ya Ndi Umunyarwanda kuko ari byo bizatuma igera ku ntego zayo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu buratangaza ko abafite umuriro muri aka karere umwaka urangira bageze ku kigero cya 17,5%.
Ribambere Diel w’imyaka 35 y’amavuko wo mu Murenge wa Mbuye, yafashwe n’abanyerondo ku wa 14 Ugushyingo 2015, ngo agiye kwiba imyumbati baramukubita kugeza apfuye.
Abanyamuryango b’ishyaka PL mu Ntara y’Iburengerazuba bibukijwe ko ntawe ukira atakoze, basabwa kugira umuco wo gukunda umurimo ndetse n’igihugu.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi batangaza ko kutagira amazi meza byabateye kurwara indwara ziterwa n’umwanda.
Nyampinga w’Umurage, Keza Joannah, yabaye uwa kane mu marushanwa y’Ubwiza bushingiye k’Umurage ku Isi mu birori byabereye muri Afurika y’Epfo.
Abaturage b’Umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, barishimira icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge, kuko gisize abantu umunani batishoboye bubakirwa amazu.
Abanyamuryango ba koperative COCELERU y’abafite Virusi itera SIDA n’abafite ubumuga mu murenge wa Rukomo barishimira ko batakishyurirwa Mitiweli nk’uko byahoze.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Gicumbi batangaza ko ubukene ari bwo bubatera kutubaka ubwiherero bwujuje ibisabwa ngo bongere isuku yo mu ngo.
Polisi y’u Rwanda yerekanye abajura babiri yafatiye i Gikondo ku mugoroba wo kuwa Gatanu, bibisha imbunda yo mu bwoko bwa Pistolet.
Bibiliya yahoze yanditse mu Kilatini ariko inyandiko "Dei Verbum", yatumye iki gitabo gishyirwa mu zindi ndimi, n’Ikinyarwanda kiboneraho mu 1990.
Kuwa 13 Ugushyingo, imiryango itandukanye n’amatorero bikorera muri Ngororero batangije umushinga witwa SUN ugamije kurwanya imirire mibi muri aka karere.
Nyuma y’imyaka ibiri n’igice ari mu bucuruzi bw’isombe, Uramukiwe Immaculee ahamya bwamugejeje kuri byinshi birimo inzu ya Miliyoni eshanu.
Muri Tombola yabereye muri Serena Hotel ikanitabirwa na Nyakubahwa Perezida wa Republika,u Rwanda rwatomboye bizwi mu mupira w"amaguru muri Afrika