Polisi mu Karere ka Muhanga iratangaza ko itazihanganira abacukuzi b’amabuye y’agaciro badakurikiza amategeko.
Abacukuzi b’ubumucanga muri Rubavu bavuga ko urugendo rwa Perezida Kagame rwatumye ubucuruzi bw’umucanga muri DR Congo bwari bwarahagaze busubukurwa.
Ubuyobozi bwa CID butangaza ko gushakira amahirwe hanze y’u Rwanda byorohereza icuruzwa ry’abantu kuko ababuzwa kugenda bashyiramo ko babuzwa amahirwe.
Ubuyobozi bw’Akagari ka Ntango mu Murenge wa Nyabitekeri buravuga ko bwatangiye ubukangurambaga ngo umuco wo gutanga isake uhaba ucike burundu.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gisanze, Umurenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi ari mu maboko ya Polisi ashinjwa gukubita no gukomeretsa umuturage.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 31 Werurwe 2016, umucungagereza wa Gereza ya Karubanda mu Karere ka Huye yarashe umugororwa ngo washakaga kumwambura imbunda.
Mu ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20,abakinnyi 12 bamaze gukurwamo nyuma yo gusuzuma ibyangombwa byabo
Abajyanama b’uturere n’Umujyi wa Kigali baributswa ko gutera imbere hakoreshejwe gusaranganya ibyiza by’igihugu ari byo bigira akamaro mu iterambere ryacyo n’abagituye.
Ubushakashatsi bw’ikinyamakuru the Economist bugaragaza ko Abanyafurika bafite ubudahangarwa ku ndwara kurusha Abanyaburayi n’Amerika, bitewe no kwitabira inkingo.
Ku nshuro ya kabiri, KT RADIO ya Kigali Today Ltd, yakoze Inkera y’Umwaka ikesha ijoro.
Umuryango w’Abanyeshuri bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (AERG) wyiyemeje guhugura abanyamuryango bawo barangiza kwiga bakabura akazi.
Perezida Paul Kagame yibukije ko amahugurwa y’abayobozi ku nzego zitandukanye ari ngombwa kugira ngo buri wese abashe kuzuza insingano yahawe.
Umuryango Mustartd Seed Institute ufatanyije na Rwanda Youth Action Network,batangije urubuga rw’ibiganiro rwiswe “Kigali Business Roundtable” ruhuza ba rwiyemezamirimo, bakungurana ibitekerezo, bagasangira ubunararibonye n’amakuru yabafasha kwiteza imbere.
Mu isomwa ry’urubanza Col Tom Byabagamba na bagenzi be bari bakurikiranywemo n’ubushinjacyaha bwa gisirikare, Col Tom Byabagamba yakatiwe imyaka 21, anamburwa impeta za Gisirikare.
Leta y’u Rwanda yagaragarije abashoramari mpuzamahanga mu by’amabanki n’ibigo by’ubwishingizi, amahirwe yo kuza gukorera mu Rwanda ndetse n’imishinga y’iterambere.
Perezida Kagame arasaba abayobozi kwihana amakosa bakora bagashishikariza abaturage gukora cyane aho guhindukira ngo barye n’ibyo bagenerwa.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame aranenga abayobozi bagize akamenyero gukora amakosa bakarangwa n’ibirarane by’ibibazo bidakemuka kandi nyamara bahora babiganiraho.
Itorero ry’abayobozi ry’abagize Inama Njyanama z’uturere n’Umugi wa Kigali basimo gusoza, kuri uyu wa 31 Werurwe 2016 itorereo ry’ibyumweru bibiri bagiriraga i Gabiro biyemeje gukosora ibyakorwaga nabi.
Ubuyobozi bwa Gereza y’Abagore iri mu Karere ka Ngoma buratangaza ko umubare munini w’abagore bahafungiwe watereranwe n’imiryango yabo ikaba itabasura muri gereza.
Kuri uyu wa 30 Werurwe 2016 ahagana mu ma saa kumi n’imwe z’amanywa mu Murenge wa Kisaro muri Rulindo impanuka ya moto ebyiri yahitanye abantu batatu.
Abakobwa 24 batsinze neza mu byiciro binyuranye by’amashuri basabwe n’abayobozi batandukanye gukomeza kubera abandi urugero mu bikorwa byabo bya buri munsi.
Abanyeshuri bize mu kigo cy’ubumenyi ngiro VTC/Bumba muri Rutsiro batangaza ko ubumenyi bahawe bwabafashije kurwanya ubushomeri babona akazi.
Umukecuru Kabagema Anastasie utuye mu Kagari ka Kayenzi, Umurenge wa Bwishyura Akarere ka Karongi yababanaga n’akarima k’igikoni mu nzu yenda kumugwaho.
Ibihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba(EAC), byamaze guha imyitozo ya gisirikare abazabirindira umutekano nk’igihugu kimwe, barimo abasirikare, abapolisi n’abasivili.
Guhera tariki 11 Mata 2016, Akarere ka Ruhango kazatangira kwimurira mu rwibutso rushya imibiri ibihumbi 20 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Kuri iki cyumweru taliki ya 03/04/2016 nibwo Rayon Sports izakora inama y’inteko rusange ndetse n’amatora y’umuryango wa Rayon Sports
Aborozi bo mu Murenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare bashyiriwe amazi mu nzuri, barasabwa kuyabungabunga kugira ngo azarambe yongere n’umukamo.
Abatuye Akagari ka Marimba mu Karere ka Gatsibobiyubakiye ibyumba bitatu by’amashuri, mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cyari kibarembeje cy’abana bataga ishuri.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iributsa ko hakenewe uruhare rwa buri wese mu guhashya ikibazo cy’abana bata ishuri, kuko abarenga 50% batagera mu yisumbuye.
Umuhanzi Gasigwa Pierre avuga ko yahimbye indirimbo itaka ubwiza bw’umuhanda wa “Kivu Belt” ashimira ngo ashimire Perezida Kagame wakuye abaturage mu bwigunge.
Mu muhango wo gutaha inyubako nshya y’Icyicaro Gikuru cya Polisi, kuri uyu wa 30 Werurwe 2016, Perezida Kagame yasabye Polisi y’u Rwanda kurangwa n’umurimo unoze.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare yageze i Kigali ivuye muri ALgeria aho yanegukanye rimwe mu masiganwa agize Grand tour d’Algerie
Guhera Ku wa 29 Werurwe 2016, ikigo cy’imari icirirtse “CAF Isonga” cyafunze imiryango mu mashami yacyo ane mu Karere ka Ruhango na Muhanga.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba bwafashe icyemezo cyo kubuza abanyeshuri biga mu mashuri y’uburezi bw’ibanze kuba mu macumbi azwi nka ‘ghetto’ bacumbikamo.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb Claver Gatete, arashishikariza abikorera gushora imari no mu rwego rw’ubuzima kugira ngo bifashe buri Munyarwanda kubone ubuvuzi bwiza.
Minisitiri w’umuco na Siporo Uwacu Julienne yatangaje ko u Rwanda nta mwanya rufitiye abanyamahanga bapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abatepite bo muri Côte d’Ivoire bari mu ruzinduko mu Rwanda bavuga ko bagiye gukorera ubuvugizi n’iwabo abagore bakiyongera mu nzego zifata ibyemezo.
Bamwe mu baahutse bavuye mu mashyamba ya Congo bavuga ko gutoroka FDLR bashaka gutahuka bisaba gutekereza cyane kuko utigengesereye wahasiga ubuzima.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge itatu, abashinzwe VUP n’abaturage; bose hamwe bagera kuri 14 mu Ntara y’Iburasirazuba, bamaze gutabwa muri yombi bazira kunyereza amafaranga yari agenewe gufasha abatishoboye.
Umuyobozi w’Ikigega cyita ku Iterambere ry’Ubuhinzi (IFAD), avuga ko u Rwanda ruza ku isonga muri Afurika mu gukoresha neza inkunga barutera mu buhinzi.
Umuryango Imbuto Fondation wongeye gutanga ibihembo ku bana b’abakobwa bahize abandi mu mitsindire y’amasomo, ubasaba kwirinda gutwara inda zitateganijwe.
Bamwe mu bagabiwe inka muri Gisagara baravuga ko bafite icyizere ko zizabahindurira imibereho mu gihe bemeza ko bari babayeho nabi.
Mu gihe abaturage batangaza ko mu bucukuzi bw’umucanga bakuramo amafaranga, ubuyobozi bw’umurenge bwo bubabuza kubukora kuko ngo bukorwa mu kajagari bukangiza ibidukikije.
Umuyobozi w’Ibitaro bya Nyanza, Dr Hakizimana Kagabo Léon, n’umubaruramari witwa Kabalisa Roger Victor baburiwe irengero kuva mu cyumweru gishize.