Mu mpera z’iki Cyumweru mu Rwanda hari hakomeje Shampiona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru, aho yongeye gusiga Kiyovu itsinzwe nk’ibisanzwe
Umunyarwenya Kayitankore Njoli uzwi nka Kanyombya atangaza ko nyuma yo kubatizwa, ubu yitegura gukina filime azakinamo ari Yesu.
Minisitiri w’Ingabo Gen Kabarebe James yabwiye intore z’Impamyabigwi ziri gutorezwa mu Kigo gitoza Umuco w’ubutore ko, iyo urwana urwanira ukuri kandi uharanira uburenganzira bwawe wavukijwe, nta kabuza utsinda urugamba.
Umuyobozi w’Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere, Prof Shyaka Anastase, yasabye intore z’Abanyamakuru gukorana umwuga wabo umutima nama, birinda gukora bagamije indonke gusa, icyo mw’itorero bita kuba Mitima Nda.
Ikipe ya Bugesera yamaze gusinyana amasezerano y’ubufatanye na Sosiyete ya Excel Energy kugeza umwaka w’imikino wa 2016/2017 urangiye
Abagenzi n’abakorera muri gare ya Ruhango binubira kuba nta nyubako ziyirimo, bigatuma batabona aho bugama imvura n’izuba.
Mu Karere ka Rutsiro ku mugoroba wo kuri uyu wa 22 Mata 2017 inka yaraye iramburuye (ibyaye inka zitagejeje igihe) utunyana dutanu.
Ikipe ya Rayon Sports inaniwe kwishyura ikipe ya Rivers United ibitego 2-0 yayitsindiye muri Nigeria, binayiviramo guhita isezererwa
Abakozi n’abakunzi ba Banki ya Cogebanque bunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bashyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame avuga ko ihohoterwa rikorerwa abari n’abategarugori rigomba kurwanywa aho riva rikagera bihereye mu miryango.
Abakozi n’abayobozi ba Banki y’abaturage y’u Rwanda (BPR) bibutse abari abakozi b’iyo banki babarirwa muri 33 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Impanuka ikomeye y’imodoka yabereye mu Gatsata muri Gasabo yahitanye abantu batatu abandi batandatu barakomereka bikomeye.
Kuri uyu wa Gatandatu kuri Stade Amahoro hategerejwe umukino ushobora guhindura amateka ya Rayon Sports n’umupira w’amaguru w’u Rwanda
Nyampinga w’u Rwanda 2017, Elsa Iradukunda atangaza ko yiteguye guhura na Nyampinga w’Akagari ka Rukaragata ko muri Muhanga wifuje ko bahura.
Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwemeza ko gahunda rwatangiye yiswe ‘Nk’uwikorera’, yo kureba uko servisi zitangwa ahantu hanyuranye izazana impinduka ifatanyije n’izindi zisanzweho.
Hakizimana Evariste bakundaga kwita Muneza wari umwe mu bakozi batatu bakomerekejwe n’inkongi y’umuriro yibasiye uruganda rukora inzoga muri Tangawizi rw’i Musanze yitabye Imana.
Mu Mujyi wa Roma mu Butaliyani hatashywe umuhanda witiriwe inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Polisi yerekanye abantu batatu bakekwaho gucuruza urumogi barukuye muri Repuburika Iharanira Demukarasi ya Congo bakarukwirakwiza mu baturage batuye mu gihugu cyose.
Nyuma y’ibyumweru bibiri Shampiona ya Basketball mu Rwanda itari gukinwa, kuri uyu wa Gatanu abakunzi bayo barongera gususuruka
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Diane Gashumba, avuga ko bigayitse cyane kubona abari bashinzwe kuvura abantu ari bo babica mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ikipe ya Rivers United yaraye igeze mu Rwanda, abaje kuyitegurira urugendo babanza gutangaza ko ikipe yabo iri muri hotel ihenze ya Radisson Blu
Ministeri y’ubutabera(MINIJUST) hamwe n’Urwego rushinzwe imiyoborere (RGB) batangaza ko abanoteri bafite imitangire mibi ya serivisi irimo ruswa n’ikimenyane.
Jean Sayinzoga wari umuyobozi wa komisiyo yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abavuye ku rugerero, uherutse kwitaba Imana yashyinguwe mu cyubahiro.
Umugore ucururiza amandazi hafi y’Urwunge rw’Amashuri rwa Rwingwe rwo mu Murenge wa Mwendo, mu Karere ka Ruhango, yinjiranye icyuma mu kigo agitera umwana yahuye nawe.
Umuririmbyi Davis D yemeza ko atatunguwe no kujya mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star (PGGSS) kuburyo ngo ashobora gutungurana akaryegukana.
Antoine Hey uheruka kugirwa umutoza w’Amavubi, arateganya guhamagara abakinnyi 42 mu igeragezwa ry’imbaraga (Test Physique)
Abagize Umuryango w’Abagide mu Rwanda bemeza ko kumenya amateka yaranze u Rwanda harimo n’aya Jenoside yakorewe Abatutsi, bizabafasha kuyirwanya.
Umuhanzi Teta Diana agiye gukorera igitaramo i Geneva mu Busuwisi, amafaranga azakivamo akazagurira mitiweri Abanyarwanda 5000 batishoboye.
Ikigo gishinzwe Iteganyagihe (Meteo Rwanda) kivuga ko amakuru gitanga ku iteganyagihe, kiyagenzura kigasanga cyavuze ay’ukuri ku rugero rwa 85%.
Umuyobozi wa Komisiyo y’Igihugu y’Itorero akaba n’Umutahira mukuru w’intore, Rucagu Boniface, yatangarije abanyamakuru bitabiriye Itorero ko kubatoza umuco w’Ubutore, atari ukubangamira uburenganzira bwabo.
Abaturage b’akarere ka Nyarugenge bamurikiwe imodoka 10 biguriye mu musanzu bagiye batanga buri wese uko afite, zizabafasha gukaza umutekano no mu bikorwa by’isuku.
Mu mukino ubanza wa 1/16 w’igikombe cy’Amahoro, Rayon Sports inyagiye Rugende Fc ibitego icyenda ku busa
Uruganda ruciriritse rukora inzoga muri Tangawizi ruzwi ku izina rya “Umurage Enterprise” ruri i Musanze rwibasiwe n’inkongi y’umuriro yangiza byinshi.
Umukino wa 1/16 w’igikombe cy’amahoro uhuza Amagaju n’AKagera, urabera ku kibuga giteye impungenge kugikiniraho.
Ibendera ry’igihugu ryo ku Kagari ka Rubona, Umurenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma, ryari ryabuze, barisanze mu bwiherero bwa SACCO y’uwo murenge.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi bufatanyije n’inzego z’umutekano n’abaturage, bameneye mu ruhame ibiyobyabwenge bifite agaciro gasaga miliyoni 25RWf.
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pascal Nyamurinda, avuga ko umutekano utagera mu gihugu cyose udahereye mu ngo kuko byose bihera mu miryango.
Umukinnyi Mugheni Fabrice yamaze guhagarikwa icyumweru muri Rayon Sports, anakatwa umushahara nyuma yo kugaragaza imyitwarire mibi muri iyi kipe
Guinea n’u Rwanda byagenewe itike z’ubutumire zo kwitabira igikombe cy’Afurika kizabera muri Congo Brazzaville
Madame Jeannette Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi muri Djibouti, aho yaherekeje Perezida Kagame, yeretswe uburyo abagore bo muri icyo gihugu biteza imbere.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Muhanga baravuga ko babangamiwe no gukurwa ku nkunga ya FARG bagashyirwa mu byiciro by’ubudehe.
Akanama k’umutekano n’amahoro k’Afurika Yunze Ubumwe (AU) karahamagarira ibihugu byo muri Afurika bicumbukiye abakoze ibyaha bya Jenoside kubacira imanza cyangwa bikabohereza mu Rwanda.
Kuva KT Radio yatangira kumvikana mu gace k’Iburengerazuba bw’igihugu, abagaturiye bemeza ko batangiye kumva ibiganiro n’amakuru bishya batari basanzwe bamenyereye.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame bageze mu gihugu cya Djibouti mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.