Abantu bafite ubumuga bwo kutabona bifuza ko bashyirirwaho uburyo bw’amajwi bwakoreshwa kugira ngo bamenye abakandida bityo bitorere ubwabo.
Minisitiri w’ubutabera, Johnston Busingye, aratangaza ko nta mugambi rusange wihishe inyuma y’amagereza amaze iminsi agaragaramo inkongi z’umuriro hirya no hino mu gihugu.
Nyirangegera Carolina ufite myaka 101, avuga ko yakuriye mu bihe byaranzwe n’ubugome, itotezwa n’ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi, ibi bihe bikaba byaraganishije kuri Jenoside yamutwaye benshi mu muryango we.
Itsinda ry’abanyeshuri 22 bamaze iminsi ine mu Rwanda bareba uko igihugu cyubahiriza ihame ry’ubukungu budaheza, basubiye iwabo bafite ingamba zo kuvuganira u Rwanda.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) kirahamagarira abahinzi kuba maso kandi bagatanga amakuru ku cyonnyi cya nkongwa idasanzwe yibasiye ibigori.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangije ku mugaragaro imirimo y’Ikigo gikomeye giteza imbere imibare n’ubumenyi muri Afurika (AIMS) kimuriye icyicaro cyacyo mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Rubavu butangaza muri 2017 bamaze kwakira abarwayi umunani bakeneye amaraso ariko bakanga kuyaterwa bavuga ko kuyongererwa ari icyaha.
Ikipe ya Mukura ntiyahiriwe n’umunsi wa 22 wa Shampiona nyuma yo kunyagirwa na AS Kigali, mu gihe Kiyovu nayo itikuye imbere y’ikipe ya nyuma
Mu marushanwa mpuzamahanga akinwa n’abafite ubumuga (Para-Taekwondo) yaberaga mu Rwanda, asojwe u Rwanda rwegukanye imidari 6, runegukana igikombe nk’igihugu cya mbere muri rusange.
Urubyiruko rwiga mu mashuri makuru na kaminuza rweretswe uburyo Afurika yava mu gisa n’ubukoroni, ikigira idategereje ibiva hanze yayo.
Urubyiruko rurahamagarirwa guhangana n’abagishaka kurubibamo ingengabitekerezo ya Jenoside kandi rukabwiza ukuri isi ku mateka y’u Rwanda.
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 1 Mata 2017 Nsengimana Jean Bosco ukinira ikipe ya Benediction mu magare yegukanye irushanwa ry’amagere Rwanda Cycling Cup 2017 nyuma yo gusiga bagenzi be akoresheje amasaha ane n’iminota 14.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga (MYICT) ku bufatanye n’inzego zitandukanye, irashaka uko ikoranabuhanga ryagera ku baturarwanda bose bageze igihe cyo kurikoresha.
Uko imyaka ishira indi igataha,imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994 ikomeza kugenda itahurwa hirya no hino aho yagiye ijugunywa, gusa hari itazigera iboneka kubera aho yatawe nyuma yo kwicwa.
Imibiri y’abishwe n’abacengezi mu 1997 bo mu karere ka Musanze, yari ishyinguye hamwe n’imibiri y’abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, yamaze kwimurwa no gushyingurwa mu irimbi.
Abahanzi 10 bari mu irushanwa rya Guma Guma Super Star (PGGSS) banditse ibaruwa basezera muri iryo rushanwa bavuga ko binubira uburyo iry’uyu mwaka wa 2017 riteguye.
Kuri uyu wa 31 Werurwe 2017, ni bwo ku ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda Ferwafa hasojwe amahugurwa y’abifuza kuba abatoza b’ejo hazaza bo ku rwego rwa Licence D.
Scheikh Hamdan Habimana wahoze muri Mukura yatorewe kuyobora ihuriro ry’ibigo byigisha abana umupira w’amaguru
Ubuyobozi bw’umuryango Transparence International bwatangiye ubukangurambaga bwo gukumira amakimbirane ku bafungwa bimwa uburenganzira n’imiryango yabo.
Kaminuza Gatulika y’u Rwanda (CUR) itangaza ko yakomorewe kwigisha ibijyanye n’ubumenyi bwa Laboratwari (Biomedical Laboratoy Science) nyuma y’imyaka itatu yari ishize bihagaritswe.
Abashoramari b’Abanya-Australia n’Abanyamerika bamaze iminsi mu ruzinduko mu Rwanda, babonye imari mu bwubatsi bw’inzu ziciriritse, biyemeza guhita bafungura sosiyete izabibafashamo.
Umuryango w’Abanyakoreya y’Epfo witwa “Human in Love” wubakiye abaturage muri Rweru mu Bugesera irerero aho bazajya basiga abana babo bakabafata mu masaha y’umugoroba.
Umuraperi Navio wo muri Uganda atangaza ko yifuza gukorana indirimbo n’abaririmbyi bo mu Rwanda mbere yo gusubira iwabo ku buryo ngo hari nabo batangiye kuganira.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 31 Werurwe 2017, Gereza ya Kimironko yafashwe n’inkongi y’umuriro, abagororwa barindwi bakomereka ku buryo bworoheje bagerageza kuyihunga.
Hon. Rusiha Gaston avuga ko nta mwana ukwiye kubuzwa kwiga kubera ubumuga afite kuko hari uburyo bwashyizweho bworohereza abafite ubumuga butandukanye bakiga.
Mwizerwa Dieudonné Umunyarwanda wari usanzwe ari umwe mu basifuzi bemerewe gusifura amarushanwa ya Karate ku rwego rwa Afurika , ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, yatsinze ikizami kimwemerera kuba Umusifuzi wa mbere muri Afurika y’Uburasirazuba (EAC) wemerewe gusifura amarushanwa yo ku rwego rw’isi.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Musabyimana Jean Claude atangaza ko muri iyo Ntara isuku igiye kurushaho kwitabwaho nk’uko ivanjiri yitabwaho mu Kiliziya.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside, Dr Bizimana Jean Damascene, mu bushakashatsi yakoze yagaragaje ibikorwa bitandukanye by’ingenzi, bigaragaza ku buryo buziguye itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi hagati ya Mata na Nyakanga 1994.
Mashami Vincent na Higiro Thomas bahawe akazi ko kuba abatoza bungirije Antoine Hey uheruka kugirwa umutoza w’Amavubi
Ubuyobozi bw’umuryango w’ubukungu w’ibihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari (CEPGL) n’ubw’Umuhora wa Ruguru basinye amasezerano y’ubufatanye agamije iterambere ry’umuturage.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umukino njyarugamba TAEKWONDO buratangaza ko abakinnyi 4 bamaze kuvanwa ku rutonde rw’abemereewe kwitabira imikino nyafurika ya Taekwondo y’abafite ubumuga (Para-Taekwondo Open 2017)
Sheikh Hamdan wiyamamariza kuyobora ihuriro rizwi nk’Ijabo Ryawe aravuga ko nyuma y’igihe kirekire umupira w’abana utitabwaho yiteguye kuwuvana mu mvugo no mu mpapuro akawushyira mu bikorwa.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’imari (Zigama CSS) gihuriwemo n’abagize inzego zishinzwe umutekano, bwatangaje ko kwizigamira no kugurizanya bimaze guhesha 70% by’abanyamuryango inzu zo kubamo.
Abafite ubumuga bwo kutumva mu Rwanda, bibaza niba guhuza amategeko kw’ibihugu byo mu muryango w’ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bizabahesha impushya zo gutwara imodoka nk’ahandi.
Inzu yagenewe kubika amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, imaze imyaka isaga 10 idakorerwamo, yarangiritse ku buryo ishobora no gusenyuka.
Abantu babiri bo mu Murenge wa Bwira muri Ngororero bitabye Imana naho 34 bari kwa muganga kubera ikigage banyoye bikekwa ko cyari gihumanye.
Kaminuza y’amahoteri, ubukerarugendo n’Ikoranabuhanga mu bucuruzi (UTB) yatangije gahunda yo kwigisha ururimi rw’Igiswahili mu rwego rwo gufasha ababishaka kurumenya byihuse.
Amandine Juru, Umukobwa wa Eugene Habimana wamenyekanye ku izina rya Cobra Cadillac kubera akabyiniro kitwa Cadilac yari yarubatse kagakundwa cyane mu Mujyi wa Kigali , yanejejwe cyane n’uko se yakiriye agakiza akabatirizwa mu mazi menshi.
Sosiyete y’itumanaho MTN yatangaje ko izavugurura serivisi zo kugura iminota yo guhamagara(packs), ndetse no gukomeza gahunda yo gutanga inguzanyo(mokash).
Jean Daniel Mbanda wabaye umudepite mu nteko ishingamateko akomoka mu ishyaka rya PSD hagati 1994-1999, wari watangaje ko aza mu Rwanda, yatangaje ko atakihageze kuri uyu wa 29 Werurwe 2017.
Abanyeshuri biga mu bigo byo mu karere ka Rusizi bataha mu bindi bice by’igihugu babuze uko bataha kubera ko Police yafashe imodoka zidafite icyuma kigabanya umuvuduko.
Ikipe ya Rayon Sports yanikiye andi makipe nyuma yo gutsinda Sunrise mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Hashize imyaka umunani Ikirezi Group gitangiye gutanga ibihembo ku baririmbyi bitwaye neza kurusha abandi mu Rwanda, bizwi nka Salax Awards.
Abakandida barenga 950 bahuriye ku kizami cy’akazi cyatanzwe na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), bahatanira imyanya ibiri.