Iteganyagihe mu Rwanda riracyabangamiwe n’uko guhanahana amakuru hagati y’Ikigo gishinzwe iteganyagihe (Meteo Rwanda) na Minisiteri ishinzwe guhangana n’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) bitaranoga.
Nubwo umuhanzi Andy Bumuntu atangiye kumenyekana muri iki gihe kubera indirimbo ze zikundwa n’abatari bake ngo ibyo kuririmba yabitangiye akiri muto.
Ubuyobozi bw’umuryango wa Africa y’Iburasirazuba butangaza ko mu myaka itanu iri imbere ubumenyi, ikoranabuhanga n’ubushakashatsi bizaba biri ku rwego rushimishije mu bihugu biwugize.
Umukinnyi wa Tennis,Havugimana Olivier usanzwe ari kapiteni w’ikipe y’igihugu agaragaza imvune abakinnyi ba Tennis mu Rwanda bahura na zo kubera amikoro make.
Seninga Innocent utoza ikipe ya Police Fc yiteguye kwitwara neza imbere y’ikipe ya Mukura bazakina kuri uyu wa Gatanu i Huye
Polisi y’igihugu ivuga ko nibura kuva muri Mutarama 2017 abantu 20 bahitanwa n’impanuka buri kwezi, bivuze ko bose hamwe ubu bageze ku 180.
Imvura nyinshi yaguye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane tariki 12 Ukwakira 2017, yateje inkangu zangije umuhanda wa kaburimbo Gakenke-Musanze.
Miss Uwase Hirwa Honorine uzwi nka “Igisabo, uhagarariye u Rwanda muri irushanwa ry’ubwiza rya “Miss Earth 2017” yagaragarije abaryitabiriye uburyo Abanyarwandakazi ari beza.
Abagenzi baturuka mu ntara bahangayikishijwe n’ingendo zo muri Kigali kubera amakarita akoreshwa mu modoka zitwara abagenzi azwi nka "Tap and Go".
Harabura ukwezi kuzuye ngo Tour du Rwanda 2017 itangire, Kigali Today yabateguriye amwe mu mafoto meza yaranze Tour du Rwanda 2016
Abaturage batandukanye bo Murenge wa Gishamvu mu Karere ka Huye banejejwe no kubona umuhanzi Jay Polly amaso ku maso ubwo yajyagayo kubataramira.
Nyakubahwa Madamu Jeannette Kagame yasabye ababyeyi kongera kwita ku burere bw’umwana, kuko uburere bw’ibanze buhera mu rugo, anagaruka ku mirimo idakwiye ikoreshwa abana.
Umukinnyi Hadi Janvier wari warasezeye umukino w’amagare, yamaze gusaba imbabazi Ferwacy n’umuyobozi wayo, asaba kugaruka mu ikipe y’igihugu.
Itsinda ry’abasore b’Abanyarwanda batanu bazwi ku izina “The Bright Five Singers” rikomeje kwitegura igitaramo cyo kumurika alubumu ya mbere y’indirimbo zabo.
Urubyiruko ni imwe mu nkingi ya mwamba y’ejo hazaza heza h’igihugu, aho rubarirwa ku kigero gisaga 60% y’abagituye.
Ubuyobozi bw’ikipe y’Isonga buratangaza ko n’ubwo bwamaze gufata icyemezo cyo gusezera mu marushanwa ategurwa na FERWAFA bishoboka ko igihe nikigera ikipe izagaruka guhatana.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) itangaza ko amakuru yavugaga ko umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mupenzi George afunze ari ibihuha kuko ubu ari mu kazi.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwongeye gusubika ku nshuro ya gatatu urubanza ruregwamo Diane Rwigara, Anne Rwigara n’umubyeyi wabo Adeline Mukangemanyi.
U Rwanda rwahawe kimwe mu bihembo bikomeye ku isi bizwi nka “World Travel Awards” nk’igihugu cya mbere muri Afurika gisurwa cyane na ba mukerarugendo.
Lt Gen (Rtd) Romeo Dallaire wayoboraga ingabo z’umuryango w’abibumbye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda arasaba ko abajya mu butumwa bw’amahoro gushyira imbere ubushishozi.
Imvura yaraye iguye yahitanye abantu batatu bo mu mirenge ya Bugarama na Muganza,isenya inzu z’abaturage, inangiza imyaka mu mirima.
Lt Col Innocent Munyengango niwe wagizwe Umuvugizi mushya w’ingabo z’igihugu (RDF), asimbuye Brig Gen Safari Ferdinand wari umaze igihe gito akora ako kazi mu buryo bw’agateganyo.
Abagore bafungiye muri gereza ya Nyamagabe bagaragaza ibyishimo baterwa no kuba basigaye batunga umusatsi, bakarimba nk’abandi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko mu Rwanda abana bavuka babona inkingo ku kigero cya 93%, bikaba byaragabanije impfu z’abana bari munsi y’imyaka itanu.
Ba Nyampinga 78 bitabiriye irushanwa rya Miss Earth 2017, barimo na Miss Uwase Hirwa Honorine uzwi ku izina rya “Igisabo” bakorewe ibirori byo kubakira mu gihugu cya Philippines.
Muhire Kevin usanzwe ukinira Rayon Sports aratangaza ko atigeze yongera amasezerano n’iyo kipe, ko ahubwo bamugurije amafaranga yiteguye kwishyura vuba.
Umuhanzi Mani Martin uzwi cyane mu njyana Nyafurika, yasohoye indirimbo yise "Ndaraye" ivuga ku nzozi z’umuntu ukumbuye iwabo.
Sosiyete y’Abanya-Suwede Ericsson igiye kuzana interineti ya 5G, izaza kunganira iya 4G yari isanzwe iri ku isonga rya interineti yihuta mu Rwanda.
Abize imyuga bakomeze kugagaragaza agaciro ku isoko ry’umurimo, aho abayirangiza mu ishuri rya IPRC South bagera kuri 80% bahita babona akazi.
Ubuyobozi bw’iposita y’u Rwanda butangaza ko nubwo haje ikoranabuhanga hari abantu batandukanye bagikoresha iposita cyane cyane abohereza ubutumwa bupfunyitse.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umukino wo koga mu Rwanda buratangaza ko nta kipe y’u Rwanda izitabira amarushanwa yo koga azabera muri Tanzaniya.
Uwase Hirwa Honorine uzwi ku izina rya “Igisabo” ari mu gihugu cya Philippines aho ahagarariye u Rwanda mu irushanwa mpuzamahanga ry’ubwiza rya Miss Earth 2017.
Eugenia Chang, umwarimu w’imibare muri kaminuza ya Sheffield mu Bwongereza yashyize ahagaragara ibanga (formule) ryo gutegura pizza ya ntamakemwa.
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwongeye gusubika urubanza ruregwamo Diane Rwigara, Anne Rwigara n’umubyeyi wabo Adeline Rwigara.
Abayobozi mu nzego z’ibanze bo mu Mujyi wa Kigali bagiye guhabwa ibishushanyo mbonera by’aho bayobora kugira ngo imyubakire y’akajagari icike.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryashyize ahagaragara abakinnyi bemerewe gukina Shampiona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru uyu mwaka.
Kuri iki cyumweru mu mujyi wa Kigali habereye isiganwa ryitwa Duathlon ryari rikomatanyije umukino wo gusiganwa ku maguru no gusiganwa ku igare
Mu gihugu cy’Ubwongereza hari sosiyete yenga byeri ishaka gutanga akazi ko kuzisongongera mbere y’uko zishyirwa ku isoko.
Rukara Fazil yanikiye Umuholandi mu irushanwa rya Duathlon ryari ribereye bwa mbere muri Kigali mu buryo bwagutse, naho mu bagore Uwineza Hanani yongera kuba uwa mbere
Abatuye i Kabusanza mu Murenge wa Simbi bise Yeruzaremu umudugudu w’icyitegererezo wubatswe iwabo kuko ngo ubereye ijisho kandi uzababera isoko y’amajyambere.
Ikipe yari ihagarariye u Rwanda mu irushanwa ry’akarere ka gatanu mu mukino w’intoki wa Basketball ryaberaga Uganda yatsindiwe ku mukino wa nyuma.
Orchestre Impala ifite indirimbo nyinshi yaririmbye mu bihe byo hambere ariko hari izo iririmbo mu rurimi abantu bamwe bazumva ntibasobanukirwe.
Kuri iki cyumweru ni bwo hasojwe Shampiona y’icyiciro cya mbere mu bagore, aho AS Kigali yatsinze ku mukino usoza ES Mutunda ibitego 4-0.
Abategura Kigali Fashion Week yaje guhinduka Kigali International Fashion Week batangaza ko igiye kujya ibera no hanze y’igihugu ikamurikira isi ibikorerwa mu Rwanda.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko kuba Kiliziya Gatolika na Leta y’u Rwanda bisenyera umugozi umwe bikorera Abanyarwanda ari amahirwe adakwiye gupfushwa ubusa.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) cyahaye ibihembo abantu 10 bo mu nzego zitandukanye kubera ubudashyikirwa bagaragaje mu gutanga serivisi.
Willy Ndahiro wamenyekanye nka Paul muri filime “Ikigeragezo cy’ubuzima” asobanura byinshi bituma sinema yo mu Rwanda isubira hasi birimo no kuba abayirimo bamwe nta bumenyi buhagije bafite.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Ukwakira 2017 ni bwo ikipe ya Rayon Sports yatangiye imyitozo ku kibuga gishya umuterankunga wayo Skol yabubakiye.