Temarigwe Abdallah wamamaye cyane mu guhiga benshi mu Rwanda mu mukino wo Kurya, yatangaje ko gukora siporo bimufasha kwagura inda ye ikanagororoka, bikamufasha kwitwara neza mu marushanwa akora yo kurya yita mu rurimi rw’icyongereza Food Eating.
Iterambere mu myubakire y’imijyi mu Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, ntabwo rigaragazwa n’ibigo bya Leta n’abikorera gusa.
Polisi ya Uganda yataye muri yombi umuntu ukekwaho kuba yarakubise umuririmbyi Mowsey Radio bikamuviramo gupfa.
Umuyobozi w’Urwunge rw’amashuri Indatwa n’Inkesha (GSOB),Padiri Pierre Célestin Rwirangira, avuga ko iri shuri rifite inyubako zishaje cyane, zituma ritabasha kwakira abanyeshuri bahagije, akavuga ko risanwe ryakwakira abana barenga 1200 rifite ubu.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 23 itsindiye itike yo kuzakina Tour de France y’abatarengeje imyaka 23, nyuma yo kwegukana isiganwa ryaberaga muri Cameroun
Minisitiri w’ubuzima, Dr Diane Gashumba, avuga ko biteguye gupima Abanyagisagara bose indwara y’umwijima izwi nka epatite C, abo basanze bayirwaye bagahabwa imiti.
Mu mukino wa Triathlon mu irushanwa ry’Intwali rya Kigali Duathlon Heroes Challenge 2018, Rukara Fazil mu bagabo na Uwineza Hanani mu bagore nibo begukanye iri rushanwa ryari rigamije kuzirikana Intwari z’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Reims mu Bufaransa wahaye umudari w’ishimwe Umufaransa Alain Gauthier, kubera ibikorwa byo gukurikirana abakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bihishe mu Bufaransa.
Umugoroba umwe muri 2008 ubwo Ruzindana Egide w’imyaka 30, yari avuye ku kazi ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali. Yahuye n’abana bo mu muhanda bazwi nka “Mayibobo” bicaye hafi ya Hoteli Novotel Umubano banywa ibiyobyabwenge bya “Kore” kugira ngo barwanye inzara.
Abarimu b’ishuri ryigisha siyansi rya kisilamu “ESSI Nyamirambo” baravuga ko ireme ry’uburezi rishobora guhungabana kubera kudahembwa.
Minisiteri y’ingabo ni yo yegukanye Shampiona ihuza ibigo bya Leta n’ibyigenga mu mupira w’amaguru, nyuma yo gutsinda RBA ibitego 2-1
Imwe mu miryango ya Sosiyete sivile ngo ntikunda ko amafaranga ikoresha agaragara kandi aba yaragenewe abaturage nubwo atava mu ngengo y’imari ya Leta.
Gatabazi JMV Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru arasaba abatuye umurenge wa Shingiro mu karere ka Musanze kwirinda amakimbirane yo soko y’ubukene, avuga ko umuryango udashobora kuvukamo intwari uhora mu makimbirane.
Nyuma y’aho amasezerano ya Tharcille Latifah Uwamahoro arangiriye, ubu Ferwafa yamaze gushyiraho Umunyamabanga mukuru w’agateganyo
Abenshi mu bafungiwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, barimo abasirikare bakuru n’abari abayobozi bakomeye. Iyo biregura bavuga ko batari bafite ubushobozi buhagije bwo kurinda interahamwe kwica Abatutsi.
Uruganda rukora ibiribwa rwa African Improved Food (AIF) rwashyize ku isoko ifu y’igikoma yagenewe umuryango rwise “Nootri Family.”
Hari benshi mu bakunzi b’umupira w’amaguru usanga bafana ikipe runaka, ariko ntibibuke gukurikira amategeko agenga amarushanwa iyo kipe yitabira.
Umugore wa Ellen Degeneres agiye kumwubakira ikigo kita ku ngagi binyuze mu mushinga wiswe “Ellen Degeneres Campus of the Diana Fossey Gorilla Fund.
Col Albert Rugambwa uyobora ingabo zikorera mu turere twa Nyagatare, Gatsibo, Kayonza na Rwamagana, yasabye urubyiruko kwitegura kumenera igihugu amaraso, ngo kuko amaraso ariyo kiguzi cya nyacyo cyacyo.
Abanyarwanda bose babyukiye mu gikorwa cyo kwibuka intwari zitangiye igihugu, igikorwa na Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakoze ashyira indabo ku gicumbi cy’Intwari.
Mu 1959 ubwo impinduramatwara yakorwaga na Parimehutu yacaga ibintu, umwe mu rubyiruko rwari ruriho icyo gihe yahawe inshingano zo kuyobora bagenzi be b’urubyiruko, babaga muri Parimehutu.
Mu irushanwa ryahuzaga imitwe ya gisirikare itandukanye hagamijwe kwizihiza umunsi w’intwari z’igihugu, umutwe urinda Perezida wa Repubulika n’abandi bayobozi bakuru b’igihugu ni wo wegukanye igikombe.
Abakunzi b’umuziki wa Uganda babyukiye ku nkuru y’akababaro y’uko umwe mu bari bagize itsinda rya Good Life, Moses Ssekibogo wari uzwi nka "Radio" yitabye Imana.
Hamza Ihirwe yakuze yifuza kuziga ibijyanye n’ubugeni kandi akanabikomeza, ariko ntibyamuhiriye kuko ahagana mu 2000 yisanze mu mashuri makuru yiga imibare n’ubutabire.
Hari amakuru yemeza ko Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron ashobora kuza mu Rwanda mu kwezi kwa Kane uyu mwaka.
Mu gihe ikigo cy’igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro Rwanda Revenue Authority, cyari cyihaye intego yo kwinjiza amafaranga asaga miriyari 572 mu mezi atandatu ashize, cyamaze kwinjiza asaga miriyari 582.
Ubuyobozi bw’Inama Nkuru y’Amashuri Makuru na Kaminuza (HEC), bwatangaje ko bukomeje kugenzura niba ibyasabwe amashuri makuru na za Kaminuza byubahirizwa.
Ababyeyi barereraga mu ishuri Bonaventure Rehoboth Peace School riherereye mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Kinyinya, babuze amerekezo y’abana babo nyuma y’ifungwa ryaryo.
Harabura amasaha make ngo u Rwanda rwizihize umunsi w’Intwari, ariko Abanyarwanda baba muri Leta ya Indiyana no muri Michigan bamaze kuwizihiza.
Perezida Paul Kagame avuga ko igihugu ubwacyo kitakwifasha mu kwihutisha interambere ryacyo, kidashyizeho ubufatanye n’abikorera mu nzego zitandukanye.
U Rwanda n’u Bushinwa byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu kwagura ishuri rya Musanze Polytechnic , no gutunganya amariba 200 azageza amazi meza ku baturage bo mu turere 11 mu Rwanda.
Mu turere twa Rubavu na Nyabihu hagaragaye ibirayi byaboreye mu mirima y’abaturage biturutse ku kubura isoko, bikaza guteza abaturage igihombo.
Ku bufatanye bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda n’irya Maroc, Gicumbi na Rusizi bagiye kubakirwa Stade guhera mu kwezi kwa Kane uyu mwaka
Icyizere cyo kubona amavuta atwara imodoka akomoka ku bimera yakorewe mu Rwanda cyarangiye, nyuma y’uko umushinga wa Biodiesel wafunzwe burundu.
Arnold Schwarzenegger, ni Umukinnyi wa film, akaba icyamamare muri siporo bita bodybuilding cyangwa se kubaka umubiri, ndetse akaba yarigeze no kuyobora Leta ya California muri leta zunze ubumwe z’America.
Perezida Kagame asanga abantu badakwiye gufata Afurika mu isura ya ruswa kuko ari ikibazo kiri ku isi yose, ariko akongeraho ko hakenewe ubushake n’ingamba zo kuyica muri Afurika.
Cyemayire Emmanuel wari umaze iminsi 25 afungiye mu gihugu cya Uganda yarekuwe ahita yoherezwa mu Rwanda.
Umuyobozi wa Gereza ya Huye, SP Camille Cyusa Zuba, yatangaje ko ibyangijwe n’inkongi iherutse kwibasira igice cy’iyi gereza bifite agaciro k’asaga miliyoni umunani (8,000,000 Frw).
Ingamba zo gufungura ikirere cya Afurika kuri kompanyi z’indege Nyafurika zije ari inkuru nziza kuri Rwandair, yari isanganywe intego yo kwigarurira isoko rya Afurika.
Nsengiyumva Jotham wari ufungiye muri Gereza ya Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, yarashwe ahita apfa, ubwo yageragezaga gutoroka Gereza.
Mu mukino w’intoki wa Volleyball, ikipe ya REG na Gisagara ni zo zamaze kubona itike yo gukina umukino mu gikombe cy’intwari uzaba kuri uyu wa Gatatu, mu gihe Basketball bakiri mu mikino ibanza
Mu masaa yine z’ijoro yo kuri uyu wa 28 Mutarama, ahakorerwa amasabune muri Gereza ya Huye hafashwe n’inkongi, Polisi itabara bwangu harazimywa.
Perezida Paul Kagame yabwiye Abanyafurika ko iterambere umugabane wa Aziya wagezeho uvuye mu bukene bukabije na Afurika yarigeraho ari uko ihuje imbaraga.
Minisitiri w’ubucuruzi Vincent Munyeshyaka yahumurije abatuye Akarere ka Rubavu bahangayikishijwe n’ibura ry’isoko ry’ibirayi bikaborera mu mirima.
Benshi bibaza uko guhura na Perezida Kagame bimera, n’iyo yaba ari umunota umwe. Iyi ni inkuru y’umukozi usanzwe wamaranye na we amasaha atandatu yose.
Nyuma y’iminsi byari bimaze bivugwa, ubu umutoza Antoine Hey yamaze kwemezwa nk’umutoza wa Syria mu gihe cy’umwaka umwe
Harabura amasaha make ngo Perezida Paul Kagame atangire kuyobora umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (AU), ariko yatangiye gukoresha imvugo zimwe zisanzwe zimenyerewe mu Rwanda aho aba asaba Abanyarwadna gukorera hamwe.
Hari Abanyafurika n’abayobozi bakomeye ku isi batangiye kugaragaza uburyo biteze byinshi kuri Perezida Paul Kagame uzatangira kuyobora Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (AU) ku mugaragaro kuwa Mbere.