Perezida wa Repubulika Paul Kagame asanga kugira ngo abaturage bagire ubuvuzi buhamye, bisaba ko abakora muri iyo serivisi baba barabiherewe ubumenyi muri za kaminuza zikomeye, bakaba ari abanyamwuga kandi babifitemo ubunararibonye.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’umugore n’umugabo (Gender Monitoring Office - GMO), kiratangaza ko gahunda ya ‘Ndi Umunyarwanda’ ikwiye kujyana no gukemura ibibazo bikunze kugaragara mu miryango.
Padiri Kizito Kayondo, umupadiri wo muri Diyosezi ya Butare, avuga ko nyuma y’imyaka 25 abuhawe, icyo yishimira cyane ari intambwe u Rwanda rumaze gutera mu bumwe n’ubwiyunge.
Umukuru w’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi ku isi, Pastor Ted Wilson yatashye ibikorwa bitandukanye mu Rwanda, birimo inyubako yiswe ’ECD Plaza’ izajya isuzumirwamo abarwaye indwara z’ubwoko bwose.
Imvura yaraye iguye mu Karere ka Huye yangije byinshi birimo inkoko 1000 z’uwitwa Twizeyimana Vincent.
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo bakoze umuganda rusange muri iki gihugu. Ni umuganda wabaye ku wa gatandatu tariki 31 Kanama 2019 aho bifatanyije n’abaturage bo mu Mujyi wa Juba ndetse n’ingabo z’u Rwanda na zo ziri muri iki gihugu mu butumwa (…)
Bimaze kugaragara ko impanuka nyinshi zibera mu mihanda hirya no hino mu gihugu zituruka ku businzi bwa bamwe mu bashoferi batwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha. Ni mu gihe nyamara Polisi y’u Rwanda idahwema gukangurira abantu kwirinda gutwara ibinyabiziga basinze.
Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Mukura ibitego 3-0, yegukana igikombe cyitiriwe Padiri Fraipont Ndagijimana washnze HVP Gatagara
Ku wa gatandatu tariki 31 Kanama 2019, wabaye umunsi wa nyuma w’ukwezi kwa munani. Byahuriranye n’uko ari umunsi wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi, bituma Abanyarwanda hirya no hino mu gihugu n’abanyamahanga bitabira ibikorwa by’umuganda rusange nk’uko bimaze kuba akamenyero.
Mu ijoro ryo ku wa gatandatu, abafana b’umuziki muri Côte d’Ivoire bafunguye imva n’isanduku birimo umurambo w’umuririmbyi DJ Arafat, ngo bishirire amatsiko niba koko ari we ugiye gushyingurwa cyangwa niba koko yarapfuye.
Ubuyobozi bwa Sosiyete ya Star Times buratangaza ko abatunganya filime cyangwa ibindi bihangano by’amashusho by’umwimerere Nyarwanda, baramutse babishyizemo imbaraga byajya bitambuka ku mirongo yayo kandi bakabibonamo amafaranga.
Mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru, hakomeje ubukangurambaga bwo kumenyekanisha mu baturage Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha(RIB), mu rwego rwo kurushaho kubarinda ibyaha harimo iby’ihohoterwa rikunze kugaragara muri ako gace, no kubereka aho bageza ibibazo byabo mu gihe bakorewe ibyaha.
Urwego rw’Ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB) rwanyomoje amakuru y’ifungwa rya Nsengiyumva François uzwi nka Igisupusupu, nyuma y’ibyari byakwiriye ku mbuga nkoranyambaga ko uyu muhanzi yafungiwe kuri Station ya Polisi ya Kicukiro, nyuma yo kumusangana udupfunyika tw’urumogi mu myenda ye.
Kwizera Evariste wamamaye cyane kubera gushyingiranwa n’umugore umurusha imyaka 27, yakatiwe n’urukiko rwisumbuye rwa Ngoma igifungo cy’imyaka 10 azira gusambanya umwana muto akanamukuriramo inda y’amezi ane n’iminsi itatu.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’ubworozi, Dr Géraldine Mukeshimana, yasabye Ikigega cy’ingwate (BDF) kuba ari cyo kivugana n’amabanki kugira ngo byorohere urubyiruko kubona inguzanyo kuko ubusanzwe atari ko byakorwaga.
Mu gitondo cyo ku wa 31 Kanama 2019, umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, yitabiriye umuhango wo gusoza amarushanwa ya EAPCCO yaberaga muri Kenya. EAPCCO ni amarushanwa ahuza amakipe atandukanye ya Polisi y’ibihugu byibumbiye mu muryango wo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa gatandatu tariki 31 Kanama 2019, yambitse umudali Umunyamerika Dr. Paul Farmer washinze umuryango Partners in Health (Inshuti mu Buzima) amushimira uruhare mu kwita ku buzima haba mu Rwanda ndetse n’ahandi ku isi.
Minisitiri wa Rhénanie-Palatinat ushinzwe ubucuruzi, ubwikorezi n’ubuhinzi, Dr Volker Wissing, yatangaje ko yishimiye uko urubyiruko rwo mu Karere ka Ruhango rubyaza amahirwe ibikorwa Komini Landau yo muri iyo Ntara ifatanyamo n’Akarere ka Ruhango.
Banki ya Kigali (BK) yihaye intego ikomeye yo kuba yageze ku mutungo mbumbe wa miliyari ebyiri z’Amadolari ya Amerika (asaga miliyari igihumbi na magana inani na mirongo ine z’Amafaranga y’u Rwanda) mu myaka itandatu iri imbere, ngo ikazabigeraho biciye mu kongera abakiriya.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Mufulukye Fred, avuga ko abayobozi baha inzira ibiyobyabwenge na magendu bagiye guhanwa harimo kwirukanwa ku buyobozi.
Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG) iratangaza ko ibikorwa byo kwiba umuriro w’amashanyarazi biyihombya amafaranga y’u Rwanda miliyari imwe na miliyoni 900 (1,900,000,000 Frws) buri mwaka.
Ikipe ya Polisi y’u Rwanda ikina umukino njyarugamba uzwi ku izina rya Karate yitwaye neza mu marushanwa ahuza amakipe y’ibihugu bihuriye mu muryango w’Akarere k’Iburasirazuba bwa Afurika (EAPCCO).
Nyuma y’uko Umuyobozi wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu mu Karere ka Musanze (Visi Meya) Ndabereye Augustin, atawe muri yombi akurikiranyweho gukubita umugore we akanamukomeretsa, ubu uwo mugore arimo gukurikiranwa n’abaganga b’inzobere mu kuvura ihungabana.
Guhera tariki 06 kugera tariki 08/09/2019, mu Rwanda harabera irushanwa rya Taekwondo ryitiriwe Ambasaderi wa Koreya, rikaba rigiye kuba ku nshuro ya karindwi
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) n’Ikompanyi imenyerewe mu gutegura ibitaramo mu Rwanda (East African Promoters - EAP) ndetse n’abahanzi bazitabira igitaramo cyo Kwita Izina ari bo Meddy, Riderman na Bruce Melody n’uhagariye Charly & Nina ari we Gaelle Gisubizo bagiranye ikiganiro n’abanyamakuru muri Kigali Arena.
Leta irimo kwimurira mu midugudu y’icyitegererezo abari batuye mu manegeka ku misozi ihanamye kandi ifite ubutaka busharira, kugira ngo hahingwe icyayi kivamo amadolari.
Mu gihe mu bihugu byinshi byo ku mugabane wa Afurika, harimo n’u Rwanda, hakomeje kuvugwa ikibazo cy’ubwiyongere bukabije bw’abaturage ndetse n’umubare munini w’abana bavuka ku mugore umwe, ahandi ku isi, cyane cyane mu bihugu by’u Buyapani na Koreya y’Epfo, bafite ikibazo cyo kuba hatari kuvuka umubare uhagije w’abana.
Ishuri rikuru INES-Ruhengeri ryagiranye amasezerano y’imyaka itanu na Kaminuza ya BINGEN (TH BINGEN), yo mu ntara ya Rhénanie-Palatinat mu Budage, agamije guteza imbere ubuhinzi mu Rwanda.
Abahinzi b’ibijumba bya kijyambere bifite imbere hafite ibara rya ‘orange’ bikungahaye kuri vitamine A, bavuga ko ibyo bijumba bikunzwe ndetse ko batangiye kubibonera n’amasoko ku buryo babyitezeho ubukire.
Ikigo cy’itangazamakuru gikomeye muri Leta zunze ubumwe za Amerika, National Geographic, cyashyizeho irushanwa rifasha abantu batandukanye, mu mpande zose z’isi kugira ubushobozi bwo kwita izina umwana w’ingagi.
Ndabereye Augustin umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu yagejejwe mu maboko ya RIB aho akurikiranweho gukubita umugore we akamukomeretsa.
Igihugu cy’u Budage kigiye gufatanya n’u Rwanda ngo hageragezwe igihingwa cy’umuzabibu bityo divayi iwengwamo yaturukaga hanze ihenze ibe yakwengerwa mu Rwanda.
Amazina y’abantu batandatu bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Louis Baziga wari uhagarariye Abanyarwanda (Diaspora) baba muri Mozambique yashyizwe ahagaragara.
Raporo y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), igaragaza ko buri mwaka Abanyarwanda ibihumbi 10 bandura kanseri aho abantu ibihumbi bitatu muri bo aribo bitabira gahunda y’ubuvuzi.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko buri gukoresha imbaraga zishoboka zose, ku buryo icyiciro cya mbere cy’abatuye mu midugudu ya Kangondo I&II na Kibiraro I mu Kagari ka Nyarutarama, Umurenge wa Remera mu Karere ka Gasabo, ahazwi ku izina rya ‘Bannyahe’ bazaba bamaze kuhimuka bitarenze ukwezi k’Ugushyingo 2019.
General Patrick Nyamvumba umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda avuga ko nta gihugu na kimwe cyakwifasha mu gukemura ibibazo bibangamiye isi.
Ikigo gitwara abagenzi mu modoka ‘Horizon Express’ kiravuga ko cyiyemeje kurushaho guha serivisi nziza abagenzi bakigana kuva ku gukatisha itike kugeza ku musozo w’urugendo rwabo.
Mu gihe hari abantu bumva ko abakomisiyoneri babona amafaranga, noneho hagira ubabaza ikintu runaka nk’inzu cyangwa ikibanza kigurishwa, agahita yiyita umukomisiyoneri ako kanya. Nyamara amakoperative y’abakora uyu mwuga avuga ko ibyo bitavuze ko ari umukomisiyoneri.
Nyuma y’umunsi umwe ikipe ya APR Fc itangaje ko itazakina irushanwa AGACIRO FOOTBALL TOURNAMENT 2019, yamaze gutangaza ko byahindutse izitabira iri rushanwa
Abagororwa 250 bo muri Gereza ya Huye, ku wa kabiri tariki 27 Kanama 2019 bahawe seritifika (impamyabushobozi) zemeza ko bashoboye umwuga w’ubwubatsi.
Ku mukino uzahuza ikipe ya Rayon Sports na Mukura VS kuri iki Cyumweru, ufite inoti y’igihumbi azabasha kureba uyu mukino wo Padiri Fraipont Ndagijimana
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko bufite gahunda yo kunoza uburyo bwo gutwara abantu n’ibintu mu Mujyi wa Kigali, ku buryo abakoresha imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusanjye bazajya bagenda babyishimiye.
Hari ibintu byinshi abantu bashobora guhuriraho gusa biragoye, kuko ubwabyo kubibona ntabwo biba byoroshye. Bisaba kubigenzura rimwe na rimwe kugira ngo bibashe kugaragarira buri wese kandi bisobanutse neza.
Aho abantu bahurira ari benshi, baba bari mu kazi, mu isoko, ku bibuga by’imipira cyangwa muri za sitade, mu tubari n’amahoteri ndetse n’ahandi, haba bagomba kuba ubwiherero rusange.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, aremeza ko uruhare rw’abikorera ari nyamukuru mu migambi igamije iterambere ry’ibihugu.
Mu rubyiruko hari imvugo nyinshi zikoreshwa ahanini n’urubyiruko, baganira bashaka kuzimiza cyangwa kuryoshya ikiganiro nk’abantu b’urungano.
Perezida Paul Kagame ari mu Buyapani, aho yagiye kwifatanya n’abandi bakuru b’ibihugu bya Afurika na za guverinoma na Leta y’u Buyapani, mu nama mpuzamahanga ya karindwi ibera i Tokyo, inama yiga ku iterambere rya Afurika (TICAD).