Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rufashe umwanzuro ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhanga Ntezirembo Jean Claude akomeza gufungwa by’agateganyo iminsi 30.
Visi Perezida w’Inama njyanama y’Akarere ka Gatsibo, Rutayisire K. Wilson, aranyomoza amakuru avuga ko bamwe mu bagize komite nyobozi y’akarere beguye.
Nsanzamahoro Denis wamamaye muri sinema nyarwanda nka Rwasa yapfuye kuri uyu wa kane ahagana saa munani z’amanaywa aguye mu bitaro bya CHUK aho yari amaze iminsi arwariye.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, Amavubi, itsinze Seychelles ibitego bitatu ku busa (3-0) mu mukino ubanza w’amajonjora y’igikombe cy’isi cya 2022 kizakinirwa muri Qatar.
Ne-Yo ni we muhanzi ukomeye uzitabira akanasusurutsa igitaramo cyo Kwita Izina kizabera mu nyubako nshya ya Kigali Arena ku itariki 07 Nzeri 2019 kimwe n’abandi bahanzi nyarwanda barimo Meddy, Charly&Nina, Bruce Melody na Riderman.
Abaturage bo mu mirenge ituriye Pariki y’Igihugu y’Ibirunga baravuga ko hari impinduka mu buryo bw’imibereho n’ubukungu bwabo babikesha umusaruro uturuka mu bukerarugendo bukorerwa muri iyi Pariki (Revenue sharing).
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iteganyagihe (Meteo Rwanda) kirizeza abahinzi n’Abanyarwanda muri rusange ko umuhindo w’uyu mwaka, ni ukuvuga kuva muri Nzeri kugeza mu Kuboza, hazagwa imvura ihagije.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mupira w’amaguru imaze gukora imyitozo ya nyuma, kuri Stade Linite izaberaho umukino wayo na Seychelles kuri uyu wa Kane.
Louis Van Gaal wahoze ari umutoza w’ikipe ya Manchester United yo mu Bwongereza ndetse na FC Barcelona yo muri Espagne, yamaze kugera mu Rwanda, kwifatanya n’ibindi byamamare mu muhango wo Kwita Izina, uteganyijwe kuwa 06 Nzeri 2019.
Abanyarwanda baba muri Afurika y’Epfo bagiriwe inama yo kwigengesera kubera impungenge z’umutekano utifashe neza muri icyo gihugu.
General James Kabarebe yatangaje ko Kayumba Nyamwasa wahoze ari umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda akaza guhunga igihugu, akanashinga umutwe urwanya Leta y’u Rwanda ‘Rwanda National Congress (RNC)’, ari umuhemu wirengagije sisiteme (system) yamugize uwo ari we, agahinduka uyirwanya.
Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yateranye kuri uyu wa gatatu tariki 04 Nzeri 2019 saa saba n’igice z’amanywa yakuyeho icyizere uwari Umuyobozi w’Akarere, Kamali Aimé Fabien, kubera kutuzuza inshingano, kudahuza inzego, hamwe no kutihutisha imyanzuro ifatwa n’inama njyanama.
Abanyeshuri bo mu Rwanda biga muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bashobora kutemererwa gusubirayo vuba mu gihe cyose hakivugwayo icyorezo cya Ebola.
Inama Njyanama y’Akarere ka Rubavu imaze kwemeza ubwegure bw’abayobozi bungirije b’akarere beguye ku mirimo yabo, yakira n’ibaruwa y’undi mukozi wasezeye ku mirimo ye, na we bamwemerera gusezera.
Itsinda ry’abaturage bahagarariye abandi mu kagari ka Kigombe mu murenge wa Muhoza, akagari kagizwe n’igice kinini cy’umujyi wa Musanze, biyemeje kuzenguruka imidugudu yose n’umujyi wa Musanze bamagana umwanda.
Ubuyobozi bwa RIB mu Karere ka Nyaruguru burasaba umenye wese umwana waba wasambanyijwe kubabwira kugira ngo uwabikoze akurikiranwe, kuko ari akazi kabo kugenza icyaha.
Imboga n’imbuto u Rwanda rwohereza hanze byariyongereye mu myaka 13 ishize bituma n’amadovize zinjiza mu gihugu yiyongera ava kuri miliyoni eshanu z’amadolari ya Amerika agera kuri miliyoni 26 z’Amadorari ya Amerika ubu.
Tharcisse Niyonzima wari umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Rutsiro hamwe n’umuyobozi wungirije w’akarere ushinzwe imibereho y’abaturage Jean Hermans Butasi, bandikiye inama njyanama y’akarere basaba kwegura ku mirimo yabo.
Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Rubavu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwampayizina Marie Grace, hamwe n’umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere, Murenzi Janvier, mu ijoro ryo kuwa 3 Nzeri 2019 basabye kwegura ku mirimo yabo.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase yatangaje ko kuba bamwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze barimo kwegura abandi bakeguzwa nta gikuba cyacitse.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru Amavubi, ymaze kugera mu birwa bya Seychelles, aho bagomba gukina nayo kuri uyu wa Kane
Mu Rwanda guhera muri Nzeri ibihe birahinduka cyane. Nibwo haba hatangiye ibihe by’imvura yitwa ‘Umuhindo’. Iyi mvura ikunze kuba ari nyinshi cyane kandi ari mbi kuko iba irimo imiyaga n’amahindu bikaba byateza impanuka zitandukanye.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Uwamariya Béatrice, yashyikirije ibaruwa isaba kwegura Inama Njyanama y’Akarere.
Rwanda Cultural Fashion Show ni igikorwa kiba buri mwaka, kikaba kigiye kuba ku nshuro ya karindwi. Nk’uko Uwimbabazi Monique, umwe mu bategura ibirori bya Rwanda Cultural Fashion Show yabitangarije Kigali Today, kuri iyi nshuro iki gikorwa kirimo udushya twinshi tutari dusanzwe.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku buzima RBC kiratangaza ko gahunda yo gutera imiti yica imibu mu nzu yagabanyije malariya mu karere ka Nyagatare ku kigero cya 93%.
Ntirenganya Emmanuel amaze gotorerwa kuyobora Akarere ka Musanze by’agateganyo. Ni nyuma y’uko Inama Njyanama y’Akarere ka Musanze, mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 03 Nzeri 2019 yeguje uwayoboraga ako karere, Habyarimana Jean Damascene na Visi Meya ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Ndabereye Augustin naho Visi Meya (…)
Ku nshuro ya mbere mu gihe kigera hafi ku mezi abiri, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererane w’u Rwanda Dr. Richard Sezibera, yagize icyo avuga ku makuru yavuzwe ku buzima bwe, aho yagaye abayakwirakwije, abagereranya n’ “abanyamagambo b’abagambanyi”.
Ku wa mbere tariki 02 Nzeri 2019 i Masoro mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali ku cyicaro gikuru cya kaminuza y’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi muri Afurika yo hagati (AUCA), habereye umuhango wo gutaha ku mugaragaro ishuri ry’ubuganga ry’iyo kaminuza.
Mu gihe Leta ishishikariza Abaturarwanda kugira ubwiherero bwujuje ibisabwa, abaturiye n’abarema isoko rya Rango mu Karere ka Huye bavuga ko ubwiherero bwo muri iri soko butujuje ibisabwa.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru n’abakinnyi bose b’amakipe abiri y’umupira w’amaguru yo muri iyo ntara bagiriye uruzinduko ku ngoro y’Amateka y’Urugamba rwo kubohora u Rwanda, batahana intego yo guharanira intsinzi.
Umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa Filimi, Kevin Hart, yakomerekeye bikomeye mu mpanuka y’imodoka.
Twambazimana Prince w’imyaka 22 avuga ko yahagurutse iwabo i Musanze tariki 09/5/2018 ajya gusura inshuti ye yari ifungiye i Kabare muri Uganda, ageze yo na we ahinduka imfungwa n’umucakara.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi ubu irabarizwa mu mujyi wa Nairobi, aho ihaguruka mu ijoro yerekeza Seychelles
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko ibiciro bya lisansi na mazutu byagabanutse.
Inama Njyanama y’Akarere ka Musanze yateranye mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 03 Nzeri 2019, yemeye ubwegure bw’umuyobozi w’ako karere n’abari bamwungirije.
Umuyobozi w’Akarere ka Karongi François Ndayisaba n’abamwungirije (ushinzwe imibereho myiza n’ushinzwe ubukungu) hamwe n’abayobozi b’akarere bungirije (Ushinzwe ubukungu n’ushinzwe imibereho myiza) ndetse n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere Ka Ngororero, biravugwa ko baraye bashyikirije inama njyanama z’utwo turere (…)
Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, mu ijoro ryo ku cyumweru tariki ya 01 Nzeri 2019, ryongeye gufatira mu Mujyi wa Kigali abandi bashoferi barenga 30 bazira gutwara banyoye ibisindisha. Byabaye nyuma y’aho mu ijoro ryo ku wa gatanu n’iryo ku wa gatandatu Polisi yari yafashe abashoferi barenga 88 n’ubundi mu (…)
Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yakoze impinduka mu buyobozi bw’ingabo z’u Rwanda.
Mu Karere ka Rubavu mu Burengerazuba bw’u Rwanda, kuri uyu wa mbere tariki 02 Nzeri 2019 habaye inama yahuje ababyeyi bafite abana biga muri Congo n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu. Abari muri iyo nama baganiraga ku buryo bwo gufasha abanyeshuri bigaga i Goma gushaka uburyo baba baretse gukomeza kwambuka umupaka kubera (…)
Imvura yaguye ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 1 Nzeri 2019, mu Karere ka Huye hari aho yangije imirima inasenyera bamwe, ariko Vincent Twizeyimana we yamwiciye inkoko 1000.
Umunyarwanda Louis Baziga wiciwe muri Mozambique arashwe tariki 26 Kanama 2019 yashyinguwe mu Rwanda kuri uyu wa mbere tariki 02 Kanama 2019.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yemereye kaminuza y’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi muri Afurika yo hagati (AUCA), inkunga y’ubutaka kugira ngo ibashe kubaka ibitaro yateganyaga byo kwigishirizamo abanyeshuri.
Inyubako iherereye imbere y’isoko rya Kamembe mu mujyi wa Rusizi yafashwe n’inkongi y’umuriro ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 02 Nzeri 2019.
Ubuyobozi bw’uruganda rw’icyayi rwa Mata mu karere ka Nyaruguru burishimira ko kuva muri Mata kugera muri Nyakanga 2019, bwari bumaze kwishyura abahinzi b’icyayi miliyari imwe na miliyoni 56 z’amafaranga y’u Rwanda.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Mashami Vincent yatangaje urutonde rw’abakinnyi 20 bagomba kwerekeza muri Seychelles mu rukererra rwo kuri uyu wa Kabiri
Muhire Jean Baptiste w’imyaka 32 y’amavuko yari afite inzu yogosherwamo (Salon de coiffure) i Kisoro muri Uganda, akajyayo buri gihe ahawe agapapuro kabimwemerera kitwa ‘Jeton’ nk’umuntu wari uturiye umupaka wa Cyanika (i Burera).