Shallon Abahujinkindi warangije kaminuza mu ishami ry’icungamutungo n’ibaruramari, yahisemo kwiga umwuga ujyanye n’ubwiza harimo no gutunganya imisatsi, kuko yabonaga kubona akazi kajyanye n’ibyo yize bitoroshye none ubu biramutunze.
Banki ya Kigali yaje ku rutonde rwa banki 100 za mbere muri Afurika mu mwaka wa 2019.
Mu mukino wasozaga imikino y’umunsi wa munani wa shampiyona, Kiyovu Sports inganyije na APR FC kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aremeza ko ibyo u Rwanda rushinjwa byo kuneka ibindi bihugu cyangwa abaregwa guhungabanya umutekano warwo ari ukuri.
Uko imyaka igenda ishira ni ko iterambere rizana ibyaryo ibyari ibitangaza bigasimbuzwa ibindi. Hari utubari twagiye duhararwa ndetse dukundwa n’abantu, nyamara uko twagiye dushonga byagiye bibera bamwe amayobera.
Minisitiri w’Intebe, Edouard Ngirente, yatangarije abitabiriye ibirori byo gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri ba kaminuza y’u Rwanda, ko buruse yakuwe ku bihumbi 35 igashyirwa ku bihumbi 40 y’u Rwanda ku kwezi.
President wa Republika Paul Kagame aravuga ko abadepite b’Ubwongereza bandikiye u Rwanda basaba ko Col. Byabagamba na Rusagara barekurwa bakwiye kubanza kwandikira igihugu cyabo, basaba ko cyaburanisha abakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside gicumbikiye, kuko u Rwanda rutahwemye kubisaba.
Umusore w’Umunyarwanda Twagira Prince Henry agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa ry’abasore beza (ba rudasumbwa) ku mugabane wa Afurika.
Umuryango w’Abanyarwanda biyemeje kurwanya abahakana n’abapfobya Jenoside, ‘Umurinzi Initiative’ (hamwe n’inshuti zawo), uravuga ko uwitwa Charles Onana abifashijwemo na televiziyo y’Abafaranga ‘LCI’ bakomeje gukorera Abatutsi Jenoside.
Mujyanama Claude, ukoresha izina rya TMC mu itsinda rya Dream Boys, ari mu basoje amasomo y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu ishami ryo gucunga imishinga minini, kimwe n’abandi basanga ibihumbi icyenda basoje kaminuza muri uyu mwaka wa 2019.
Abaturage bo mu ntara y’Uburengerazuba mu karere ka Karongi basaba ko amategeko y’umuhanda yakwigishwa mu mashuri kugira ngo abantu barusheho kumenya amategeko no kwirinda impanuka.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye abaganga gushyira inyungu z’abaturage n’iz’igihugu imbere y’izabo, kandi bagasigasira ubunyamwuga n’indangagaciro, niba bifuza ko urwego rw’ubuvuzi rugera ku ntego.
Kuri uyu wa Kane ku munsi wa kabiri wa’irushanwa “Legacy Tournament” ryateguwe mu rwego rwo kwibuka abagabo babairi bagize uruhare mu guteza imbere umukino wa Basketball mu Rwanda Shampiyona Aimable na Nizeyimana Jean De Dieu , ikipe ya REG yatsinze Espoir BBC amanota 81 kuri 69.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatangiye imyitozo yo gutegura imikino ibiri izahuramo na Mozambique na Cameroun mu cyumweru gitaha
Mu bukanguramabaga bwa ‘Gerayo Amahoro’ bwakorewe mu bigo abagenzi bategeramo imodoka (gare) byose mu gihugu hose, Polisi y’u Rwanda yasabye abagenzi gufata iya mbere bakagaragaza abashoferi batwara ibinyabiziga bavugira kuri telefoni ndecyangwa bandika ubutumwa bugufi.
Abahagarariye imiryango itari iya Leta mu Karere ka Huye basanga bidakwiye ko umwana w’umukobwa yita umuntu mama, papa cyangwa tonto, aho kumureberera akamuhohotera.
Abatunganya imbaho n’ibizikomokaho mu Rwanda baravuga ko ubumenyi bwabo bukiri hasi, ndetse ngo ntibaragira uburyo bunoze bwo gutunganya ibisigazwa biva ku biti n’ibiva ku mbaho mu gihe nyamara na byo biba bishobora kubyazwamo ibindi bikoresho.
Guverineri w’intara y’Iburasirazuba Mufulukye Fred yibukije abanyeshuri bashya baje kwiga muri kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare ko batumwe kwiga atari ugutwara inda cyangwa kuzitera.
Abarira mu ma resitora menshi yo muri gare yo mu mujyi wa Kigali no mu nkengero zayo, bagaragaza ikibazo cy’ama resitora atanga ibiribwa ndetse n’ibinyobwa, ariko wakenera ubwiherero bakabukwishyuza.
Dr. Thomas Muyombo uzwi mu muziki ku izina rya Tom Close, kuri uyu wa kane tariki 07 Ugushyingo 2019, yasusurukije abaganga bagenzi be ndetse n’abayobozi bitabiriye inama yabahuje na Perezida Kagame.
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa kane ku isi mu bihugu byo gusurwa na ba mukerarugendo nk’ahantu heza mu mwaka wa 2020.
Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) rwakatiye igifungo cy’imyaka 30 Bosco Ntaganda rwari rumaze igihe ruburanisha.
Kuva ku itariki ya 05 kugera ku ya 07 Ukuboza 2019, u Rwanda ruzakira inama mpuzamahanga ku kurwanya SIDA n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, inama ya mbere yagutse ku mugabane wa Afurika.
Shampiyona ya Volleyball umwaka w’imikino wa 2019/2020 iratangira kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 09 Ugushyingo 2019, aho imwe mu mikino izabera muri Kigali Arena
Umusaza w’imyaka 77 y’ubukure utuye i Nyamirambo mu mujyi wa Kigali, kuri ubu aricuza kuko ab’urungano rwe bakiriho ngo bamerewe neza, mu gihe we yifuza uwamuha n’ikirahure kimwe cy’amata akamubura.
Abana b’abakobwa batewe inda bakabyara imburagihe, bahamya ko imyuga bize babifashijwemo n’umuryango ‘Safi Life Organization’ izabafasha kwikura mu bukene, bityo ntibongere kugira ibyo bararikira byatuma bashukwa bakongera guterwa inda.
Umunyamabanga uhoraho mushya muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu Dusengiyumva Samuel yavuze ko agiye kwihutisha gahunda zo kuvugurura imikorere y’urwego rw’Akagari.
Umuryango Imbuto Foundation hamwe n’abafatanyabikorwa bawo, batoranyije imishinga 10 y’urubyiruko, igomba kuvamo ifasha Leta kurinda abangavu gutwita no kwandura indwara zifatira mu mibonano mpuzabitsina.
Ikipe ya Rayon Sports yongeye kubona amanota atatu imbere ya Marines, mu mukino yayitsindiye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Mu Kagari ka Songa mu Murenge wa Muko mu Karere ka Musanze, muri iyi minsi havuzwe urupfu rutunguranye rw’umusaza witwa Nkorera Yohani, wapfuye nyuma yo kurenga ku ntego yategewe n’umupfumu.
Abitabiriye ibiganiro byateguwe na Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) bigamije kureba uko imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yaboneka, barasaba ko Leta yashakisha ikoranabuhanga rigezweho ryakwerekana ahari iyo mibiri kuko ngo hari aho rikoreshwa ku isi.
Mu bihe bitandukanye, mu Rwanda hatashye ubukwe buhuruza imbaga y’abantu, babutangaho ibitekerezo cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga.
Kuri uyu wa gatatu tariki 06 Ugushyingo 2019 muri Petit Stade na Gymnase ya NPC haratangira irushanwa ryiswe Legacy ritegurwa na United Generation Basketball (UGB) n’Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA).
Mukagahunde Anastasie w’imyaka 65 y’amavuko warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi abonye icumbi nyuma y’imyaka irenga 10 amaze acumbikirwa n’abagiraneza.
Impuguke mu bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere zirasaba ko ibiganiro bivuga kuri iyi ngingo byajya biganirwa no muri gahunda zihuriza hamwe abaturage n’inteko z’abaturage, umugoroba w’ababyeyi no mu muganda ngarukakwezi.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafashe umuyobozi w’ishuri College Adventiste de Gitwe, Nshimiyimana Gilbert, ukekwaho kugira uruhare mu guhatira abana kuyoboka idini.
Mushaija Geoffrey wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyepfo yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyaruguru.
Nyuma y’imyaka itatu atabarizwa mu ikipe ya Espoir BBC, umutoza John Bahufite yagarutse muri iyi kipe nk’umutoza mukuru asinyamo amasezerano y’umwaka umwe.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi Mashami Vincent, yahamagaye urutonde rw’abakinnyi 27 bagomba kwitabira imikino ibiri ya Mozambique na Cameroun mu gushaka itike ya CAN.
Ubwo Perezida Kagame yakoraga impinduka muri Guverinoma ku mugoroba wo kuwa mbere tariki ya 04 Ugushyingo 2019, hirya no hino abantu batangiye kuzikoraho ubusesenguzi, cyane cyane banyuze ku mbuga nkoranyambaga.
Myugariro w’umunyarwanda Abdul Rwatubyaye, yatowe n’abafana nk’umukinnyi ukunzwe n’abafana mu ikipe ye mu mwaka wa 2019
Nyuma y’uko Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, akoze impinduka mu gisirikare tariki 04 Ugushyingo 2019, kuri uyu wa kabiri tariki 05 Ugushyingo 2019 habaye umuhango wo guhererekanya ububasha hagati y’abayobozi bakuru b’ingabo bashya, n’abo basimbuye.
Uretse ubusitani buri ku isomero rusange rya Kigali (Kigali public library) ushobora kwicaramo umunsi wose ugasoma igitabo hari na interineti itagira umugozi (Wi-Fi), umujyi wa Kigali watunganyije ubundi busitani bwihariye.
Ikipe ya Musanze FC ibonye amanota atatu ya mbere ku munsi wa munani wa shampiona ya 2019-2020, nyuma yo gutsinda Gicumbi FC ibitego 3 ku busa.
Nyuma yo gutandukana n’Umutoza Henry Muinuka werekeje muri RRG BBC yamaze kubona umusimbura we, ndetse n’umutoza wungirije
Mu mukino w’umunsi wa munani wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, Police FC ihatsindiye Bugesera 2-1 ihita iyobora urutonde rwa shampiyona
Ikigo cy’igihugu cy’amahoro (Rwanda Peace Academy-RPA) cyatangije amahugurwa y’ibyumweru bitatu agenewe abasirikare bo mu bihugu bigize umutwe w’ingabo za Afurika y’Iburasirazuba zihora ziteguye kurinda aho rukomeye( Easter Africa Standby Force- EASF).
Uwineza (izina yahawe) w’imyaka 17 y’amavuko, arimo gukora ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza byatangiye ku wa mbere tariki 04 Ugushyingo 2019. Arabikora ari kumwe n’uruhinja rwe rw’ibyumweru bibiri kandi ngo yiteguye kubirangiza akazakomeza amashuri yisumbuye.