Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 04 Ugushyingo 2024, urukiko rwa Rubanda rw’i Paris mu Bufaransa, rwatangiye kuburanisha mu bujurire Philippe Hategekimana uzwi nka Biguma wari warahamijwe ibyaha bya Jenoside, agakatirwa gufungwa burundu.
Mu Buhinde, abantu 36 baguye mu mpanuka y’imodoka ya bisi yavuze feri igeze mu misozi, ita umuhanda irahirima mu Majyaruguru ya Leta ya Uttarakhand.
Aba Badepite bo muri Somalia, bagize Komisiyo y’Uburinganire n’Uburenganzira bwa Muntu bari mu ruzinduko rw’iminsi itanu mu Rwanda, aho baje kureba uko u Rwanda rwiyubatse mu bikorwa bitandukanye by’iterambere, kuko rumaze kuba icyitegererezo ku Mugabane wa Afurika kubera iterambere rugeraho mu nzego zitandukanye.
Itsinda ry’inzobere mu by’umutekano rigizwe n’abakuriye serivisi z’ubutasi bwa gisirikare mu Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), zemeje umushinga w’ibikorwa bigamije kurandura umutwe wa FDLR no gucecekesha imbunda mu burasirazuba bwa RDC.
Abaturage b’Umudugudu w’Akayange Akagari ka Ndama Umurenge wa Karangazi barifuza ko bahabwa amazi meza bikabarinda gukomeza kuvoma ayifashishwa mu kuhira imyaka mu cyanya cya Gabiro Agri Business Hub, kuko abagera kuri 17 bamaze kuhasiga ubuzima.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yatangaje ko Virusi ya Marburg imaze guhitana abantu 16 mu Rwanda, yavuye ku ducurama turya imbuto tuba mu buvumo bw’ibirombe bitari kure y’i Kigali.
Abakinnyi Tumukunde Hervine na Niyonizeye Eric, begukanye irushanwa rya Chinese Ambassador’s Cup, ryabaga ku nshuro ya gatanu aho ryitabiriwe n’abarenga 120 mu byiciro bitandukanye.
Umunyamuzika wanawutunganyaga (producer) Quincy Jones, wakoranye na Michael Jackson, Frank Sinatra n’abandi bahanzi b’ibyamamare benshi, yitabye Imana ku myaka 91.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ushinzwe ubufatanye n’Akarere, Gen(Rtd) James Kabarebe, mu kiganiro yagiranye n’igitangamakuru cya CSIS, yasobanuye byinshi ku bijyanye n’umubano w’u Rwanda n’ibihugu bituranye na rwo harimo Uganda, u Burundi ndetse na Repubulika Iharanira Demokarasi (…)
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Cricket yegukanye irushanwa ryayihuzaga n’Igihugu cya Kenya nyuma yo kuyitsinda imikino itatu kuri ibiri. Ni irushanwa ryaberaga kuri Stade Mpuzamahanga ya Gahanga ya Cricket kuva tariki 29 Ukwakira 2024 kugeza tariki ya 2 Ugushyingo 2024. Umukino wa kane watangiye saa tatu za mu gitondo Kenya (…)
Abarimu bigisha umukino wa Karate Shotokani mu Rwanda basabwe kutihererana ubumenyi bahabwa ahubwo bakabusangiza abandi mu rwego rw’iterambere ry’uyu mukino.
Ibi ni ibyashimangiriwe mu gitaramo ‘I Bweranganzo’ cya Chorale Christus Regnat, cyabaga ku nshuro ya Kabiri, ariko icy’uyu mwaka kikaba cyari gifite umwihariko wo gukusanya ubushobozi bwo gufasha abana baturuka mu miryango itishoboye bakababonera ifunguro ku ishuri.
Amakipe ya Ntagengwa na Gatsinzi n’iya Munezero na Benita ni bo begukanye irushanwa rya Beach Volleyball ryasojwe kuri iki Cyumweru
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere(RGB), ruvuga ko nyuma yo kwambura ubuzima gatozi imwe mu miryango ishingiye ku myemerere (amadini n’amatorero), imitungo yayo irimo insengero, ikoreshwa icyo amategeko shingiro agenga iyo miryango ateganya.
Kigali, umurwa mukuru w’u Rwanda uri mu mijyi irimo gutera imbere cyane bitewe n’ibikorwa remezo birimo imihanda n’inyubako zijyanye n’igihe.
Ikipe ya APR FC ishobora guterwa mpaga ku mukino w’umunsi wa munani wa shampiyona wayihuje na Gorilla FC kuri iki Cyumweru bakanganya 0-0 nyuma yo gushyira mu kibuga abakinnyi barindwi b’Abanyamahanga icyarimwe kandi bitemewe.
Imiryango 1000 yo mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze, yatangiye gutera ibiti by’imbuto za Avoka mu ngo zayo, bikaba byitezweho ko mu myaka ibiri iri imbere, bizaba byatangiye gusarurwaho imbuto za avoka zeze neza, iyo miryango ikabasha kwihaza mu biribwa igakumira imirire mibi kandi igasagurira n’amasoko.
Ku itumanaho rigezweho kandi ryihuta, Infinix Rwanda yasohoye telefone zigezweho za Hot 50 Series z’umubyimba muto kurusha izindi kandi zikoresha ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano rya AI.
Kuri uyu wa Gatandatu, Rayon Sports yatsinze inyagiye Kiyovu Sports yabanje kwihagararaho kuri Kigali Pelé Stadium, yari yuzuye abafana ibitego 4-0 ifata umwanya wa mbere.
Ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga mu Birwa bya Maurice (île Maurice), ryahagaritswe by’agateganyo kugeza igihe amatora Igihugu kigiye kwinjiramo azaba arangiye ku itariki 11 Ugushyingo 2024.
Minisitiri w’intebe wa Espagne, Pedro Sanchez yategetse inzego z’umutekano zigizwe n’abasirikare 5.000 n’Abapolisi 5.000, zoherezwa mu Karere ka Valencia kibasiwe n’ibiza mu bikorwa by’ubutabazi.
Ikibazo cyo kwiyahura gikomeje gufata intera mu Karere ka Musanze, aho mu minsi ibiri gusa hiyahuye abantu batanu, abenshi muri abo biyahura bakaba bifashisha cyane cyane imiti yica udukoko, hakaba n’abifashisha imigozi.
Erik ten Hag uherutse kwirukanwa ku mwanya wo gutoza ikipe ya Manchester United, yavuze ko nta kindi yakwifuriza abafana b’iyi kipe uretse amahirwe ndetse no kwegukana ibikombe, anabashimira uburyo babanye nawe mu bihe bibi n’ibyiza.
Mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri Botswana ku wa Gatatu tariki 30 Ukwakira 2024, ibyayavuyemo bitangazwa kuri uyu wa Gatanu tariki 1 Ugushyingo 2024, Ishyaka rya Botswana Democratic Party (BDP) ryari rimaze imyaka 58 ku butegetsi ryatsinzwe ayo matora, ku buryo bukomeye.
Minisiteri y’Ubuzima, Minisante, yatangaje ko abakize Virusi ya Marburg, bagomba kwitwararira cyane birinda gukora imibonano mpuzabitsinda idakingiye, konsa kuko hari ibice virusi isigaramo mu gihe kirenga umwaka, utitwararitse akaba yakwanduza abandi iyo ndwara.
Imihigo Akarere ka Musanze kahize gushyira mu bikorwa muri uyu mwaka w’Ingengo y’Imari wa 2024-2025 uko ari 112, ubuyobozi bwako hamwe n’inzego zishinzwe umutekano, bwayimurikiye abaturage, buboneraho gukebura abishoraga mu bikorwa birimo nk’ubusinzi n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge kwitandukanya nabyo, kuko bikurura (…)
Umusore w’imyaka 23 wo muri Argentine, yishwe n’umukobwa bakundanaga amuziza gusa kuba yari asuhujwe n’undi mukobwa bahuruye ku muhanda, akamubaza amakuru kuko bari bariganye.
Paul Muvunyi wayoboye Rayon Sports mu bihe bitandikanye, yavuze ko inzego zitandukanye zasabye ko abayiyoboye bose kujya ku ruhande mu 2020 ari nazo zababwiye kugaruka atari bo babisabye.
Korali Christus Reignat, ikorera kuri Paruwasi Regina Pacis, igeze kure imyiteguro ya nyuma y’igitaramo ‘I Bweranganzo’, kigiye kuba ku nshuro ya Kabiri.
Ikigo cy’imari cya BK Capital cyahawe igihembo cy’Umuhuza mwiza w’Isoko ry’Imari n’Imigabane mu Rwanda mu 2024 (Best Securities House in Rwanda) gitangwa na Euromoney.
Mu Murenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi, habereye impanuka, aho ikamyo igonganye na Coaster yari itwaye abagenzi, hakomereka abantu 13 bari muri iyo Coaster.
Kuri uyu wa gatanu tariki 1 Ugushyingo 2024, Prof. Kindiki Kithure yarahiriye inshingano nshya zo kuba Visi Perezida wa Kenya.
Bamwe mu bahoze bayobora Rayon Sports barimo Paul Muvunyi na Sadate Munyakazi basuye ikipe ya Rayon Sports banizeza abafana ko ikipe igiye kongera gukomera
Pasiteri Ebuka Obi wo muri Nigeria, mu gihe yarimo abwiriza ijambo ry’Imana, yavuze ko umugabo mukuru ufite imyaka 40 kuzamura, ugurira umugore we imodoka mbere yo kuyigurira nyina, aba atagira ubwenge.
Mu Mudugudu wa Rugege uherereye mu Kagari ka Muhembe, Umurenge wa Karama, Akarere ka Huye, haravugwa inkuru y’umugabo ngo wakubitiwe ifuni mu rugo yari yagiye gusambanamo, agahita ahasiga ubuzima.
U Rwanda rwashyikirije Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) inyubako izakoreramo icyicaro gikuru cy’ikigo cyawo gishinzwe imiti n’ibiribwa (Africa Medecines Agency, AMA) kikazafasha uyu mugabane kubona imiti ifite ubuziranenge.
Perezida wa Botswana ucyuye igihe Mokgweetsi Eric Keabetswe Masisi, yatangaje ko yemera ko ishyaka rye ryatsinzwe, ariko yemeza ko azakora ku buryo ihererekanya ry’ubutegetsi hagati ye n’uwatsinze amatora rigenda neza ku buryo bushoboka.
Umusore w’imyaka 22 witwa Kabayiza Jean Bosco, yatawe muri yombi mu ijoro rishyira itariki ya 01 Ugushyingo 2024, nyuma yo gufatirwa mu cyuho yiba, aho yari yiyambitse imyambaro y’abagore.
Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda, RBC, kivuga ko 55% by’urubyiruko rufite kuva ku myaka 10-24 y’amavuko rwugarijwe n’indwara y’agahinda gakabije(depression), ituma umuntu adafata imiti neza bikaba byamuviramo urupfu rwihuse.
Abakoresha umuhanda wa Kaburimbo Kigali - Musanze, batanga impuruza z’umusozi uyu muhanda wubatseho, mu gace kazwi nko kuri ‘Buranga’, ukomeje kwangirika mu buryo bukomeye kandi busatira cyane uwo muhanda, ku buryo haramutse nta gikozwe mu maguru mashya ngo hasanwe, uwo muhanda ushobora kuzaridukira mu manga, ubuhahirane (…)
Prudence Sendarasi, umuhinzi w’imyembe na avoka mu Kagari ka Cyotamakara, Umurenge wa Ntyazo w’Akarere ka Nyanza, amaze imyaka ine muri ubu buhinzi. Avuga ko agitangira guhinga yahuraga n’imbogamizi zo kugira ibyonnyi byinshi mu mirima ye, ariko ntamenye uburyo bwo kubikumira.
Ikigo Gishinzwe Guteza Imbere Uburezi mu Rwanda (REB), kivuga ko nubwo hakigaragara abana batazi gusoma no kwandika neza, ariko umwana yari akwiye kuba abizi arangije umwaka wa gatatu w’amashuri abanza, ari na yo mpamvu hari gahunda zitandukanye zigamije gukemura icyo kibazo.
Nyuma yo gutsindwa ku mukino wa kabiri, kuri uyu wa Kane ikipe y’Igihugu yu Rwanda y’abakobwa yatsinze iya Kenya umukino wa kabiri mu irushanwa rya ‘Rwanda-Kenya Women’s T20I Bilateral Series’, ku kinyuranyo cy’amanota 28.
Lt Gen (Rtd) Charles Kayonga, usanzwe ari ambasaderi w’u Rwanda muri Turikiya, yatanze impapuro zimwemerera guhagarira u Rwanda muri Azerbaijan, igihugu kiri mu Majyepfo y’u Burusiya.
Haruna Niyonzima wahoze ari kapiteni w’Amavubi yatangaje ko azategura umukino wo gusezera ku mugaragaro igihe FERWAFA yaba itabikoze
Umuryango w’Abibumbye wasabye Leta ya Peru, gutanga indishyi z’akababaro ku bagore yafungiye urubyaro ku gahato, kuko bishobora kwitwa ibyaha byibasiye inyokomuntu.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko abantu babiri gusa ari bo basigaye bari kuvurwa icyorezo cya Marburg.