Musenyeri Paskalis Bruno Syukur, Umwepiskopi wa Bogor muri Indoneziya yivanye mu mubare w’abazashyirwa mu rwego rwa Karidinali, mu muhango wari uteganyijwe tariki 7 Ukuboza 2024.
Abaturage bari mu cyiciro cy’abazimurwa mu mushinga wo kwagura Pariki y’Igihugu y’ibirunga, biganjemo abatuye Umurenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, basoje amahugurwa bamazemo umwaka ajyanye no kwiga uburyo bwo guhanga imishinga igamije iterambere.
Komisiyo y’amatora muri Mozambique, yatangaje ko ishyaka riri ku butegetsi, Frelimo, ryatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu rikaba rigiye gukomeza kuyobora nyuma y’imyaka 49 rimaze ku butegetsi.
Abasore n’inkumi 253 bagize icyiciro cya 14 cy’Intore z’Imbuto Zitoshye, basabwe kubyaza umusaruro amahirwe urubyiruko rufite, kuko atandukanye cyane n’ayo mu myaka 35 yabanjirije Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abakuru b’Ibihugu na za guverinoma byo mu muryango Commonwealth w’ibihugu bihuriye ku Cyongereza, barimo kwitegura guhangara Leta y’Ubwongereza no gufatira hamwe ingamba zo gusuzuma ikibazo cy’ubutabera n’impozamarira bigomba guhabwa ibihugu byakorewemo icuruzwa ry’abacakara.
Inteko Rusange ya Sena, kuri uyu wa Kane tariki 24 Ukwakira 2024, yemeje Kayinamura Ulrich ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru w’Ikigega Agaciro Development Fund, Munyangaju Aurore Mimosa nka Ambasaderi w’u Rwanda muri Luxembourg na Uwase Patricie, Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Cooperation Initiative (RCI).
Kuri uyu wa Kane, Umunyarwanda Tuyizere Etienne yegukanye agace ka Kane k’isiganwa ry’amagare yo mu misozi, mu bakina ku giti cyabo n’aho Abadage Daniel Gathof na Peter Schermann, bakegukana mu bakina bafatanyije.
Perezida Felix Tshisekedi mu ruzinduko yakoreye i Kisangani mu Ntara ya Tshopo, akaganira n’abaturage mu rurimi rw’Ilingala, yatangaje ko bikwiye ko habaho ivugurura ry’Itegeko Nshinga kuko irihari ubu, ryanditswe n’abanyamahanga rikaba ryifitemo ibintu bigomba guhinduka. Perezida Tshisekedi yavuze ibyo mu gihe ingingo yo (…)
Banki ya Kigali BK yateye inkunga ya Miliyoni eshanu z’ Amafaranga y’u Rwanda (5.000.000 Frw) gahunda y’ubukungarambaga bwo kurwanya kanseri y’ibere bwateguwe n’Ikigo ‘Breast Cancer Initiative East Africa (BCIEA)’ bukorwa buri mwaka hagamijwe kumenyekanisha kanseri y’ibere, gukangurira abantu kuyipimisha hakiri kare, ndetse (…)
Imvura yaguye mu rukerera rwo ku itariki 24 Ukwakira 2024 mu Mudugudu wa Nyakanunga, Akagari ka Nyamabuye, Umurenge wa Gatsata mu Karere ka Gasabo, yatumye umukingo ugwira inzu, abantu bane barimo n’umuturanyi umwe barakomereka bikomeye.
Umukobwa wivugira ko afite imyaka 18 y’amavuko, ari mu gihirahiro cyo kutagira indangamuntu kubera ko ababyeyi be batamwandikishije mu irangamimerere ndetse akaba nta cyangombwa na kimwe afite kigaragaza imyaka ye y’amavuko.
Mu gihe habura ibyumweru bibiri gusa, abatuye muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, abaturage bakihitiramo Umukuru w’Igihugu, abarenga miliyoni zirindwi (7), ntabwo baragira amahitamo y’uwo bazatora hagati y’Umurepubulikani, Donald Trump n’Umudemukarate Kamala Harris.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Ukwakira 2024, umuntu umwe yanduye Icyorezo cya Marburg mu bipimo 81 byafashwe.
Polisi yo mu Burengerazuba bw’Umujyi wa Düsseldorf mu Budage, yatangaje ko yatahuye resitora yacuruzaga Pizza ariko ikongeraho n’ikiyobyabwenge cya ‘Cocaïne’ ku bakiliya basabye Pizza ifite nomero ya 40 ku rutonde rwa Pizza zigurishwa muri iyo Resitora.
Aya masezerano yasinywe kuri uyu wa Gatatu, hagati y’u Rwanda na Samoa agamije gutangiza umubano mu bya dipolomasi, binyuze mu gushyiraho za ambasade hagati y’ibihugu byombi.
Mu rwego rw’Ukwezi kwahariwe kwita ku buzima bwo mu mutwe, gufite insanganyamatsiko igira iti ‘Twite ku buzima bwo mu mutwe aho dukorera’, bamwe mu bashinzwe kwita ku buzima bwo mu mutwe mu Karere ka Bugesera, basobanuye bimwe mu biranga umuntu ufite ubuzima bwo mutwe butameze neza cyangwa se bwahuye n’ikibazo cyabuhungabanyije.
Umwarimukazi wo mu Karere ka Nyamagabe arasaba ubuyobozi bw’Inama y’Igihugu y’abagore n’izindi nzego, kumufasha kugeza gahunda yise icyumba cy’umukobwa mu Midugudu itandukanye, mu rwego rwo kubonera abakobwa ibikoresho by’isuku.
Israel yemeje ko igisirikare cyayo cyishe Hachem Safieddine, wari mubyara wa nyakwigendera Hassan Nasrallah ndetse akaba ari we wahabwaga amahirwe yo kuzamusimbura ku buyobozi bw’umutwe wa Hezbollah.
Kuri uyu wa 23 Ukwakira 2024, Perezida wa Repubulika Paul Kagame uri mu ruzinduko mu birwa bya Samoa, yizihirije isabukuru y’amavuko muri icyo gihugu, nk’uko bigaragara ku mafoto, aho yizihije ibyo birori ari kumwe n’itsinda ry’abayobozi bamuherekeje mu nama ya CHOGM 2024 irimo kubera aho muri Samoa.
Umukinnyi wa film w’Umwongereza, Idris Elba yabwiye BBC ko afite gahunda yo kwimukira muri Afurika, akahamara imyaka 10 muri gahunda afite yo gushyigikira umwuga wo gukina film kuri uyu mugabane.
Abahawe ibihembo na Polisi y’Igihugu mu marushanwa y’isuku n’isukura n’umutekano mu Karere ka Kamonyi, baravuga ko bagiye kurushaho kuwucunga neza, bitwararika ku byakomeza guhungabanya umutekano, kuko babifata nk’ikimenyetso cyo kwirinda ibyaha.
Abashinzwe kwamamaza Donald Trump wiyamamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika (US) ku ruhande rw’aba Repubulikani, bikomye ishyaka riri ku butegetsi mu Bwongereza (Labour Party) barishinja ko ririmo kwivanga mu matora binyuze mu gushyigikira ibikorwa byo kwamamaza mukeba we Kamala Harris w’umu Demukarate.
Musaneza Françoise, kuri ubu ufite imyaka 45 y’amavuko, igice kinini cy’imyaka amaze abonye izuba, yakimaze mu buzima avuga ko bwari buruhije kandi bushaririye, ubwo yari mu babarizwaga mu mutwe w’inyeshyamba wa FDLR.
Mu ijoro ryo ku wa 22 Ukwakira 2024, hakinwe imikino umunani y’umunsi wa gatatu wa UEFA Champions League 2024-2025 yasize Real Madrid na Arsenal zitahanye intsinzi.
Perezida Paul Kagame yageze mu mujyi wa Apia, mu murwa mukuru wa Samoa, aho yitabiriye inama ya CHOGM ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo mu muryango wa Commonwealth uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza.
Imyaka imaze kurenga itanu raporo y’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere (RGB), igaragaza ko inzego z’Umutekano (Ingabo na Polisi) ziza ku isonga mu kugirirwa icyizere n’abaturage.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 22 Ukwakira 2024 umuntu umwe ari we ukirimo kuvurwa indwara ya Marburg, uyu muntu akaba ari na we wari urimo kuvurwa ku wa Mbere tariki 21 Ukwakira 2024.
Mu Karere ka Nyabihu, mu Murenge wa Bigogwe inzu y’ubucuruzi yibasiwe n’inkongi bimwe mu bicuruzwa birashya birakongoka, ibindi abaturage babisohoramo bitarashya.
Ishami rya UN ryita ku mpunzi (UNHCR), ryavuze ko ribabajwe cyane n’inkuru y’impunzi enye Leta ya Kenya yasubije muri Turukiya (Turkey).
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze abantu icumi barimo batatu bakurikiranyweho kwigana inzoga zo mu bwoko bwa likeri (Liquor), naho abandi barindwi bakaba ibyitso kuko bababikiraga ibikoresho bifashishaga. Ibyafatiriwe byose bifite agaciro kangana na Miliyoni zisaga 31 z’Amafaranga y’u Rwanda (…)
Umunyamakuru Martin Mateso, wakoreye ibitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda no mu Bufaransa, yitabye Imana azize umutima ku myaka 70.
Polisi yo mu gihugu cya Mozambique yahanganye n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bigaragambya bamagana uburyo amatora y’umukuru w’Igihugu yagenze.
Rigathi Gachagua wahoze ari Visi Perezida wa Kenya, yasabwe kwitaba Urwego rw’Ubugenzacyaha muri Kenya (DCI), kugira ngo asobanure ibyo yatangaje ko bagerageje kumwica kabiri kose bakoresheje uburozi.
Senateri Bideri John Bonds na Senateri Uwera Pélagie kuri uyu wa kabiri tariki 22 Ukwakira 2024, batowe na bagenzi babo ngo bahagararire u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko Nyafurika.
Nyuma y’amakuru y’ibihuha yatangajwe ku mbuga nkoranyambaga ndetse agatambuka mu binyamakuru bitandukanye avuga ko Perezida wa Cameroun, Paul Biya yitabye Imana, yongeye kugaragara mu ruhame mu gihugu cye.
Ubuyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA) hamwe na Polisi y’Igihugu bwongeye kwihanangiriza abafite imodoka zitwara abagenzi batabifitiye uruhushya, kuko kubikora ari ikosa bahanirwa.
Umupadiri witwa Wycliffe Byamugisha wo muri Arkidiyosezi Gatolika ya Mbarara, yitabye Imana azize impanuka ikomeye y’imodoka ku cyumweru tariki 20 Ukwakira 2024.
Umugabo wo muri Colombia, yagize ibyago byo kwisanga yitiranwa n’umuntu amazina yombi kandi uwo bitiranwa ashakishwa n’inzego z’umutekano, bituma afungwa inshuro eshatu (3) mu myaka 13, kubera kumwitiranya.
Kuri uyu wa Mbere, tariki 21 Ukwakira 2024, Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko umuntu umwe gusa (1) ari we uri kuvurwa Icyorezo cya Marburg.
Igisirikare cya Israel, cyasabye imbabazi ku bw’abasirikare batatu ba Lebanon bishwe ku cyumweru mu gitero iki gihugu cyagabye mu burasirazuba, mu ntambara gihanganyemo n’umutwe wa Hezbollah.
Abaturage bamaze iminsi bubaka Maternité ku Kigo nderabuzima cya Karwasa giherereye mu Karere ka Musanze, barataka inzara no kunanirwa kubeshaho abo mu miryango yabo, nyuma y’uko bamaze amezi atatu badahembwa amafaranga bakoreye.
Nyuma y’uko igishushanyo mbonera cy’imikoreshereze y’ubutaka cyo ku rwego rw’Igihugu cyemejwe mu Nama y’Abaminisitiri yo muri Nyakanga 2020, hakozwe ibishushanyo mbonera by’Uturere bishyira mu bikorwa icyo gishushanyo mbonera mu byiciro bito bito.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima OMS, ryatangaje ko Igihugu cya Misiri cyahanganye n’indwara ya malariya aho nta muturage w’iki gihugu ukiyirwara.
Imboni z’umupaka mu Karere ka Nyagatare, zivuga ko hakwiye kongerwa abasirikare n’abapolisi basanzwe bakorana mu guhashya abinjiza magendu n’ibiyobyabwenge mu Gihugu, kuko inkoni batakizitinya uretse imbunda gusa.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko mu rwego rwo gushaka uko Bisi zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange zakwihuta mu gihe zitwaye abagenzi yaba mu masaha y’akazi cyangwa asanzwe, hagiye gutangira igerageza ryo kuzishakira inzira yazo zonyine.
Ku Cyicaro Gikuru cya MINAGRI ku Kacyiru, kuri uyu wa Mbere tariki 21 Ukwakira 2024, Dr. Ildephonse Musafiri wari Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi yahererekanyije ububasha na Dr. Mark Cyubahiro Bagabe, uheruka kumusimbura.
Major General (Rtd) Amb Frank Mugambage, wari Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, yahererekanyije ububasha kuri izo nshingano na Maj Gen Alex Kagame wamusimbuye.
Abatembereza ibicuruzwa mu mihanda yo mu mujyi wa Musanze bazwi nk’Abazunguzayi, bavuga ko bari barijejwe guhabwa imyanya yo gucururizamo mu isoko rishya ry’ibiribwa rya Musanze, kugira ngo bave muri ubwo bucuruzi butemewe, none ubu bahangayikishijwe n’uko ntayo bigeze bahabwa, ndetse ubu birasa n’aho batagifite icyizere cyo (…)