Mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye hari imiryango imwe n’imwe yinubira kuba ituye mu mujyi, ifite n’amashanyarazi mu ngo, nyamara itabasha gucana no kwifashisha amashanyarazi mu bundi buryo, igihe cyose bayakeneye.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yagaragaje ko kubaka iterambere rirambye u Rwanda rwifuza mu cyerekezo 2050, bikeneye kubakira ku muco Nyarwanda no ku ndangagaciro zawo.
Muzungu Gerald wayoboye Akarere ka Kirehe manda ebyiri, niwe ugiye kuyobora Akarere ka Karongi by’agateganyo.
Madamu Jeannette Kagame yavuze ko Abanyarwanda bakwiye gukomeza kuzirikana ko Ubunyarwanda ari yo sano muzi yabo, ubumwe bwabo bukaba ingabo ikingira icyo ari cyo cyose cyabatanya.
Abahinzi bibumbiye mu makoperative atatu ahinga umuceri mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko urugomero rw’amazi rwa Karungeri bafatiraho amazi bifashisha mu kuhira umuceri rudakozwe byihuse, barumbya kubera ko imirima yabo itakibona amazi.
Umugabo wabaye icyamamare mu mukino w’iteramakofe, Mike Tayson yatsinzwe na Jake Paul mu mukino benshi bahamya ko ari uw’amateka nyuma y’uko muri duce (Round) umunani twakinwe.
Ibiro by’izahoze ari Ingabo za UN zoherejwe kubungabunga amahoro muri Mali, byashyikirije Ingabo z’icyo gihugu ikigo cya nyuma cyari kikiri mu biganza byazo, nyuma yo kwirukanwa muri icyo gihugu.
Ibinyamakuru bitandukanye, by’umwihariko ibyo mu Bwongereza byatangiye kwandika byibaza ahazaza h’Igikomangoma Harry n’umuryango we, nyuma y’uko Donald Trump atsindiye amatora ya Perezida wa Repubulika muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, yabaye ku wa kabiri tariki 5 Ugushyingo 2024.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze, bwasobanuye ko kwimura irimbi ry’Akarere riherereye mu Mudugudu wa Mukungwa Akagari ka Kabirizi mu Murenge wa Gacaca, byatewe n’uko aho riri ari mu marembo y’Umujyi ndetse n’imiterere y’aho riri ikaba yagoraga abarishyinguragamo.
Alexei Zimin, icyamamare mu bijyanye no guteka (Chef cuisinier), wanyuzaga ikiganiro kuri Televiziyo y’u Burusiya, ariko akaba yaragaragaje ku buryo bweruye ko adashyigikiye intambara Perezida Putin w’u Burusiya yashoje muri Ukraine, yasanzwe yapfiriye mu cyumba cya Hotel i Belgrade muri Serbia.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Jean Patrick Nduhungirehe yakiriye kopi z’impapuro zemerera Brig. Gen. Mamary Camara, guhagararira Mali mu Rwanda.
Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Mukase Valentine yamaze kwandika yegura ku mwanya w’ubuyobozi n’umwanya w’Umujyanama mu nama Njyanama y’Akarere ka Karongi, akaba yasezeye ku mirimo hamwe n’umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Niragire Theophile hamwe na Dusingize Donatha wari Perezida w’Inama Njyanama.
Umuraperi Steven Munyurangabo uzwi cyane nka Siti True Karigombe, akaba umwe mu bamaze igihe kandi bahagaze neza muri njyana ya Hip Hop Nyarwanda, yashyize hanze Extended Play (EP) nshya yise ‘Ibyuya Byanjye’.
Lazaro Sahinkuye w’imyaka 23 wo mu Mudugudu wa Gitwa, Akagari ka Karambo, Umurenge wa Kibilizi, Akarere ka Nyamagabe, ari gushakishwa ngo abazwe iby’urupfu rw’umukecuru witwa Bernadette Mukanyangezi w’imyaka 55 akekwaho kwica, mu masaa mbiri z’igitondo cyo kuri uyu 15 Ugushyingo 2024.
Mu bizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye byo mu mwaka wa 2023/2024 abanyeshuri bigaga imyuga n’ubumenyi ngiro batsinze neza kurusha bagenzi babo bigaga ubumenyi rusange.
Muri Afurika y’Epfo, abakora ubucukuzi butemewe n’amategeko bw’amabuye y’agaciro ya Zahabu basaga 4000, barakekwa kuba bakihishe mu birombe, nyuma y’uko Guverinoma ya Afurika y’Epfo ifashe icyemezo cyo gufunga inzira bakoreshaga bashaka ibyo kurya no kunywa. Igituma bakomeza kwihisha muri ibyo birombe bikaba ari uko batinya (…)
Abanyarwanda baba muri Canada, inshuti n’umuryango wa nyakwigendera Erixon Kabera uherutse kwicwa arashwe n’umupolisi wo muri icyo gihugu, bakoze imyigaragambyo y’amahoro basaba guhabwa ubutabera n’ibisubizo ku iyicwa rye ritarasobanuka.
Minisiteri y’Uburezi(MINEDUC) yatangaje amanota y’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye byakozwe mu mezi ya Nyakanga na Kanama 2024, aho 78.6% ari bo babitsinze bakaba bazahabwa impamyabumenyi.
Abanyarwanda mu byiciro bitandukanye bagaragaje agahinda nyuma yo gutsindwa na Libya igitego 1-0 mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika 2025, bigabanyiriza Amavubi amahirwe yo kubona itike.
Ibigo bishinzwe amasoko ya Leta muri Afurika(APPN) byemeranyijwe ko itangwa ry’amasoko ya Leta rigiye kwibanda ku bikorerwa imbere mu gihugu, kubera impamvu zitandukanye zirimo iyo gusigasira agaciro k’ifaranga gatakarira mu gutumiza ibintu hanze y’Igihugu.
Ni nyuma y’uko amashusho agaragaza uuyu muhanzi w’icyamamare mu muziki ukomoka muri Tanzania, Rajab Abdul Kahali uzwi nka Harmonize ari mu rusengero apfukamye hasi, Umupasiteri arimo amusengera, akuruye impaka ku mbuga nkoranyambaga.
Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Israel Katz yatangaje ko nta gahenge ko guhagarika kurwana kazigera kabaho mu gihe cyose Israel itagera ku ntego zatumye itangiza intambara muri Lebanon.
Imishinga 12 ya ba rwiyemezamirimo b’abari n’abategarugori ni yo irimo guhatanira ibihembo bya BK Foundation ku bufatanye n’Ikigo gihugura ba rwiyemezamirimo Inkomoko Entrepreneur Development mu cyiciro cya munani cya ‘BK Urumuri Initiative’.
Kuri uyu wa Kane, Amavubi yatsindiwe na Libya kuri Stade Amahoro igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa gatanu wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2025, icyizere cyo kugikina kirayoyoka.
Hari abumva akazi ko gukora muri serivisi zo kwita ku mirambo iri mu buruhukiro bw’ibitaro mu gihe itarajya gushyingura, biteye ubwoba kubera ibyo bagatekerezaho bitandukanye.
Imvura nyinshi ivanze n’umuyaga yaguye mu masaha y’umugoroba wo kuwa gatatu tariki 13 Ugushyingo 2024 mu Karere ka Musanze, yangije imyaka y’abaturage inagurukana ibisenge by’inzu, ba nyirabyo basigara mu bihombo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buratangaza ko mu gihe kitarenze icyumweru kimwe, buba bwamaze gushaka aho gushyira ibishingwe byo mu Murenge wa Runda, biva mu ngo z’abaturage nyuma y’uko byangiwe koherezwa mu kimoteri cya Nduba mu mujyi wa Kigali.
Mu gihe isi yose izirikana umunsi wahariwe indwara ya Diyabete kuwa 14 Ugushyingo, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima OMS/WHO rivuga ko abantu basaga miliyoni 422 ku isi hose barwaye Diyabete, abenshi bakaba ari abo mu bihugu bikennye n’ibifite iterambere riciriritse aho iyi ndwara ihitana miliyoni 1,5 buri mwaka.
Abanyarwanda b’ingeri zose bazindukiye gushyigikira ikipe y’igihugu y’u Rwanda "Amavubi" yakira Libya kuri uyu wa Kane saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kuri Stade Amahoro mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2025.
Mu Karere ka Kamonyi, mu Murenge wa Runda, Akagari ka Ruyenzi, Umudugudu wa Nyagacaca, Polisi yakoze igikorwa cyo gushaka abasore batatu bakekwaho ubujura bwo gutega abantu bakabambura telefone n’ibindi.
Mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyamata, kuri uyu wa Kane tariki 14 Ugushyingo 2024 Ubushinjacyaha bwasabiye Rurangirwa Wilson uzwi nka Salongo gufungwa iminsi 30 y’agateganyo kubera ko hari impamvu zikomeye zituma akekwaho ibyaha akurikiranyweho.
Muri Tanzania, urukiko rukuru rwa Dar es Salaam rwakiriye ikimenyetso gishya, kigizwe n’itaka ryashongeyeho amavuta y’umurambo wa nyakwindera, Naomi Orest Majiran, bivugwa ko yishwe n’umugabo we, Hamis Luwongo.
Tariki 04 Ugushyingo 2024, urukiko rwa Rubanda rw’i Paris mu Bufaransa, nibwo rwatangiye kuburanisha mu bujurire Philippe Hategekimana Manier uzwi nka ‘Biguma’ wari warahamijwe ibyaha bya Jenoside, agakatirwa gufungwa burundu.
Umugore wo muri Nouvelle-Zelande, yakatiwe n’urukiko gufungwa amezi abiri muri gereza nk’igihano cy’uko yagaburiye imbwa ye cyane kugeza ubwo yishwe n’ibibazo biterwa n’umubyibuho ukabije.
Ku mugoroba wo ku wa 13 Ugushyingo 2024, nibwo Umunya-Eswatini, Bhembe Malungisa akaba inzobere mpuzamahanga muri ruhago ikinirwa ku meza, yageze mu Rwanda aho aje guhugura abarimo abatoza b’Abanyarwanda kuri uyu mukino utamaze igihe kinini uhageze.
Perezida Paul Kagame yavuze ko Afurika ifite intego yo gukomeza kugira uruhare mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, n’ubwo hakiri ubushobozi buke mu bijyanye n’ishoramari ku mishinga irengera ibidukikije.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko kuba hari urubyiruko rukora imishinga ijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi bizazamura umusaruro w’uru rwego kandi bizanasubiza ingorane zikigaragaramo.
Nubwo Abanyarwanda bavuga ko batunzwe na guhinga no korora ndetse bakavuga ko ubutaka bubafitiye akamaro mu gutura, ikiyaga cya Kivu gifite akamaro mu mibereho y’Abanyarwanda batari bacye, haba mu kubona ibibatunga, gutanga akazi, ubuhahirane, guteza imbere inganda no gutanga amashanyarazi hamwe n’ubukerarugendo.
Ikigo gitsura Ubuziranenge (RSB) cyatangaje amabwiriza y’ubuziranenge ku ngofero z’abagenda kuri moto (helmets/casques), runasaba abamotari bifuza kugura izo ngofero kwita ku zujuje ibisabwa kugira ngo barinde ubuzima bwabo n’abo batwara kuri moto.
Muri Thailande, umubyeyi w’imyaka 64 yubatse gereza mu nzu ye agamije kwicungira umutekano we n’uw’abaturanyi nyuma yo guhorana impungenge z’ibibazo byaterwa n’umuhungu we w’imyaka 42 wabaswe n’ibiyobyabwenge.
Impuguke mu bijyanye n’ubukungu ziravuga ko nubwo izamuka ry’ubukungu ritanga icyizere k’u Rwanda, ariko mu rwego rwo kugira ngo rugere mu cyiciro cy’ibihugu byateye imbere cyane muri 2035, hakenewe icyatuma ubumenyi bw’Abanyarwanda bugira uruhare ku bukungu bw’Igihugu.
Aborozi bo mu Turere twa Nyagatare, Gatsibo na Kayonza, Imirenge yegereye Ikigo cya Gisirikare cya Gabiro, bemerewe kwinjiramo bakahira ubwatsi bw’amatungo yabo hagamijwe kuyarinda impfu zikomoka ku kubura ubwatsi no kongera umukamo w’amata.
Ba Minisitiri b’Uburezi ndetse n’abandi bayobozi bashinzwe uburezi hamwe n’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’uburezi muri Afurika bitabiriye Inama Nyafurika ku Burezi bw’Ibanze, yari imaze iminsi itatu iteraniye mu Rwanda, bashimye uburyo uburezi bw’abana bo mu Rwanda bwubatse, kuva mu mashuri y’incuke kuzamura.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ku wa Kabiri tariki 12 Ugushyingo 2024 rwafunze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbogo mu Karere ka Rulindo, Ndagijimana Frodouard.
Nyuma y’aho bigaragariye ko Umurenge wa Gataraga uri inyuma y’indi Mirenge igize Akarere ka Musanze mu kwitabira Ingo Mbonezamikurire y’Abana bato, abaturage bo muri uyu Murenge ubarizwa mu Karere ka Musanze, bavuga ko igihe kigeze bakitandukanya n’imyumvire yatumaga batazijyanamo abana babo, mu kwirinda gukomeza kubavutsa (…)
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwatangaje ko bwataye muri yombi umusirikare witwa Sergeant Minani Gervais w’imyaka 39 y’amavuko, akaba akurikiranyweho kurasira abantu batanu mu Kabari.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump yashyize abayobozi batandukanye muri Guverinoma ye barimo n’umuherwe wa mbere ku isi Elon Musk.
Umugabo wo mu Karere ka Kamonyi wari warabaswe no gukoresha ibiyobyabwenge, ubusinzi n’ingeso y’ubusambanyi avuga ko iyo asubije amaso inyuma asanga yari afite imyitwarire nk’iy’impyisi ishaka kurya umwana wayo ikabanza kumubonamo uw’ihene.
Abaturage bubatse Ubwiherero rusange buzajya bwifashishwa n’abagana ibiro by’Umurenge wa Gashaki mu Karere ka Musanze ndetse na santere y’Ubucuruzi byegeranye, barataka ubukene nyuma y’uko rwiyemezamirmo wabakoreshaga, ngo yaba yarabasinyishije inyandiko zigaragza ko bahembwe, nyamara bitarakozwe; ibintu baheraho bamushinja (…)
Aborozi b’inka mu Karere ka Kirehe, barifuza ko bakwegerezwa Laboratwari y’amatungo kugira ngo agire ubuzima bwiza kuko rimwe na rimwe apfa batazi indwara yari arwaye.