Amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko Umunyezamu Kimenyi Yves yafashwe na Polisi nyuma y’uko hari amafoto yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza ibirori byabereye iwe nyuma yo gusakara kw’amafoto y’ibirori byabereye iwe bizwi nka ‘Baby shower’ ni ukuvuga ibirori byo kwitegura umwana.
Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Abarimu mu Kigo cy’Igihugu cy’Uburezi (REB), Mugenzi Ntawukuriryayo Leon, avuga ko uyu munsi mwarimu abayeho mu buzima yishimiye, kubera impinduka zigenda zikorwa hagamijwe kuzamura imibereho ye, gusa ngo izakomeza ubuvugizi kugira ngo ubuzima bwa mwarimu burusheho kuba bwiza.
Kuri uyu wa Kane tariki 19 Kanama 2021, nibwo doze ibihumbi 200 z’inkingo za Covid-19 zo mu bwoko bwa Sinopharm, igihugu cy’u Bushinwa cyageneye u Rwanda zagezwaga ku kibuga cy’indenge mpuzamahanga cya Kigali.
Muri Mozambique abayobozi babiri birukanwe ku mirimo nyuma y’iminsi 12 gusa bahawe inshingano zo kuyobora za gereza, bikaba byatewe n’ibibazo bitandukanye.
Bamwe mu bitandukanyije n’ibikorwa byo gutunda magendu n’ibiyobyabwenge, baraburira abakibyishoramo guca ukubiri na byo, kugira ngo bibarinde guhora bahanganye n’inzego z’umutekano, amakimbirane n’ihohoterwa mu miryango.
Umuhanzi wo hambere witwaga Bizimana Loti, uzwi mu ndirimbo zikubiyemo urwenya n’inyigisho nka Patoro, Nta Munoza, Gera ku isonga n’izindi, burya ngo yari agiye kwicwa akivuka, nyuma y’uko avukanye na Mushiki we ari impanga, arokorwa n’uko umubyeyi we yarenze ku mico ya gipagani ari n’umuvugabutumwa.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafashe Nsabimana Alphonse na Kwizera Adams bakurikiranyweho gutangaza amakuru y’ibihuha ku mbuga nkoranyambaga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwashyizeho amarushanwa mu mirenge y’icyaro n’iy’umujyi yo kurwanya umwanda kandi abazahiga abandi bashyiriweho igihembo cy’imodoka.
Ku itariki 17 Kanama 2021, ahagana saa kumi n’ebyiri za mu gitondo, Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abayobozi mu nzego z’ibanze bafashe abantu 17 bari mu gikorwa cyo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranijwe n’amategeko, bafatiwe mu mirenge ya Murambi na Masoro yo mu Karere ka Rulindo.
Ikipe y’igihugu ya Tunisia yabaye igihugu cya gatanu kigeze mu Rwanda, mu guhatanira igikombe cya AfroBasket 2021 igiye kubera mu Rwanda
Umunye-Congo Héritier Luvumbu Nzinga wakiniraga ikipe ya Rayon Sports, yamaze kwerekeza muri Clube Desportivo Primeiro de Agosto aho yasinye amasezerano y’umwaka umwe
Ubusanzwe gahunda yari uko iyo Pariki izaba yamaze kubakwa ndetse igatahwa bitarenze ukwezi kwa Nyakanga 2021 ariko ntibyakunda, abifuza gusura iyo Pariki bagasabwa kuba bategereje gato, cyane ko ababishinzwe bavuga ko kubaka byarangiye harimo gutegurwa igikorwa cyo kuyitaha ku mugaragaro.
Federation ya Basket mu Rwanda (FERWABA) ku bufatanye na Minisiteri ya Siporo, baramenyesha Abanyarwanda ko mu mikino ya Afrobasket 2021 izabera mu Rwanda muri Kigali Arena, abafana bazaba bemewe.
Kaminuza yigisha Ubukerarugendo, Amahoteli n’Ikoranabuhanga mu by’ubucuruzi(UTB), itangaza ko yashyize ku isoko ry’umurimo abagera ku 1,406 barangije kuyigamo mu mwaka wa 2019 na 2020.
Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Murenzi Jean Claude, avuga ko urujya n’uruza rw’abantu mu bikorwa byemerewe gukomeza mu gihe abantu bari muri Guma mu Rugo, biri ku isonga mu gutuma COVID-19 yiyongera cyane cyane mu mirenge irangwamo ubworozi bwinshi.
Ku mugoroba wo ku itariki 18 Kanama 2021, ni bwo u Rwanda rwakiriye inkingo za Covid-19 zo mu bwoko bwa Pfizer zisaga gato ibihumbi 188, Perezida wa America Joe Baiden, yemeye muri gahunda ya Covax.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 18 Kanama 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 635 bakaba babonetse mu bipimo 10,299.
Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu yatangaje ko abagize Guverinoma bagiye gutangira ikiruhuko kizarangira tariki 31 Kanama 2021.
Ikigo cy’igihugu cy’Iterambere (RDB) cyatangaje ko cyavuguruye amasezerano u Rwanda rufitanye n’ikipe ya Arsenal yo mu gihugu cy’u Bwongereza.
Abakunze kumva indirimbo za Orchestre Impala mwumva na n’ubu, bavuga amazina bakongeraho akazina Njenje, uwo akaba ari Sekuru wa Soso Mado, Maitre Rubangi na Karimunda (cyangwa se Kari) bose bakaba barongeragaho Njenje, ari we Sekuru akaba se wa Ntakavuro na we wagacishijeho mu njyana y’Inanga mu Rwanda.
“Igira ku murimo” (Workplace learning) ni gahunda y’igihugu igamije guteza imbere ubumenyingiro bw’urubyiruko rudafite akazi mu mashami y’ubwubatsi akubiyemo ibijyanye n’ububaji (Carpentry), ubucuzi (Welding), ikwirakwizwa ry’amazi (Plumbing), amashanyarazi (Electricity) ndetse no kubaka amazu (Masonry) hibandwa cyane cyane (…)
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), ryatangaje ko ku wa kabiri tariki 17 Kana 2021, muri Côte d’Ivoire habonetse umurwayi wa kabiri wa Ebola hamwe n’abantu icyenda bahuye na we, nyuma y’uko hagaragaye umuntu wa mbere wemejwe ko afite Ebola mu mpera z’icyumweru gishize i Abidjan.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Kanama 2021, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yayoboye inama idasanzwe y’Abaminisitiri igamije kurebera hamwe aho igikorwa cyo gukingira abantu Covid-19 kigeze.
Amakuru Kigali Today yahawe n’umucuruzi ukorera aho muri Nyabugogo, avuga ko kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Kanama 2021, hari umugabo cyangwa umusore uhanutse avuye hejuru mu igorofa y’isoko ry’Inkundamahoro, bigakekwa ko yaba yiyahuye.
Ikipe y’igihugu ikomeje imyitozo yo gutegura imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi, aho bamwe mu bakina hanze bamaze gutangira imyitozo hamwe n’abandi
Mu mukwabu wo kurwanya ubujura bw’amashanyarazi ukorwa buri gihe na Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (REG) ifatanyije n’Inzego z’umutekano ndetse n’abaturage, mu ntangiriro z’ukwezi kwa Kanama 2021 ingo zigera kuri zirindwi zarafashwe zikekwaho gukoresha amashanyarazi atishyurwa.
N’ubwo ubucuruzi butandukanye muri rusange bwasubijwe inyuma n’icyorezo cya Covid-19, ubw’indabo bwo bwarazamutse.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, François Habitegeko, avuga ko umuceri weze mu Karere ka Rusizi utabuze isoko nk’uko bamwe babivuga, ahubwo habaye ikibazo mu bayobozi bagomba kuwushakira isoko.
Umunyarwanda Kevin Monnet-Paquet uheruka kurekurwa n’ikipe ya Saint-Etienne, yasinye amasezerano mu ikipe ya Aris Limassol yo muri Chypre
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 17 Kanama 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 557 bakaba babonetse mu bipimo 8,435.
Imibare ituruka mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC) yerekana ko abagabo bamaze kuboneza urubyaro bakiri bake cyane kuko babarirwa mu 3,500 gusa mu gihugu hose.
Komisiyo y’u Rwanda ikorana na UNESCO(CNRU) irimo kwigisha ikoranabuhanga ry’Abayapani ryitwa Line, rifasha urifite wese muri telefone kugaragaza ahantu hateye ibiza, kugira ngo nibiba ngombwa inzego zibishinzwe zohereze ubutabazi bwihuse.
Padiri François d’Assise Hategekimana wakoreraga ubutumwa muri Diyosezi Gatolika ya Cyangugu, yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Kanama 2021. Mu itangazo Musenyeri Edouard Sinayobye, Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu yasohoye, aravuga ko uwo Mupadiri yitabye Imana azize uburwayi tariki 17 Kanama 2021.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Musanze, baratangaza ko kuva aho igiciro cyo kwipimisha Covid-19 mu buryo bwihuse (Rapid test), kigabanyijwe mu mavuriro yigenga, gikuwe ku mafaranga 10,000 kigashyirwa ku 5,000 y’u Rwanda, ubu batakigorwa no kumenya uko bahagaze; bigatuma barushaho gukaza ingamba zo irinda kandi barinda (…)
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Kanama 2021 yayoboye inama ngishwanama y’Umukuru w’Igihugu, abayitabiriye baganira ku ngingo zitandukanye zirimo icyorezo cya COVID-19, n’izindi ngingo zitandukanye.
Bamwe mu bahinga umuceri mu gishanga Rusuri-Rwamuginga-Cyarubare, ubwanikiro bw’umuceri bwababanye butoya ku buryo usanga banitse mu muhanda, ibinyabiziga bikawukandagira, bakaba bifuza kubakirwa ubwanikiro bwagutse.
Ikipe ya APR FC ndetse na AS Kigali zamaze gutanga urutonde rw’abakinnyi zifashisha muri CAF Champions League na CAF Confederation Cup
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi w’umunyarwenya Bisangwa Nganji Benjamin uzwi nka Ben Nganji yatangaje ko yahuzwe umupira w’amaguru bitewe n’uko yawusebeyemo ubwo yigaga mu mashuri yisumbuye.
Abapolisi bakorera mu Karere ka Gasabo bafashe Arnold Steve Girimpuhwe w’imyaka 23, ukekwaho kwiba moto ebyiri azikuye mu rugo rw’umuturage wo mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Kimihurura, Akagari ka Kimihurura, Umudugudu wa Urwego. Girimpuhwe yafashwe ku wa mbere tariki ya 16 Kanama 2021 ahagana saa kumi n’ebyiri za mu gitondo.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco itangaza ko umuganura ushobora gufasha urubyiruko guhindura imyumvire kuko ufite indangagaciro fatizo zituma ababyiruka barushaho kwiyubakamo ubunyarwanda.
Ikigo ’Skytrax World Aiport’, kireba ubwiza bw’ibibuga by’indege hirya no hino ku isi ndetse n’isuku yabyo, cyashyize Ikibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali mu bibuga bya mbere bifite ubwiza mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba ndetse bifite isuku ku Mugabane wa Afurika mu 2021.
Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha w’umusigire (RIB), Dr. Murangira B. Thierry yemeje ko bafashe umwalimu witwa Nshimiyimana Theodore w’imyaka 37 y’amavuko wo mu Karere ka Rwamagana akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa yigishaga ufite imyaka 15 y’amavuko.
Ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye buratangaza ko guhera kuri uyu wa 17 Kanama 2021, amasomo ahuriza abanyeshuri hamwe asubitswe, mu rwego rwo kwirinda urujya n’uruza rw’abanyeshuri baturuka mu Murenge wa Tumba washyizwe muri gahunda ya Guma mu Rugo kubera ubwiyongere bw’icyorezo cya Covid-19.
Abatuye mu Mujyi wa Kigali by’umwihariko abakunda gufatira amafunguro muri resitora, baravuga ko kuba basigaye bakirirwa hanze ari byiza, kuko abatanga iyo serivisi bubahirije inama bagirwa n’ababishinzwe, ku buryo bose bumva bizarushaho kubarinda Covid-19.
Abaturage bo mu miryango 13 yangirijwe n’imvura idasanzwe irimo urubura yaguye tariki 12 na 13 Kanama 2021 bashyikirijwe ubufasha.
Muri iki gitondo cyo ku wa Kabiri tariki 17 Kanama 2021, agakiriro ka Gisozi gaherereye mu Karere ka Gasabo kongeye gushya, ahafashwe n’inkongi akaba ari ahakorerwa ibikoresho bitandukanye byo mu nzu, ububiko bw’imbaho, hakaba hahiye na za matora nyinshi.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Habimana Gad wo mu Karere ka Musanze.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Mbere tariki 16 Kanama 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 435 bakaba babonetse mu bipimo 6,751.