Kuri uyu wa Mbere tariki ya 10 Mutarama 2022, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Dr Vincent Biruta, yakiriye mu biro bye Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda wasoje inshingano ze, Peter Vrooman.
Myugariro wa Gasogi United washinjwe gukora amakosa ku mukino APR FC yatsinzemo Gasogi United, yahawe imbabazi asubukura imyitozo na bagenzi be
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), David Sassoli, yaguye mu bitaro bya CRO biherereye i Aviano (PN) mu Butaliyani, ubusanzwe byita ku barwayi ba kanseri.
Umugabo w’Umunyamerika yabaye umuntu wa mbere mu mateka y’isi watewemo umutima w’ingurube, abaganga ubu bakaba bavuga ko ameze neza.
Polisi ikorera mu Karere ka Rubavu yafashe Mushema Theoneste w’imyaka 29 arimo kwinjiza mu Rwanda urumogi n’inkweto za magendu za caguwa.
Inama nkuru y’Igihugu ishinzwe amashuri makuru na kaminuza (HEC) yatangaje ko iyitwa “Atlantic International University", nyuma yo gusanga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika itemewe, yahisemo kutayemera nka kaminuza yatanga ubumenyi bukenewe ku isoko mpuzamahanga, kandi ko nta handi yemewe yaba mu Bwongereza cyangwa ikindi (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yasohoye amabwiriza mashya yerekeye Covid-19, aho abakingiwe icyo cyorezo bakongera kucyandura, bajya mu kato k’iminsi irindwi, ni itangazo ryo ku wa Mbere tariki 10 Mutarama 2022.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 10 Mutarama 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 758, bakaba babonetse mu bipimo 18,755. Abantu icyenda bitabye Imana, bakaba ari abagore batandatu n’abagabo batatu, byatumye abamaze kwitaba Imana bose hamwe mu Rwanda bazize Covid-19 baba 1,384.
Abayobozi muri Nigeria batangaje ko imibare y’abantu bishwe mu cyumweru gishize mu bitero by’imitwe yitwaje intwaro muri Leta ya Zamfara, mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba yiyongereye ikagera ku barenga 200.
Ferwafa yatangaje ingengabihe nshya ya Shampiyona igomba gusubukurwa kuri uyu wa Gatandatu, aho umukino utegerejwe uzahuza Kiyovu Sports na APR FC
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana buratangaza ko abantu 28 bari barwariye mu bitaro bya Rwamagana kubera ikigage banyoye, basezerewe basubira mu ngo zabo.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rurashakisha uwitwa Hategekimana David ukurikiranyweho gukubita no gukomeretsa bikabije umugore we agahita acika.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 10 Mutarama 2022, yakiriye mu biro bye intumwa ziturutse mu gihugu cy’u Burundi.
Abantu umunani batuye mu Karere ka Nyarugenge baturuka mu bihugu bitanduknaye, barishimira ko bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda, kuri ubu bakaba ari Abanyarwanda mu buryo bwemewe n’amategeko.
Kuri uyu wa Mbere tariki 10 Mutarama 2022, Umuyobozi mukuru wa Polisi ya Mozambique, Commander General Bernardino Rafael, yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda, CG Dan Munyuza.
Abanyamakuru basesengura ibijyanye n’uruhare rw’itangazamakuru ku kurwanya icyorezo cya Covid-19 baratangaza ko urugendo rwo kwigisha no gutanga amakuru kuri Covid-19 rugikomeje. Basanga kandi inzego bireba zikwiye kwemera ko itangazamakuru rifite ijambo rikomeye mu guhangana na Covid-19.
Abantu bagera kuri 19 harimo abana 9 ni bo baguye mu mpanuka y’inkongi y’umuriro yaraye yibasiye imwe mu nyubako nini y’ahitwa Bronx i New York muri Leta Zunze Umubwe za Amerika, mu gihe abandi babarirwa muri mirongo itandatu (60) bakomeretse.
Ku wa Gatandatu tariki 8 Mutarama 2022, nibwo Umugaba mukuru w’Ingabo za Mozambique, n’Umuyobozi mukuru wa Polisi muri icyo gihugu n’intumwa bayoboye, batangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, mu biganiro bagiranye n’inzego z’umutekano z’u Rwanda, hakaba harimo ko Ingabo z’u Rwanda zizahugura iza Mozambique mu kubaka (…)
Patrick Isumbabyose ni umusore w’imyaka 24 y’amavuko. Akiri muto yaje guhura n’uburwayi bwamusigiye ubumuga bwo kutumva no kutavuga.
Muri Tanzania ahitwa Chunya, abantu bane bakubiswe n’inkuba bahita bapfa undi arakomereka, mu gihe barimo bacukura imva yo gushyinguramo uwapfuye mu Ntara ya Mbeya.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryatangaje ko shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mpira w’amaguru isubukurwa kuri uyu wa Gatandatu tariki 15/01/2022
Umukozi wa Pariki y’Akagera ushinzwe kuyihuza n’abaturage akaba n’umuyobozi wa ba mukerarugendo utarabigize umwuga, Tuyisenge Martin, avuga ko nta mparage ihuza imiterere y’amabara n’indi n’ubwo uzirebye atamenyereye ibyazo abona zoze zisa.
Nyuma y’uko Minisiteri ya Siporo isohoye amabwiriza avuguruye agomba kugenga ibikorwa by’imikino hakomeza kwirindwa icyorezo cya Covid 19, ikipe ya APR FC yabaye iya mbere yapimishije abakozi bayo bose ngo bajye mu mwiherero.
Umusore witwa Ganza Bertin w’imyaka 27 hamwe na bagenzi be babiri, bakoze urugendo rw’iminsi ine rungana n’ibirometero 148 mu rwego rwa siporo n’ubukerarugendo, barutangiriye i Kigali ku Giti cy’inyoni barusoreza mu mujyi wa Rubavu.
Jean Claude Uwizeye usanzwe ari umukinnyi w’ikipe y’igihugu mu mukino wo gusiganwa mu magare, yabonye ikipe nshya yitwa Excelsior de Baie Mahault yo muri Guadeloupe
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 09 Mutarama 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 610, bakaba babonetse mu bipimo 20,835. Abantu babiri bitabye Imana, bombi bakaba ari abagore, byatumye abamaze kwitaba Imana bose hamwe mu Rwanda bazize Covid-19 ni 1,375.
Ku munsi wa mbere w’igikombe cya Afurika kiri kubera muri Cameroun, ikipe ya Cameroun na Cap-Vert zabonye amanota atatu nyuma yo gutsinda imikino yayo
Nyuma y’ijoro riba ryaranzwe no kunywa umuntu agasinda, abyuka arwaye isindwe cyangwa se ibyo bita hang over/Gueule de bois, bityo akameneka umutwe ku buryo hari abahitamo kunywa ibinini mu kwivura.
Mu gihe kuri uyu wa Mbere tariki 10 Mutarama 2022, aribwo abanyeshuri bagomba gutangira igihembwe cya Kabiri, Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yasohoye amabwiriza ababyeyi n’abarezi bagomba kubahiriza, arimo ko umwana ugaragaje ibimenyetso bya Covid-19 adakwiye koherezwa ku ishuri.
Kuri iki Cyumweru tariki 9 Mutarama 2022, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, habereye inama yahuje inzego z’Umutekano z’u Rwanda n’iza Mozambique, inama yasuzumye uko umutekano uhagaze mu Ntara ya Cabo Delgado.
Igihingwa cya sésame gifite inkomoko muri Aziya, imbuto zacyo zikoreshwa mu mafunguro atandukanye, abantu bakaba bayikoresha mu buryo bunyuranye bitewe n’ibyo buri wese akunda.
Nyuma y’aho imirimo yo kubaka agakiriro gashya ka Musanze imaze amezi atari make irangiye ndetse n’igihe Akarere ka Musanze kari kihaye, cyo gutangira kugakoreramo cyarenze; abiganjemo urubyiruko rukorera imyuga itandukanye, bavuga ko bakomeje kugerwaho n’ingaruka, zituruka ku kuba nta hantu bafite ho gukorera bisanzuye.
Ku wa Gatandatu tariki 8 Mutarama 2022, Perezida wa Tanzaniya, Samia Suluhu Hassan, yakoze impinduka muri Guverinoma y’icyo gihugu.
Abaturiye umugezi wa Mukungwa mu Karere ka Musanze bahangayikishijwe n’ibura ry’amafi nk’ikiribwa cyari kibatunze, aho hashize imyaka itatu umugezi wa Mukungwa usutswemo imyanda ihumanya hagapfa amafi atabarika, bakaba bifuza ko haterewamo andi akororoka bityo bakongera kubona ayo kurya bitabagoye.
Abanyamuryango ba Koperative Umwalimu SACCO bo hirya no hino mu gihugu bahuguwe n’iyo koperative ifatanyije n’Ikigo cy’igihugu cy’amahugurwa y’amakoperative, ba rwiyemezamirimo, n’ibigo by’imari iciriritse (RICEM) ku bijyanye no kumenya gutegura no gucunga neza imishinga y’iterambere bakora cyane cyane bifashishije inguzanyo (…)
Amakipe y’ibihugu akomeje kugaragaramo uburwayi bwa Covid-19 agomba kuzakina imikino yayo y’igikombe cy’Afurika cy’umupira w’amaguru (CAN/AFCON), n’iyo yaba asigaranye abakinnyi 11 gusa batanduye, nk’uko byemejwe n’Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF).
Mu minsi mikuru ya Noheli n’Ubunani Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko iperereza ryakorewe ku bantu 11 bapfuye n’abandi 4 bahumye amaso nyuma yo kunywa inzoga yitwa Umuneza, ryagaragaje ko iyo nzoga yarimo ikinyabutabire cyitwa Methanol.
Ibimenyetso (Emojis) bitandukanye bikoreshwa akenshi mu butumwa bugufi kuri telefone, bigira ibisobanuro binyuranye bitewe n’aho umuntu ari (igihugu), bityo rero ni ngombwa gushishoza mbere yo kubikoresha.
Umuryango w’Abibumbye (UN) kuri uyu wa Gatandatu tariki 8 Mutarama 2022, watangaje ko ugiye gutumira impande zishyamiranye muri Sudani mu biganiro bigamije gushakira hamwe umuti w’ikibazo cy’imvururu, zatewe n’ihirikwa ry’ubutegetsi ryabaye muri icyo gihugu mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushize.
Kuva tariki 9 Mutarama kugeza tariki 6 Gashyantare 2022, murakurikira imikino itandukanye y’igikombe cya Afurika cy’ibihugu, CAN 2021. Muri gahunda yo korohereza no gukomeza gufata neza abafatabuguzi mu gukurikira imikino ya CAN 2021 kuri StarTimes, wishyura ifatabuguzi ry’ukwezi bakaguha iryisumbuyeho ku ryo uguze. Naho (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 08 Mutarama 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 953, bakaba babonetse mu bipimo 24,992. Abantu batandatu bitabye Imana, bakaba ari abagore bane n’abagabo babiri, abamaze kwitaba Imana bose hamwe mu Rwanda bazize Covid-19 ni 1,373.
Nyuma y’umwaka Padiri Ubald Rugirangoga yitabye Imana, kuri uyu wa Gatandatu tariki 08 Mutarama 2022, muri Centre Ibanga ry’Amahoro muri Diyosezi ya Cyangugu, hahimbarijwe igitambo cya Misa cyo kumwibuka.
Nsengiyumva Evariste w’umufutuzi (izina ry’abambutsa kanyanga) wo mu mudugudu wa Rwamiko, Akagari ka Kabungo mu Murenge wa Kiyombe, ari mu maboko ya Polisi Sitasiyo ya Nyagatare, nyuma yo gufatanwa litiro 187 za kanyanga yari akuye mu gihugu cya Uganda, azizaniye shebuja witwa Uwizeye utuye mu Murenge wa Kiyombe.
Kubera umubare w’abandura Covid-19 muri Philippine wazamutse cyane muri aya mezi atatu ashize, byatumye Perezida Rodrigo Duterte ashyiraho ingamba zikaze cyane, ategeka ko umuntu uzasohoka iwe kandi yaranze kwikingiza Covid-19, azafatwa agafungwa.
Nyuma y’iminsi yari ishize shampiyona mu mimikino itandukanye zisubitswe, Ministeri ya Siporo yatangaje amabwiriza mashya arimo gusubukura shampiyona n’imyitozo
Umupadiri wa Diyosezi ya Cyangugu, Sibomana Jerome yasezeranye n’umugore we, Ngabire Teddy imbere y’amategeko, kuzabana ubudatana, nyuma y’uko asezeye ku bupadiri akiyemeza kuba umulayiki. Ni umuhango wabereye mu Karere ka Muhanga mu Murenge wa Nyamabuye, ku wa Gatanu tariki 7 Mutarama 2022.
Mu nama yahuje Ministeri ya Siporo n’amwe mu mashyirahamwe y’imikino mu Rwanda, hemejwe ko shampiyona zisubukurwa vuba, amamkipe akazajya apimwa ku buntu ku munsi w’imikino
Umworozi mu mudugudu wa Kayange, Akagari ka Ndama, mu Murenge wa Karangazi arasaba Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) kumukiza imparage amaranye imyaka ibiri mu rwuri rwe rurimo n’inka, kuko hari ibyo zimwangiriza zikanamuteranya n’abaturanyi.