Umuhanzi Nyarwanda, Ngabo Médard uzwi cyane nka Meddy, afatanyije n’itsinda ry’abafana be "Inkoramutima", yatangije igikorwa cyo gukusanya amafaranga yo gufata mu mugongo umuryango w’umwana, Akeza Elsie Rutiyomba, uherutse kwitaba Imana bikababaza abantu benshi, aho Kugeza ubu abamaze kwitanga bageze ku yakabakaba miliyoni (…)
Abaturage bo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi, bishimiye kwifatanya n’abanyamakuru bakora inkuru ku bidukikije, maze batera ibiti bigera kuri 500 mu busitani buri ku nkengero z’umuhanda mukuru Kigali-Gatuna.
Ku wa Kane tariki 20 Mutarama 2022, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), ryatangaje ko umubare w’abandura Covid-19 wagabanutse cyane muri Afurika ndetse n’umubare w’abicwa na yo ukaba waragabanutse cyane bwa mbere kuva yakwaduka.
Imiryango ine yo mu Kagari ka Bibare, Umurenge wa Mimuli yasenyewe n’ituritswa ry’intambi abayigize bari bamaze icyumweru bacumbikirwa n’abaturanyi n’ubwo bamwe bahitagamo kurara mu birangarira by’amazu yabo. Iyo miryango ubu yamaze kubona amazu ikodesha mu gihe ikibazo cyabo kikigwaho.
Imvura y’amahindu yarimo n’inkuba yaguye ku gicamunsi cyo ku wa Kane tariki ya 20 Mutarama 2022 i Gisagara, yahitanye umuntu umwe, isenya n’inzu zitari nke kandi yangiza imyaka.
Abaturage bo mu Karere ka Kamonyi bibumbiye muri Koperative ‘Indatwa za Kamonyi’ bahinga mu gishanga cya Ruboroga giheruka gutunganywa, baratangaza ko bategereje umusaruro mwiza w’ibigori.
Abaturage bo mu mudugudu wa Rukora mu Kagari ka Gatamba mu Murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera, barasaba guhindurirwa umuyoboro w’amazi kuko uhari udafite imbaraga zihagije kandi ukunda kwangirika bakamara iminsi barayabuze.
Aborozi bafite inzuri hafi ya Pariki ya Gishwati-Mukura, bavuga ko bamaze kubura inka 99 ziganjemo inyana n’imitavu ziribwa n’inyamaswa zivuye muri Pariki ya Gishwati-Mukura.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, yasabye abaturage b’Umurenge wa Gahengeri Akarere ka Rwamagana, gufata neza ibikorwa remezo by’amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba bashyikirijwe, kugira ngo badatatira igihango cyangwa bagakora ibinyuranye n’ibyo ubuyobozi bubifuriza.
Urwego ngenzuramikorere (RURA), ruratangaza ko mu minsi ya vuba imwe mu mihanda mishya mu Mujyi wa Kigali itangira gukorerwamo n’imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange.
Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Huye ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Annonciata Kankensha, avuga ko mu gihembwe cya kabiri cy’amashuri kirimo ubungubu cyonyine, hari abana bagera ku 6,352 batagarutse ku ishuri.
Muri Ghana, ikamyo yari itwaye intambi zituritswa mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, yagoganye na moto maze zihita ziturika, abagera kuri 17 bahasiga ubuzima, abandi 59 barakomereka ndetse hasenyuka amazu agera kuri 500, nk’uko byatangajwe na Guverinoma y’icyo gihugu.
Yankurije Maria Goretti, mushiki wa nyakwigendera Ngarambe François, (umuhanzi waririmbaga indirimbo z’urukundo mu njyana ituje), avuga ko indirimbo yitwa ‘Tereza mwana nkunda’ ntaho ihuriye n’uwari warashakanye na nyakwigendera Gakuba Joseph na we wari umuhanzi (ni we waririmbye Iribagiza), akaba yari inshuti magara ya (…)
Ubuyobozi n’Inzego zishinzwe umutekano mu Ntara y’Amajyaruguru, buravuga ko bwatangiye gukaza ingamba zo gushakisha no guhana by’intangarugero abafite aho bahuriye n’ibiyobyabwenge na magendu bazwi nk’Abarembetsi, bagaragara mu turere tuyigize, kugira ngo bikureho icyuho kikigaragara mu bukungu, imibereho n’iterambere (…)
Ikipe ya Mukura VS yamaze gusesa amasezerano ya Ruremesha Emmanuel wari umutoza mukuru wayo, aho iyi kipe imushinja umusaruro muke muri shampiyona
Ku wa Kane muri Kigali Convention Centre, Minisiteri y’Ibidukikije hamwe n’umuryango nyafurika ushinzwe kurengera inyamanswa (AWF) n’Umuryango Mpuzamahanga wita ku kubungabunga ibidukikije ku isi (IUCN) berekanye abahoze ari abayobozi ndetse n’abakuru ba za Guverinoma batatu ku mugabane wa Afurika bagize uruhare mu kurengera (…)
Nyuma yo kwanga kongera amasezerano muri FC Barcelona, iyi kipe yavuze ko Umufaransa Ousmane Dembele agomba kuyivamo muri uku kwezi kwa mbere 2022, mu gihe amasezerano ye yagombaga kurangira muri Kamena uyu mwaka.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 20 Mutarama 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 542, bakaba babonetse mu bipimo 14,309. Abantu batanu ni bo bitabye Imana, bahita buzuza umubare w’abantu 1,422 bamaze guhitanwa na Covid-19 mu Rwanda. Abitabye Imana ni abagore batatu, uw’imyaka (…)
Ku wa Gatatu tariki ya 19 Mutarama 2022, intumwa ziyobowe na Gen Rudzani Maphwanya, Umugaba mukuru w’Ingabo za Afurika y’Epfo (CDF) aherekejwe na Lt Gen Bertolino Jeremias Capetine, Umugaba mukuru wungirije w’Ingabo za Mozambike (D/ CGS), Maj Gen Xolani Mankayi uhagarariye Ingabo za SADC muri Mozambique (SAMIM) n’abandi (…)
Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, kuri uyu wa Kane tariki 20 Mutarama 2022, yatangaje ko u Rwanda rwishimiye kwakira imikino ya IRONMAN 70.3 Triathlon, iteganyijwe kuzabera i Rubavu muri Kanama 2022.
Kuri uyu wa Kane tariki 20 Mutarama 2022, Urukiko rw’Ubujurire rwakomeje kuburanisha abaregwa hamwe na Paul Rusesabagina wanze kwitaba iburanisha, aho Nsabimana Callixte yavuze ko atari akwiriye guhanishwa igifungo cy’imyaka 20 mu gihe uwayoboye ibitero bya FLN we atigeze afungwa.
Mu mukwabu wo kurwanya ubujura bw’amashanyarazi ukorwa buri gihe na Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (REG) ifatanyije n’Inzego z’umutekano ndetse n’abaturage, mu byumweru bibiri bya Mutarama 2022 abantu 11 barafashwe mu bice bitandukanye by’igihugu bakekwaho gukoresha amashanyarazi atishyurwa, abandi bakekwaho kwiba no (…)
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rutangaza ko igihe cy’ibazwa imbere y’ubugenzacyaha cyangwa ubushinjacayaha, ari uburenganzira bw’uregwa gushakirwa umwunganira mu mategeko.
Abatuye mu midugudu ya Remera na Budakiranya mu Murenge wa Cyinzuzi, abo mu mudugudu wa Gatwa mu Murenge wa Shyorongi n’abo mu mudugudu wa Gisiza mu Murenge wa Base, bishimiye kwakira mu midugudu yabo Mukanyirigira Judith, Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, bashimira Leta yabubakiye bakaba babayeho neza.
Ikipe ya AS Kigali nyuma yo gusinyisha abatoza bakomoka Uganda, imaze no gusinyisha Jamil Kalisa wakiniraga Vipers yo muri Uganda
Ikipe ya Rutsiro Fc inganyije na Police FC igitego 1-1, nyuma yo kwishyurwa na mu minota y’inyongera mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Mu nama n’abanyamakuru yo ku itariki ya 19 Mutarama 2022, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Ihuriro Nyarwanda ry’Imiryango y’abafite ubumuga mu Rwanda (NUDOR) Nsengiyumva Jean Damascene, yavuze ko NUDOR yamagana abantu bakoresha ibiganiro abantu bafite ubumuga cyane cyane bwo mu mutwe, aho babafatirana bakabakoresha amakosa.
Ku wa tariki 18 Mutarama 202, Polisi ikorera mu Karere ka Gicumbi yafashe Singuranayo Tite w’imyaka 40 na Tuyizere Theoneste w’imyaka 32, bafashwe baha abapolisi ruswa ingana n’Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 43,500 kugira ngo babareke bityo Singuranayo akomeze acuruze inzoga itemewe yitwa Inkangaza.
Tombola ya Inzozi Lotto yamuritswe mu Rwanda tariki 10 Ukuboza 2021. Iyi tombola ishyirwa mu bikorwa na kompanyi yitwa Carousel Ltd, aho biteganyijwe ko amafaranga azajya ava muri iyo tombola azajya yifashishwa mu guteza imbere imikino mu Rwanda.
Ku wa Gatatu tariki 19 Mutarama 2022, muri Afurika y’Epfo mu mujyi wa Cape Town, hafunguwe ku mugaragaro uruganda rukora inkingo za Covid-19 n’indi miti itandukanye.
Umworozi witwa Niyonzima Isaac, wo mu Kagari ka Ninda, Umurenge wa Nyange mu Karere ka Musanze, mu ma saa moya z’igitondo cyo ku wa 19 Mutarama 2022, yazindutse ajya kureba inka ze aho zirara, atungurwa no gusanga eshatu muri zo zatemwe mu buryo bukomeye.
Itsinda ryaturutse mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ryo mu Misiri riyobowe na Brig Gen Ahmed Ibrahim Mohammed Alam El Deen, rigizwe n’abasirikare bane, barimo gusoza amasomo yo ku rwego rwa Ofisiye, ryasuye Ingabo z’u Rwanda ku va ku Cyumweru taliki ya 16 kugeza kuri uyu wa Kane ku ya 20 Mutarama 2022.
Ubushakashatsi buherutse gukorwa n’impuguke zo kuri kaminuza ya Imperial College London mu Bwongereza burerekana ko ubwirinzi karemano bw’umubiri w’umuntu ku bicurane bisanzwe bushobora no gufasha umuntu kutandura Covid-19.
Abantu batatu bo mu Mujyi wa Kigali bakurikiranyweho kwiyita ko ari abakozi ba Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG), bakiba insinga z’amashanyarazi hamwe n’izihuza camera zo ku muhanda.
Ubuyobozi bwa Wildlife Fund For Nature, ikigega mpuzamahanga gishinzwe kurengera inyamaswa, bwatangaje ko Umunyarwandakazi Rosette Chantal Rugamba yatorewe kuba umwe mu bagize ubuyobozi bukuru bw’iki kigega.
Mu Rwanda hateganyijwe amatora ya komite nyobozi nshya ya Federasiyo y’imikino ngororamubiri (RAF) ku wa Gatandatu tariki ya 22 Gashyantare 2022. Iyo komite igomba gusimbura icyuye igihe yari iyobowe na Mubiligi Fidele mu gihe cy’imyaka 4 ishize.
Guverineri w’Itara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, avuga ko mu mpera za Mutarama 2022, buri koperative y’abamotari mu Karere ka Nyagatare izasinyana imihigo n’ubuyobozi bw’akarere, ya koperative itarangwamo icyaha.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta, ku wa Gatatu tariki 19 Mutarama 2022, yahagarariye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, mu nama ya 20 y’Abakuru b’ibihugu bigize Umuryango w’Ubukungu bw’Ibihugu bya Afurika yo Hagati (ECCAS).
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 19 Mutarama 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 552, bakaba babonetse mu bipimo 12,585. Abagabo bane ni bo bitabye Imana, bahita buzuza umubare w’abantu 1,417 bamaze guhitanwa na Covid-19 mu Rwanda. Abitabye Imana ni abagabo, uw’imyaka 75 mu (…)
Kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Mutarama 2022, nibwo ikipe ya AS Kigali yatangaje ko yahaye akazi ko kuyitoza mu gihe cy’imyaka ibiri, umunya Uganda, Mike Hallary Mutebi.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), irasaba Abanyarwanda kumva ko kuba basabwa kwerekana ko bikingije mbere yo guhabwa serivisi bakeneye atari ukubahohotera, ahubwo ari ukugira ngo babarinde.
Ikigo Royal Balloon Rwanda ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) na Pariki y’Igihugu y’Akagera, cyatangije uburyo bufasha ba mukerarugendo kwitegereza ibyiza bitatse Pariki y’Igihugu y’Akagera bari mu kirere, mu mipira itwarwa n’umwuka ushyushye izwi nka Hot Air Balloon.
Forzza volleyball Tournament ni irushanwa ryatangiye gukinwa mu mpera z’umwaka ushize, aho ryaje risa n’irisimbuye shampiyona ya volleyball itarakinwe kubera ko u Rwanda rwari rukiri mu bihano by’agateganyo rwafatiwe n’impuzamashyirahamwe ya Volleball ku isi (FIVB).
Mu mikino y’umunsi wa 13 wa shampiyona, ikipe ya APR FC yagiye ku mwanya wa mbere nyuma yo gutsinda Gorilla FC igitego 1-0
Polisi yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yagaragaje abagabo babiri bemera uruhare mu bwicanyi bwakorewe Ambasaderi w’u Butaliyani, Luca Attanasio n’umurinzi we tariki ya 22 Gashyantare 2021 ku muhanda wa Goma - Rutshuru mu Mudugudu wa Kanyamahoro, mu nkengero za Pariki y’Igihugu ya Virunga (PNVI).
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko bugiye kongera kuzahura ikipe y’amagare yari imaze imyaka ibiri ihagaze kubera icyorezo cya Covid-19.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Mutarama 2022, u Rwanda rwakiriye imiti iri mu bwoko bw’ibinini igabanya ubukana bwa virusi itera SIDA yo mu bwoko bwa Tenofovir/ Lamivudine/Dolutegravir (TLD-B/90), iri mu macupa arenga ibihumbi 300.
Umugabo wo mu Buhinde wari umaze imyaka itanu atagenda, atanavuga kubera impanuka y’imodoka, yongeye kubishobora byombi nyuma yo gukingirwa Covid-19.
Imiryango 24 y’abakoze Jenoside ariko baje gufungurwa nyuma yo kwirega no kwemera icyaha, ubu imaze imyaka 17 ibanye n’abo yahemukiye bagize imiryango 86 y’abarokotse mu mudugudu wa Rweru mu Karere ka Bugesera.
Ishami rya Polisi rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi, tariki ya 18 Mutarama 2022 ryahuguye abakozi batandukanye bo mu bitaro bya La Croix du Sud cyangwa ahazwi nko kwa Nyirinkwaya. Ibi bitaro biherereye mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Remera, akaba yari amahugurwa y’umunsi umwe.