Umuyobozi mukuru ushinzwe ibikorwa byo kubungabunga amahoro mu biro by’Umunyamabanga mukuru wa Loni, Ambasaderi Jean-Pierre Lacroix, yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA)ku Cyumweru tariki 27 Gashyantare 2022.
Ku Cyumweru tariki 27 Gashyantare 2022 mu mukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona, ikipe ya Kiyovu Sports yatsinze Gicumbi FC 6-0. Ni umukino wabereye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo, aho Kiyovu Sports yari yakiriye Gicumbi FC iri ku mwanya wa nyuma kugeza ubu. Kiyovu Sports yatangiye ibona igitego ku munota wa 23 (...)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 27 Gashyantare 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 4, bakaba babonetse mu bipimo 18,213.
Ubuyobozi bw’Umuryango Pan-African Movement (PAM) ishami ry’u Rwanda, uharanira gukorera hamwe kw’Abanyafurika bagamije kuva mu bukene no guharanira imibereho n’imiyoborere myiza, buratangaza ko u Rwanda rufite umukoro wo gutuma icyerekezo 2063 cya Afurika kigerwaho.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame arasaba abayobozi, abemera Imana n’Abanyarwanda muri rusange kumva neza ko Imana itanga ibya ngombwa idatanga ibintu byose.
Mugisha Moise abaye Umunyarwanda wa mbere wegukanye agace (Etape) muri Tour du Rwanda kuva yajya ku rwego rwa 2.1, naho umunya-Eritrea Natnael Tesfazion yegukana Tour du Rwanda.
Kuri iki Cyumweru tariki 27 Gashyantare 2022 ubwo hakinwaga agace ka nyuma ka Tour du Rwanda 2022, Perezida Kagame ni we watangije agace ka nyuma k’iri siganwa.
Nyuma y’imyaka ibarirwa muri ibiri nta muganda rusange ukorwa, tariki 26 Gashyantare 2022 wongeye gusubukurwa by’umwihariko mu Karere ka Nyagatare ukaba wibanze ku gusanira amazu abahuye n’ibiza ndetse no gusiza no kubumba amatafari yo kubakira imiryango itishoboye.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Twagirayezu Gaspard, akaba n’imboni y’Akarere ka Gakenke, yafatanyije n’abaturage bo mu Karere ka Gakenke gutunganya amaterasi ku butaka buri ku buso bwa Hegitari 4.5, mu Mudugudu wa Kirwa, Akagari ka Birambo mu Murenge wa Busengo.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 26 Gashyantare 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 2, bakaba babonetse mu bipimo 18,837.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bamporiki Edouard, arasaba urubyiruko rw’u Rwanda gushyira imbere intekerezo n’umuco by’u Rwanda kuko gushyira imbere iby’amahanga ari kimwe mu bice by’ubukoloni.
Perezida Kagame kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Gashyantare 2022 yakiriye mu biro bye Village Urugwiro, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Angola Ambasaderi Téte António.
Wari umukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Gashyantare 2022. Rayon Sports yari yakiriye yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino witabiriwe n’abafana benshi. Abitabiriye ntibakanzwe n’ibiciro byari bihanitse, dore ko itike y’amafaranga make yari ibihumbi bitanu (5000Frw).
Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yatangaje ko intambara yatangijwe n’u Burusiya kuri Ukraine izamara igihe kinini, avuga ko abantu bakwiye kubyitegura.
Abaturage bo hirya no hino mu Gihugu bishimiye kongera kwifatanya mu gikorwa cy’umuganda, wari umaze imyaka ibarirwa muri ibiri warahagaze kubera Covid-19.
Nyuma y’iminsi itatu ikiraro cya Kanyonyomba gicitse hakagwamo abantu batatu babiri bakarokoka, undi akaburirwa irengero, mu masaha y’igitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, tariki 26 Gashyantare 2022, umurambo we wabonetse.
Alan Boileau ukinira ikipe ya B&B Hotels yo mu Bufaransa ni we wegukanye agace ka karindwi ka Tour du Rwanda, kakinwe bava i Kigali bakanyura Gicumbi bakagaruka gusoreza kuri Mont Kigali.
I Dakar mu gihugu cya Senegal hatangiye ijonjora rya kabiri ryo gushaka itike yo gukina imikino y’igikombe cy’Isi cya Basketball kizabera mu Buyapani mu 2023, u Rwanda rutangira rutsindwa na Sudani y’Epfo amanota 68-56.
Nyirimana Fidèle watozaga UVC yahoze ari UTB yamaze gusubira ku ivuko mu ikipe ya Gisagara VC nk’umutoza mukuru. Nyirimana yageze mu ikipe ya UTB mu mwaka wa 2018 ubwo yari avuye mu ikipe ya Gisagara VC yari amaze guhesha igikombe cya Shampiyona.
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’i Burayi (UEFA) yatangaje ko umukino wa nyuma wa Champions League wari uteganyijwe kubera mu Burusiya i St. Petersburg uyu mwaka utakihabereye. Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’inama idasanzwe ya komite nyobozi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 25 Gashyantare 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 15, bakaba babonetse mu bipimo 14,527.
Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yatangaje ko ibitero by’indege, ibyo ku butaka na za Misile ziremereye by’Abarusiya byahitanye abasirikare n’abasivile basaga 130 nyuma y’umunsi umwe u Burusiya butangije intambara yeruye kuri Ukaraine.
Inzego zitandukanye z’ubuyobozi zifite aho zihuriye n’abamotari zafashe umwanzuro wo gusesa koperative zose z’abamotari zari zisanzwe muri Kigali, zivanwa kuri 41 zigirwa 5.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Gashyantare 2022 saa 15h30 Rayon Sports irakira APR FC mu mukino wo kwishyura ukaba uw’umunsi wa 19 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda 2021-2022 aho umukino ubanza APR FC yatsinze Rayon Sports ibitego 2-1.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Gashyantare 2022, hatangiye gukinwa umunsi wa 19 wa shampiyona haba imikino ine, aho Police FC yabonye intsinzi.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Gashyantare 2022, Ingabo z’u Rwanda (RDF) zungutse abasirikare bashya, bakaba basoje amasomo y’ibanze ya Gisirikare mu kigo cy’imyitozo cya Nasho.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr Emmanuel Ugirashebuja yakiriye mugenzi we w’Ubutabera mu Burundi, Domine Banyakimbona n’itsinda ayoboye, bakaba baje gutsura umubano no kuganira ku ngingo zirimo ijyanye no kohererezanya abanyabyaha bashinjwa guhungabanya umutekano w’ibihugu byombi.
Minisitiri w’Ibikorwa by’ubutabazi, Marie Solange Kayisire, arasaba ko abataraziritse ibisenge by’inzu zabo bakwihutira kubikora, kandi bakarinda inkuta z’inzu zabo kwinjirwamo n’amazi, mu rwego rwo gukumira ibiza, kuko hazagwa imvura nyinshi mu itumba ry’uyu mwaka wa 2022.
Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali bwijeje abakiriya kuborohereza serivisi babagezaho hakoreshejwe ikoranabuhanga, bubasaba kwirinda kugendana amafaranga kuko bigira ingaruka.
Budiak Anatoli ukinira ikipe ya Terenganu Polygon Cycling Team, ni we wegukanye agace kavaga Musanze berekeza mu Mujyi wa Kigali.
Inzego zitandukanye zikorera mu Karere ka Burera, zivuga ko zigiye kurushaho kunoza imikoranire hagati yazo n’umuryango Compassion International, kugira ngo umubare munini w’abana batishoboye n’imiryango bakomokamo, babashe kugerwaho na gahunda zituma koko babasha kwigobotora ingoyi y’ubukene.
Mu ruzinduko Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali (BK), Dr Diane Karusisi, yagiriye mu Ntara y’Amajyaruguru, asura amashami y’iyo Banki akorera muri iyo Ntara, yijeje abakiriya bayo Serivisi nshya zibafasha gukoresha neza igihe.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, arateguza aborozi badakoresha neza inzuri ko nibadahindura imikorere ngo zibyazwe umusaruro, bazazamburwa zigahabwa ababishoboye.
Abasenateri b’u Rwanda bagaragaje ko Abanyarwanda baba mu mahanga bahura n’ingorane, zo kubona serivisi za Leta zitangirwa kuri Internet binyuze ku Irembo, iyo badafite nimero ya telefoni n’indangamuntu by’u Rwanda, ndetse bikabasaba n’ingendo ndende bajya kuri za Ambasade.
Umuhanzi umaze kwandika izina hano mu Rwanda Niyo Bosco yashyize hanze indirimbo ‘Urwandiko’ akebura abantu bibagirwa aho bavuye iyo bamaze kubona ibintu cyangwa se iyo bamaze gukira.
Itsinda ry’Abasenateri bari muri komisiyo ishinzwe amahoro n’umutekano mu Nteko Ishinga Amategeko ya Zimbabwe, ryashimye uko abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina bitabwaho mu Rwanda, igihe bagannye Isange One Stop Centre.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buratangaza ko inkuba yakubise abantu batatu bajyanwa kwa muganga, harimo umwe wo mu Murenge wa Rugarika n’abandi babiri bo mu Murenge wa Rukoma, ndetse ngo hari n’ibindi bintu byinshi byangiritse birimo imihanda n’imyaka.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 24 Gashyantare 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 32, bakaba babonetse mu bipimo 12,912. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi azize COVID-19, abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19 ni 1,457 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.
Ubuyobozi bushinzwe ubucuruzi n’inzego zikora ku mipaka ihuza umujyi wa Goma muri RD Congo na Gisenyi, baganiriye ku kongera gukoresha jeto mu korohereza abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka, bakaba bemeranyijwe ko mu gihe cya vuba ubwo buryo buzasubukurwa.
Mu rwego rwo kugabanya iyangizwa ry’ikirere no kurengera ibidukikije, Leta y’u Rwanda yiyemeje kugabanya umubare w’abakoresha inkwi n’amakara mu guteka. Intego ni uko umwaka wa 2024 uzagera ingo zikoresha inkwi mu guteka zigeze nibura kuri 42% ndetse no mu mijyi ikoreshwa ry’amakara rigacika.
Mu rwego rwo kurandura ubukene bukabije mu Rwanda bitarenze umwaka wa 2024 binyuze muri gahunda zitandukanye zirimo iy’ingenzi izwi nka VUP (Vision Umurenge Program), Ikigo gishinzwe Guteza imbere Imishinga y’Inzego z’Ibanze(LODA) cyashyizeho ibigenderwaho (inkingi) byatuma abaturage bo mu ngo zifite amikoro make basezera (...)
Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi muri Repubulika ya Kisilamu ya Mauritania, kuri uyu wa Kane tariki 24 Gashyantare 2022, yasuye ishuri rikuru rya gisirikare rya G5 Sahel Defense College.
Mu gitondo cyo kuri uyu Kane tariki ya 24 Gashyantare 2022, Abasenateri umunani bo muri komisiyo y’Amahoro n’Umutekano muri Sena ya Zimbabwe, basuye Polisi y’u Rwanda maze bashima imikorere yayo.