Abatuye mu Murenge wa Kigembe muri Gisagara baremeza ko umusaruro wabo wa Kawa wiyongereye, nyuma yo kwitabira gukoresha ifumbire, bikanatuma inganda zabo zibona umusaruro.
Abaturage bo mu Murenge wa Kiyumba baravuga ko imbuto y’imyumbati bahinze yabarumbiye, bitewe n’impamvu bataramenya.
Abaturage b’Akarere ka Rwamagana bamaze kwitabira ubuhinzi bwa kijyambere, bavuga ko ubuso buto bw’ubutaka butakiri imbogamizi mu kubona umusaruro mwinshi, mu gihe babukoresheje neza.
Abahinzi bo mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Ruhango baravuga ko bagiye kwibumbira hawme kugira ngo babashe gukodesha imashini zihinga.
Nyuma y’imyaka ibiri imyumbati igaragayemo uburwayi igahagarikwa guhingwa, abahinzi barimo guhabwa imbuto nshya yo mu bwoko bwa NASE 14.
Abagize Koperative “Isuka Irakiza” mu murenge wa Muhazi w’Akarere ka Rwamagana, baravuga ko bageze ku iterambere batarotaga kugeraho batarishyira hamwe.
Nubwo abenshi batunzwe n’ubuhinzi mu Karere ka Karongi, hari abagaragaza ko batazi gahunda ya “Twigire Muhinzi”, Leta yashyizeho mu kubafasha.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi kiritana ba mwana n’abahinzi b’imyumbati bo mu Ntara y’Amajyepfo ku kibazo cy’imbuto y’imyumbati yabahombeye.
Abahinzi bo mu Karere ka Ruhango bavuga ko bifuza gukoresha imashini zuhira imirima ariko bakagira impungenge zo kutabasha kuzigurira.
Abahinzi b’ingano mu Karere ka Nyamagabe baremeza kuba bamenye ubwoko bw’imbuto y’ingano inganda zifuza, bizongera umusaruro wazo bakabasha guhaza amasoko.
Igishanga cya Rwangingo gihuriweho n’Akarere ka Gatsibo ndetse na Nyagatare, kigiye gutangira kubyazwa umusaruro nyuma y’igihe gihingwa mu kajagari.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ihamagarira abahinzi kongera umusaruro w’ubuhinzi ariko bakanateganya ko ikirere kizahinduka umusaruro ukagabanuka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera buri mu rugamba rwo guhangana n’abatubahiriza gahunda yo guhuza ubutaka bagahinga amasaka ahagenewe guhingwa ibihingwa byatoranyijwe.
Abahinzi bo mu Karere ka Gatsibo ntibasobanukiwe n’ingaruka zo gutwikira ibisigazwa by’imyaka mu mirima, aho babikora batekereza ko byongera kweza.
Mu gihembwe cy’ihinga 2016 B kigiye gutangira, abahinzi bo mu Karere ka Kirehe basabwe kwibanda ku kuhinga soya n’ibishyimbo.
Abatuye Umurenge wa Muganza muri Gisagara bavuga ko batangiye guhinga ku materasi bashidikanya ariko ubu bari kubona inyungu yabyo mu musaruro.
Abatuye mu mirenge ya Maraba na Simbi muri Huye, barataka inzara bavuga ko batewe n’igihembwe cy’ihinga gishize kitabaye cyiza, bakarumbya.
Abatuye mu Murenge wa Mahama muri Kirehe biharuriye umuhanda uzaborohereza kugeza ifumbire mu mirima yabo, igikorwa bizera ko kizongera umusaruro.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda Tony Nsanganira arizeza abahinzi ko mu mwaka utaha ikibazo cy’imbuto y’umyumbati kizaba cyakemutse.
Umuryango wita ku rusobe rw’ibiribwa mu ku isi (Slow Food) usanga mu Rwanda rubungabunzwe neza, ibiribwa byakwiyongera n’inzara igacika.
Abahinzi bo mu Karere ka Burera baravuga ko bahangayikishijwe no kubura imbuto y’ibirayi ku buryo ngo bashobora kubura ibyo bazatera.
Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kansi bavuga ko gahunda yo guhuza ubutaka imaze kubazamura, bakaba batakiri mu cyiciro cy’abafashwa.
Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Rusuri batangaza ko uburyo bushya bigishijwe n’abashinwa bwatumye umusaruro wabo w’umuceri wikuba inshuro hafi enye.
Igishanga cya Gacaca cyo mu Murenge wa Murundi i Kayonza cyitwaga “Singira Umukwe” cyahindutse isoko y’ubukungu kandi mbere cyari imbogamizi ku baturage.
Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), ivuga ko umubare w’abakeneye ibiribwa urushaho kwiyongera kuruta uko abahinzi bitabira kongera umusaruro bakoresheje ifumbire mvaruganda.
Abajyanama mu by’ubuhinzi n’abakozi b’imirenge bashinzwe ubuhinzi mu Karere ka Gakenke, barasabwa guhozaho amatsinda ya "Twigire Muhinzi" kuko bizabafasha kongera umusaruro.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yatangaje ko itabonye umusaruro yifuzaga mu gihembwe cy’ihinga 2015A, bitewe n’izuba n’imyuzure yabaye mu gihugu.
Abatuye mu karere ka Nyaruguru baratangaza ko bamaze kumenya akamaro ko guhinga bakoresheje ishwagara mbere yo gushyiramo andi mafumbire.
Ubuyobozi bw’ikigo NAEB giteza imbere ubuhinzi bw’imboga n’imbuto buvuga ko abahinzi batagomba kugira ikibazo cy’isoko kuko bafashwa kurishaka imyaka itarera.
Ku bufatanye n’Ikigo cy’Abayapani cy’Ubutwererana Mpuzamahanga(JICA), NAEB yahuguye abatunganya ikawa yo kunywa bo mu bigo binyuranye byiganjemo amahoteri.