Abahinzi bo mu Karere ka Nyamagabe baravuga ko gahunda ya “Nkunganire” yakemuye ikibazo cy’isharira ry’ubutaka ryatumaga batabobona umusaruro ukwiriye.
Abahinga ibijumba bikungahaye kuri Vitamini A mu Karere ka Rwamagana baravuga ko bibinjiriza amafaranga menshi kandi mbere abahinzi b’ibijumba barasuzugurwaga.
Umuryango utegamiye kuri Leta “Transformation Leadership Center” wazanye uburyo bushya bwo guhinga mu Karere ka Gicumbi bise “Guhinga mu buryo bw’Imana”.
Abaturage batuye imirenge ya Musebeya na Buruhukiro muri Nyamagabe batunguwe n’umusaruro wavuye mu materasi y’indinganire, nyamara barayahinze batabishaka.
Nkurunziza Athanase wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Nyaruguru, aravuga ko yabaye umuhinzi ntangarugero abikesha kwiga guhinga kijyambere.
Abahinzi ba soya mu Karere ka Gatsibo barvuga ko kuba imashini zuhira zikiri nkeya bibateye impunene ko bashobora kuzagwa mu bihombo.
Ikigo gifasha abahinzi muri Afurika, Karayibe na Pasifika (CTA) cyitabiriye inama ya FARA, kiravuga ko utudege tutagira abapirote ‘drones’ twateza imbere ubuhinzi.
Ministiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Gerardine Mukeshimana, yamenyesheje Ihuriro Nyafurika ry’Abashakashatsi mu buhinzi FARA, ko ryitezweho gutanga ubunararibonye bwunganira ibyo u Rwanda rwagezeho.
Ministiri w’Intebe, Anastase Murekezi watangije Inama y’Ihuriro nyafurika y’ubushakashatsi ku buhinzi FARA, yasabye gushakisha uburyo haboneka ibirkbwa bihagije Afurika.
Bamwe mu bahinzi b’ibirayi bo mu Karere ka Nyabihu baribaza impamvu uruganda rw’ibirayi rwa Nyabihu Potatoes Company rutarongera gukora kuva rufunguwe.
Abahinga umuceri mu gishanga cya Kanyonyomba mu Karere ka Gatsibo barasabwa kongera ingufu mu mikoreshereze y’ifumbire kandi bakirinda kuvangavanga imyaka, kugira ngo umusaruro wiyongere.
Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda, Michael Ryan, yishimiye umusaruro w’ubuhinzi yasanze mu Karere ka Rubavu, avuga ko ugaragaza iterambere ry’u Rwanda.
Habimana Felix utuye mu Murenge wa Murundi Akarere ka Karongi, ageze ku rwego rwo kweza ibilo 60 by’imyumbati ku giti kimwe.
Abaturage bo mu Karere ka Burera bavuga ko ibishyimbo bise “Kiryumukwe” babyubaha cyane, kubera uburyo bibinjiriza amafaranga menshi kurusha ibisanzwe.
Abahinzi b’unuceri mu Murenge wa Mukindo mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bamaze imyaka itatu batabona umusaruro mwiza, bagasaba hashakwa ikibitera.
Mu kubahiriza amabwiriza y’igihugu ajyanye n’imicungire mishya y’amazi yo mu bishanga, Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe na RAB basinyanye amasezerano n’abahagarariye abakoresha amazi mu buhinzi.
Abahinzi bo mu Rwanda bashyiriweho uburyo buzajya bubafasha kumenya imihindagurikire y’ikirere, kugira ngo bibafashe gukoresha ubutaka birinda ibihombo.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, yibukije arahamagarira urubyiruko kudapfusha ubusa amahirwe rwahawe yo kwiga ahubwo akarufasha mu iterambere.
Abatuye Akarere ka Nyabihu bavuga ko bamaze gusobanukirwa akamaro k’ibiti bivangwa n’imyaka mu kurwanya isuri no gutanga ifumbire.
Bamwe mu baranguza inyongeramusaruro muri Ngororero bavuga ko abacuruzi bazo ari bo bahenda abaturage, kuko amafaranga babagabanyirizaho batayubahiriza ngo nabo bayagabanyirize abaturage.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) cyahembye abajyanama mu by’ubuhinzi bakorera mu Murenge wa Kabaya muri Ngororero telefoni zo kwifashisha mu kazi.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyamagabe barinubira ko ubuyobozi bubasaba amafaranga kugira ngo bashyirwe ku rutonde rw’ababazahabwa inka muri gahunda ya “Gira inka.”
Abaturage bo mu mirenge irwaje kirabiranya mu Karere ka Muhanga baravuga ko kudasobanukirwa n’uburwayi bw’urutoki byatumye iyo ndwara yiyongera.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, yagaye abafite ubuhinzi mu nshingano mu Karere ka Karongi kudahana amakuru.
Umuryango Restore Rwanda Ministries (RRM) urasaba abaturage bo mu Karere ka Kirehe guhinga igiti cyitwa JATROPHA (Jaturofa) kibyara mazutu hagamijwe kubungabunga ibidukikije.
Umuryango w’ibihugu by’ibiyaga bigari CEPGL, by’u Rwanda, u Burundi na Congo wakoze umushinga wo kubyaza umusaruro ikibaya cya Rusizi.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubuhinzi muri MKinisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, yatangaje ko abashakashatsi mu buhinzi bagiye kongera ingufu mu mikoranire hagati yabo.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe bimuwe mu byabo bizezwa urugomero rubafasha kuhira imyaka none amaso yaheze mu kirere.
Umuyobozi w’Ikigega cyita ku Iterambere ry’Ubuhinzi (IFAD), avuga ko u Rwanda ruza ku isonga muri Afurika mu gukoresha neza inkunga barutera mu buhinzi.
Bamwe mu bahinzi bo mu Karere ka Ngororero bavuga ko nkongwa yibasira ibigori yabaciye intege zo kubihinga kuko barumbya.