Umuyobozi w’Ikigega cy’ingwate BDF hamwe n’uw’Ikigo giteza imbere imari (AFR), baremeza ko banki zikeneye guhabwa icyizere na za Leta kugira ngo zishyigikire ubuhinzi.
Abatuye mu Murenge wa Muganza baravuga ko bafite ikibazo cy’imyumbati bahinze ariko ikaba yararwaye ntibasarure bagakeka ko ari imbuto mbi
Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, yatangaje ko u Rwanda ruzakuba kabiri ingengo y’imari rugenera icyaro bitarenze mu myaka itanu iri imbere.
Abahinzi b’umuceri bo mu Karere ka Nyamasheke baravuga ko umuceri bahinga ugurwa n’abacuruzi bo hirya no hino mu guhugu bakawiyitirira.
Banki ishinzwe amajyambere (BRD) yiteguye gushora miliyari 80Frw iyaha abahinzi, nyuma yo kumva ubunararibonye bw’ibihugu bitandukanye.
Akarere ka Nyabihu kavuguruye urutoki mu mirenge ruhingwamo ku kigero kiri hejuru ya 98% ku buso kiyemeje.
Ministeri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) yasabye abitabiriye inama y’ishyirahamwe ry’ibigo by’imari biteza imbere ubuhinzi muri Afurika (AFRACA), gushaka ingamba zatuma abahinzi binjiza menshi.
Abahinzi bo mu Murenge wa Gishyita n’indi yegereye ku ishyamba rya Nyungwe, bavuga ko hari ibihingwa bacitseho kubera inkende zibyona.
Abaturage bo mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Macuba ahashyirwe ibikorwaremezo byo gusukira imyaka barasabwa guhinga imbuto n’imboga bibahaza bakanasagurira amasoko mu bihe byimpenshyi.
Abahinzi b’i Nyaruguru baravuga ko batinyutse gutera ibiti bivangwa n’imyaka mu mirima yabo kuko birinda isuri kandi bikagaburirwa amatungo.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, aranenga umusaruro uva ahashyizwe ibikorwa byo kuvomerera imyaka muri Karongi akabasaba kuwuhuza n’ubushobozi bwahawe.
Gahunda yo gukwirakwiza inyongeramusaruro mu bahinzi mu Karere ka Karongi, yeguriwe Inkeragutabara mu rwego rwo kurwanya uburiganya bwayigaragayemo.
Abahinga mu gishanga cya Ndongozi muri Burera bavuga ko bahagaritse guhinga imboga kubera ko ngo umusaruro wazo ubura uwugura zikababoreraho.
Urugaga rw’abikorera (PSF) rurakangurira urubyiruko kwitabira imishinga y’ubuhinzi, kuko ari rwo rufite imbaraga n’ubumenyi mu ikoranabuhanga byafasha kongera umusaruro.
Abahinzi batandukanye bo mu Karere ka Burera batangiye kuvomerera imyaka yabo kugira ngo birinde inzara ishobora guterwa n’izuba ryavuye kare.
Abahinzi b’ibigori mu Murenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu bavuga ko bahawe imbuto y’ibigori irwaye ikabahombya.
Umuryango AGRA wita ku buhinzi muri Afurika ugiye gushora asaga miliyari 19Frw mu buhinzi mu Rwanda mu rwego rwo kurufasha kwihaza mu biribwa.
Ikibazo cy’ibirayi bikwiye byatunganirizwa mu ruganda rw’ibirayi rwa Nyabihu ngo kirazwi kandi kirimo gushakirwa umuti.
Abahinzi bo mu Murenge wa Buruhukiro muri Nyamagabe bahangayikishijwe n’imbuto y’ibirayi yashaje, ikabateza igihombo ntibabashe kubona umusaruro bari biteze.
Abibumbiye muri koperative y’abahinga umuceri mu gishanga cya Rwabuye, COAIRWA, barifuza ko inzego z’ubuyobozi zabafasha gukemura ibibazo birimo n’icy’ubukungu.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyato mu Karere ka Nyamasheke babangamiwe n’inyamaswa ziva muri Pariki ya Nyungwe zibonera zikabasiga iheruheru.
Abagore bo mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga bahinze inyanya muri Green house bavuga ko kubera kudahugurwa uko ikoreshwa barumbije bikabateza igihombo.
Abahinzi ba kawa bo mu murenge wa Coko mu karere ka Gakenke basanga gahunda ya zoning irimo kubahombya.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda iratangaza ko icyaburaga ngo Uruganda rw’Ibirayi rwa Nyabihu rutangire cyabonetse ku buryo rutazarenza Nyakanga 2016 rutongeye gufungura imiryango.
Bamwe mu banyeshuri bateganya kujya kwiga ubuhinzi mu mahanga bavuga ko babonye urugero rwiza ku buhinzi bwifashisha kuhira imusozi.
Abahinzi bibumbiye muri Koperative COOPRIKI-Cyunuzi bahinga umuceri mu bishanga bya Cyunuzi-Kibaya muri Kirehe na Ngoma barishimira iterambere bagejejweho n’ubuhinzi bw’umuceri aho babona asaga miliyari ku mwaka.
Abatuye Umurenge wa Rukara mu Karere ka Kayonza baravuga ko nta Kirabiranya ikiharangwa nyuma y’uko bahuje imbaraga bakayirwanya.
Abahinzi bahagarariye abandi mu makoperative bigishijwe ibijyanye no kuhira imyaka muri IPRC-South, bavuga ko ubumenyi bahakuye batabukoresha ku bw’amikoro make.
Bamwe mu bahinzi bakoresha imashini mukuhira imyaka yabo muri iki gihe cy’impeshyi, baravuga ko byabagabanyirije imvune n’ikiguzi batangaga ku bakozi.
Abaturiye Parike y’Akagera mu Kagari ka Buhabwa mu Murenge wa Murundi i Kayonza baravuga ko ikibazo cy’ibitera bibonera cyabaye agatereranzamba.