Mu gihe Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda), gitangaza ko mu gihugu hazagwa imvura nyinshi hagati y’itariki 21-30 Mata 2024, ndetse ikaba ishobora guteza Ibiza birimo inkangu kuko ubutaka bwamaze gusoma cyangwa se burimo amazi menshi y’imvura imaze iminsi igwa kandi ikaba ikomeje, Minisiteri (...)
Ku wa Kane tariki 25 Mata 2024, ikipe y’umupira w’amaguru ya Diviziyo ya gatanu y’Ingabo z’u Rwanda (RDF) yatsindiwe muri Tanzania na Brigade ya 202 y’ingabo z’iki gihugu (TPDF) igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura wa gicuti.
Abagororwa 118 batorotse gereza nyuma y’imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryo ku itariki 25 Mata 2024 yangiza ikigo cya Suleja hafi y’umurwa mukuru wa Nigeria, nk’uko umuvugizi wa serivisi ya gereza yabitangaje.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Mata mu gihugu cy’u Busuwisi habereye tombora y’ijonjora ry’ibanze yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cy’Abagore kizaba mu 2026, u Rwanda rwisanga mu itsinda rimwe n’igihugu cya Argentina.
Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, yiyemeje kuvugurura Itegeko ryo muri 2013 rigena imitunganyirize n’imikoreshereze y’amarimbi, kugira ngo imibiri y’abitabye Imana ijye itwikwa, mu rwego rwo kurondereza ubutaka no kuruhura abavunwa n’ikiguzi gihanitse cyo gushyingura.
Mu Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, Ambasade y’u Rwanda muri Lithuania, ifatanyije na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Lithuania n’Ikigo cy’Ubushakashatsi kuri Jenoside no guhangana na yo cyo muri Lithuania, bateguye igikorwa cyo Kwibuka Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994, igikorwa cyabereye i (...)
Umuryango Carlos Takam Foundation wasinyanye amasezerano y’imyaka itatu n’ishyirahamwe ry’umukino w’iteramakofe mu Rwanda aho arimo gutangiza ishuri no gutegura amarushanwa mpuzamahanga
Inama y’Abaminisitiri yemeje gukorera uruhushya rwa burundu rwo gutwara ibinyabiziga hakoreshejwe imodoka za ‘Automatique’. Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Kane tariki 25 Mata 2024, yemeje ko abantu bemerewe gukorera uruhushya rwa burundu rwo gutwara ibinyabiziga hakoreshejwe ibinyabiziga bya ‘Automatique’.
Abagize urugaga rw’abikorera (PSF) ku rwego rw’Igihugu tariki 24 Mata 2024, bitabiriye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni igikorwa cyabereye ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyanza ya Kicukiro kikaba cyitabiriwe n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 25 Mata 2024, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yayoboye Inama y’Abaminisitiri yafatiwemo imyanzuro itandukanye.
Muri Argentine umugore witwa Alejandra Marisa Rodríguez w’imyaka 60 y’amavuko, akaba umunyamategeko n’umunyamakuru, uturuka mu gace kitwa Buenos Aires, aherutse kwegukana ikamba rya Miss Buenos Aires, ndetse ubu yemerewe kuzahatana mu irushanwa ry’ubwiza ku rwego rw’igihugu rya Miss Argentina.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhura, Nayigizente Gilbert, avuga ko Kayitesi Josiane w’imyaka 25 y’amavuko, wari umwarimukazi kuri GS Karubungo yitabye Imana aguye mu bitaro bya Kiziguro, azize ikinini cyica imbeba yari yanyoye, bikaba byaramenyekanye bitewe n’uko cyamunukagaho ubwo yajyanwaga kwa muganga.
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC), gisobanura uburyo bwiza wakora isuku y’amenyo utiteje ibindi bibazo, kuko hari ababikora bakangiza ishinya cyangwa ntibamaremo imyanda yose, kandi ngo ibyiza ni ukoza mu kanwa buri gihe umuntu amaze kurya.
Abahinzi b’ibireti bo mu Murenge wa Kabatwa mu Karere ka Nyabihu, bahawe ubwasisi bwa Miliyoni 17,630,000Frw, mu rwego rwo kubashimira uburyo bazamuye ubuhinzi bw’ibireti mu gihembwe cy’ihinga cy’umwaka ushize.
Muri Kenya, imvura imaze iminsi igwa, yateje imyuzure yishe abantu 10 mu Mujyi wa Nairobi ku wa Gatatu tariki 24 Mata 2024, ubu abamaze kwicwa n’imyuzure bageze kuri 38 guhera muri Werurwe 2024, nk’uko byatangajwe n’Ikinyamakuru ‘AfricaNews’.
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Amashyamba (RFA), gisaba abaturage gukoresha ibicanwa bitangiza ibidukikije kuko bigira ingaruka ku babikoresha n’ibidukikije muri rusange.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko kubura amafaranga byatumye imihanda itatu ya kaburimbo yoroheje yagombaga gukorwa idindira.
Abaturage biganjemo abo mu Murenge wa Muzo mu Karere ka Gakenke bahawe akazi, mu mirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo wa Kagano, kuri ubu ibyishimo ni byose ko bikomeje kubafasha kwikura mu bukene.
Mu gihe Abanyarwanda barimo kwitegura amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), irasaba ko amategeko n’amabwiriza bigenga amatora byarushaho kubahirizwa, bitwararika ibitemewe nko kwamamaza abakandida kuko igihe cyabyo kitaragera.
Ubutumwa bugaragara kuri X ya Madamu Jeannette Kagame, bukubiyemo impamvu ndetse n’impanuro ku bantu batumva agaciro ko kwibuka.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yizeza ko izasimbuza inzitiramubu buri myaka itatu mu turere twose tuzihabwa mu Gihugu ihereye kuri Nyamagabe, aho buri rugo ruzazihabwa ku buntu.
Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda ziri muri Jordanie, zagiranye ibiganoro n’Ingabo zo muri iki gihugu, byibanze ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’imikoranire mu bya gisirikare.
Umuhanzi Céline Dion wari umaze igihe atagaragara mu bitaramo by’umuziki, nyuma y’uko yafashwe n’indwara idasanzwe ya Stif-person syndrome nk’uko yabitangaje mu 2022, avuga ko asubitse ibitaramo byose yateguraga kubera impamvu z’uburwayi, ngo ashobora kugaruka gutaramira abafana be.
Ibiraro ni bimwe mu bikorwa remezo byifashishwa na benshi, mu rwego rwo kuzamura iterambere ry’abaturage, n’iterambere ry’Igihugu muri rusange.
Kuri uyu wa gatatu nibwo ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’umukino wa cricket mu Rwanda, ryerekanye ndetse rinatangaza ku mugaragaro umutoza mushya w’ikipe z’Igihugu z’abagabo.
Mu Burusiya, Minisitiri w’Ingabo wungirije, Timur Vadimovich Ivanov, yatawe muri yombi akekwaho kuba yarakiriye ruswa, icyo kikaba ari icyaha gihanishwa amande akomeye cyangwa se igifungo cy’imyaka icumi muri gereza, nk’uko biteganywa n’amategeko mpanabyaha y’icyo gihugu.
Imibiri isaga 480 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi yari ishyinguye mu mva zo mu Murenge wa Kayumbu n’iyabonetse hirya no hino mu Mirenge ya Karama na Kayenzi, yimuriwe mu rwibutso rwa Jenoside rw’Akarere rwa Bunyonga rwubatse mu Murenge wa Karama, ishyingurwa mu cyubahiro.
Umuturage w’i Nyamagabe witwa Nibarere Agnès, avuga ko ahora atambuka ahantu haretse amazi mu kiziba cyangwa ubwe agatereka amazi mu nzu mu gikoresho yayavomeyemo, akabonamo udusimba dutaragurika ariko akigendera ntabyiteho.
Ikigo Zipline kiyoboye mu gukwirakwiza ibikoresho birimo n’amaraso ahabwa abarwayi kwa muganga cyifashishije utudege tutagira abapilote, kivuga ko mu Rwanda kigira uruhare rwa 75% mu kugeza amaraso ku bitaro byo hanze ya Kigali.
Mu Karere ka Nyamasheke, mu Murenge wa Bushekeri, Akagari ka Buvugira, Umudugudu wa Bujagiro, imvura yaguye tariki 24 Mata 2024 yangije igice cy’umuhanda Nyamagabe-Rusizi ahitwa Kamiranzovu mu ishyamba rya Nyungwe, inangiza ipoto y’amashanyarazi bituma kuva aho Kamiranzovu ugana i Nyamagabe habura umuriro.
Impuguke mu buzima zigaragaza ko kurwanya no kurandura burundu indwara ya Malaria, bisaba ingambwa zikomatanyije kuko ari byo bishobora gutanga umusaruro, mu kurinda abaremba bakazanazahazwa n’iyo ndwara ihitana abatari bake.
Umuyobozi wa Big Talent hamwe na Federasiyo y’abanyamuziki b’igihugu cya Uganda (UNMF), Eddy Kenzo, yatangaje amakuru ajyanye n’ubuzima bw’umuhanzikazi Fille Mutoni.
Gakumba Patrick uzwi nka ‘Super Manager’, yagizwe ushinzwe kwamamaza ibikorwa ‘Brand Ambassador’ w’inyubako ikorerwamo siporo ya KT Fitness Gym, ikorera i Remera ku Gisimenti mu Mujyi wa Kigali.
Ubwato bwari butwaye abantu 77 buvuye muri Djibouti, bwerekeza mu Burasirazuba bwo hagati bwarohamye buhitana abantu 21 abandi 23 baburirwa irengero, na ho 33 babasha kurokoka nk’uko bitangazwa n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bimukira (IOM).
Umusaza Nzungize Marc, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, arashima Urugaga rw’Abikorera mu Ntara y’Iburasirazuba, kuba rwamutekerejeho rukamworoza inka nyuma y’imyaka 30 yari amaze ize zinyazwe n’interahamwe.
Uwitwa Romouard Mukwiye ukomoka mu Mudugudu wa Nyarusange uherereye mu Kagari ka Gahororo mu Murenge wa Karama mu Karere ka Huye, avuga ko yangiwe kwiga amashuri yisumbuye kuko yari Umututsi nyamara yarabaga uwa mbere mu ishuri.
Abagize Inteko Ishinga Amategeko muri Sudani y’Epfo bashimye aho u Rwanda rugeze rwiyubaka, nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuryango urwanya indwara yo kuva kw’amaraso gukabije yitwa Hemophilia (Hemofiliya), hamwe n’Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC), barahamagarira abantu bafite ibimenyetso by’iyo ndwara, kwihutira kuyisuzumisha hakiri kare, kugira ngo birinde impfu cyangwa ubumuga.
Mu irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika mu mukino wa volleyball ‘Cavb Club Championship 2024’ ryabera mu gihugu cya Misiri, ikipe ya Police Volleyball Club yo mu Rwanda, yegukanye umwanya wa 6 ku nshuro ya mbere yari yitabiriye.
Umuryango IBUKA hamwe n’Ubuyobozi bw’Umurenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge, bavuga ko mu Kiliziya yitiriwe Umuryango Mutagatifu (Sainte Famille), hiciwe Abatutsi barenga 1000, bigizwemo uruhare n’uwari Padiri Wenceslas Munyeshyaka.
Ikipe ya Bugesera FC itsinze Rayon Sports igitego 1-0 , yerekeza ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro ku giteranyo cy’ibitego 2-0.
Mu Karere ka Kamonyi, mu Murenge wa Rukoma, Akagari ka Gishyeshye mu Mudugu wa Murambi, abagabo batatu bari bagwiriwe n’ikirombe cya Koperative yitwa COMIRWA ubwo bari bari mu kazi, bose bakuwemo ariko bapfuye.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagiranye ibiganiro kuri telefoni na Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, kuri uyu wa kabiri tariki 23 Mata 2024.
Kuri uyu wa Kabiri ikipe ya Police FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2024 nyuma yo gutsinda Gasogi United kuri penaliti 4-3.
Ku Cyumweru tariki 22 Mata 2024, Umuryango IBUKA Senegal ku bufatanye na Ambasade y’u Rwanda muri Senegal, wateguye ikiganiro cyiswe ‘Igicaniro’, cyahuriyemo Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda batuye muri icyo gihgu, baganira ku mateka mabi ya Jenoside, uko yateguwe n’uko yashyizwe mu bikorwa, by’umwihariko bagaruka ku (...)
Muri Malaysia indege ebyiri za Kujugujugu zagonganye abantu 10 bari bazirimo bahita bapfa. Uko kugongana kukaba kwabaye ubwo izo ndege zari mu myitozo yo gutegura ibirori by’igisirikare kirwanira mu mazi (marine), impanuka ikaba yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Mata 2024, nk’uko byatangajwe n’abashinzwe (...)
Umutoza wa Rayon Sports ukomoka mu gihugu cy’u Bufaransa, Julien Mette, yavuze ko ashingiye ku bakinnyi ikipe ifite, badafite ubunararibonye mu gukina agahamya ko bafite byinshi byo kwiga usibye Kapiteni Kevin Muhire.