Perezida Paul Kagame yashimangiye ko ikipe ya Bayern Munich, Arsenal ndetse na Paris Saint-Germain zimaze kumenyekanisha u Rwanda mu mahanga binyuze ku bufatanye bw’impande zombi muri gahunda ya Visit Rwanda.
Imibu ni udusimba tubangamira abantu, cyane cyane nijoro kuko aribwo dukunda tuboneka aho abantu bari, urusaku rwatwo igihe abantu baryamye, tukarumana, bikaba bibi cyane iyo ari umubu wa Anophèle (anofele) utera Malariya.
Umupira w’amaguru hamwe n’izindi siporo muri rusange zituma abantu baruhura umutima, basabana, bakanishima mu gihe ikipe bafana yatsinze. Ku Isi hari za shampiyona zikomeye zikanakurikirwa cyane kurusha izindi nk’iy’u Bwongereza, iya Espagne, u Budage n’izindi.
Ubuyobozi bwa IBUKA mu Karere ka Musanze, buvuga ko umushinga wo gushyira ibimenyetso ndangamateka yihariye mu Rwibutso rw’Akarere ka Musanze, ugeze ku kigero cya 80%, bukizeza abarusura bagamije kumenya umwihariko w’amateka yaho, ko mu gihe kidatinze bizajya biborohera kurushaho kuyamenya bayiboneye n’amaso.
Ku wa Mbere tariki 01 Mata 2024, Perezida Paul Kagame yavuze ko hazashyirwa imbaraga mu gukurikirana uko abana bafite impano zitandukanye cyane cyane muri siporo batoranywa, dore ko havugwamo ibisa n’uburiganya bishobora gutuma amahirwe yahabwa abatayakwiriye.
Nyuma yo guhagarikwa n’ubuyobozi bwa Kiyovu Sports kugeza umwaka w’imikino wa 2023-2024 urangiye adakina,kuri uyu wa Mbere kapiteni w’iyi kipe Niyonzima Olivier Seif yanditse ibaruwa asaba kubabarirwa agakomeza gukina.
Muri Amerika, mu ndege ya ‘Air Force One’ cyangwa indege itwara Perezida wa Leta zunze Ubumwe z’Amerika, haravuwa ubujura budasanzwe kandi bukomeza kwisubiramo kenshi, by’umwihariko, bukorwa igihe Perezida Biden yagiye mu rugendo rw’akazi. Ibyo byatumye abanyamakuru bakunze kujyana na we basabwa kurushaho kwitwararika.
Nyuma y’amezi ane atorewe kongera kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Perezida Félix Antoine Tshisekedi yashyizeho Minisitiri w’Intebe w’umugore witwa Judith Suminwa Tuluka, wari usanzwe muri Guverinoma ya Sama Lukonde wamaze gusezera ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aratangaza ko impamvu abaturage bamutora akemera gukomeza kubayobora, ari uko bo ubwabo baba basanga bikwiriye, kandi ko na we iyo aba asanga ntacyo bibamariye aba yaranze kwemera kwiyamamariza kongera kuyobora u Rwanda.
Perezida Paul Kagame aratangaza ko nta muntu usa n’undi kandi ko ntawe uzaboneka umeze nka we, kuko hashobora kuboneka ibikorwa birenze n’ibyo akora cyangwa yakoze.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko umuzigo wa Congo ukwiye kwikorerwa n’abanye-Congo n’abayobozi babo, aho kuba u Rwanda cyangwa abayobozi b’u Rwanda.
Isesengura Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakoze, rimugaragariza ko buri myaka 30 uhereye muri za 1960 kugeza ubu, Jenoside ihora ikorerwa abantu bo mu bwoko bw’Abatutsi, kandi bigakorwa amahanga arebera.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasobanuye ko bimwe mu byatumye arushaho kugira ishyaka ryo kubohora u Rwanda, abikomora ku kuba yaratemberaga mu Rwanda mu mujyi wa Kigali, akanasura ahantu hatandukanye harimo na Huye ahari hatuye Nyirasenge.
Ikimera cyitwa igicumucumu kirazwi cyane mu Rwanda, ndetse no mu bindi bihugu cyane cyane ku bantu bakunze kwivura indwara cyangwa se kuzikumira bakoresheje ibimera barakizi, mu Gifaransa bacyita amazina menshi, harimo ‘Oreille de lion’ (ugutwi kw’intare), ‘Queue de lion’ (umurizo w’intare), ‘Grosse tête’ (umutwe munini), (...)
Abatuye Akarere ka Nyabihu, by’umwihariko abo mu Murenge wa Bigogwe, bafitiye impungenge inka zabo ziri gufatwa n’indwara z’inzoka, nyuma yuko zikomeje gushoka ibirohwa, kubera kubura amazi meza muri ako gace, bagasaba ko ababishinzwe bayabagezaho.
Hari gahunda nyinshi mu Rwanda zigamije kurinda abana kugwira, ariko ni ikibazo kikigaragara uyu munsi. Iyo umwana agize imyaka ibiri agwingiye nta kintu cyakorwa ngo akire kandi bimugiraho ingaruka mu buzima bwe bwose nk’uko bitangazwa na minisiteri y’ubuzima. Kwita ku mwana bitangira agisamwa ndetse uko abagize umuryango (...)
Urubyiruko rw’umuryango wa Lotary mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, rwo mu ihuriro ryitwa Rotaract, rwakusanyije inkunga y’ibikoresho byo kwiga imyuga byagenewe abangavu batewe inda mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ko hari amadini n’amatorero afunga ubwiherero bw’abayoboke babo bigatuma bagatera umwanda, maze asabwa kwisubiraho.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Mudugudu wa Mwijuto mu Kagari ka Niboye mu Murenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro, barishimira ko bungutse abanyamuryango bashya, nyuma y’uko 62 barahiriye kwinjira muri uwo muryango. Ni igikorwa cyabaye ku Cyumweru tariki 31 Werurwe 2024.
Itangazo ryasohowe n’umuvugizi w’Ingabo za Uganda, Brig Gen Felix Kulayigye ku cyumweru mu masaha y’umugoroba, rivuga ko Umugaba wungirije w’Ingabo za Uganda zirwanira mu kirere ‘UPDF AirForce’ Brigadier Gen.Stephen Kiggundu yitabye Imana.
Mukandutiye Monique w’imyaka 54, uvuka i Busasamana mu Karere ka Rubavu, avuga ko abaho ahangayitse, aho avuga ko akorerwa urugomo na bamwe mu baturage bamuziza ko afite ubwanwa.
Umuhanda Ngororero - Muhanga ntabwo uri nyabagendwa, aho wamaze gufungwa n’ibiza by’amazi y’imvura yaguye mu ijoro rishyira uyu wa Mbere tariki ya 01 Mata 2024.
Kuri uyu wa Mbere tariki 01 Mata 2024 guhera saa munani(14h00) z’igicamunsi, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, araganira n’abaturage binyuze ku maradiyo atandukanye aza guhuza imirongo, harimo na KT Radio.
Kuri iki Cyumweru kuri stade ya Bugesera FC, iyi kipe iri mu murongo umanuka bigoranye yahanganyirije na Etincelles FC nayo irwana no kudasubira mu cyiciro cya kabiri ibitego 2-2.
Ikipe ya APR FC inganyije na Muhazi United i Nyamirambo, na ho AS Kigali istinda Sunrise iyisanze i Nyagatare, biyishira mu makipe ashobora kumanuka.
Abatuye umujyi wa Gisenyi batangaza ko bakomeje kubangamirwa n’amazi y’imvura amanuka aturuka mu mirenge y’icyaro, akaboneza mu mujyi rwagati akabasenyera,kubera kubura inzira.
Abajyanama bo mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro, bafatanyije n’ubuyobozi, abaturage ndetse n’abandi bahagarariye inzego zitandukanye muri uwo Murenge, bahuriye mu gikorwa cyo gusoza gahunda y’Icyumweru cy’Umujyanama, bishimira ibyagezweho muri icyo cyumweru.
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya magendu n’ibindi byaha (ASOC), yafatiye mu Karere ka Nyarugenge, abantu babiri bakurikiranyweho kwinjiza mu gihugu no gukwirakwiza amavuta yo kwisiga yangiza uruhu azwi nka ‘mukologo’, bakaba bari batwaye mu modoka amacupa yayo 924.
Mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki ya 30 Werurwe 2024, abapolisi b’u Rwanda bagize itsinda RWAFPU I-9 riri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA), bafatanyije n’abaturage umuganda rusange wo gusukura isoko rya Sica II, riherereye i Bangui mu murwa mukuru (...)
Imvura yaraye iguye abakirisitu gatolika bari mu gitaramo cya Pasika, bayibonyemo umugisha wa Pasika Imana yabahaye.
Abakinnyi batatu b’ikipe ya AS Kigali barimo ba myugariro babiri barwaye mu buryo bw’amayobera mbere yo guhura na Sunrise FC mu mukino w’umunsi wa 25 wa shampiyona uteganyijwe kuri iki Cyumweru hikangwa amarozi.
Mu gihe mu Rwanda muri uyu mwaka wa 2024 hateganyijwe amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite, abanyamakuru barasabwa gukora kinyamwuga bakagira uruhare mu gufasha abaturage kumenya amakuru yerekeranye n’amatora, no kutivanga mu bikorwa bya politiki.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko ibibazo by’ubutaka bakira muri iyi minsi ari ibishingiye ku miryango n’abaturanyi baba bapfa imbibi, atari abantu runaka bigabiza ubutaka bw’abandi, hakaba harashyizweho itsinda ryo kubikemura.
Pasiteri James Ng’ang’a uzwi cyane muri Kenya, avuga ko urubyiruko rukoresha urubuga rwa TikTok ari abantu bavumwe, akazi bakora gusa kakaba ari ugusakuza ku mbuga nkoranyambaga. Uwo muvugabutumwa yavuze ko ubundi urubyiruko cyangwa abato batagombye gupfa kare, kubera ko Imana itwara abakuze gusa.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo-Rwanda) cyatangaje Iteganyagihe ry’ukwezi kwa Mata 2024, rigaragaza ko igice cy’uburengerazuba bw’Igihugu ari cyo kizagwamo imvura iri hejuru gato y’isanzwe iboneka mu mezi ya Mata, ahandi hakazagwa isanzwe.
Ambasaderi Monique Mukaruliza wabaye Minisitiri w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu Rwanda (MINEAC), akanayobora inzego zitandukanye, yitabye Imana aguye mu Bubiligi ku wa Gatandatu tariki 30 Werurwe 2024, aho yari amaze iminsi mike arwariye.
Ubushakashatsi bwa CRC2023 ku uko abaturage babona serivisi bahabwa mu nzego z’ibanze bugaragaza ko abaturage bakinubira serivisi bahabwa ku rwego rw’Umurenge muri serivisi y’ubuvuzi bw’amatungu, ubuhinzi n’ubworozi ndetse no mu biro bishinzwe ubutaka.
Kuri uyu wa Gatandatu, Ikipe ya Rayon Sports yasuye Mukura VS iyitsindira igitego 1-0 kuri stade Mpuzamahanga ya Huye ikomeza kuba mukeba APR FC guhabwa igikombe yashoboraga gutwara muri izi mpera z’icyumweru.
Icyegeranyo cy’Ikigo Mpuzamahanga cyitwa Z/Yen giheruka gusohoka tariki 21 Werurwe 2024, cyagaragaje ko Umurwa Mukuru w’u Rwanda Kigali wageze ku mwanya wa 67 ku Isi, mu bicumbi 121 by’Imari byakoreweho ubwo bushakashatsi.
Mu ntangiro za 2024, Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), cyatangiye ingendo mu mashuri makuru y’ubumenyingiro (IPRC), no mu mashuri makuru yigenga y’Ubumenyingiro, hagamijwe guhugura abanyeshuri uburyo imitungo yabo mu by’ubwenge yasigasirwa ikarushaho kubagirira akamaro.
Kuri uyu wa Gatandatu,Ikipe ya Mukura VS yasinye amasezerano y’ubufatanye na Hoteli Light House izajya iyiha miliyoni 35 Frw ku mwaka ndetse n’ibindi bitandukanye.
Clémentine Uwera utuye i Bukomeye mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, ubu ni umuhinzi w’amashaza ushakishwa n’abacuruzi mu Mpeshyi, nyamara ngo yigeze kujya arya ari uko avuye guca inshuro.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), binyuze mu makuru yagiye atangwa n’abaturage muri 2023, bwagaragaje uko abaturage bashima serivisi zitangwa n’inzego z’ibanze, Akarere ka Ngoma kaza ku mwanya wa mbere.
Ibikoresho binyuranye dukenera muri iki gihe, ibyinshi bifite ibyo twakwita nk’abakurambere babyo kuko hari ibyo usanga byarahinduye isura burundu, ibindi ndetse ntibyongere gukorwa ahubwo bigasimbuzwa ibindi uko ibihe bigenda bisimburana.
Jacob Zuma wahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo, yarokotse impanuka y’imodoka mu ijoro ryakeye, agonganye n’umuntu wari utwaye imodoka kandi yasinze, maze abo mu ishyaka rya Politiki aherutse gushinga, batangira gushinja ishyaka rya ANC riri ku butegetsi kuba ryagize uruhare muri iyo mpanuka.
Abashakashatsi bavuga ko hari ibinyabuzima nk’amafi, inyogaruzi, urukangaga n’ibindi byahoze mu gishanga cya Migina no mu cyogogo cy’uwo mugezi mu Turere twa Gisagara, Nyaruguru na Huye, byacitse kubera iyangirika n’ihumana ry’amazi, bagasanga bike bisigaye byabungabungwa bikongera kugwira kuko bifite akamaro gakomeye.
Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Rugera mu Karere ka Byabihu, nyuma yo gushyikirizwa ibikoresho byifashishwa mu kwanikaho umusaruro w’ibigori n’ibishyimbo, bavuga ko bigiye kubafasha kurushaho kuwubungabunga no kuwurinda kwangirika, bityo ireme n’ubwinshi bwawo birusheho kuba ibifatika.
Abagore bo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi banywaga inzoga nyinshi, baratangaza ko byabangirizaga ubuzima bw’imiryango yabo, kuko barangwagwa n’urugomo n’amakimbirane mu miryango yabo iterambere ryayo rikadindira.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko hakenewe gukuba kabiri ubwanikiro bafite hagamijwe gufata neza umusaruro, kuko ubuhari ubu bufite ubushobozi bwo kumisha nibura 30% by’umusaruro wose uboneka mu gihembwe kimwe cy’ihinga.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Urwego rw’abanyamakuru bigenzura (RMC), Emmanuel Mugisha, avuga ko mu mavugurura bateganya harimo no kuzajya batanga amakarita agaragaza ibyiciro by’abanyamakuru.