Senateri Mucyo yitabye Imana azize urupfu rutunguranye
Senateri Jean de Dieu Mucyo yitabye Imana muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 03 Ukwakira 2016 .
Amakuru amaze kumenywa na Kigali Today avuga ko Mucyo yazize urupfu rutunguranye muri iki gitondo ubwo yagiraga impanuka yo kugwa ku kazi bamugeza kwa muganga agahita yitaba Imana.
Uyu mugabo w’imyaka 55 yatorewe kwinjira muri Nteko Ishingamateko, Umutwe wa Sena tariki 29 Gicurasi 2015 akaba yari amaze umwaka hafi n’igice muri uwo mwanya.
Jean de Dieu Mucyo yamenyekanye cyane muri politiki yo mu Rwanda nyuma ya Genocide yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mucyo yashinzwe imirimo ikomeye irimo kuba Minisitiri w’Ubutabera n’Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika ndetse n’ Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG).
Uyu mugabo uvuka mu Ntara y’Amajyepfo yabaye kandi Umuyobozi w’Akanama kari gashinzwe gucukumbura uruhare rwa Leta y’Abafaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yasohoye raporo yayo muri Kanama 2008.
Imirimo yakoze
1980-1985: Minijust ashinzwe imishahara y’abakozi
1991-1994: UNICEF na DAF muri EMUJECO
1994-2003: Umusirikare avamo afite ipeti rya Kapiteni
1995-1999: Diregiteri muri Minijust, Umucamanza mu rukiko rwa gisirikare
1999-2003: Minisitiri w’ubutabera n’imikoranire y’inzego
2003-2006: Umushinjacyaha mukuru wa Repubulika
2006-2007: Yayoboye Komisiyo ku ruhare rw’Abafaransa muri Jenoside
2008-2015: Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG
Gicurasi 2015-Ukwakira 2016: Senateri mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda
Ibitekerezo ( 68 )
Ohereza igitekerezo
|
RIP mucyo ugiye twari tukigukeneye Imana izaguhere umugisha mukwitanga wagaragaje Imana ikwakire mubayo
imana nimwakire mubayo ijyendere ujyiye twaritukigukeneye R I P
Nagukundaga , Imana Iguhe Iruhuko ridashira birantunguye kandi birangoye kubyakira
Naruhukire mumutuzo Imana ihekwihangana abasigaye
Mana we.Birababaje * INFINI.RIP Jean De Dieu M.
Umusanzu wose ubaho waratanze mu kibaka igihugu cyacu nyuma y’ibihe bibi cyari kuvuyemo.Tuzi nezako Imana ikwakira mu bayo kandi njye ngushyize mu ntwali.Nongere nti RIP MUCYO.
Ibigwi by’iyintwali ni byinshi ntimwabivuga ngo tubirangize mwagerageje kubihina cyane ariko mwibagirwa. gushyiramo ko yanagize uruhare mu kubohora igihugu cyacu yari inkotanyi cyane. ikindi njye ntamwibagirwaho nuko yagize iruhare mu kubaka ubugenzzacyaha mu cyahoze ari gendarmerie kuko ababaye aba OPJ icyo gihe twese yaratwigishije kandi kandi yari umuhanga. ntituzakwibagirwa ubumenyi waduhaye.
Imana imwakire mu bayo, kuko yali ipfura y’u Rwanda, jye ubwajye pfite ubuhamya bw’ibikorwa bye byiza.
Imana imwakire mu bayo, kuko yali ipfura y’u Rwanda, jye ubwajye pfite ubuhamya bw’ibikorwa bye byiza.
Yari umuntu wumugabo wakoze akazi ke neza kandi akanubaha abantu bose bamuganaga. Iyo uri umunyapolitiki ugomba kugora neza inshingano zawe kandi nibyo yakoze. Imana imwakire mubayo
Imana imwakire mu bayo yakoze byiza tuzamwibukiraho. RIP
Imana imwakire mu bayo yakoze byiza tuzamwibukiraho. RIP
Uyu mugabo Rwose Urupfu rwe nkabanyarwanda Ruratubabaje cyane kuko yagiriye Abanyarwanda akamaro Muri rusange RIP Mucyo