Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko bugiye gushyira imbaraga mu buhinzi bwa kawa aho hamaze kuboneka kompanyi zizafasha abahinzi kuyikwirakwiza mu Mirenge itahingwagamo ariko hanashakwa imiti irwanya ibyonnyi byayo.
Guhera ku wa Kabiri tariki ya 25 Nyakanga 2023, Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana n’abagize Inama y’Umutekano itaguye y’Intara, batangiye gusura abaturage muri gahunda yihariye yiswe Mobile Governance.
Abahinzi mu Karere ka Nyagatare barasaba Leta kubafasha ibikoresho byo kuhira ikabishyira mu makoperative yabo bikaborohera kugura byinshi kuko uruhare basabwa barwishyurirwa na koperative bityo buri muhinzi agafata ibijyanye n’ubuso bw’umurima ahinga.
Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, ushinzwe imbuto, Rwebigo Daniel, avuga ko imbuto z’ibigori zituburirwa hanze y’Igihugu zidatanga umusaruro kurusha izituburirwa mu Rwanda, ahubwo abazizana ku isoko ry’u Rwanda ngo bashakisha uburyo basebya izatuburiwe mu Rwanda.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Matsiko Gonzague, arizeza aborozi ko ibikomera (amasoko y’inka), bifungurwa muri iki cyumweru, nyuma y’igihe hari akato ku matungo kubera indwara y’uburenge, yari yagaragaye mu Murenge wa Rwimiyaga.
Abahinzi mu Karere ka Nyagatare ntibakozwa ibyo guhinga ibishyimbo na soya bisimburanwa n’ibigori ngo kuko imbuto yabyo ihari ishaje cyane kuburyo itagitanga umusaruro bigatuma bahinga ibigori gusa no mu gihembwe cy’ihinga B, gikunze kugwamo imvura nkeya.
Umuyobozi wa Kiziguro Dairy Cooperative ifite ikusanyirizo ry’amata ahitwa Ndatemwa, Murara Michel, avuga ko imicungire mibi y’umutungo yatumye Koperative ihomba amafaranga y’u Rwanda asaga Miliyoni enye, bituma aborozi bahagemuraga amata bamburwa.
Bamwe mu barimu mu Karere ka Ngoma barishyuriza agahimbazamusyi ku mbuga nkoranyambaga, kubera ko ngo batinze kugahabwa mu gihe mu tundi Turere ngo kamaze kubageraho, gusa ubuyobozi bwabizeje kukabagezaho bidatinze.
Tuyisenge Cassien w’imyaka 29 y’amavuko wo mu Murenge wa Kibungo, Akarere ka Ngoma akora imitako itandukanye mu duti tw’imishito twavuyeho mushikake, akazi yahanze nyuma y’uko ako yakoraga gahagaze kubera COVID-19.
Abaturage 53 bo mu Murenge wa Munyaga Akarere ka Rwamagana bajyanywe mu bitaro by’Ikigo Nderabuzima cya Munyaga nyuma yo kunywa ubushera bidasembuye bikekwa ko bwari bwahumanyijwe.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba, buravuga ko abanyeshuri 406 bangana na 0.76% aribo basibye umunsi wa mbere w’ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza, kubera impamvu zirimo uburwayi no kwimuka.
Abanyeshuri bitabiriye ibizamini bisoza amashuri abanza mu Karere ka Nyagatare, batangaje ko bakurikije ikizamini bahereyeho cy’imibare, bizera kuzatsinda n’amanota menshi kuko ngo basanze cyoroshye kurusha isuzuma ritegurwa n’Akarere (Mock exams).
Bamwe mu baturage bimuwe ahakorera umushinga Gabiro Agri-Business Hub, mu Karere ka Nyagatare batujwe mu Mudugudu wa Akayange Akagari ka Ndama Umurenge wa Karangazi, bavuga ko mu miryango yabo ari bo bambere batuye mu nzu nziza zifite byose.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Murekatete Juliet, arasaba abayobozi b’amasite y’ibizamini bya Leta ndetse n’abarimu bazabihagarikira, kubahiriza amabwiriza agenga imikoreshereze yabyo. Ibizamini bisoza amashuri abanza bikazatangira kuri uyu wa mbere tariki 17 Nyakanaga 2023.
Bamwe mu bahinzi b’urutoki mu Karere ka Gatsibo barifuza ko hakorwa ubushakashatsi bugamije kurandura indwara ya kirabiranya kuko ngo iye kubaca ku bitoki aribyo bakuragamo ibibitunga ndetse n’iterambere ry’imiryango.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gahara, Mwenedata Olivier, afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kirehe, akekwaho icyaha cyo kurigisha Amafaranga y’u Rwanda 5,000,000 yari agenewe kugura imodoka y’Umurenge.
Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Iterambere ry’Abarimu mu Kigo cy’Igihugu cy’Uburezi (REB), Mugenzi Ntawukuriryayo Leon, arasaba abayobobozi mu nzego z’ibanze gufata imyanzuro ku nzu zagenewe Abarimu, zikoreshwa icyo zitagenewe ndetse n’izangirika.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi yatangaje ibihingwa Leta izunganira ku ifumbire mu gihembwe cy’ihinga cya 2024A, hiyongereyemo ibishyimbo, imyumbati, urutoki, imboga n’imbuto.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana avuga ko uyu mwaka wa Mituweri, Leta izishyurira abatishoboye 180,631 bavuye ku basaga Miliyoni ebyiri kubera ko bamwe babashije kwiyishyurira kubera gahunda zitandukanye zibakura mu bukene.
Umukozi w’Akarere ka Gatsibo uyobora ishami ry’Ubuhinzi, Ubworozi, Ibidukikije n’Umutungo kamere, Dr Nsigayehe Ernest, avuga ko imashini zihinga, zigasya, zikanazinga ubwatsi bw’amatungo (Baler Machines), bari bakeneye uko ari eshatu zamaze kubageraho kandi bizeye ko zizakemura ikibazo cy’ibura ry’ubwatsi ku kigero cya 75%.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof Bayisenge Jeannette, arasaba abantu kwirinda ubusinzi ariko by’umwihariko abagore bakabugendera kuko ngo hari abagaragara bagenda bandika umunani mu muhanda.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, arasaba abaturage kurwanya icyatera ubuzima bubi kuko ari bwo nkomoko y’umutekano mucye n’igwingira mu bana kandi iyo bagwingiye n’Igihugu kiba kigwingiye.
Abaturage b’Akagari ka Mpondwa, Umurenge wa Gitoki biyuzurije ibiro by’Akagari byatwaye 18,000,000, binyuze mu miganda ndetse n’ubushobozi bwabo badasabye Leta ubufasha.
Ababyeyi bagana Ikigo nderabuzima cya Karangazi barishimira inyubako nshya y’ababyeyi yamaze kuzura kuko irimo gutuma bahabwa serivisi nziza, bakavuga ko iya mbere bakirirwagamo yari ntoya cyane, ku buryo batabonaga uko bisanzura.
Abaturage b’Akarere ka Nyagatare by’umwihariko abo mu Murenge wa Rwempasha n’ibice biwegereye, barasezeranya ubuyobozi ko batazongera kunyura mu mazi bajya mu Gihugu cya Uganda, kuko babonye umupaka.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), buravuga ko mu minsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rwakiriye amadosiye 187 arimo abakekwaho ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibindi byaha bifitanye isano nayo 234.
Umunsi mukuru wo kwibohora ku nshuro ya 29, mu Ntara y’Iburasirazuba wijihijwe mu Turere twose by’umwihariko ukaba waranzwe n’urugendo ku maguru rwo gushimira Inkotanyi ndetse hanatahwa ibikorwa byegerejwe abaturage mu rwego rwo kuzamura imibereho myiza yabo.
Abahinzi b’ibigori mu Karere ka Nyagatare bavuga ko batakiri abahinzi baciriritse, ahubwo basigaye bambara neza nk’ikigori kubera uruganda rwongerera agaciro umusaruro wabo, rwanatumye babona igiciro cyiza ku bigori.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko iyo umuganda wakorewe igenamigambi kandi rishingiye ku byifuzo by’abaturage, bawugiramo uruhare rufatika ku buryo bitagora ubuyobozi kubashishikariza kuwukora.
Bamwe mu bakobwa babyaye imburagihe bibaza impamvu ari bo bahagarikwa mu nsengero nyamara abahungu cyangwa abagabo bakoranye icyaha bo ntibibagireho ingaruka ndetse bagakomeza gusenga uko bisanzwe.