Imvura y’amahindu ivanze n’umuyaga bidasanzwe byaguye mu murenge wa Busasamana akarere ka Rubavu mu tugari twa Gasiza na Kageshi byasenye amazu 14 naho imyaka yangiritse igera kuri hegitare 30.
Abana babiri bo mu ngo zitandukanye bari mu kigero cy’imyaka itandatu n’imyaka umunani y’amavuko bo mu mudugudu wa Bushekeri, akagari ka Mageragere mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro batoraguye gerenade tariki 22/04/2014 barayikinisha batazi ko ari igisasu ku bw’amahirwe ntiyabaturikana.
Mu ikorosi riri ku muhanda munini werekeza i Musanze na Rubavu uri munsi y’akarere ka Gakenke habereye impanuka yagonganiyemo imodoka enye ariko ku bw’amahirwe ntawahasize ubuzima uretse umuntu umwe wakomeretse bidakomeye.
Umugabo n’umugore bombi bakora mu kigo cy’urubyiruko cya Rutsiro giherereye mu murenge wa Ruhango mu karere ka Rutsiro baguwe gitumo bari mu nzu uwo mugore acumbitsemo bakekwaho gusambana, bahita bajyanwa kuri sitasiyo ya polisi ikorera muri uwo murenge wa Ruhango.
Bungurimana Damien uyobora umugudugudu wa Buhinga akagari ka Buvungira mu murenge wa Bushekeri ku mugoroba wa tariki 23/04/2014 yakubiswe n’abaturage ayobora ubwo yari agiye kubashyikiriza urwandiko rubamenyesha ko bagomba gufunga akabari kabo kamaze iminsi gatera umutekano muke.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, arasaba abaturage bo mu karere ka Burera gushishikariza abo baba bazi, baba bene wabo cyangwa n’abandi, bakiri muri Kongo mu nyeshyamba za FDLR, gutahuka kugira ngo nabo baze kubaka u Rwanda rwababyaye.
Abagabo batatu bo mu murerenge wa Kazo akagali ka Gahurire , umudugudu wa Rugenge, akarere ka Ngoma baturikanwe n’ingunguru ubwo bayitekeragamo kanyanga bakomeje kuburirwa irengero nyuma yuko bahunze bakagenda bakomerekejwe bikomeye n’iyo ngunguru.
Abaturage bo mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera, baratangaza ko biyemeje kugarurira isura nziza Intara y’Amajyaruguru birinda ababashuka babajyana mu bikorwa bibi byo gukorana n’inyeshyamba za FDLR ndetse no guhungabanya umutekano.
Mu ijoro ryo kuwa 21 Mata umwana w’umuhungu umaze icyumweru kimwe avutse yatoraguwe n’abaturage ku ruzitiro rutandukanya kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare n’akabari hafi na gare shya ya Nyagatare.
Imiryango 52 yo mu kagari ka Buringo mu murenge wa Bugeshi akarere ka Rubavu yasenyewe n’umuyaga udasanzwe waje udaherekejwe n’imvura, ku isaha ya 14h50 taliki ya 21/4/2014 utwara isakaro y’amazu ayandi arasenyuka ndetse urimbura n’ibiti n’imyaka.
Mu karere ka Gicumbi hangijwe ku mugaragaro ibiyobyabwenge byo mu bwoko bitandukanye hamwe n’ibiti bya kabaruka abandi bazi ku izina ry’imishikiri bifite agaciro k’amafaranga miliyoni 96 n’ibihumbi 913 na 500.
Mu ijoro rishyira ku wa 19/04/2014 mu Murenge wa Giheke, Akagari ka Ntura, mu Mudugudu wa Kaburyogoro habaye ikiza cy’ubutaka bwitse hangirika amazu abiri y’imiryango ibiri n’imyaka byari bihinze kuri ubwo butaka.
Ikoraniro ry’idini ryiyise “Isoko imara inyota” ryarimo risenga risakuza ryahagaritswe maze abayoboke baryo bakwira imishwaro nyuma y’uko ryikomwe n’abaturage barishinja guhungabanya umutuzo wabo ku manywa na nijoro.
Umugore witwa Sibomana Josepha w’imyaka 50 y’amavuko yitabye Imana mu gitondo cyo kuwa 21/4/2014 ubwo yari ku munyamashengesho witwa Mwihangane Josephine wamusengeraga ngo akire irwara yari arwaye.
Ngayaberura ukomoka mu mudugudu wa Mayogi, akagari ka Rebero umurenge wa Muko mu karere ka Gicumbi afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba akurikiranyweho gutemagura mu mutwe no ku maboko mwishywa we witwa Nsabimana Nepomuscene.
Umwana witwa Manirarora Steven w’imyaka 16 y’amavuko yapfuye yiyahuye, ubwo yuriraga ipironi y’amashanyarazi maze akicwa n’umuriro biturutse ku makimbirane y’ababyeyi be bahoraga barwana.
Inzu y’ubucuruzi no guturamo iri mu Kagali ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza, Akarere ka Musanze yafashwe n’inkongi y’umuriro kuri uyu wa Mbere tariki 21/04/2014 ibintu byarimo bishya birakongoka.
Koperative zigize ihuriro ry’abarobyi bakorera mu Kiyaga cya Kivu igice cyo mu karere ka Rusizi ngo nizo zigomba gufata iya mbere mu gukumira no kurandura burundu ikoreshwa rya kaningini rikigaragara muri aka karere.
Umugabo witwa Nizeyimana Fidele afungiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba azira gutera amabuye bagenzi be Ndungutse Jean Baptiste na Bizumuremyi Diogene akabakomeretsa bikabije ubu bakaba barwariye mu bitaro bikuru bya Byumba.
Rugambwa na Habineza bo mu mudugudu wa Ntonyanga akagari ka Cyamuhinda murenge wa Muko mu karere ka Gicumbi barwanye bapfuye ubucuruzi bw’inka maze uwitwa Rugambwa akomeretsa Habineza mu mutwe kuburyo bukabije ndetse aranamuruma amuca ugutwi.
Abantu batatu barimo umukobwa umwe n’abagabo babiri bitabye Imana biturutse ku mpanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Fuso ifite nomero iyiranga ya RAB765D yabereye mu kagari ka Kizi mu murenge wa Kamegeri mu karere ka Nyamagabe tariki 18/04/2014.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bufatanyije n’inzego z’umutekano muri ako karere buratangaza ko bwahagurukiye bikomeye abajya kurangura kanyanga muri Uganda, bazwi ku izina ry’Abarembetsi, kuko bateza umutekano muke kuburyo hari n’igihe bagirira nabi abashinzwe gucunga umutekano ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda.
Umwana w’umwaka umwe n’amezi atandatu yishe umuvandimwe we w’umwaka umwe n’amezi atatu amusogose icyuma mu mutwe, ubwo ababyeyi baba bana barimo bahata ibirayi byo guteka, ku mugoroba wo kuwa Kane tariki 17/4/2014.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge babiri n’abandi babiri b’utugari bo mu Karere ka Musanze batawe muri yombi n’inzego z’umutekano kugira ngo babazwe ku kijyanye n’imikoranire yabo n’umutwe wa FDLR urwanya Leta y’u Rwanda.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera baratangaza ko inzoga y’inkorano yitwa “Umunini” iri guteza umutakano muke kuko abayinywa basinda cyane aho banyuze bakagenda barwana cyangwa se bagera mu ngo zabo bagakubita abo bashakanye.
Irambona Francois wari ufite imyaka 9 wo mu mudugudu wa Kibimba, akagali ka Buriba, umurenge wa Rukira mu karere ka Ngoma yapfuye tariki 16/04/2014agwiriweho n’ikirombe ubwo we n’abagenzi be bacukuraga igitaka cyo gukorera isuku amazu y’iwabo.
Toni 3 z’ibiti bya kabaruka byatwitswe hanamenwa amakarito 200 y’inzoga zo mu mashashi ya Chief Waragi na litiro 700 za Kanyanga zafashwe mu kwezi kwa gatatu n’ukwa kane mu bice bitandukanye by’akarere ka Nyagatare.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, arasaba abaturage bo muri ako karere cyane cyane urubyiruko guca ukubiri n’ibiyobyabwenge kuko umwanzi ashobora kubyifashisha agamije kubatesha umurongo bityo ntibabe bagikoze ngo biteze imbere.
Umusaza w’imyaka 68 witwa Habimana Felecien yishwe n’abagizi ba nabi bamunize kuko abamukoreshaga basanze umurambowe uhambiriye amaguru. Umurambo we watoraguwe mu murenge wa Kamembe mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 1/04/2014.
Mbonigaba Jean de Dieu wo mu murenge wa Kaniga akagari ka Rukurura mu karere ka Gicumbi afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba azira gukubita ifuni mu kase mu mutwe.