Amakuru dukesha Polisi y’igihugu avuga ko uwari umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, Alfred Nsengimana, yishwe arashwe ubwo yageragezaga gutoroka kuri uyu wa gatanu tariki 16/5/2014.
Umukarani witwa Hakizimana Emmanuel yuriye imodoka iri kugenda nuko ahita ahubuka yitura hasi ahita apfa. Ibi byabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 16/5/2014 mu mudugudu wa Gitaba akagari ka Gihembe mu murenge wa Byumba akarere ka Gicumbi.
Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Karongi, Nsanzabaganwa Emile, aributsa ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri ako karere ko bagomba kumenya no gusobanurira abaturage ko umutekano ari uw’abaturage naho abasirikare n’abapolisi ngo bakaza bunganira gusa ku bwo kuba bafite ibikoresho n’amasomo mu byo kuwubungabunga.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 16/05/2014, mu kagari Kanyamagana umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango abantu batandatu bafatanywe litiro 4440 z’inzoga z’inkorano zihita zimenwa.
Mu masaha ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba wa tariki 15/05/2014 mu muyi wa Nyanza hafi gato y’ibitaro by’Akarere ka Nyanza aho abatwara moto bakunze guparika habereye rwaserera ikomeye hagati y’umukobwa n’umumotari watabazaga asaba kurenganurwa nyuma y’uko yari amaze gukoreshwa ibirometero bisaga 20 ntiyishyurwe.
Abagabo babiri Siborurema Adrien na Sindayihebura Modeste bafungiwe kuri stasiyo ya Kanjongo mu karere ka Nyamasheke bazira kuvogera ikigo cy’amashuri abanza bifatwa nko kwigomeka.
Umusore witwa Rurangirwa Byiringiro Joel wari watorotse nyuma yo gutera undi icyuma akamuvanamo amara yatawe muri yombi ashyikirizwa polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Nyanza mu ijoro rishyira kuri uyu wa kane tariki 14/05/2014.
Mu rwego rwo guhashya burundu ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, kuri uyu wa 14 Gicurasi 2014 urubyiruko rwiga mu bigo by’amashuri bihereye mu Murenge wa Karambo mu karere ka Gakenke rwifatanyije n’abaturage bo muri uyu Murenge mu gikorwa cyo gutwika bimwe mu biyobyabwenge byagiye bifatirwa mu duce dutandukanye tugize akarere ka (…)
Inama y’umutekano yaguye y’akarere ka Rwamagana yateranye tariki 14/05/2014, yasabye abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari tugize aka karere kuba maso bagafatanya n’abaturage mu kubungabunga umutekano kugira ngo hatagira umubisha ubaca mu rihumye akawuhungabanya.
Nyiransengimana Beata ufite imyaka 19 na Nyirandagijimana Jaqueline ufite imyaka 44 bari mu maboko ya polisi nyuma yo gufatanwa amafaranga y’amahimbano asaga ibihumbi mirongocyenda by’ amafaranga y’u Rwanda (90,000frw).
Mu nama y’umutekano yahuje abayobozi bo mu Karere ka Huye, guhera ku rwego rw’umudugudu kuzamura, ku itariki 12/5/2014, uhagarariye polisi y’igihugu mu Ntara y’amajyepfo (RPC) yavuze ko akarere kazahiga utundi mu kugira uruhare rugaragara mu kurwanya ibyaha kazahembwa imodoka.
Itsinda ry’abantu biyita “Abarembetsi” bajya kuzana Kanyanga mu gihugu cya Uganda ngo mu mwaka wa 2015 nta n’umwe uzaba ukibarizwa muri ibi bikorwa bihunganya umuteka kuko inzego z’umutekano zahagurukiye kubarwanya.
Valence Harerimana w’imyaka 56 wari utuye mu Murenge wa Karambo mu karere ka Gakenke yabonetse mugitondo cyo kuri uyu wa 13 Gicurasi 2014 yitabye Imana, ubwo umuryango we warimo umushakisha nyuma yo kumutegereza bakamubura.
Umuntu umwe yitabye Imana abandi batatu barakomereka ubwo imodoka y’ivaturi ifite ibirango by’uburundi (AA.7657 BU) yakoraga impanuka ahagana mu masaa kumi nimwe n’igice za n’imugoroba tariki 12/05/2014 mu karere ka Rusizi.
Mu nama mpuzabikorwa y’akarere ka Gicumbi yateranye tariki 12/5/2014, umuyobozi w’intara y’Amajyarugu, Bosenibamwe Aime, yasabye abayobozi kwirinda ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage bayobora.
Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri ubuyobozi bw’akarere ka Burera bushyizeho umurongo wa telefone utishyirwa, ubwo buyobozi buvuga ko wagize akamaro mu kubungabunga umutekano ndetse no gukemura ibibazo by’abaturage.
Hakizimana Froduald w’imyaka 30 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Rugali B mu kagali ka Kibinja mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yapfuye yiyahuriye iwe mu nzu nyuma y’uko umugore we yari amaze hafi ukwezi yahukaniye iwabo.
Mu masangano y’umuhanda uva i Kigali werekeza i Rusizi n’umuhanda wa kaburimbo werekeza i Nyamasheke , aho bita ku Buhinga, uhasanga abasore benshi bamwe bafite udutabo tw’amatike abandi bafite imbuto bagurisha, mu gihe abandi baba biruka ku bagenzi bababaza aho bashaka kujya (aba bitwa abakatsi).
Ntigurirwa Ferdinand w’imyaka 50 y’amavuko wari utuye mu kagali ka Munyinya mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yitabye Imana tariki 09/05/2014 ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba aguye mu mirwano y’abagabo babiri yaraje gukiza barimo barwana.
Ikigega cyihariye cy’ingoboka (Special Guarantee Fund/SGF) cyatangaje ko hari benshi badahabwa indishyi mu gihe bahohotewe n’ibinyabiziga.
Abarundi 7 badafite ibyangombwa bibaranga ndetse n’ibyo kuba no gukorera mu Rwanda batawe muri yombi mu mukwabu wakorewe mu midugudu itatu yo mu kagari ka Nyamata Ville mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera.
Nyandwi Innocent w’imyaka 61 y’amavuko yahanutse hejuru y’inzu maze ahita yitaba Imana, ibi byabereye mu mudugudu wa Kagasa I mu kagari ka Ramiro mu murenge wa Gashora mu karere ka Bugesera tariki 09/05/2014.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime atangaza ko mu myaka itandatu amaze ku buyobozi bw’intara yakozwe mu nkokora na bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Musanze bakoranye n’umutwe wa FDLR urwanya Leta mu guhungabanya umutekano.
Umugabo witwa Ntakarutinka afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba mu karere ka Gicumbi akekwaho gusambanya ku gahato umugore wo mu murenge wa Byumba utwite inda y’amezi umunani.
Mu kagali ka Musenyi umurenge wa Karangazi mu karere ka Nyagatare hadutse inzoga yitwa “Kwete” ikorwa mu ifu y’ibigori n’uburo nta wundi musemburo uyishyirwamo ariko bamwe ntibayishira amakenga kubera ko ishobora kubakururira indwara zikomoka ku isuku nke.
Bwa mbere mu mateka amashanyarazi agera mu murenge wa Karambi mu karere ka Nyamasheke, umugabo w’imyaka 29 Nzigiyimfura Esron byamugoye kwemera ko amashanyarazi ashobora kugera iwabo niko gusimbuka yinaganika ku nsinga z’amashanyarazi ahita yitaba Imana, nk’uko ababirebaga babyemeza.
Umushumba w’Itorero “Umusozi w’ibyiringiro” rifite urusengero mu murenge wa Runda mu karere ka Kamonyi, acumbikiwe kuri Sitatiyo ya Polisi ya Runda, akurikiranyweho kwaka amafranga abakristo b’itorero ayoboye kugira ngo abashakire abaterankunga mu mushinga Compassion Internationale.
Mbarushimana Jean Pierre w’imyaka 44, utuye mu murenge wa Kibungo, akagari ka Cyasemakamba, umudugudu w’Amarembo,Akarere ka Ngoma, arahakana amakuru yari yamuvuzweho ko yari yiyahuye kubera ko umugore we amuca inyuma.
Umugabo witwa Nsigayehe Jean Bosco w’imyaka 32 wo mu murenge wa Rubaya mu karere ka Gicumbi ari mu maboko ya polisi azira gusambanya umukobwa w’imyaka 17.
Mu gihe Uzabakiriho asaba ubuyobozi kumurenganura kuko yirukanywe aho yari acumbitse akekwaho amarozi kubera akanyamasyo yari atunze mu rugo, ubuyobozi bwizeza ko buzakemura ikibazo cye ariko nanone atari akwiye gutunga inyamanswa yo mu ishyamba mu rugo.