Nyuma yuko umugabo witwa Hora Sylivestre w’imyaka 31 y’amavuko, ukurikiranyweho kuba ariwe wivuganye Isimbi Uwase Shalom, atawe muri yombi afatiwe mu Karere ka Gatsibo, Kigali Today yaganiriye n’uwagize uruhare mu ifatwa ry’uwo mugizi wa nabi, aduha ubuhamya bw’uburyo byagenze.
Uwitwa Laëtitia Nyiraburende w’imyaka 20, utuye mu Mudugudu wa Murambi, akagari ka Kimuna, mu murenge wa Rusatira, birakekwa ko yaba yariyiciye umuhungu we Beni Hategekimana w’umwaka n’igice amugonyoje ijosi mu ijoro rishyira itariki ya 1/4/2014.
Umugore w’imyaka 46 n’undi w’imyaka 37 bo mu karere ka Rubavu, tariki 31/03/2014 batawe muri yombi na polisi ikorera mu Karere ka Musanze ibafatanye utuduzeni 20 tw’inzoga yitwa Blue Skys itemewe mu Rwanda bagerageza kuyijyana kuyicururiza mu mujyi wa Rubavu.
Ku mugoroba wo ku wa mbere, tariki 31/03/2014 abanyeshuri, abamotari n’abayobozi batandukanye barimo umuyobozi w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe gahunda z’Iterambere (UNDP) bahuriye kuri Sitasiyo ya Muhoza, Akarere ka Musanze bakurikirana igikorwa cyo gusenya ibiyobyabwenge bitandukanye bifite agaciro ka miliyoni 3 (…)
Murekatete Olive wigisha ku ishuri Shwemu yitabye Imana azize impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace ifite plaque nimero RAC 618 P mu murenge wa Rugerero akarere ka Rubavu mu gitondo cyo kuri uyu wa 01 Mata 2014.
Igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade cyabonetse mu mudugudu wa Taba mu kagari ka Gitwa mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro tariki 30/03/2014, abaturage bagitoraguye babanza kugifata uko bishakiye bagamije kumenya icyo ari cyo, ariko ku bw’amahirwe nticyabaturikana.
Police y’igihugu iratangaza ko yataye muri yombi Hora Sylvestre, ukekwaho kwica umwana w’imyaka 12 witwa Shalom Bella Uwase mu cyumweru gishize.
Munezero Fiacre w’imyaka 15 y’amavuko ari mu maboko y’inzego zishinzwe umutekano mu karere ka Rutsiro, akaba yiyemerera ko amaze amezi arindwi ari muri ako karere agenzura ahari amabendera y’igihugu n’inyubako za Leta.
Mu rugo rw’uwitwa Nsabimana Jean Pierre w’imyaka 27 y’amavuko hafatiwe uruganda rwa kanyanga, aho basanze batetse ingunguru enye ndetse na litiro eshanu za kanyanga imaze kuboneka.
Abatuye ahitwa Nyamirambo mu kagari ka Nyarurama mu murenge wa Ntongwe mu karere ka Ruhango basanze umugore witwaga Nyirahabumugisha Jacqueline wari ufite imyaka 35 y’amavuko yanizwe n’abantu bataramenyekana ashiramo umwuka.
Polisi y’u Rwanda yashyikirije Iradukunda Patrick ipikipiki yo mu bwoko bwa TVS yari yafatiwe mu karere ka Bugesera kuwa 27/03/2014, hakekwa ko yibwe ariko nyirayo akabanza kuyoberana.
Abasore babiri bari mu maboko ya polisi sitasiyo ya Gihango mu karere ka Rutsiro, mu gihe uwa gatatu agishakishwa, bakaba bashinjwa gutera urugo rwa Utazirubanda bica inka n’intama enye, bamwangiriza n’inzu.
Abanyeshuri bakoraga umuhanda mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza batoraguye igisasu ahagana saa yine za mu gitondo kuwa 28/03/2014, kikaba kibaye igisasu cya gatatu gitoraguwe mu karere ka Nyanza mu byumweru bibiri.
Abasore babiri b’abavandimwe bo mu mudugudu wa Kabeza, akagari ka Mberi, umurenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro bari mu maboko ya polisi, sitasiyo ya Gihango, bakurikiranyweho ukubita no gukomeretsa umuturanyi wabo witwa Ngarukiye Protais, nk’uko ngo bari bamaze iminsi bamubwira ko bazamukubita.
Umukozi ushinzwe iterambere mu kagari ka Gasambya mu murenge wa Ruvune mu karere ka Gicumbi afungiye kuri station ya polisi ya Byumba, azira gusarura ishyamba rya Leta atabiherewe uburenganzira.
Ibyaha bishingiye ku biyobyabwenge ndetse n’ibikomoka ku nzoga zitemewe bikomeje kuza ku isonga mu guhungabanya umutekano mu ntara y’Iburasirazuba, nk’uko byagaragajwe mu nama y’umutekano yaguye y’iyi ntara yateranye kuwa 26/03/2014.
Polisi y’u Rwanda mu karere ka Bugesera icumbikiye umugabo ushinjwa kuba yasanganywe moto itari iye, adafitiye ibyangombwa kandi atanagaragaraza nyirayo.
Abanyarwanda 69 bari mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 18 na 30 bari mu maboko ya polisi y’igihugu cya Uganda muri district ya Kabale kuva kuwa kabiri tariki ya 25/03/2014 bashinjwa kwinjira muri icyo gihugu gituranye n’u Rwanda batabifitiye uburenganzira.
Mu murima w’uwitwa Ruvugamahame Cassien uvugwaho ko yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ariko akaba atarabiburana kuko yaraburiwe irengero, hatoraguwemo ibisasu bya grenades bitandatu n’umuturage wahahingaga.
Kuva ubwo mu karere ka Rutsiro bafatiye ingamba zo kubumbatira umutekano no gukaza amarondo bafatanyije n’inzego zishinzwe umutekano, abajura bari bamenyereye kwiba mu masaha ya nijoro hamwe na hamwe mu karere ka Rutsiro ubu badukanye uburyo bwo ku manywa kuko kwiba nijoro bitakiborohera.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza bwatwitse amasiteri y’ibiti bizwi ku izina ry’imisheshe cyangwa imishikiri byari byarafatanywe abaturage bakunze kubyiba, hanatangwa ubutumwa buhamagarira abaturage kwirinda kwangiza ibidukikije.
Abanyeshuri umunani bahuye n’ikibazo cy’ihungabana nyuma y’uko mugenzi wabo witwa Olive Tuyishime wigaga mu mwaka wa gatanu mu ishuri nderabarezi rya Rubengera mu Karere ka Karongi yitabye Imana azize indwara muri iki gitondo tariki 25 Werurwe 2014.
Abayobozi b’imidugu yose yo mu karere ka Nyamasheke baravuga ko bishimiye cyane icyemezo cyafashwe n’akarere cyo kubagurira amatelefoni agendanwa, bazajya bakoresha mu kazi kabo ka buri munsi mu gukorera abaturage no gukorana n’abayobozi bo ku nzego zisumbuyeho.
Abahoze ari inzererezi mu mujyi wa Kigali batuye mu karere ka Nyamasheke baravuga ko ubuzima bwo mu muhanda babagamo ari bubi cyane kandi bugoye, burangwa n’inzara, guhangayika no kutagira icyerecyezo ku buryo abareba kure badakwiye kubwirukira.
Ahitwa i Gashanga mu kagari ka Rwinume mu murenge wa Juru ho mu karere ka Bugesera hadutse abantu batera amabuye hejuru y’amazu y’abaturage ku buryo hari n’amwe mu mazu yatobotse.
Kirenga Denis wari ukuriye Inkeragutabara mu murenge wa Bwira mu karere ka Ngororero yishwe n’abarimo bashakisha inka yabo yari imaze kwibwa mu murenge wa Ndaro bakeka ko ari umwe mu bayibye.
Mushinzimana Phocas w’imyaka 35 n’umugore we Vumiriya Chantal w’imyaka 32 batuye ahitwa Kabonabose mu murenge wa Gitambi mu karere ka Rusizi bakubiswe n’inkuba ibasanze aho bari bicaye mu inzu mu ijoro rishyira tariki 24/03/2014 ariko ku bw’amahirwe ntiyabambuye ubuzima.
Nizeyimana Samuel wo mu mudugudu w’Akabuye mu kagari ka Cyimbazi mu murenge wa Munyiginya mu karere ka Rwamagana, arwariye mu bitaro bya Rwamagana nyuma y’uko, tariki 23/03/2014 yagerageje kwiyahuza umuti wica udukoko uzwi nka “Kiyoda” ariko agatabarwa n’abaturage atarashiramo umwuka.
Intore z’imbanzabigwi mu gukumira ibyaha bitaraba (Community Policing Committees) zirasabwa guzishyira mu bikorwa inshingano zazo kandi zigafata ingamba zihamye mu kurwanya ibikorwa by’iterabwoba bikorwa n’abantu bakorana n’umwanzi bakoresheje intwaro zirimo Grenade n’imbunda.
Umuyaga n’imvura idasanzwe byibasiye akagari ka Ruhingo mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro ku gicamunsi cyo kuwa 22/03/2014 byangije amazu 19 n’imyaka myinshi yiganjemo insina 3000 zari zihetse ibitoki biremereye.