Polisi y’igihugu yatahuye ububiko bw’inzoga za Zebra mu cyobo kiri mu rutoki rwa Nikiza Vedaste umusengera mu idini ry’Abadivantisiti b’umunsi wa Karindwi.
Mu rukerera rwo ku wa 13 Gashyantare 2018, ingabo za Congo, FARDC, zagabye igitero ku Ngabo za RDF zifite ibirindiro mu Kagali ka Mugali, Umurenge wa Shingiro, Umudugudu wa Terambere wo mu Karere ka Musanze.
Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage yataye muri yombi abantu barindwi bakurikiranyweho kwiba ba mukerarugendo bo muri Ukraine.
Polisi y’igihugu yatangaje ko amande acibwa ku makosa akorerwa mu muhanda ashobora kwikuba inshuro icumi mu gihe byagaragara ko amakosa atagabanuka mu muhanda kandi agateza impanuka.
Umuyobozi wa Gereza ya Huye, SP Camille Cyusa Zuba, yatangaje ko ibyangijwe n’inkongi iherutse kwibasira igice cy’iyi gereza bifite agaciro k’asaga miliyoni umunani (8,000,000 Frw).
Nsengiyumva Jotham wari ufungiye muri Gereza ya Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, yarashwe ahita apfa, ubwo yageragezaga gutoroka Gereza.
Ubuyobozi bw’amagereza mu Rwanda (RCS) bwemeza ko umugoroba w’ababyeyi mu magereza y’u Rwanda wagabanyije amakimbirane hagati y’abagororwa ubu bakaba babanye neza.
Polisi y’igihugu iravuga ko Inkongi nyinshi z’umuriro zikunda kugaragara mu Rwanda zituruka ku mashanyarazi nubwo hari n’ibindi byaba imbarutso.
Muri Gicurasi 2017 Akarere ka Rubavu kashyizeho abantu bagenzura aboga mu Kiyaga cya Kivu hagaragazwa naho batagomba kurenga mu kwirinda ipfu z’abakigwamo.
Polisi y’u Rwanda irashimira abaturage imyitwarira myiza yabaranze yatumye habaho ituze n’umutekano mu mwaka ushize wa 2017.
Polisi y’u Rwanda iravuga ko mu minsi mikuru y’ubunani nta bibazo bidasanzwe byabaye uretse impanuka 20 z’ibinyabiziga zanaguyemo umwana w’umusore.
Polisi y’u Rwanda iravuga ko kuva ku mupaka wa Kagitumba hari inzira zisaga 80 zitemewe zinyuzwamo ibiyobyabwenge byinjizwa mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru.
Abagurishirizaga telefoni zakoze ahazwi nko ku Iposita mu Mujyi wa Kigali bavuye mu muhanda bajya gukorera ahantu hazwi, baniyemeza ko telephone z’inyibano zizajya zifatwa.
Polisi y’igihugu itangaza ko nta bibazo bikomeye byahungabanyije umutekano ku munsi mukuru wa Noheli no mu ijoro rishyira Noheli.
Perezida Paul Kagame yabwiye ingabo z’igihugu kwitegura undi mwaka utoroshye mu gucunga umutekano, nk’uko zabigenje mu mwaka urangiye wa 2017.
Umuryango Rwanda women Network uravuga ko mu minsi 16 bamaze bakora ubukangurambaga ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina,isize bunze imiryango 16.
Amakuru aturuka mu ishuri rikuru ry’Abaporotesitanti (PIASS) riri mu Mujyi wa Huye avuga ko inkongi y’umuriro yibasiye icyumba kimwe cy’inyubako nshya y’iryo shuri, ibyari birimo birakongoka.
Inzego zishinzwe kubungabunga umutekano mu Karere ka Nyagatare zafashe abagore batatu bafite inzoga zifatwa nk’ibiyobyabwenge mu Rwanda.
Mu rwego rwo kugabanya impanuka mu muhanda, abatwara abagenzi ku magare bazwi nk’abanyonzi barahamagarirwa gutunga uruhushya rw’agateganyo rwo gutwara ibinyabiziga.
Police y’igihugu iravuga ko muri uyu mwaka impanuka za moto zimaze guhitana abagenzi n’abamotari 132 zinakomeretsa mu buryo bukomeye 251.
Polisi y’igihugu ikorera mu Ntara y’Iburasirazuba itangaza ko ibiyobyabwenge birimo inzoga z’inkorano ari byo biteza umutekano muke muri iyo ntara.
Abagenzi bagenda n’amaguru mu Mujyi wa Kigali baravuga ko babangamiwe n’uburyo abatwara ibinyabiziga batubahiriza amategeko agenga inzira z’abanyamaguru kuko usanga abenshi batajya bahagarara ngo babareke bambuke.
Mu myaka ine,urwego rushinzwe umutekano mu nzego z’ibanze ‘DASSO’ rumaze kugarura icyizere cyari cyaratawe n’urwo rwasimbuye rwari ruzwi nka ‘Local Defences’.
Abatuye n’abagenda ahazwi nka ‘Tarinyota’ mu Murenge wa Nyarugenge, Akarere ka Nyarugenge baravuga ko ibyaha by’ubujura byagabanutse ku buryo bugaragara.
Muri raporo ya Minisiteri y’ibikorwaremezo mu mezi atatu shize abaturage 162 bapfuye bazize impanuka,inyinshi murizo ni iziterwa n’uburangare bw’abatwara ibinyabiziga bakoresha terefone n’ibindi.
Ibihugu bya Afurika bifite ingabo na Polisi mu butumwa bw’amahoro, bikomeje gushakira hamwe uburyo havugururwa imikorere yo kurinda abasivili bakunze kwibasirwa n’intambara.
Amabwiriza ya Leta y’uko nta bwato bwemewe gukoreshwa mu kwambutsa abaturage umugezi wa Nyabarongo nta moteri bufite ntiyubahirizwa.
Umuyobozi wa police mu Ntara y’Iburasirazuba yihanangirije abagurira moto kuzitwaraho ibiyobyabwenge, asaba abamotari kubagaragaza kuko babangiriza umwuga.
Abantu umunani bo mu Karere ka Muhanga mu Murenge wa Muhanga Akagari ka Nyamirama bitabye Imana abandi bane barakomereka bagwiriwe n’ikorombe gicukurwamo amabuye y’agaciro.
Umurenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo wamuritse imodoka yumutekano ifite agaciro ka miliyoni 21Frw yavuye mu misanzu abaturage bateranyije bakayigura.