Polisi y’igihugu yashyizwe ku mwanya wa mbere muri Afurika no ku mwanya wa 13 ku rwego rw’isi mu kunoza akazi kayo no kugirirwa icyizere mu baturage.
Mu mudugudu wa Gafuku, Akagari ka Gikombe mu Murenge wa Rubavu, ingabo z’ u Rwanda zihataburuye ibisasu 58 byasizwe n’ingabo zatsinzwe zari zihafite ibirindiro.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’ Uburengerazuba ifatanije n’abaturage yafatanye abagabo bane ibiro birenga 40 by’urumogi mu turere twa Rubavu na Rusizi.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi, Isaac Munyakazi, avuga ko abavuga ko Nyaruguru ari agace kafashwe n’abarwanya u Rwanda atari byo.
Mu ijoro ku wa kabiri tariki ya 10 Nyakanga abantu bataramenyekana bivugwa ko babarirwa mu 10 bitwaje intwaro gakondo, batemye abantu bane mu Murenge wa Shyogwe mu Kagari ka Ruri mu Mudugudu wa Murambi, barabakomeretsa bidakabije.
Polisi yamaganiye kure amakuru y’uko inkengero z’ishyamba rya Nyungwe nta mutekano urimo kubera ibitero by’umutwe mushya witwaje intwaro urwanya Leta y’u Rwanda.
Abayobozi b’inzego z’ibanze bo mu Mirenge imwe n’imwe y’i Gisagara, Huye na Nyaruguru, ngo ntibatewe ishema no kuba abajura batabarusha ubwinshi babahungabanyiriza umutekano, ntibanabafate.
Abashinzwe umuteno baturuka mu bihugu icyenda by’Afurika bari mu Rwanda, aho biga uburyo bushya barindira abaturage umutekano banabashakira imibereho myiza.
Polisi y’igihugu mu Karere ka Nyarugenge icumbikiye umugabo w’imyaka 23 ukekwaho gushaka kwinjiza urumogi muri Gereza ya Mageragere.
Umwe mu basigajwe inyuma n’amateka bo mu Karere ka Nyaruguru mu Murenge wa Kibeho, yishwe azize inkoni akubiswe n’abaturage bamushinjaga kubibira umucanga.
Polisi y’igihugu itangaza ko ubuyobozi bwahise bukorana inama n’abaturage yo kubahumuriza, nyuma y’igitero cy’ubugizi bwa nabi kibasiye Umurenge wa Nyabimata uherereye mu Karere ka Nyaruguru.
Abatuye Akarere ka Nyaruguru batunguwe n’igitero simusiga cy’abantu bataramenyekana bahitanye abaturage babiri banatwika imodoka y’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyabimata.
Polisi y’Igihugu irizeza imidugudu itazagaragaramo icyaha, ko igomba kugenerwa ibihembo birimo kubakirwa ibiro no guhabwa ibikoresho bikenewe.
Umushinjacyaha mukuru, Jean Bosco Mutangana avuga ko abacuruza n’abatwara ibiyobyabwenge bagiye kujya bahanwa kurusha ababinywa kuko ari bo babigeza kuri benshi.
Mu ijoro ryakeye ku wa 10 Kamena 2018, mu mudugudu wa Kinamba mu kagari ka Pera mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi, abasore babiri barashwe n’abantu bataramenyekana bahita bapfa.
Ahagana mu ma saa tatu zirengaho iminota mike z’iri joro ryo ku wa 10 rishyira ku wa 11 Kamena 2018, mu kagari ka Pera mu Murenge wa Bugarama abantu bataramenyekana barashe abantu babiri umwe ahita yitaba Imana undi ajyanwa mu bitaro.
Sembagare Samuel wahoze ari umuyobozi w’Akarere ka Burera yatawe muri yombi, akurikiranyweho kunyereza umutungo Leta n’ibindi byaha.
Ibigo bicunga umutekano byo mu Rwanda n’ibyo mu Budage basinyanye amasezerano y’imikoranire mu guhana imyitozo, igikorwa kitezweho kuzamura ubunararibonye bw’ayo mu Rwanda.
Umuvugizi w’ ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP Jean Marie Vianney Ndushabandi, atangaza ko kuva mu ntangiriro za 2018, abantu 138 bapfuye, naho 246 bagakomereka bikomeye bazira impanuka zo mu muhanda.
Mu Ntara y’Amajyepfo harabarurwa impanuka 250 zahitanye abantu barenga 50,zinakomeretsa abagera 180,kuva muri Mutarama kugeza muri Mata 2018.
Abagore babiri batuye mu Murenge wa Gihundwe mu kagali ka Kagara mu Mudugudu wa Rubenga I, barwanye bapfa umugabo umwe ahasiga ubuzima.
Bamwe mu borozi bo mu karere ka Nyagatare bavuga ko abakiragira mu kigo cya gisirikare cya Gabiro bakwiye guhanwa nk’abanzi b’igihugu.
Ubushakashatsi bwakozwe na Minisiteri y’Ubuzima bwerekanye ko abana b’abahungu ari bo bakorerwa kenshi ihohoterwa ryo ku mubiri (gukubitwa) kuko ari 59.5%.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edourd Ngirente yifatanije n’abaturage bo mu Karere ka Karongi baburiye ababo mu biza byabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 6 Gicurasi 2018, abizeza ko guverinoma izakomeza kubaba hafi.
Imvura nyinshi yaguye guhera ku mugoroba wo kuri iki cyumweru tariki ya 6 Gicurasi 2018 mu bice hafi ya byose byo mu gihugu, yateje imyuzure, isenya inzu nyinshi, itengura imisozi, inahitana abantu 15.
Abakobwa babiri biga mu Ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri batewe ibyuma n’a bantu bataramenyekana, babasanze mu cyumba bari bacumbitsemo.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko hari umuntu umwe witabye Imana mu nkambi y’impunzi ya Kiziba iri mu karere ka Karongi, nyuma y’ubwumvikane buke bwabaye hagati y’impunzi z’abanyekongo zigometse ku bapolisi ku wa kabiri tariki 1 Gicurasi.
Abakozi 59 b’urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB), basoje amahugurwa y’ibanze batangiye muri Mutarama 2018, basabwa kudapfusha ubusa imbaraga Leta yashyize mu mahugurwa bahawe buzuza neza inshingano zabo.
Umuvu w’amazi y’imvura wangije bimwe mu bikoresho byifashishwa mu kigo Nderabuzima cya Kinigi, giherereye mu Murenge wa Kinigi mu karere ka Musanze.
Gasangwa Innocent wo muri Kicukiro yahaye imodoka ye umuntu ngo ajye kumva uko imeze kuko yashakaga kuyigurisha birangira ayibuze ahubwo igurishwa n’uwo yayihaye.