Umuyobozi wungirije wa Polisi y’Igihugu DCGP Marizamunda Juvenal aratangaza ko ibikorwa byinshi byakozwe mu kwezi kw’ibikorwa bya Polisi y’Igihugu bigaragaza akamaro k’ubufatanye mu kwihutisha iterambere.
Polisi y’Igihugu yibukije abaturiye umupaka ko mu bihano bihabwa abafatwa bambukana magendu n’ibiyobyabwenge harimo no gutakaza ubuzima.
Abakozi 25 b’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), basoje amahugurwa yaberaga mu Ishuri Rikuru rya Polisi riherereye i Musanze, aho bamaze icyumweru bakarishya ubumenyi bujyanye n’uburyo bwo gukora iperereza no kugenza ibyaha.
Mu Gushyingo 2018 ubwo yagezaga ijambo ku bari bitabiriye ibiganiro byahuje abanyamakuru n’abapolisi, Minisitiri w’Ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta, Johnston Busingye, yatangaje ko Leta irimo gutegura ibihano bikomeye ku batwara ibinyabiziga batubahiriza uburyo bwo kugenda mu muhanda.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye, aragaya bamwe mu bakorera Ubugenzacyaha barenze ku masengesho bakarya ruswa.
Abanyeshuri 133 barimo Abapolisi 20, basoje amahugurwa bamazemo amezi ane bahabwa ubumenyi buhanitse mu gutahura ibyaha no kubigenza, mu gihe bane muri bobasezewe kubera imyitwarire mibi.
Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Umutesi Marie Goretti, yasabye abamotari kwitwararika, bubahiriza amategeko yo mu muhanda ndetse barangwa n’imyitwarire myiza kugira ngo babashe gukora akazi kabo neza, batanga serivisi nziza ku babagana.
Uwizeyimana Immaculée wacururizaga muri Nyabugogo ahitwa ku Mashyirahamwe mu murenge wa Kimisagara, ibintu bye byose bikaba byahiriye mu nkongi yadutse muri iyo nyubako ahagana saa sita z’ijoro ryakeye, avuga ko yamuhombeje asaga miliyoni 10.
Polisi y’igihugu irashishikariza abaturage bagenda ku binyabiziga gutinyuka bakagaragariza inzego z’ibishinzwe amakosa akorwa n’abatwara ibinyabiziga, akaba yateza impanuka zihitana ubuzima bwabo.
Umuyobozi w’Inkeragutabara mu karere ka Gasabo asaba abaturage kwirinda amakuru y’ibihuha bagenda bumvira ku matelefone cyangwa ku mbuga nkoranyambaga.
Mu karere ka Musanze mu murenge wa Musanze, haravugwa urupfu rw’umusore w’imyaka 32 witwa Kaneza Innocent, ukomoka mu Murenge wa Nyange mu karere ka Musanze aho basanze umurambo we ufite uruguma mu mutwe.
Kuri uyu wa mbere tariki 29 Nyakanga 2019 ahagana saa yine z’igitondo, umugabo wari utwaye imodoka ya Toyota RAC 785 B, yakoze impanuka ikomeye ahunga Polisi yari imukurikiye kuko yari imaze kumenya amakuru y’uko atwaye magendu.
Polisi y’igihugu irasaba abayobozi b’ibigo bitwara abagenzi mu modoka, ab’ibigo bitwara imizigo mu makamyo no mu zindi modoka kugira inama abashoferi babakorera, bakajya bitwara neza kugira ngo birinde impanuka.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukorera mu Karere ka Nyabihu rwataye muri yombi umugore witwa Eugenie Ndigendereho azira kwiyita umukozi wa RIB akaka amafaranga abaturage.
Polisi y’igihugu iratangaza ko nubwo hashyizweho ubukangurambaga bunyuranye bugamije gukumira impanuka zo mu muhanda, hakigaragara abantu bakoresha umuhanda nabi, bigakurura impanuka.
Urwego rw’Ubugenzacyaha(RIB) rwagaragaje uwitwa Sibomana Gaspard kuri uyu wa 20/7/2019, nk’umwe mu bakekwaho kwiba yifashishije ikoranabuhanga rya "mobile banking".
Mu gikorwa cyo gushyira hanze ibyavuye mu bushakashatsi ku bikorwa byo gucuruza abantu mu Rwanda; bwashyizwe ahagaraga n’umuryango Never Again, Ubushakashatsi bwakorewe mu turere 16 tw’u Rwanda, bugaragaza ko uturere twakorewemo icuruzwa ry’abantu kurusha ahandi ari Nyagatare, Burera, Gicumbi, Rusizi na Rubavu.
Hari abantu banga kujyana imodoka zabo mu igaraji kugira ngo zibakosorere ibyangiritse nk’uko baba babisabwe n’Ikigo kimenya imiterere n’imikorere y’ibinyabiziga(Contrôle Techinque).
Polisi iranenga bamwe mu banyonzi baciye mu rihumye inzego z’umutekano n’abashinzwe kumena ibiyobyabwenge, babyishoramo babinywa bihishe birabatamaza barasinda kugeza ubwo bajyanwa mu bitaro.
Polisi y’igihugu ifatanyije n’abatuye mu Mujyi wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu batwitse urumogi rungana n’ibiro 950.
Umukobwa witwa Claudine Nyiringabo wo mu Murenge wa Macuba mu Karere ka Nyamasheke, yaguye mu mpanuka y’imodoka ajya gukora ikizamini cy’akazi mu karere ka Nyamasheke.
Ibiyobyabwenge bifite agaciro ka miliyoni zisaga icyenda z’amafaranga y’u Rwanda (9.252.300frw) byamenewe mu gikorwa cyabereye mu Kagari ka Kabyiniro Umurenge wa Cyanika mu Karere ka Burera.
Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa mbere yatangije ukwezi kwahariwe ibikorwa byayo, ibyo bikorwa bigabanyijemo ibyumweru bine aho muri iki cyumweru (cyambere) cyahariwe ubukangurambaga bugamije gushishikariza buri wese gukumira no kurwanya ibiyobyabwenge hagamijwe kwirinda ingaruka zabyo.
Habumuremyi Jean Baptiste bakunze kwita ‘John’ utuye mu Mujyi wa Muhanga mu Murenge wa Nyamabuye akagari ka Gahogo mu Mudugudu wa Ruvumera, asanga ibyamubayeho ari ibitangaza kuko yahinduye gahunda y’urugendo yari afite mu kanya gato imodoka yagombaga kugendamo akumva ko ikoze impanuka ikomeye.
Imodoka ya Coaster yari itwaye abagenzi 33, yakoze impanuka, batatu muri bo bahita bahasiga ubuzima, mu gihe abandi 30 bakomeretse barimo babiri barembye cyane.
Kuri uyu wa mbere tariki 15 Nyakanga 2019, ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu (REG) ku bufatanye n’urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) ndetse na polisi y’igihugu n’abaturage, hafashwe abagabo babiri aribo Habimana Sylvain na Nshimiyimana Obed, bakaba bakekwaho kwiba umuriro.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 15 Nyakanga 2019, Polisi y’u Rwanda yatangije ukwezi kwahariwe ibikorwa bigamije gushimangira iterambere n’imibereho myiza y’umuturage aho abayobozi batandukanye hirya no hino mu gihugu basabye abaturage gufata neza no kubyaza umusaruro uhagije ibikorwa bahabwa na Polisi y’u Rwanda kandi (…)
Umuryango w’ibihugu bya Afurika uhugura abajya mu butumwa bwo kubungabunga amahoro (African Peace Support Trainers Association – APSTA), urashima umusanzu w’ikigo cy’igihugu cy’Amahoro (RPA), mu gufasha impuguke zijya mu butumwa bw’amahoro.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Esperance Kibukayire, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Cyarubare mu Murenge wa Kabare mu Karere ka Kayonza ashinjwa gukoresha nabi amafaranga yagombaga gukoreshwa mu bwubatsi.
Ibiyobyabwenge ni ikintu cyose unywa, witera mu nshinge cyangwa utumura bigahindura imitekerereze yawe ndetse n’ubwonko bukaba bwayoba ugakora ibitajyanye n’ibyo watekerezaga.