Musanze: Visi Meya atawe muri yombi ashinjwa gukubita umugore akamukomeretsa

Ndabereye Augustin umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu yagejejwe mu maboko ya RIB aho akurikiranweho gukubita umugore we akamukomeretsa.

Vice Mayor Ndabereye Augustin ubu ari mu bugenzacyaha abazwa ku byaha ashinjwa byo gukubita no gukomeretsa umugore we
Vice Mayor Ndabereye Augustin ubu ari mu bugenzacyaha abazwa ku byaha ashinjwa byo gukubita no gukomeretsa umugore we

Amakuru Kigali Today yatangarijwe n’umwe mu baturanyi be utashatse ko amazina ye atangazwa muri iki gitondo ku itariki ya 30 Kanama 2019 ni uko ngo Visi Meya Ndabereye yakubise umugore we aramukomeretsa bikomeye aho yamukuruye imisatsi arakomereka mu buryo bukomeye.

Uwo mugore yahise yihutishwa mu bitaro bya Ruhengeri ari na ho kugeza ubu arwariye, mu gihe umugabo we yahise atabwa muri yombi na RIB.

Mbabazi Modeste umuvugizi wa RIB atangarije Kigali Today ko uwo muyobozi ubu ari gukurikiranwa na RIB, avuga ko agikusanya amakuru afatika ku byo Visi Meya Ndabereye akekwaho.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 49 )

Gakenke igiye kubona umwanya w’umusimbura mu kwandagaza abagore babo(abayobozi)uretse ko ntacyo bishe ntanicyo bakijije,naho amakimbirane yo mungo ari gakenke nayo akwiye gukurikiranirwa hafi bitari ngombwa ko bigera aha.

Mwizerwa yanditse ku itariki ya: 30-08-2019  →  Musubize

Ibyaba byabateranije ibyo ari byose ,ntibikwiye ko umuntu yihanira.byongeye kariya kageni ,ni ihohoyerwa rikomeye none rinakozwe n,umuntu uhagarariye abandi wagafashweho urugero rwiza

Naomi yanditse ku itariki ya: 30-08-2019  →  Musubize

Birababaje pe kubona umuyobozi akubita umugorewe. abaturage se babibona bate!MADAME IHANGANE.

alias yanditse ku itariki ya: 30-08-2019  →  Musubize

Birababaje pe! Umuyobozi yagombye kuba intangarugero none se ibi ni ibiki! abaturage se bo babibona bate?

FFT yanditse ku itariki ya: 30-08-2019  →  Musubize

Noeho ndumiwe

Simeon yanditse ku itariki ya: 30-08-2019  →  Musubize

Byaba byiza hashakishijwe amakuru tukamenya Nina hari amakimbirane basanganwe.b yaba ari ubwambere nabwo hagakurikiranwa icyabiteye gusa nanone ikosa ryo kwiha IRA yarirenzeho abizi ibindi RIB irabidutangariza gusa ha who ubushishozi.

Gasigwa benjami yanditse ku itariki ya: 30-08-2019  →  Musubize

Kayiranga Innocent VM FED Muhanga urakubite Umugore wawe uri menge dore abayobozi bakubita abagore babo batangiye gutabwa muri yombi!!!!!!!!!!!!

Noyigaba Antni yanditse ku itariki ya: 30-08-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka