Musanze: Visi Meya atawe muri yombi ashinjwa gukubita umugore akamukomeretsa

Ndabereye Augustin umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu yagejejwe mu maboko ya RIB aho akurikiranweho gukubita umugore we akamukomeretsa.

Vice Mayor Ndabereye Augustin ubu ari mu bugenzacyaha abazwa ku byaha ashinjwa byo gukubita no gukomeretsa umugore we
Vice Mayor Ndabereye Augustin ubu ari mu bugenzacyaha abazwa ku byaha ashinjwa byo gukubita no gukomeretsa umugore we

Amakuru Kigali Today yatangarijwe n’umwe mu baturanyi be utashatse ko amazina ye atangazwa muri iki gitondo ku itariki ya 30 Kanama 2019 ni uko ngo Visi Meya Ndabereye yakubise umugore we aramukomeretsa bikomeye aho yamukuruye imisatsi arakomereka mu buryo bukomeye.

Uwo mugore yahise yihutishwa mu bitaro bya Ruhengeri ari na ho kugeza ubu arwariye, mu gihe umugabo we yahise atabwa muri yombi na RIB.

Mbabazi Modeste umuvugizi wa RIB atangarije Kigali Today ko uwo muyobozi ubu ari gukurikiranwa na RIB, avuga ko agikusanya amakuru afatika ku byo Visi Meya Ndabereye akekwaho.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 49 )

Muraho,abatabaje Imana izabatabare nabo,ariko se umugabo ukubita umugore ubwo ni umugabo cga akwiye gushakirwa irindi zina,gusa numugore ukubitwa rimwe kabiri akaguma yihambira na we ni injiji,aho kugira ngo ndyame muri etage nyiririramo naryama muri nyakatsi nyisekeramo rwose,abagore natwe dukwiye kugerageza kwirwanaho

Gapasi yanditse ku itariki ya: 30-08-2019  →  Musubize

Uyu mugabo ndabona ateye ubwoba pe gusa ni umugabo mubi
gukubita umugore we koko? maman ihangane pe gusa Imana ikwiye gusanga bene abo bantu ikabahindura.
By the way uyu mu Moyor bamuhane bihanukiriye kuko uru si urugero arigutanga

Alias yanditse ku itariki ya: 30-08-2019  →  Musubize

gukubita ntanyungu zirimo ni ikimenyetso cyo gutsindwa Habeho kwihana no gusaba imbabazi

alias yanditse ku itariki ya: 30-08-2019  →  Musubize

Ndabona bitoroshye kbsa

alias yanditse ku itariki ya: 30-08-2019  →  Musubize

Mungo hagatiyabashakanye,hamwenahamwe harimo ibibazo bishoborakuva kuruhanderumwe cy kurundi bityo rimwe bikagira uwo bigonga reka dutegereze icyo ubutabera bukora ntitube abashinjacyaha

Habarurema tlesiphore yanditse ku itariki ya: 30-08-2019  →  Musubize

Mungo hagatiyabashakanye,hamwenahamwe harimo ibibazo bishoborakuva kuruhanderumwe cy kurundi bityo rimwe bikagira uwo bigonga reka dutegereze icyo ubutabera bukora ntitube abashinjacyaha

Habarurema tlesiphore yanditse ku itariki ya: 30-08-2019  →  Musubize

njyewe ndumva bigoye kuko siniyumvisha uko umugabo enplus Mayor akubita umugore we yashatse akanamukwa ubundi akubita umugore harubwo ari ingoma NGO Wenda aba ashaka kubyina yumvise arize.???

birababaje rwose hakurikizwe icyo amategeko agena.

habumuremyi Samuek yanditse ku itariki ya: 30-08-2019  →  Musubize

Mada ihangane Imaniracyakurinze gsa ibigabo byibinyamaswa byo bibaho, gsa byaba bibabaje nawe batamukosoye ngo nawe yumwe ko akagabo gahimba akandi kataraza

Nayigiziki Ferdinand yanditse ku itariki ya: 30-08-2019  →  Musubize

Bakomeze ubucukumbuzi kur ’iyi nkuru tuzamenye imvo ni mvano yabyo kuko vice mayor FED ntiyapfa gukora iryo kosa. Birashoboka ko biba byabaye par accident.

Nerekimana Bernard yanditse ku itariki ya: 30-08-2019  →  Musubize

Accident yo gukubita umuntu kugeza akomeretse akajya mu bitaro? Ahaaaaaaa nzabambarirwa. Buriya wasanga yari yaramenyereye kumukubita atyo undi agaceceka none byanze!

Curio yanditse ku itariki ya: 30-08-2019  →  Musubize

Ararenzwe peee!Ubwo koko n’inka ntizigikubitwa,undi ngo yakubise umugore we?Birababaje hakwiye ingando kuri uwo vice mayor.

S7 yanditse ku itariki ya: 30-08-2019  →  Musubize

Yaburiwe kenshi ntiyumva none Dore birangiye afashwe ,byaribyaramaze kurambirana ,ahubwo twarituzi ko isaha iyariyoyose bashobora gutabariza rubanda ko yamwishe ,kubera ko yamukubitaga hafiburi Munsi ,ibyo byari bimaze kumenyerwa muri Cartier

Alias yanditse ku itariki ya: 30-08-2019  →  Musubize

Wakoze silverien,gutangaza iyinkuru rwose ahari byagira icyo ditanga twe byari bimaze kudutera iseseme kubona uwitwa ngo numuyobozi akorera ibikorwa by’iyica rubozo uwitwango numugore we basezeranye imbere y’ubutegetsi akanamubwira ko azamwica ubundi akemera agafungwa ,Kandi afite umugore w’imfura ikarabye rwose,surupfu Akize

Alias yanditse ku itariki ya: 30-08-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka