Kicukiro: Ikamyo yabuze feri yishe barindwi inangiza byinshi - AMAFOTO

Imodoka y’ikamyo yamanukaga iturutse i Nyanza ya Kicukiro yabuze feri imanuka, ihitana ibyo ihuye na byo byose, itangirwa n’amabisi abiri manini atwara abagenzi.

Mu ma saa yine z’igitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki 10 Kamena 2016, ni bwo iyi mpanuka yabaye, mu masaha y’urujya n’uruza rw’abantu ahazwi nka Kicukiro Centre.

Kugeza ubu imibare y’abaguye muri iyi mpanuka iracyashidikanywaho kuko abenshi bemeza hagati ya barindwi na 15.

Dore amwe mu mafoto uko byari byifashe nyuma y’impanuka:

Icyo gikamyo cyatangiriwe na bus ebyiri zitwara abagenzi zari zihagaze.
Icyo gikamyo cyatangiriwe na bus ebyiri zitwara abagenzi zari zihagaze.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 54 )

Twihanganishije Imiryango Yababuriyemo Ababo.

Ndagijimana Fabrice yanditse ku itariki ya: 10-06-2016  →  Musubize

Ababuze ababo turawihanganishije nanjy ndemeranya na benshi ko hakenew dis d’ânes nyinshi kuva i Nyanza kuko byafasha mu kugabanya umuvuduko.

Lambert yanditse ku itariki ya: 10-06-2016  →  Musubize

Abarimu ba GATENGA II PRIMARY SCHOOL n"ubuyobozi twihanganishije imiryango yabuze abayo muri iriya mpanuka.IMANA ibakire mubayo.

ABARIMU BA GATENGA II PRIMARY SCHOOL yanditse ku itariki ya: 10-06-2016  →  Musubize

Imana yakire abayo Imiryango yabitaby imana bakomeze kwihangana. Gusa igihugu cyirahombye peee

paccy yanditse ku itariki ya: 10-06-2016  →  Musubize

ikibazo si controle technique nyishi hagomba gutekerezwa iko imodoka zikorwa na ba mecanicien ababikora birambye nibigira kurizo modoka burimunsi frein frein....... twahisemo gushyiraho ishyirahamwe rya ba mecanicien qualifier kandi tuzabigeraho kandi contole technique igomba kugira amagara cg aba mecanicien bazwi kandi babifitiye ubushobozi nuburenganzira hanyuma turebe ko ibibintu bitarangira

hakizimana jonathan yanditse ku itariki ya: 10-06-2016  →  Musubize

Abazize iyombanuka Imana ibakiremubayo.

TWAMBAZIMANA LEO yanditse ku itariki ya: 10-06-2016  →  Musubize

Abazize iyompanuka Imana ibakire mubayo Imiryango yabo ikomezekwihanga.

TWAMBAZIMANA LEO yanditse ku itariki ya: 10-06-2016  →  Musubize

imiryango yabo yihagane kandi abatabarutse imana ibakire mubayo

habintwari Arex yanditse ku itariki ya: 10-06-2016  →  Musubize

Uyu mugwagasi wimpanuka agarutse ate? Imana itabare abanyarwanda.

Gikundiro yanditse ku itariki ya: 10-06-2016  →  Musubize

imiryango yabo yihagane kandi abatabarutse imana ibakire mubayo

habintwari Arex yanditse ku itariki ya: 10-06-2016  →  Musubize

birababaje najye ndabibonye nagahinda gusa ariko nakundi nukwihangana imana ibakire mubayo.

teogene yanditse ku itariki ya: 10-06-2016  →  Musubize

Mbanje kwihanganisha imiryango yabuze ababo, abotwabuze Imana ibahe iruhuko ridashira. nyabune turatabaza leta idushyirire Round point (dodani) hano hantu centre irakenewe.

Niyonsaba Alcade yanditse ku itariki ya: 10-06-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka