Kuba kuri Noheli aribwo abantu benshi bitabira kujya mu misa ngo ni uko hari ababa bazanywe n’ibindi bitari ugusenga biyumvisha ko ibyo bintu bagomba kubibona kuri uwo munsi ari uko bagiye mu misa.
Abasheshe akanguhe basanga imicurangire y’ubu itanyura amatwi nk’iya cyera ahanini ngo kubera kudakoresha ibicurangisho gakondo nk’umuduri maze abahanzi bakifatira ibiborohera.
Akimanizanye Jemima ufite Akabyiniriro ka Kakizi akaba na mushiki wa Kinga James atangaza ko yatunguwe no kumenya gushushaya abikesha inshuti ze bamenyaniye kuri Facebook.
Umugabo witwa Nyarwaya Jean Pierre utuye mu murenge wa Ruhunde, mu karere ka Burera yiganye ingoma za kizungu maze azikora yifashishije ingoma za Kinyarwanda zikoze mu ruhu rw’inka.
Kuri iki gihe imyambarire y’urubyiruko ikomeje kwibazwaho byinshi ahanini hashingiwe ku muco nyarwanda.
Minisitiri w’umuco na siporo, Mitali Protais, aravuga ko iterambere ry’igihugu rigomba gushingira ku kwimakaza umuco w’igihugu, kuko umuco wirengagijwe nta terambere ryagerwaho.
Igihe cyo kwiyandikisha mu marushanwa ya Rwanda Premier Models Competition (RPMC) cyongereweho icyumweru kugira ngo abanyeshuri bari gukora ikizamini cya Leta nabo babone amahirwe yo kwiyandikisha. Kwiyandikisha byagombaga kurangira tariki 17/11/2012 none bizarangira tariki 24/11/2012.
Mu gihe kwiyandikisha mu marushanwa ya Rwandan Premier Models Competition 1st Edition byasabaga kuba ufite hagati y’imyaka 18 kugeza kuri 25, ubu bazamuye bageza ku myaka 30. Uburebure busabwa buracyari cm 175 .
Umwanditsi w’Umunyarwanda witwa Scolastique Mukasonga, kuri uyu wa 07/11/2012, yashyikirijwe igihembo cyitiriwe Renaudot kubera igitabo yanditse cyitwa “Notre Dame du Nil”.
Sebanani André yavutse mu 1952, avukira mu cyahoze ari Komini Kigoma Perefegitura Gitarama, ubu akaba ari Akarere ka Nyanza, Intara y’Amajyepfo. Yishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994.
Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye kuba irushanwa ryo gutora aberekana imideli ba mbere (Premier Models) mu bakobwa n’abahungu ku rwego rw’igihugu mu marushanwa yiswe “Rwandan Premier Models Competition 1st edition”.
Kuva kera mu Rwanda umukobwa ntiyafatwaga nk’umuhungu niyo mpamvu habagaho imiziririzo myinshi ku bakobwa kurusha abahungu. Iyo tugiye kubagezaho ni iyo twakuye mu gitabo cya Aloys Bigirumwami cyitwa “imiziro n’imiziririzo mu Rwanda rwo hambere”.
Ndayishimye Uwineza Marie Odile wiga mu mwaka wa 4 mu ishami ry’imibare, ibinyabuzima n’ubutabire ni we wabaye Nyampinga y’urwunge rw’amashuri Notre Dame de la Providence de Karubanda nyuma y’imyiyereko yabaye kuwa 21 Ukwakira 2012.
Inzu umwami wa nyuma w’u Rwanda, Kigeli V Ndahindurwa, yabayemo iri ahitwa ku Bigega mu karere ka Nyanza irimo kuvugururwa kugira ngo ijyane n’uburyo bw’imyubakire igezweho ijyanye n’igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Nyanza iherereyemo.
Umuyobozi mukuru w’itorero ry’igihugu, Rucagu Boniface, aratangaza ko umuco nyarwanda wo kurerera Abanyarwanda mu itorero wari warakuweho n’abakoloni ndetse n’abayobozi babi barangwaga n’imico mibi.
Ngo kirazira ku batwitsi b’amatafari gutera akabariro igihe bakongeje itanura mu rwego rwo kwirinda ko ryapfuba. Kugira ngo hatagira uzabikora bigatuma amatafari apfuba, abatwitsi b’amatafari bose baguma hafi y’itanura buri wese acunga mugenzi we kugeza itanura rihiye.
Pasiteri Rudoviko Sagatwa wabatijwe bwa mbere mu Rwanda mu itorero rya ADPR tariki 31/12/1943 akanaritangiza ku mugaragaro mu cyahoze ari Cyangugu, aracyari muzima.
Nyuma y’igitaramo cyakozwe n’urubyiruko rwiga mu mashuri yisumbuye mu karere ka Nyabihu kiswe “bye bye vacances”, urubyiruko rwasanze hari ibyo mu muco wa kera bigomba gusegasirwa ndetse n’ibyo mu muco w’ubu bigomba gukosorwa bigafasha guteza imbere umuco nyarwanda.
Umunyakenyakazi witwa Julia Njoronge niwe wegukanye ikamba rya nyampinga w’Afurika y’Uburasirazuba (Miss East Africa) mu marushanwa y’abakobwa baba mu gihugu cy’Ububiligi ariko bakomoka muri Afurika y’Uburasirazuba.
Nyampinga w’u Rwanda 2012 yaraye amenyekanye mu birori byabereye i Gikondo ahabera imurikagurishwa mu mujyi wa Kigali mu ijoro rya tariki 01/09/2012. Dore uko byari byifashe mu mafoto.
Itsinda ry’abakozi ba Minisiteri y’umuco na siporo kuri uyu wa mbere tariki 27/08/2012 ryakoresheje amarushanwa yo ku byina mu rwego rwo gutoranya ababyinnyi bazinjizwa mu itorerero ry’igihugu rihoraho (Urukerereza).
Nyuma yo gutora abakobwa bahagarariye intara n’umujyi wa Kigali, ubu hatangiye ugikorwa cyo gutora uzaba nyampinga w’u Rwanda hakoreshejwe ubutumwa bugufi kuri telefone (sms).
Umuhanzi nyarwanda akaba yaranarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, Jean Bosco Bakunzi, yerekanye ibihangano (ibishushanyo) bye bwa mbere muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kuwa kabiri tariki 21/08/2012.
Bamwe mu batuye akarere ka Burera batangaza ko kuba abageni baho bajya gushyingirwa cyangwa gusezerana bagenda n’amaguru ari umuco wo muri ako gace kuko bituma abanyamuryango babo babashyigikira bakabaherekeza inzira yose babaririmbira.
Giraso Joe Christa wabaye Nyampinga wa KIST mu mwaka wa 2011 niwe wegukanye ikamba rya Nyampinga w’umujyi wa Kigali. Johali Nsengiyumva yegukanye umwanya wa kabiri naho Vanessa Ingabire yegukana umwanya wa gatatu.
Amarushanwa yo gutoranya abazajya mu itorero ry’igihugu (Ballet National) yatangiye kuri uyu wa mbere tariki 13/08/2012 agamije kuzana amaraso mashya muri iri torero mu rwego rwo kuryongerera imbaraga ngo rirusheho kwiharira ibikombe mu ruhando mpuzamahanga.
Umuryango w’abanyeshuli barokotse Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 biga mu ishuli rikuru rya INILAK, ishami rya Nyanza (AERG IMANZI) bavuga ko bikojeje isoni kurushwa n’umunyamahanga kumenya ibyiza byo mu gihugu cyawe cyane cyane mu birebana n’amateka n’umuco bikiranga.
Uwase Francine wo mu karere ka Musanze niwe wabaye uwa mbere muri ba Nyampinga batatu bazahagararira Intara y’Amanyaruguru mu irushanwa ryo gushaka Nyampinga w’u Rwanda (Miss Rwanda) 2012.
Bamwe mu bakobwa babarizwa mu gice cy’umujyi wa Nyanza barashinja bamwe mu bahungu ko babotsa igitutu ngo baryamane mbere y’ubukwe bamara kubibemerera bakagenda umuti wa mperezayo na bwa bukwe bugapfa.
Umutesi Lilianne Mubera, Tega Phidelice na Akineza Carmeen batorewe kuzahagararira Intara y’Iburasirazuba mu irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda 2012. Liliane Umutesi yatowe ku banyampinga naho Tega Phidelice na Akineza Carmeen baba ibisonga bye.