Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Kamonyi barataka ikibazo cyo kutagira amazi meza bikaba imbogamizi mu kwita ku isuku.
Abaturiye umupaka wa Gatuna uhuza igihugu cy’u Rwanda na Uganda barakangurirwa kwirinda ibishuko byabagusha mu busambanyi ndetse bakibuka gukoresha agakingirizo igihe bibaye ngombwa ko bakora imibonano mpuzabitsina.
Nyuma y’inama n’abakozi bashinzwe imirire mu bitaro n’ibigo nderabuzima byo mu Karere ka Karongi, Umuryango Society for Family Health (SFH) wiyemeje kongera ingufu mu kurwanya imirirre mibi cyane mu bukangurambaga binyuze mu mugoraba w’ababyeyi.
Ikigo nderabuzima cya Gitarama giherereye mu Mujyi wa Muhanga kirashinja ikigo cy’ubwisungane mu kwivuza (MUSA) gikorera muri iki kigo kutishyurira igihe amafaranga ya serivise baba barakoreye abanyamuryango bacyo.
Kudatanga amakuru ku gihe no gutinya kuvuga ko bakorewe ihohoterwa ngo bituma ikigo gishinzwe kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina “Isange One Stop Center” gikorera mu Karere ka Gicumbi kitamenya umubare nyawo w’abakorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Abakozi b’ibigo nderabuzima byo mu Karere ka Rutsiro birukanywe ku mirimo yabo muri gahunda ya Minisiteri y’ubuzima yo kugabanya abakozi baratangaza ko batanyuzwe n’uburyo byakozwe kuko byakoranywe amarangamutima.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke buratangaza ko guhera muri iki cyumweru bugiye gutangira gahunda yo kujya busura buri rugo, kuko uretse kuba hari abaturage batajya boga cyangwa ngo bamese byanagaragaye ko hari abadafite ubwiherero kandi nabwo buba bukenewe kugira ngo umuntu agire isuku inoze.
Umuyobozi w’ibitaro bya Shyira, Dr Rubanzabigwi Théoneste aravuga ko mu Karere ka Nyabihu hakiri ikibazo cy’abaturage bakigaragaza umwanda haba ku myambaro, ku mubiri n’ahandi.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyamagabe bacuruza ibiribwa bidapfundikiye, bikikijwe n’ibindi bicuruzwa bitandukanye, aho usanga abarema isoko babicaho rutumura ivumbi, bikaba bishobora guteza indwara zituruka ku mwanda.
Abakuru b’imidugudu 617 yo mu Karere ka Gakenke baravuga ko bitangiye umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (MUSA) bazi ko bazayasubizwa none kugeza n’ubu ngo ntibarayabona.
Mu Karere ka Muhanga hakomeje kugaragara abakobwa babyarira mu ngo iwabo kubera gutwita inda zitateguwe, bigatuma abana bavuka batitabwaho uko bikwiye kuko ba nyina nta bushobozi baba bafite bwo kubitaho.
Abagabo bo mu karere ka Nyamasheke bamaze kwifungisha burundu bemeza ko ntacyo bitwara umugabo ndetse ko ntacyo bihungabanya ku mibanire isanzwe iranga umugabo n’umugore.
Abagore bo mu karere ka Ngoma bitabiriye itorero biswe “mutima w’urugo” bamuritse imihigo bagomba kwesa mu mezi atandatu irimo kurwanya umwanda (amavunja aho akiri) ndetse n’imirire mibi aho ikiri hagamijwe ubuzima bwiza mu baturage.
N’ubwo abantu bahora bashishikarizwa kugira isuku yabo naho batuye usanga hari aho batabikora neza, ku buryo bibaviramo kurwara amavunja ugasanga umuntu ntagishobora kugenda bitewe n’uko ibirenge byose biba byarafashwe n’amavunja.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka yahaye abayobozi bo mu Karere ka Gicumbi iminsi 7 bakaba barangije gukemura ikibazo cy’umwanda ari nawo ahanini ukurura kurwara amavunja.
Kamuhanda Emmanuel utuye mu Murenge wa Nasho mu Karere ka Kirehe avuga ko nyuma y’imyaka 10 amenye ko afite ubwandu bw’agakoko gatera SIDA yiyakiriye, ubu akaba amaze kwiteza imbere muri byinshi.
Abana bo mu Murenge wa Huye bafite ikibazo cy’imirire mibi, ni ukuvuga abari mu ibara ry’umuhondo n’iritukura, bahawe Noheri bagaburirwa ibiryo birimo intungamubiri zose umubiri ukenera, ababyeyi babo bagirwa inama kuko bagomba kwitwara kugira ngo abana babo bagire ubuzima bwiza.
Abagabo batatu gusa bo mu Murenge wa Shingiro, Akarere ka Musanze nibo bitabiriye kuringaniza urubyaro bakoresheje uburyo bwo kwifungisha burundu (vasectomy). Kuba ari bake cyane ngo biterwa n’imyumvire y’abagore babo banga ko bitabira kwifungisha burundu.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gakenke bavuga ko mu minsi ishize indwara ya Sida yari ihangayikishije cyane kuko wasangaga ihitana umubare w’abantu batari bacye cyane cyane ku mugabane wa Afurika, gusa kuri ubu ngo ntibikiri ikibazo cyane kuko usanga bamaze no gusobanukirwa n’ububi n’uburyo bashobora kwirindamo virusi (...)
Urubyiruko ruri mubiruhuko rwo mu murenge wa Rukomo mu karere ka Gicumbi rwakanguriwe n’ikigo nderabuzima cya Gisiza kwirinda ubusambanyi n’ibiyobobyabwenge kuko biri mu byangiza ubuzima bwabo.
Umuyobozi w’ubwisungane mu kwivuza (MUSA) mu Karere ka Karongi n’abakuriye amazone batatu, guhera tariki 18/12/2014, bahagaritswe ku kazi mu gihe cy’amezi atandatu bashinjwa kuba amakuru ajyanye n’uburyo bakira imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza ngo abusanya.
Mukandayisenga Alphonsine wo mu Murenge wa Rukira mu Karere ka Ngoma avuga ko yakize igikomere yari yaratewe n’umugabo we muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, binyuze muri gahunda yatangijwe n’umuryango ARAMA (Association for Research and Assistance mission for Africa) yitwa mvira-nkuvure (socio-therapy).
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba bwatangije gahunda yitwa “Gira isuku Mwana” iri gukorerwamo ubukangurambaga bugamije gukangurira abaturage kugira isuku.
Abagore basaga 400 bahagarariye abandi barangije itorero rya ba Mutima w’Urugo bahigiye guca burundu umwanda ukigaragara mu bagize umuryango nyarwanda, ku buryo ikibazo cy’isuku nke kiba amateka.
Ibitaro bya Gihundwe, ibya Mibirizi n’ibigo nderabuzima byo mu Karere ka Rusizi birashinjwa ubujura bwo kwishyuza amafaranga menshi ugereranyije n’ubuvuzi baba bahaye abanyamuryango b’ikigo cy’ubwisungane mu kwivuza (MUSA).
Umuryango ARAMA (Association for Research and Assistance Mission for Africa) watangije ikigo kizajya cyita ku bahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina (gukubitwa ngo gusambanywa ku ngufu) mu karere ka Ngoma mu rwego rwo kubafasha no kubagarurira icyizere.
Abitabiriye ihuriro ry’urubyiruko rwibumbiye mu madini atandukanye yo mu Karere ka Rutsiro barasabwa kwirinda ibiyobyabwenge na Sida kuko aribo igihugu gihanze amaso.
Polisi y’u Rwanda ibinyujije mu ishami ryayo ry’ubuvuzi “Isange One stop Center” n’izindi gahunda z’ubuzima, yateguye gahunda y’ubukangurambaga mu turere twa Kamonyi na Muhanga, aho iganiriza inzego z’umutekano n’abaturage kuri Sida, Ebola, ibiyobyabwenge n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Umushinga ACCESS PROJECT ufatanya n’Akarere ka Ngororero mu bikorwa by’ubuzima cyane cyane mu kwita ku buzima bw’umubyeyi n’ubw’umwana, utangaza ko muri aka karere abagore bashya basamye inda batangirwa amakuru kugira ngo bakurikiranirwe hafi bakiri bakeya aho bari kuri 36% gusa.
Urubyiruko rwishyize hamwe mu kigo cyitwa Solid Africa kugira ngo rufashe cyane cyane abarwayi bakunze kugana ibitaro bafite ubushobozi buke butuma babaho nabi kandi barwaye, bikabagiraho ingaruka zo kudakira neza.