Ikigo cy’ Igihugu cyo gutanga amaraso mu Rwanda cyatangije uburyo bwo kurobanura ibikenerwa mu maraso ahabwa indembe hifashishijwe imashini. Igikorwa cyatangijwe mu gihe hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wo gutanga amaraso uba tariki 14 Kamena buri mwaka.
Mu gihe mu Karere ka Nyaruguru hagaragara ababyeyi bakivuga ko imirire mibi igaragara ku bana babo iterwa ahanini n’ubukene bubugarije, Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC) kivuga ko gutegura indyo yuzuye bidasaba abayitegura kwifashisha ibintu bihenze ahubwo ko igisabwa ari uguhindura imyumvire.
Bamwe mu baturage bagize itsinda “Ubuzima ni ingenzi” ry’ubwisungane mu kwivuza mu Mudugudu wa Kayigiro, Akagari ka Gitengure, Umurenge wa Tabagwe mu Karere ka Nyagatare, barasaba ko umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza batanze mu mwaka wa 2014-2015 wakwimurirwa muri 2015-2016, kuko batigeze bayivurizaho.
Abayobozi bo mu ntara y’Amajyepfo barasabwa gushishikariza abaturage kwteza imbere ariko bakanibuka ko bagomba kubakangurira kwirinda icyorezo cya SIDA, kugira ngo icyerekezo bafite kitaba imfabusa.
Abaturage bo mu Karere ka Rubavu bavuga ko gahunda y’iminsi 1000 yo kwita ku buzima bw’umwana itafashije abana gusa, ahubwo ngo yanafashije abantu bakuru kwifata neza no kurya indyo yuzuye intungamubiri aho kuzura igifu.
Abaturage bo mu bice bitandukanye bigize Akarere ka Gakenke baravuga ko gusobanukirwa n’akamaro k’iminsi 1000 yo kwita ku buzima bw’umwana kuva nyina agisama kugera agejeje imyaka ibiri byabagiriye akamaro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buratangaza ko bwafashe ingamba zo kurwanya amakimbirane mu ngo no kunywa ibiyobyabwenge, kuko bituma haboneka ibibazo by’abana barwaye bwaki.
Abatuye mu kagari ka Rugendabari mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza, bavuga ko kuba badafite ikigo nderabuzima hafi bibangamira ababyeyi bitegura kubyara kuko bituma bakora urugendo rurerure bashaka ivuriro.
Abaturage bo mu Midugudu ya Nyabitekeri na Kabirizi, mu Kagari ka Nyabitekeri, Umurenge wa Tabagwe, Akarere ka Nyagatare barasaba ko bahabwa amazi meza kuko ayo bakoresha ari mabi bavoma mu mugezi w’umuyanja.
Nkundiye Jeannette, umuturage wo mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Cyanzarwe, Akagari ka Busigari, Umudugudu wa Bugu, avuga ko ahangayikishije no kubona ikizatunga abana batatu yabyaye, kuko nta bushobozi bwo kubona ibibatunga birimo n’amashereka bitewe n’ubukene.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratangaza ko bugiye gukora igenzura ku mafaranga y’ibimina by’ubwisungane mu kwivuza (MUSA), abayariye bakabihanirwa.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukagatana Fortuné aratangaza ko igenamigambi ry’ibigo nderabuzima ritagomba gushingira ku guca za taburo (imbonerahamwe) z’ibiteganywa gukorwa gusa.
Abaturage bo mu karere ka Gatsibo barakangurirwa kurushaho kurwanya no kwirinda indwara z’ibyoreza nka malariya na SIDA, bitabira gukoresha agakingirizo no kuryama mu nzitiramibu, hakiyongeraho no gutegura indryo yuzuye.
Abayobozi b’ibimina by’ubwisungane mu kwivuza (MUSA) bo mu mirenge inyuranye y’Akarere ka Rusizi banyereje miliyoni zisaga 9 z’amafaranga y’u Rwanda, barasabwa kuzishyura bitarenze ukwezi kwa 5 batarafatirwa ibihano bikarishye.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyagatare bemeza ko uretse kuba agakingirizo kabafasha kwirinda Sida, ari n’urukingo rubafasha kuboneza urubyaro.
Polisi y’igihugu, ishami ryo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana isanga inzego z’ibanze ari imwe mu nkingi zayifasha mu kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana rigasigara ari amateka mu muryango nyarwanda.
Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) ibinyujije mu kigo k’igihugu gishinzwe ubuzima RBC yakoze ubukangurambaga mu murenge wa Rushaki wo mu karere ka Gicumbi bwo kwirinda icyorezo cya sida.
Abaturage batuye mu mududgudu wa Nduba ,akagari ka Congo-Nil mu murenge wa Gihango ho mu karere ka Rutsiro, batangaza ko bamenye ububi bwo gusangirira ku muheha umwe ibi ngo bikaba bias n’aho byabaye amateka kuko babiheruka kera.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mahama, Akarere ka Kirehe bahisemo kuvoma amazi y’Akagera kuko badashobora kubona amafaranga 20 agurwa ijerekani y’amazi ya robine.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gisenyi, Mugisha Honoré avuga ko bitangaje kuba mu Mujyi wa Gisenyi hari abafite amavunja bita ay’ubukire mu gihe amavunja aterwa n’umwanda.
Ababyeyi batwite n’abafite abana bato barashima impinduka zigaragara mu kwita ku buzima bwa bo kubera kwegerezwa abajyanama b’ubuzima.
Nyuma y’igihe abaturage bo mu Karere ka Rubavu, Imirenge ya Busasamana, Cyanzarwe na Rubavu batagira amazi meza, mu cyumweru cyahariwe amazi meza bagejejweho umuyoboro w’amazi wakozwe n’umushinga wa Wash na Aquavirunga batewe inkunga n’umuryango mpuzamahanga wita kubana (UNICEF).
Umubyeyi witwa Mukarubimbura Brigitte utuye mu Murenge wa Kibirizi Akagari ka Ruturo mu Karere ka Gisagara, yiyemeje gufasha abana bagaragarwaho n’imirire mibi mu gace atuyemo ndetse akanigisha ababyeyi uko bategura indyo yuzuye ngo abikorera urukundo akunda abana.
Bamwe mu baturage bo mu bice bitandukanye bigize Akarere ka Gakenke bemeza ko bamaze gusobanukirwa n’akamaro ko kuboneza urubyaro ku buryo biyemeje kuzajya babyara abo bashoboye kurera.
Mu murenge wa Kirehe uherereye mu karere ka Kirehe haracyagaragara indwara zitandukanye mu ngo z’abaturage, zirimo amavunja n’inzindi ndwara zifata uruhu, nk’uko byagaragaye mu igenzura ryakorewe muri izo.
Mu rwego rwo guca burundu indwara zituruka ku mirire mibi, Akarere ka Nyamasheke kari koroza amatungo magufi ababyeyi bafite abana bagaragayeho indwara zitandukanye zikomoka ku mirire mibi nka bwaki.
Ubwitabire bwo kuboneza urubyaro mu Karere ka Nyabihu bwarazamutse buva kuri 42% umwaka ushize ubu bukaba bugeze kuri 56%.
Bamwe mu babyeyi batuye mu mu murenge wa Rukomo mu karere ka Gicumbi batangaza ko kuganiriza abana babo ku buzima bw’imyororokere ari bimwe mu bibafasha kugira ubumenyi bubafasha kwirinda inda zitateguwe bigafasha n’abana babo bagira uburere bwiza.
Abaturage b’abanyafurika batari bake bakomeje guca agahigo mu gukoresha nabi inzitiramibu ugereranyije n’abandi batuye ku yindi migabane igize isi.
Ubuyobozi bw’ibitaro by’akarere bya Shyira buratangaza ko ikigero cy’ababyeyi babyarira kwa muganga mu Karere ka Nyabihu cyazamutse kikava kuri 47% cyariho muri 2012 bakagera kuri 87% mu mpera za 2014.