Ubuyobozi bw’ibitaro bikuru bya Kibuye mu karere ka Karongi, buratangaza ko nta kanseri y’inkondo y’umura igaragara mu bana b’abakobwa cyangwa indwara ya rubewore yibasira impinja n’ababyeyi batwite muri ako gace.
Nyuma y’umugabo w’umunyamerika witwa Timothy Brown wavuzwe ko yakize SIDA mu mwaka wa 2007, ibiro ntaramakuru by’abongereza Reuters biravuga ko hari undi muntu utuye i Mississipi nawe aherutse gukira icyo cyago.
														
													
													Nkuko bigaragazwa n’urutonde rwashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu rwerekana uko Uturere n’Intara bihagaze mu kwitabira gutanga ubwisungane mu kwivuza, akarere ka Gatsibo niko kaje ku mwanya wa nyuma mu tundi uko ari 30.
														
													
													Mu cyumweru tariki 03/03/2013 mu karere ka Nyanza kuri stade y’ako karere hatangijwe ku mugaragaro siporo mu bigo by’amashuli atandukanye hagamijwe gufasha abanyeshuli kugira ubuzima bwiza no kwirinda indwara ziterwa no kudakora imyitozo ngororamubiri ihagije.
														
													
													Mu gihe Itegeko rigenga ubwisungane mu kwivuza bita mituweli (Mutuelle de Santé) riteganya ko umuntu udafite ubwisungane mu buvuzi ateganyirizwa ibihano birimo igifungo ndetse n’ihazabu, ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke butangaza ko icyo bushyize imbere ari ukwigisha abaturage b’aka karere bakumva umumaro wo gutanga uyu (…)
														
													
													Akarere ka Karongi kongeye kwesa umuhigo wo kuza ku isonga mu bwisungane bwo kwivuza ku kigereranyo cy’100%. Kuva mu mwaka wa 2008 akarere ka Karongi ntikaratsimburwa ku ntebe ya mbere mu turere dufite abaturage bitabira ubwisungane bwo kwivuza mutuelle de santé bita mituweli.
														
													
													Umushinga Vision for Nation w’Abongereza ukorana na Minisiteri y’Ubuzima wazanye indorerwamo z’amaso zifashishwa n’abarwaye amaso zifite umwihariko ko zakoreshwa na buri murwayi kuko buri muntu azishyira ku murongo n’igipimo cy’uburwayi afite.
														
													
													Nyuma y’inkuru yatangajwe na radio BBC y’Abongereza ku italiki ya 26/2/2013 mu rurimi rw’Ikinyarwanda ivuga ko hari abaturage bafunzwe mu karere ka Rubavu bazira kudatanga umusanzu mu bwisungane mu kwivuza bita mituweli, ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwakurikiranye icyo kibazo busanga nta muturage wafunzwe azira ko atatanze (…)
														
													
													Abaganga bagize itsinda “Operation Smile” bari ku bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), mu gikorwa cyo kuvura indwara mu bantu bavukanye indwara y’ibibari, barimo abana n’abakuru. Indwara ifata ku gice cy’umunywa ikawusatura ku buryo yangiza isura.
														
													
													Bamwe mu baturage batuye ku kirwa cya Bushonga, mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera, bavuga ko kuba bataratanga amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza ari uko insina zabo zatewe na kirabiranya maze ituma babura amafaranga.
														
													
													Mu gihe henshi mu Rwanda bagihatana no kugeza kuri 80% mu bwisungane bwo kwivuza (mutuelle de santé), umurenge wa Rwankuba wo mu karere ka Karongi wo wamaze kuzuza 100% muri Nzeri 2012.
														
													
													Umuryango mpuzamahanga w’abakorerabushake witwa “Operation Smile” ufatanije n’ibitaro bikuru bya Kigali CHUK hamwe na sosiyete y’itumanaho MTN, bazavura abafite ubumuga bw’ibibari ku buntu guhera tariki 22/02-02/03/2013.
Mu gihe hasigaye iminsi mike ngo igihe Abanyarwanda bihaye cyo kuba bose bari mu bwisungane mu kwivuza kigere (tariki 25/02/2013), Guverinieri w’Intara y’Uburengerazuba arasaba uturere tukiri inyuma cyane mu bwitabire kwihutira gukemura icyo kibazo.
														
													
													Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rulindo ngo basanga kuba umuntu yabaho atagira mituweri (ubwisungane mu kwivuza) ari ubujiji bukabije kuko mituweri ari bwo buzima.
														
													
													Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwagaragaje ikibazo bufite cy’abantu barenga ibihumbi 45 bitarabona ubwisungane mu kwivuza muri uyu mwakawa 2012-2013.
														
													
													Habumugisha Donat w’imyaka 11 utuye mu kagari ka Sure mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro yakuwemo igufa ry’ukuguru ryari rirwaye none hamezemo irindi ku buryo kuri ubu abasha kugenda yemye nta kibazo.
														
													
													Mu baturage ibihumbi 24 batuye umurenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero, abagera ku 4000 bakeneye ubufasha bwo kwishyura ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de sante) kuko bari mu cyiciro cy’abatishoboye kandi bakaba batarashyizwe ku rutonde rw’abafashwa na Leta.
Abatuye mu kagali ka Mututu mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza bazegerezwa serivisi z’ubuvuzi hafi yabo, bitarenze ukwezi kwa 04/2013, bibarinde kongera gukora ibirometero n’ibirometero bajya kwivuza kure.
														
													
													Abaganga 20 b’abasuwisi, bari bamaze iminsi 13 babaga abagore barwaye indwara yo kujojoba “fistule” mu bitaro bya Ruhengeri, basoje icyo gikorwa kuri uyu wa gatanu tariki 08/02/2013, igikorwa cyakozwe mu rwego rw’inkunga Ubusuwisi butera u Rwanda.
														
													
													Ku bufatanye bw’akarere ka Burera na Farumasi y’ako karere, ibigo nderabuzima 17 byo muri ako karere, tariki 07/02/2013, byahaye mudasobwa ndetse na Modem kugira ngo bibafashe kunoza akazi ka bo ka buri munsi.
														
													
													Ibitaro bya gisirikare biri i Kanombe, ku bufatanye n’umuryango w’abakorerabushake b’Abanyamerika witwa Face the Future Foundation, tariki 07/02/2013, byatangiye kuvura abantu batari bafite icyizere na gike cyo kuba bazima nk’abandi, bitewe n’uburwayi cyangwa ubumuga bukomeye bafite.
														
													
													Abakuru b’imidugudu bo mu murenge wa Nyarusange mu karere ka Muhanga barasabwa kongera ingufu mu bukangurambaga ku bwisungane mu kwivuza (mutuelle de sante) kuko ubu uwo murenge ariwo uza inyuma mu karere ka Muhanga kose.
														
													
													Abana bo mu Rwanda bafite kuva kumezi icyenda kugera ku myaka 15 bagiye guhabwa urukingo rushya ruje gufasha no gukumira indwara ya Rubeole itaragera mu Rwanda.
Icyegeranyo cyakozwe na Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) cyo kuva tariki 01/07/2012 kugeza tariki 18/01/2013 cyashyize akarere ka Karongi ku mwanya wa mbere naho akarere ka Nyabihu gashyirwa ku mwanya wa nyuma mu kwitabira ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de santé).
Ikigo cy’Ububiligi gishinzwe ubutwererane mpuzamahanga (CTB) gifatanije na minisiteri y’ubuzima (MINISANTE), cyashyikirije by’agateganyo ibitaro bikuru bya Kaminuza ishami rya Butare (CHUB), inyubako zizabifasha kwagura inyubako no gutanga serivisi nziza z’ubuzima ku barwayi bagana ibyo bitaro.
														
													
													Uruhnjwa rwahawe izina rya Esperance ni rwo rwavukiye bwa mbere mu nz nshya y’ikigo nderabuzima cya Matyazo, mu masaha y’ijoro mbere ho gato ngo gitahwe ku mugaragaro, kuwa Gatanu tariki 01/02/2013.
														
													
													Ababyeyi babyarira ku kigo nderabuzima cya Matyazo bazajya babyarira mu nzu yujuje ibya ngombwa bakesha Imbuto Foundation n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bana (UNICEF), byabashakiye inkunga yo kubaka iyi nzu yari ikenewe cyane.
														
													
													Banki y’abaturage y’u Rwanda (BPR) ishami ryo mu karere ka Rubavu ryashyikirije umurenge wa Kanama inyubako z’ivuriro zifite agaciro k’amafaranga miliyoni 46 nyuma yo kubona ko inyubako z’ivuriro zidahagije.
														
													
													Minisitiri w’ubuzima, Dr.Agnes Binagwaho, kuri uyu wa kabiri tariki 29/01/2013 yatangije ku mugaragaro gahunda yo gukwirakwiza inzitiramibu mu gihugu mu rwego rwa gahunda ya Leta yo kurwanya malariya.
														
													
													Smile Rwanda, umuryango wa ba Nyampinga na Rudasumbwa bo mu mashuri makuru na kaminuza basuye abarwayi mu bitaro bya Muhima ku cyumweru tariki 20/01/2013 babaha ibikoresnho birimo imyambaro y’abana, amavuta, ibikoresho by’isuku, pampers, omo n’ibindi.