Abaturage bo mu mudugudu wa Rebero mu kagari ka Nkondo mu murenge wa Rwinkwavu wo mu karere ka Kayonza bose ngo bamaze kwishyura imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza y’umwaka wa 2014/15, mu gihe hatarashira amezi abiri uwo mwaka utangiye.
Mu bantu bagana ikigo gifasha abafite ibibazo byo mu mutwe cy’i Huye kizwi ku izina rya Caraès Butare abarenze kimwe cya kabiri cyabo baba ari urubyiruko, kandi na none 4.74% baba baratewe uburwayi bwo mu mutwe n’ibiyobyabwenge.
Abaturage bo mu murenge wa Kigembe ho mu karere ka Gisagara, baratangaza ko nyuma y’imyaka myinshi bakora ibirometero byinshi bajya kwivuza, ubu bubakiwe ivuriro mu murenge wabo rikaba ribafasha kwivuriza ku gihe kandi neza batavunitse.
Akarere ka Gasabo katangiye igikorwa cy’ubukangurambaga bwo gukangurira abaturage kwitabira ubwisungane mu kwivuza, nyuma y’uko aka karere katitwaye neza mu kwitabira ubwisungane mu kwivuza mu mwaka ushize kuko kagarukiye ku cyigero cya 81%.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Gisenyi bifatanyije n’ibigo nderabuzima bikorera mu mirenge itanu mu karere ka Rubavu ku bufatanye n’umushinga witwa Family Package ukorera mu Imbuto Foundation biyemeje kugabanya ubwandu bwa virusi itera sida ababyeyi banduza abana batwite.
Mu rugendo rwo kwitegura kugirwa ibitaro byo ku rwego rukuru (referral hospital), ibitaro bikuru bya Kibungo byujuje Labaratoire y’icyitegererezo ifite ubushobozi bwo gupima indwara hafi ya zose ubundi zitasuzumirwaga kuri ibi bitaro.
Ku bufatanye n’umushinga wo muri Amerika witwa Partners In Health: Inshuti Mu Buzima mu karere ka Burera hagiye kubakwa kaminuza y’ubuvuzi hafi y’ibitaro bya Butaro izaba ifitanye umubano n’ishuri ry’ubuvuzi ryo muri kaminuza ikomeye yo muri Amerika yitwa Harvard (Harvard Medical School).
Mu rwego rwo guhashya malariya ikunze kugaragara mu murenge wa Gishubi ho mu karere ka Gisagara ahanini iterwa n’imibu iva mu bishanga byegereye uyu murenge hashyizweho gahunda yo gupima abantu bose bagize umuryango w’umuntu uba wagaragaweho n’indwara ya malariya.
Abaturage bo mu karere Ka Bugesera barasabwa kutarindira ko barware ngo babone gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (mitiweli) aho usanga bagana ibigo nderabuzima bitwaje impapuro bishyuriweho muri banki uwo munsi kandi bisaba gutegereza ukwezi ngo uvurirwe kuri mitiweli cyeretse ku basanzwe.
Abaturage batuye umurenge wa Kazo ho mu karere ka Ngoma nyuma yo kwiyubakira poste de santé mu murenge wabo bagize ubwitabire budasanzwe mu gutanga ubwisungane mu kwivuza ; nk’uko byemezwa n’ubuyobozi bw’uwo murenge.
Bamwe mu baturage batuye mu tugari twa Mwiyando, Mubuga na Rwa two mu Murenge wa Muzo mu Karere ka Gakenke bakunze gukoresha Poste de santé ya Butare bifuza ko yakwongererwa ubushobozi kubera uburyo badakunze kworoherwa n’ingendo bakora mu gihe hari ugize ikabazo amasaha akuze bikaba ngombwa ko bajya ku kigo nderabuzima.
Ivuriro rya Nyamicucu riherereye mu karere ka Burera mu ntara y’Amajyaruguru ryagizwe ikigo nderabuzima, nyuma y’uko bigaragaruye ko ryakira abantu benshi kandi barenze ubushobozi bwaryo, nk’uko byatangajwe kuwa kane tariki 17/7/2014.
Minisiteri y’Ubuzima yashyikirije ibigo nderabuzima byo mu turere dutandatu amapikipiki 80 afite agaciro ka miliyoni 167 azaborohereza mu bikorwa byo gukurikirana no kuvura indwara ya malariya kugira ngo umuhigo u Rwanda rwihaye wo kuyirandura burundu ugerweho.
Mu gihe cy’ibyumweru bibiri, mu kigo nderabuzima cya cyanika, kiri mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, habera igikorwa cya “Army Week” cyo gukeba abagabo ndetse no kuvura abaturage indwara zitandukanye, ubuyobozi bw’icyo kigo nderabuzima butangaza ko abaturage bitabiriye icyo gikorwa mu kigero gishimishije.
Abakecuru babuze amagambo yo gushimira ingabo z’igihugu ziri mu gikorwa cyo kubavura indwara y’amaso izwi nk’ishaza nyuma yo gusabwa n’ibyishimo batewe no kongera kugira amahirwe yo kubona mu gihe bari bamaze imyaka itatu barahumye.
Abaturage bivuriza ku kigo nderabuzima cya Gihundwe kiri mu murenge wa Kamembe, mu karere ka Rusizi cyane cyane abahamara igihe (hospitalisés), baravuga ko bafite ikibazo gikomeye cy’amazi kuko icyo kigo nderabuzima kitagira amazi meza ahagije bikabangamira isuku n’ibindi bihakorerwa bikenera gukoresha amazi.
Umuyobozi wungirije ushinzwe ibikorwa by’ubuzima by’ikigega cy’Abanyamerika (USAID) ku isi, Katie Taylor, yashimye abajyanama b’ubuzima mu Karere ka Gakenke yashimye uburyo bakora anabasaba gukomeza kuko ibikorwa bakora birengera benshi.
Nyuma y’uko abatuye Umurenge wa Rwimbogo mu karere ka Gatsibo bashyiriye ingufu mu kwishyura ubwisungane mu kwivuza bifashishije ibimina, ubu barahamya ko batakivunika cyangwa ngo bacyererwe muri iyi gahunda.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Butaro biri mu karere ka Burera butangaza ko nyuma y’imyaka ibiri gusa batangije serivisi yo kuvura kanseri hagiye hagaragara abantu batandukanye barwaye kanseri ngo kuburyo kuri ubu bari kuvura abarwayi barenga 2000.
Mu gihe abaturage basabwa umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza y’umwaka wa 2014 hari amafaranga agera kuri miliyoni 14 yatanzwe n’abaturage ariko yariwe n’abayobozi b’ibimina bari bashinzwe kuyageza ku makonti ya za mituweli.
Abanyamuryango ba koperative y’abajyanama b’ubuzima bo mu murenge wa Rurenge akarere ka Ngoma, barashima iterambere bamaze kwigezaho ndetse nuko abaturage bashinzwe bamaze guhindura byinshi mu myumvire ngo bagire ubuzima buzira indwara.
U Rwanda ruri mu ibihugu 10 bya mbere ku isi byateye intambwe igaragara mu kugabanya impfu z’umwana n’umubyeyi, nk’uko bigaragara muri Muri raporo iheruka gushyirwa ahagaragara mu nama y’ubuzima yabereye i Johannesburg muri Afurika y’Epfo ibigaragaza.
Sosiyete Forward Rich ikora ibijyanye no guhugura abantu mu bijyanye no kwiteza imbere yarihiye abanyamuryango bayo 738 bo mu turere twa Ngoma na Kirehe ubwishingizi mu kwivuza bufite agaciro k’amafaranga asaga miliyoni ebyiri.
Nyuma y’uko hatangijwe uburyo bwo kwishyura ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de sante) binyuze mu bimina ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma buravuga ko bitanga umusaruro kuko ibimina byinshi byamaze kwishyura 100%.
Umuryango “Vision For a Nation” ukorana na Minisiteri y’Ubuzima mu kwegereza abaturage ubuvuzi bw’amaso, urasaba abaturage b’akarere ka Rwamagana ndetse n’ab’ahandi mu gihugu ko bakwiriye gukangukira kwisuzumisha no kwivuza amaso kuko ubuvuzi bwayo bwatangiye kubegerezwa kugeza ku bigo nderabuzima.
Kuba abagabo bakomeje kumenya akamaro kwisiramuza bituma abitabira icyo gikorwa bagenda biyongera aho bavuga ko kwikebesha uretse kuba bibafasha kugira isuku y’imibiri yabo ngo binabafasha kwirinda uburwayi bumwe na bumwe bwandurira mu mibonano mpuzabitsina ndetse abafite ingo bikabafasha no kuburinda abo bashakanye.
Ibitaro bya Kiziguro byo mu karere ka Gatsibo byishatsemo ubushobozi none biri kwiyubakira inyubako z’ibitaro zizuzura zitwaye akayabo ka miliyari na miliyoni zisaga 200 z’amafaranga y’u Rwanda.
Kwegereza Serivise z’ubuzima abaturage mu karere ka Nyabihu ni kimwe mu bigenda birushaho gufasha mu kubungabunga ubuzima bw’abaturage bityo bikagabanya n’imfu ku baturage muri rusange, by’umwihariko ababyeyi n’abana.
Nyuma yo kubona ko urubyiruko ngo rudakunda gufatira hamwe n’abantu bakuze inama n’amasomo ajyanye n’ubuzima bw’imyororokere, Minisiteri y’Ubuzima irimo gutegura gahunda yo kwifashisha ikoranabuhanga rya telephone igendanwa bita M4RH (Mobile For Reproductive Health) mu kugeza ku rubyiruko amakuru agezweho ku buzima (…)
Abasore bo mu murenge wa Busogo mu karere ka Musanze bashima ibikorwa ingabo z’igihugu zikorera Abanyarwanda none byabateye ubushake bwo kuzaba abasirikare ngo nabo bakorere abandi ibyiza nk’ibyo ingabo zabakoreye.