Mu gihe abaturage basabwa umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza y’umwaka wa 2014 hari amafaranga agera kuri miliyoni 14 yatanzwe n’abaturage ariko yariwe n’abayobozi b’ibimina bari bashinzwe kuyageza ku makonti ya za mituweli.
Abanyamuryango ba koperative y’abajyanama b’ubuzima bo mu murenge wa Rurenge akarere ka Ngoma, barashima iterambere bamaze kwigezaho ndetse nuko abaturage bashinzwe bamaze guhindura byinshi mu myumvire ngo bagire ubuzima buzira indwara.
U Rwanda ruri mu ibihugu 10 bya mbere ku isi byateye intambwe igaragara mu kugabanya impfu z’umwana n’umubyeyi, nk’uko bigaragara muri Muri raporo iheruka gushyirwa ahagaragara mu nama y’ubuzima yabereye i Johannesburg muri Afurika y’Epfo ibigaragaza.
Sosiyete Forward Rich ikora ibijyanye no guhugura abantu mu bijyanye no kwiteza imbere yarihiye abanyamuryango bayo 738 bo mu turere twa Ngoma na Kirehe ubwishingizi mu kwivuza bufite agaciro k’amafaranga asaga miliyoni ebyiri.
Nyuma y’uko hatangijwe uburyo bwo kwishyura ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de sante) binyuze mu bimina ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma buravuga ko bitanga umusaruro kuko ibimina byinshi byamaze kwishyura 100%.
Umuryango “Vision For a Nation” ukorana na Minisiteri y’Ubuzima mu kwegereza abaturage ubuvuzi bw’amaso, urasaba abaturage b’akarere ka Rwamagana ndetse n’ab’ahandi mu gihugu ko bakwiriye gukangukira kwisuzumisha no kwivuza amaso kuko ubuvuzi bwayo bwatangiye kubegerezwa kugeza ku bigo nderabuzima.
Kuba abagabo bakomeje kumenya akamaro kwisiramuza bituma abitabira icyo gikorwa bagenda biyongera aho bavuga ko kwikebesha uretse kuba bibafasha kugira isuku y’imibiri yabo ngo binabafasha kwirinda uburwayi bumwe na bumwe bwandurira mu mibonano mpuzabitsina ndetse abafite ingo bikabafasha no kuburinda abo bashakanye.
Ibitaro bya Kiziguro byo mu karere ka Gatsibo byishatsemo ubushobozi none biri kwiyubakira inyubako z’ibitaro zizuzura zitwaye akayabo ka miliyari na miliyoni zisaga 200 z’amafaranga y’u Rwanda.
Kwegereza Serivise z’ubuzima abaturage mu karere ka Nyabihu ni kimwe mu bigenda birushaho gufasha mu kubungabunga ubuzima bw’abaturage bityo bikagabanya n’imfu ku baturage muri rusange, by’umwihariko ababyeyi n’abana.
Nyuma yo kubona ko urubyiruko ngo rudakunda gufatira hamwe n’abantu bakuze inama n’amasomo ajyanye n’ubuzima bw’imyororokere, Minisiteri y’Ubuzima irimo gutegura gahunda yo kwifashisha ikoranabuhanga rya telephone igendanwa bita M4RH (Mobile For Reproductive Health) mu kugeza ku rubyiruko amakuru agezweho ku buzima (…)
Abasore bo mu murenge wa Busogo mu karere ka Musanze bashima ibikorwa ingabo z’igihugu zikorera Abanyarwanda none byabateye ubushake bwo kuzaba abasirikare ngo nabo bakorere abandi ibyiza nk’ibyo ingabo zabakoreye.
Igikorwa abasirikare batangiye cyo gutanga amaraso muri iki cyumweru cyiswe “Army week,” barasabwa kugifata nk’umwe mu musanzu wabo wo guha amaraso igihugu, nk’uko babikoze mu rugamba rwo kwibohora.
Minisitiri w’ubuzima, Dr. Binagwaho Agnes, yahembwe bamwe mu bayobozi 10 b’imidugudu mu karere ka Gicumbi na telefone zigendanwa, mu rwego rwo kubashimira ubwitange bagize mu gushishikariza abaturage bayobora bagatanga ubwisungane mu kwivuza 100%.
Abanyarwanda barakangurirwa kwirinda ubuhumyi, bisuzumisha amaso hakiri kare kugira ngo uwasanga afite uburwayi bw’amaso avurwe hakiri kare bityo bimurinde ubumuga bw’amaso.
Ingabo z’igihugu zifatanyije n’izindi nzego z’umutekano, ubuyobozi bwite bwa Leta ndetse n’abaturage bahuriye mu gikorwa cyo kubaka ivuriro “Poste de Santé” rya Musasa mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Gishyita ndetse bakora n’imihanda izajya ifasha abantu kugera kuri iryo vuriro.
Ubwo kuri uyu wa 17 Kamena hashyirwaga ibuye ry’ifatizo ahazubakwa poste de santé ya Bubare akagali ka Rugarama umurenge wa Rwempasha mu karere ka Nyagatare, abaturage bishimiye ko bagiye kubona ivuriro hafi yabo bagacika ku kugura imiti ya magendo bakuraga mu gihugu cya Uganda bahana imbibe.
Kuri uyu munsi tariki ya 16 Kamena 2014, abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda basuye ibitaro bya Kibogora biri mu karere ka Nyamasheke, basobanukirwa imikorere y’ibitaro muri serivisi zitandukanue zihatangirwa.
Abaturage bivuriza ku kigo nderabuzima cya Nyagahita mu murenge wa Mimuli mu karere ka Nyagatare barishimira service bahabwa ndetse ngo byabaye akarusho kuko ubu icyo kigo cyabonye moteri itanga amashanyarazi yifashishwa iyo hatabona.
Ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’abatanga amaraso mu rwego rw’igihugu mu karere ka Gisagara kuri uyu wa 14/06/2014, insanganyamatsiko yagiraga iti “Gutanga amaraso ni ugutanga ubuzima” Abanyarwanda bakaba basabwa kwitabira iki gikorwa kuko mu gihugu ubwitabire ngo bukiri ku kigero cyo hasi.
Ubuyobozi bw’ibitaro bikuru bya ADEPR Nyamata mu karere ka Bugesera buratangaza ko bumaze guhomba amafaranga milliyoni 12 n’ibihumbi 600 kuva mu mwaka wa 2012 biturutse ku barwayi bambura ibyo bitaro.
Mu gihe bamwe mu baturage bagana ibitaro bya Nyagatare basaba ko bakwegerezwa service z’ubuvuzi bahabwa ibindi bitaro, ubuyobozi bw’ibi bitaro bwemeza ko service mbi zitangwa ziterwa n’umubare munini w’abarwayi nyamara abaganga ari bacye ariko ngo hakaba hari gahunda yo gukomeza kongera ibigo nderabuzima.
Ubwo Komisiyo y’abakozi ba Leta yagiranaga ibiganiro n’uturere tugize intara y’uburengerazuba, tariki 10/06/2014, hagarutswe ku kibazo cy’abaforomo bafite amashuri atandatu batemerewe guhabwa akazi kandi nyamara umubare w’abarengeje ayo amashuri bize ubuganga ngo ukiri hasi cyane.
Umuryango nyafurika w’ivugabutumwa AEE tariki 10/06/2014 wakoreye ubukangurambaga abaturage b’umurenge wa Ruramira mu karere ka Kayonza, ubwo bukangurambaga bukaba bwari ubwo kubashishikariza gutanga imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza buzwi nka mitiweri no kubakangurira kwirinda SIDA.
Kuba abaturage bo mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera basangwa mu ngo zabo maze bagasuzumwa indwara ya malariya ngo ni imwe mu ngamba yafashije mu kugabanya umubare w’abarwayi ba Marariya nk’uko byemezwa n’abashakashatsi muri gahunda yo kurandura Malaria muri uyu murenge wa Ruhuha.
Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’Ubuzima Dr Anita Asiimwe, unakurikirana byumwihariko akarere ka Ngoma, arashima uruhare rw’abatuye aka karere mu kwesa imihigo.
Umukozi w’Ubwisungane mu Kwivuza ku rwego rw’akarere ka Ngororero ahamya ko ibyo yita uburiganya cyangwa kwibeshya mu gushyira abaturage mu byiciro by’ubudehe, ari kimwe mu byagabanije igipimo cy’ubwitabire bw’abaturage mu bwisungane mu kwivuza muri uyu mwaka ugiye gusoza.
Kuri uyu wa kabiri tariki 03/06/2014 ingabo z’igihugu zatangiye igikorwa cyo kuvura abacitse ku icumu batishoboye bo mu karere ka Rulindo bafite ubumuga bukomeye basigiwe na jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Nubwo bivugwa ko imitangire ya service mu bitaro bya Nyagatare itagenda neza, ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare buvuga ko imitangire ya service muri ibyo bitaro ikiri hasi bitewe cyane cyane n’umubare mucye w’abaganga.
Abaturage bo mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera, bari kubakirwa Ikigo Nderabuzima bari baremerewe n’ubuyobozi bw’ako karere mu myaka ishize, ku buryo mu gihe cy’amezi abiri ari imbere kizaba cyuzuye.
Impugucye mu buzima zikora muri Minisiteri n’ibikorwa bishinzwe ubuzima mu bihugu 18 byo ku mugabane w’Afurika n’Amerika bari mu karere ka Rubavu biga uburyo bwo kwihutisha gutanga amakuru afasha inzego gufata ibyemezo mu guteza imbere ubuzima.