Abagize ikipe y’umupira w’amaguru y’Ibitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) bifurije abaharwariye kwinjira muri 2020 neza, babagenera impano.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Gitovu mu Karere ka Burera, bavuga ko bababajwe no kuba bagiye kwinjira mu mwaka wa 2020 bakivoma amazi y’ibiziba, bagasaba Leta kubegereza amazi meza bagaca ukubiri n’indwara z’inzoka zibugarije.
Bamwe mu bamaze igihe barwariye mu bitaro bikuru bya Ruhengeri baravuga ko batangiye kugarura icyizere cyo gukira indwara bamaranye igihe kirekire, nyuma y’uko bafashijwe kwishyurirwa ikiguzi cy’ubuvuzi bari barabuze uko bishyura kubera ubukene.
Abantu bagira uburyo butandukanye bwo kurimba, hari abagore n’abakobwa bavuga ko icyo bakwambara cyose batakumva ko barimbye mu gihe batashyizeho inkweto ndende. Hari abibaza niba izo nkweto ndende ari nziza ku buzima bw’abazambara.
Muri uyu mwaka wa 2019, indwara ya Ebola yibasiye Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), cyane cyane ibice bimwe by’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru ihana imbibi n’u Rwanda, ndetse yageze no mu mujyi wa Goma uhana imbibi n’akarere ka Rubavu bitera ubwoba Abanyarwanda bityo hafatwa ingamba zikomeye zo kuyikumira harimo (…)
Bimenyerewe ko abantu bakoresha imiti y’amenyo inyuranye mu rwego rwo kuyasukura ndetse no kuyarinda indwara zitandukanye, ariko hari n’abakoresha imiti y’amenyo ikozwe mu makara kugira amenyo yabo arusheho gucya cyane.
Impuguke zinyuranye n’abiga iby’ubuvuzi mu ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri, baremeza ko kuba abaturage badasobanukiwe n’uburyo bwo gufata imiti bahabwa n’abaganga, ari kimwe mu bikomeje gutwara ubuzima bwa benshi.
Abavuzi gakondo barifuza ko itegeko rigenga umwuga wabo ryakwihutishwa rigasohoka, kuko batekereza ko ari ryo ryaca akajagari k’abiyitirira umwuga wabo, bityo ugatera imbere.
Abahanga bavuga ko konsa ari byiza cyane, kuko bigira akamaro ku mwana ndetse no ku mubyeyi wonsa neza. Ikindi kandi ibyiza byo konsa bitangira kuva umwana agifata ibere ubwa mbere akivuka kugeza acutse.
Umuyobozi w’abavuzi gakondo mu Karere ka Nyagatare, Umubyeyi Jolly, avuga ko abavuzi gakondo bagicururiza imiti mu isoko bakwiye kurwanywa nk’uko abacuruza ibiyobyabwenge barwanywa.
Hari abantu bibaza niba konsa byaba bigirira umwana akamaro ku buryo bwihariye, cyangwa niba ari kimwe n’uko umuntu yakoresha ubundi buryo ubwo ari bwo bwose nko kumuha amata yaba ay’inka cyangwa ay’ifu.
Abaturage bivuriza ku ivuriro (Poste de santé) rya Nyendo ntibemeranywa n’Akarere ka Nyagatare ku cyemezo cyo kwegurira ivuriro ryabo rwiyemezamirimo kuko batizeye imikorere ye.
Ese waba uzi uko bigenda iyo umuntu anyweye inzoga? Ese umubiri ugenzura ute uko inzoga ikoreshwa iyo igeze mu mubiri? Ese ingaruka ziba ku munywi w’inzoga mu gihe kirekire ni izihe? Ibisubizo kuri ibi bibazo byose biracyari mu rwijiji ndetse ntibinatuma abantu babasha kumva ingaruka zituruka ku nzoga.
Imibare itangazwa n’Ikigo cy’Igihugu cyita ku buzima (RBC), igaragaza ko umubyibuho ukabije mu Banyarwanda bose muri rusange uri ku kigero cya 2.8%. Naho abafite ibiro by’umurengera bakaba 14.3%.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIJEPROF), yatangaje ko Leta y’u Rwanda yongereye ibi bikoresho by’isuku by’abagore n’abakobwa (cotex), ku rutonde rw’ibicuruzwa bisonewe umusoro ku nyongeragaciro, kugira ngo bibashe kuboneka kuri benshi.
Mu turere twa Rubavu na Rusizi, abaturage ibihumbi 200 bagiye guhabwa urukingo rwa Ebola, mu rwego rwo kwirinda kwandura iyo ndwara yamaze guhitana abantu 2,146 muri Kivu y’Amajyaruguru, muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo.
Umuyobozi w’ibitaro bya Nyagatare, Dr. Munyemana Ernest, avuga ko umugabo guca inyuma umugore akiri ku kiriri nta cyo bihindura ku miterere y’umwana, ko ndetse bidashobora gutera umwana ubumuga.
Indwara yo guhekenya/gufatanya amenyo bita ‘Bruxisme’ mu Gifaransa igaragazwa no gufatanya amenyo cyane cyane nijoro, ikaba ikunze kwibasira abana kurusha abakuze.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Ubushakashatsi n’Iterambere mu by’Inganda (NIRDA), buvuga ko iki kigo cyatangiye ubushakashatsi bwo gutuma imiti gakondo y’Abanyarwanda ishyirwa ku isoko mpuzamahanga.
Madame Jeannette Kagame agendeye ku bushakashatsi bw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryo kurwanya SIDA (UNAIDS), ahamya ko batatu mu bantu batanu badura virusi itera SIDA ari abakobwa.
Madame Jeannette Kagame ahamya ko abagore bafite virusi itera SIDA byoroshye ko bandura kanseri y’inkondo y’umura, ari yo mpamvu hagomba gushyirwa imbaraga mu kwisuzumisha kenshi kugira ngo uwo bayisanganye avurwe hakiri kare.
Perezida Kagame yemeza ko ibiganiro bifasha ubuzima kumera neza, naho akato no guceceka byo bikica nka virusi y’indwara ubwayo.
U Rwanda rwashyize imbaraga nyinshi mu kurwanya icyorezo cya SIDA, cyane cyane mu gukumira ubwandu bushya, bituma kugera mu mpera za 2018 haboneka igabanuka ry’ubwo bwamdu ku kigero cya 83%.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba asaba abafata imiti igabanya ubukana bwa virusi itera SIDA kutayivanga n’inzoga cyangwa n’ibindi biyobyabwenge kugira ngo ibashe gukora neza.
Ababyeyi bo mu gace k’icyaro ka Chikwana muri Malawi bari baratakaje icyizere cyo kongera gukora imibonano mpuzabitsina n’abagabo babo kubera kuzahazwa na kanseri y’inkondo y’umura (cervical cancer).
Mu mpera z’icyumweru gishize ikipe ya Nyarutarama Tennis Club yasuye umuryango wa Kamanzi Vianney uzwi ku izina rya Dudu na Mushiki we Riziki Solange (Fille) bamaze imyaka irenga 15 barwaye indwara yo gutitira.
Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Imanishimwe Yvette, avuga ko hari abagore baza kwa muganga kubyara babanje kunywa imiti gakondo ngo ituma babyara neza.
Guverineri w’intara y’Iburasirazuba, Mufulukye Fred, avuga ko abakozi bazajya abahabwa akazi bazajya basinyira kudasambanya abana mbere yo kugatangira.
Mu karere ka Burera mu ntara y’Amajyaruguru, imiryango itagira ubwiherero ikunze kugorwa no kubona uko yiherera bigatuma hari abajya kubutira mu baturanyi, abandi bagakoresha ubwiherero bwubatse mu buryo bushobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga, hakaba n’abadatinya kwituma ku gasozi.
Umuryango Imbuto Foundation wahaye Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) imbangukiragutabara 20, mu rwego rwo kuyunganira hagamijwe guha serivisi nziza abarwayi kuko ngo izihari ari nke ndetse harimo n’izishaje.