Itegeko nº32/2016 ryo ku wa 28/08/2016 rigenga abantu n’umuryango mu ngingo zaryo zitandukanye risobanura uko bigenda iyo umuntu yabuze cyangwa yazimiye.
Umuyobozi wa INES Ruhengeri, aravuga ko kuba ibihugu 12 byaritabiriye amahugurwa ku bunyamwuga by’abavoka, ari amahirwe ku biga uyu mwuga mu Rwanda kuko umubano wubatswe n’ibyo bihugu watuma babasha kujya kwimenyerezayo umwuga ku buryo bworoshye.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Prof. Sam Rugege arasaba abakora umwuga wo kunganira abandi mu nkiko bazwi nk’Abavoka kurangwa n’imyitwarire myiza, bakabera urugero abandi barimo n’ababashakaho ubufasha kuko ari zo ndangagaciro zikwiye kubaranga.
Umuntu wese wapfushije, ategekwa n’itegeko nº32/2016 ryo ku wa 28/08/2016 rigenga abantu n’umuryango mu ngingo zaryo zitandukanye, kumenyekanisha urwo rupfu mu buyobozi kandi ibi bigakorwa bitarenze iminsi 30.
Kuri uyu wa 15 Nyakanga 2019, Inteko ishinga Amategeko yatoye umushinga w’Itegeko rivanaho burundu amategeko 1,000 yo mu gihe cy’ubukoroni, bitewe n’uko atajyanye n’igihe.
Hari ubwo wumva abantu bavuga ko abageni ‘basezeranye imbere y’amategeko’, hakaba n’ababyita ko abageni ‘bagiye mu rukiko’ cyangwa se ‘bagiye mu murenge’ n’izindi mvugo, ariko se gusezerana mu mategeko bivuze iki? Biteganywa n’irihe tegeko? Iyi nkuru irasobanura icyo amategeko avuga ku gushyingiranwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe buvuga ko bitarenze Nzeri 2019, abantu 15 bagaragarije Perezida Kagame ko bangirijwe ibyabo muri 2013, bazaba bamaze kwishyurwa.
Kuva ku wa mbere tariki 08 Nyakanga 2019, mu ishuri rikuru rya Polisi riherereye mu Karere ka Musanze habereye amahugurwa y’iminsi itatu agenewe abakozi 68 b’Abagenzacyaha, Abashinjacyaha, Abacamanza n’Abapolisi.
Umuyobozi w’umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda (TI), Marie Immaculée Ingabire, avuga ko ruswa yiganje mu bakuru b’imidugudu n’ab’utugari ndetse no mu baveterineri, mu Karere ka Gisagara.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta Jonhston Busingye, atangaza ko urwego rw’abunzi rukwiye kubona inyubako zo gukoreramo kimwe n’izindi nzego, aho gukomeza gukorera munsi y’ibiti.
Minisiteri y’Ubutabera yagejeje umushinga w’itegeko kuri Komisiyo ya Politiki, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore mu Iterambere ry’Igihugu, risaba ko amategeko areba u Rwanda yashyizweho mu gihe cy’ubukoloni yavanwaho.
Umuryango wa Muhawenimana Ezechiel na Dusabimana Esperance bo mu murenge wa Kanama mu karere ka Rubavu bafatanyije na Hakorimana Musoni Venant, kuri uyu wa mbere tariki ya 17 Kamena 2019 batanze ikirego mu rukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba(EACJ) basaba ko leta ya Uganda ibaha indishyi z’akababaro.
Inzego z’Ubutabera mu Rwanda ziravuga ko ikoranabuhanga ryiswe "Case Management System (CMS)" rifasha abantu gutanga ibirego no kubikurikirana batagiye mu nkiko, ryagabanyije umubare munini w’Abaturarwanda basiragiraga mu nkiko.
Abaturage bo mu miryango 17 yo mu mudugudu wa Gakoki, akagari ka Gatenga, umurenge wa Gatenga mu karere ka Kicukiro, barasaba kurenganurwa bagahabwa ibyangombwa by’ubutaka bavuga ko ari ubwabo, bamaze imyaka irindwi birukaho ntibabihabwe.
Umuryango Ihorere Munyarwanda uvuga ko ugiye gukorera ubuvugizi abanyamadini n’amatorero bagahabwa ubumenyi ku mategeko kuko byagabanya ibyaha.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ihuriro ry’imiryango itanga ubufasha mu by’amategeko (Legal Aid Forum) mu mwaka wa 2017, bwagaragaje ko abanyarwanda 4% gusa aribo basobanukiwe amategeko.
Umuyobozi w’Urwego rushinzwe iperereza (RIB), Col. Ruhunga Jeannot, avuga ko mu mwaka umwe abagenzacyaha 12 bamaze kwirukanwa bazira amakosa arimo ruswa.
Ibiro bya Perezida wa Repubulika byasohoye itangazo rivuga ku mwanzuro Urukiko rw’Ikirenga ruherutse gufata.
Polisi y’u Rwanda yafatanye kasha 74 umugabo wo mu kagari ka Kigarama, mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge ukora ibyangombwa by’ibyiganano by’ibigo bitandukanye akabiha abajya kubyibisha.
Urubyiruko rurakangurirwa kurwanya ibyaha by’inzanduka kuko ahanini ari bo babikora ndetse bakaba n’abambere mukugerwaho n’ingaruka zabyo.
Ubuvugizi bw’urwego rw’ubugenzacyaha RIB buravuga ko uwari umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kanzenze Nyiransengiyumva Monique yatawe muri yombi azira gukoresha ububasha ahabwa mu nyungu ze bwite .
Urukiko rw’Ikirenga kuri uyu wa 22 Werurwe 2019 rwasomye urubanza Charles Bandora n’Ubushinjacyaha bajuririyemo igifungo cy’imyaka 30, Urukiko Rukuru rwari rwahanishije Bandora ku byaha bya Jenoside ashinjwa.
Muri gahunda y’icyumweru cy’ubutabera, abaturage bo mu murenge wa Cyabingo mu karere ka Gakenke, barishimira ubumenyi ku butabera bahawe n’umuyobozi wa Komisiyo y’igihugu ishinzwe ivugururwa ry’amategeko (RLRC), aho bamwe bari bazi ko ubutabera bwabo bugarukira mu buyobozi bw’inzego z’ibanze.
Ihuriro ry’imiryango itanga ubufasha mu by’amategeko (LAF) ryatangije uburyo bushya bwo gufasha abaturage mu by’amategeko hifashishijwe ikoranabuhanga rya telefone, haba kukugira inama, kugufasha gushyira ku murongo ikirego cyawe cyangwa se kukubonera umunyamategeko ukunganira kandi ku buntu.
Intwari z’imena ziravuga ko icy’ingenzi kuri zo atari ukumenya abagabye igitero ku ishuri rya Nyange bigagaho ahubwo icy’ingenzi ari isomo abanyarwanda bakuramo.
Minisitiri w’Ubutabera Johnston Busingye yasabye abakora mu by’amategeko hirya no hino mu gihugu gukumira amakimbiranye mu miryango kuko ngo ari yo nkomoko y’ibindi bibazo bikomeye.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edward Ngirente yarahije abacamanza ba gisirikare bari basanzwe mu mirimo, abibutsa kudatatira serivisi nziza zisanzwe zizwi ku ngabo z’u Rwanda.
Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta Johnston Busingye ari muri Angola, ku butumire bwa mugenzi we w’umutekano imbere mu gihugu cya Angola Angelo de Barros Veiga Tavares, banasinyana amasezerano y’imikoranire.
Perezida w’urukiko rw’ikirenga Prof. Sam Rugege avuga ko kuva mu mwaka wa 2005 kugera muri 2018 abacamanza 17 n’abanditsi b’inkiko 25 birukanywe kubera ruswa.
Umukobwa w’imyaka 17, wo mu karere ka Gisagara, arashinja umwe mu bakozi b’akagari ka Birira mu murenge wa Kimonyi akarere ka Musanze kumutera inda akamwihakana.