Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rurimo gukora iperereza ku bivugwa kuri Evode Uwizeyimana ushinjwa guhohotera umugore wari mu kazi ko gusaka abinjira mu nyubako ya Grand Pension Plaza.
Mu mwaka wa 2019, hari byinshi byagarutsweho mu makuru yerekeranye n’ubutabera. Ibi ni bimwe muri byo.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr Nteziryayo Faustin yasabye abashyiraho amategeko gushingira ku bushakashatsi, inyingo n’ibitekerezo by’abaturage kugira ngo bidateza ibibazo ku mibereho myiza y’Abanyarwanda.
Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha Marie Michelle Umuhoza yabwiye Kigali Today ko Dr. Francis Habumugisha ari mu maboko ya RIB kuri sitasiyo ya Kimihurura.
Dr. Francis Habumugisha ushinjwa gutuka no gukubitira mu ruhame umukobwa witwa Kamali Diane yigaruye mu maboko y’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB).
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rufungiye mu karere ka Rwamagana abagabo batatu bakurikiranyweho kurwiyitirira bagasaba abantu amafaranga, ndetse n’abandi bane (abagore babiri n’abagabo babiri) bakurikiranyweho gutanga ruswa cyangwa indonke.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafunze uwitwa Munyaneza Sylvestre wafashwe aha ruswa umugenzacyaha, kugira ngo arekure uwitwa Niyoyita Jean Baptiste uregwa ubujura.
Mu ngamba Perezida mushya wa Komisiyo yo kuvugurura Amategeko (Law Reform Commission), Domitilla Mukantaganzwa avuga ko azanye, harimo gufatanya n’abaturage gutora amategeko ndetse no kuyabigisha.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ruratangazako rwafunze Muganamfura Sylvestre, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Busoro mu Karere ka Nyanza, akekwaho kunyereza umutungo wa Leta.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, kuri uyu wa gatanu tariki ya 06 Ukuboza 2019 rwatangaje ko rwafunze abacamanza babiri n’umwanditsi w’urukiko bakekwaho ibyaha bya ruswa bakaga abafite ibirego mu nkiko.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, arasaba inzego z’ubutabera kwirinda ruswa kugira ngo batange urugero rwiza ku Banyarwanda bose.
Domitilla Mukantaganzwa wigeze kuyobora Inkiko Gacaca, yongeye kugaruka mu myanya y’ubuyobozi nyuma y’igihe kitari gito atagaragara muri iyi myanya.
Itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, riravuga ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagize Madamu Mukantaganzwa Domitilla, Perezida wa Komisiyo y’u Rwanda Ishinzwe Ivugururwa ry’Amategeko.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuri uyu wa gatatu tariki 4 Ukuboza 2019, yagize Dr. Faustin Nteziryayo Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga asimbuye Prof. Sam Rugege wari umaze imyaka umunani kuri uwo mwanya.
Ashingiye ku itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015, cyane cyane mu ngingo zaryo: iya 153, iya 86 n’ iya 156; kuri uyu wa gatatu tariki ya 04/12/2019, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashyizeho Dr. Nteziryayo Faustin, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, na Marie Thérèse (…)
Mu ijoro ryo ku wa kane tariki 28 Ugushyingo 2019 nibwo hasohotse Itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri rishyiraho umushinjacyaha wa Repubulika mushya ari we Havugiyaremye Aimable.
Mutangana Jean Bosco wari Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika y’u Rwanda kuva kuwa 9 Ukuboza 2016, ntakiri kuri uwo mwanya, akaba yasimbuwe na Havugiyaremye Aimable wari usanzwe ayobora Komisiyo y’u Rwanda Ishinzwe Ivugururwa ry’Amategeko (Rwanda Law Reform Commission).
Umuvunyi mukuru , Anastase Murekezi, avuga ko n’ubwo itegeko rihana uwatanze ruswa n’uwayakiriye, iyo umwe muri bo ayigaragaje ataratangira gukurikiranwa, ngo ntabwo ayihanirwa.
Mu muhango wo gutangiza icyumweru cy’ubutabera ku wa mbere tariki 25 Ugushyingo 2019 mu Mujyi wa Kigali, hamuritswe uburyo bushya bwifashishwa mu gukurikirana ibikorwa by’inkiko n’imikorere y’abacamanza, bwiswe Judicial Performance and Monitoring System (JPMS). Buje busanga ubwari busanzwe bwafashaga abaturage gutanga no (…)
Jean Mutsinzi wabaye perezida w’urukiko rw’ikirenga bwa mbere nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yaguye mu bitaro byitiriwe umwami Faisal mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 21 Ugushyingo 2019.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko urwego rw’ubucamanza rudashobora gukora neza, mu gihe izindi nzego zikora nabi, kimwe nuko urwego rw’ubucamanza igihe rukoze nabi, bituma n’izindi nzego zidakora uko bikwiye.
Abahagarariye imfungwa n’abagororwa muri gereza ya Nyarugenge iri i Mageragere, batumye Minisitiri Johnston Busingye kubavuganira bakarekurwa ku bw’imbabazi rusange cyangwa gufungirwa hanze ya gereza (hakoreshejwe ibikomo).
Abaturage bo mu Murenge wa Kinyababa mu Karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru basuwe n’umuvunyi mukuru Anastase Murekezi bamugezaho ibibazo by’akarengane aho abafite ibibazo babaye benshi ataha bose atabakiriye abasezeranya kuzagaruka vuba.
Abakozi babiri b’akarere ka Musanze batawe muri yombi ku mugoroba wo kuwa gatatu tariki 18 Nzeri 2019, bakekwaho ibyaha birimo gukoresha inyandiko mpimbano.
Johnston Busingye minisitiri w’ubutabera avuga ko abagize umuryango nibita ku bana bizagabanya umubare w’abafungirwa gufata ku ngufu.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye atangaza ko amategeko agenga imiburanishirize y’imanza azaba yavuguruwe mu byumweru bibiri biri imbere.
Abanyamulenge bavuga ko igihugu cy’u Burundi n’icya Kongo cyangwa se n’Umuryango w’Abibumye (ONU) babishatse, Abanyamulenge biciwe mu Gatumba bahabwa ubutabera.
Amategeko y’u Rwanda agira icyo avuga ku nshingano z’ababyeyi ku mwana. Itegeko nº32/2016 ryo ku wa 28/08/2016 rigenga abantu n’umuryango mu ngingo zaryo zitandukanye, risobanura ibijyanye n’ububasha bwa kibyeyi ku mwana.
Hari abitegura kurushinga bajya ku mwanditsi w’irangamimerere ngo bamugaragarize uko bifuza kuzacunga umutungo wabo, ngo ugasanga hari ubwo abahitiramo ntibibashimishe kuko amahitamo ari ayabo.
Iteka ryo ku itariki 22/01/1918 rivuga ko umuntu wese utazafata imbwa ye ikagira ubwo ikurikira umuntu ishaka kumurya, azahanishwa gucibwa ihazabu y’amafaranga ari hagati ya 25-100, hamwe n’igifungo kuva ku munsi umwe kugera kuri itanu, cyangwa kimwe muri ibyo bihano.